Ishuri rya Ntare Louisenlund ryatanze amahirwe yo kurisura ku bifuza kuharerera – #rwanda #RwOT

Written by

in

Itangazo iri shuri ryasohoye kuri uyu wa 13 Gashyantare 2025, rigaragaza ko umunsi amarembo yaryo azaba yuguruye kuri buri wese ari ku wa 22 Werurwe 2025, ku cyicaro cyaryo mu Karere ka Bugesera.

Ubuyobozi bwa Ntare Louisenlund School bwatangaje ko bushyize imbere amasomo ya siyansi (STEM) no gutegura abanyeshuri bahiga ku buryo bashobora gukomereza muri kaminuza mpuzamahanga.

Ntare Louisenlund School ifite ibyumba by'amashuri 35 na laboratwari eshanu za siyansi. Ifite kandi ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri barenga 1100 bacumbikiwe.

Biteganyijwe ko abazitabira uyu munsi bazatemberezwa ikigo cyose, basobanurirwe amasomo ahatangirwa n'uburyo bwo kubona buruse ku bafite ubushobozi buke bifuza kuhiga, banagire umwanya wo kuganira n'ubuyobozi bw'ishuri.

Si ibyo gusa kuko muri iki gikorwa hazabera imyidagaduro itandukanye y'abanyeshuri ndetse banasobanurirwe porogaramu ya Plus-STEM, ifasha abanyeshuri kongera ubumenyi bwabo mu mibare, ubumenyi n'ikoranabuhanga.

Bazanagira amahirwe yo gukoresha ibibuga by'imikino by'iri shuri birimo basketball, volleyball ndetse n'umupira w'amaguru mu gukina iyo mikino.

Iki gikorwa kizajyamo abiyandikishije gusa banyuze kuri (https://forms.gle/9U5ZCY6B8ifxbER69)

Abaryigamo birihira bishyura miliyoni 21 Frw ku mwaka, ni ukuvuga miliyoni 7 Frw buri gihembwe, ariko hari n'amahirwe ku Banyarwanda bifuza kuhiga yo kugabanyirizwa amafaranga y'ishuri.

Iri shuri ryatangiye kubakwa mu 2019 bivuye ku gitekerezo cy'ihuriro rigizwe n'abize mu ishuri ryisumbuye rya Ntare School muri Uganda, ku isonga hakaba Perezida Paul Kagame na Yoweri Kaguta Museveni. Ku ikubitiro ryakiriye abanyeshuri 145 mu 2024.

Izindi nkuru wasoma: https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/…

https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/…

https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/…

https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/…

Amafoto y'Ishuri rya Ntare Louisenlund

Ucyinjira muri Ntare Louisenlund School

Muri Ntare Louisenlund School umunyeshuri ntaho azajya ahurira n’ivumbi, hubatswemo imihanda ya kaburimbo mu mpande zose

Urebeye inzu yagenewe ubuyobozi bwa Muri Ntare Louisenlund School kure

Buri kimwe cyose cyashyizwe muri Ntare Louisenlund School gitunganyijwe mu buryo bubereye ijisho

Abakunzi b’imikino yo koga na bo batekerejweho muri Ntare Louisenlund School

Hubatswe n’Ikiguga cya Cricket ngo abakunzi b’uyu mukino na bo bajye babona aho bakarishyiriza ubumenyi bwabo kuri uyu mukino

Iyo wegereye ya zzu y’imyidagaduro neza

Amashuri yo muri Ntare Louisenlund School ni uko ameze

Ntubwo ikigo cyubatswe ku buso bwa hegitari 40 iyo ukizenguruka cyose nta ho uhurira n’ivumbi cyangwa icyondo

Iyo nyubako izajya ikorerwamo n’abayobozi batandukanye b’iki kigo

Amacumbi y’abarimu n’abandi bakozi ni uko ameze

Buri gice cyose cy’iki kigo cyashyizwemo imihanda ya kaburimbo

Ikimenyetso cya Ntare Louisenlund School ni intare nk’uko izina ry’iri shuri ribivuga

Nubwo ari ishuri rizibanda kuri siyanse, abana bazajya bigishwa n’amateka yaranze u Rwanda muri wa mujyo wo kudatakaza Umuco Nyarwanda

Ucyinjira muri Ntare Louisenlund School

Iri shuri rifite abakozi bahora bakurikirana ibijyanye n’isuku yaryo umunsi ku wundi

Imbere mu nyubako yagenewe gutangirwamo amafunguro. Ifite ubushobozi bwo kwakira abagera ku 1500

Amatara ni ikintu cyitaweho buri hantu hose hagize Ntare Louisenlund School

Imbere mu nzu abanyeshuri bazajya bararamo

Hagati y’inzu zo kuraramo hateganyijwe aho abana bazajya banika imyenda yabo

Ibyo ni ibyuma bishyushya amazi abana bakoresha, ushaka akoga akonje, ariko ushaka n’ashyushye akayabona

Inzu zo kuraramo ziri hafi y’ibibuga by’imikino bitandukanye

Ntare Louisenlund School igaragara nk’icyatsi kibisi bijyanye n’imashini zashyizwe buri hantu hose zivomerera ibimera bigahora bitoshye

Muri Ntare Louisenlund School igiti ni imari ikomeye

Buri kayira kose kagiye gaterwaho ibiti mu buryo bwo kubungabunga ibidukikije

Izo ni inyubako abanyeshuri bazajya bararamo

Amatara yashyizwe hose, akorwa ku buryo bubereye ahantu yashyizwe, iri ni iryo hanze ku kayira kagana aho abanyeshuri barira

Ku mihanda yo muri iki kigo hashyizweho amatara amurikira abajya muri gahunda zitandukanye

Abakunzi b’imikino y’intoki barazirikanwe

Aho ugeze hose usanga abakozi bita ku biti byatewe muri iki kigo cy’amashuri

Aha ni inyuma y’inyubako yagenewe gutangirwamo amafunguro


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/Ishuri-rya-Ntare-Louisenlund-ryatanze-amahirwe-yo-kurisura-ku-bifuza-kuharerera

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *