ADEPR yasabye abayoboke bayo kuganiriza urubyiruko ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi – #rwanda #RwOT

Written by

in

Ibi ni bimwe mu byagarutsweho ubwo iri Torero ryibukaga ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu gikorwa cyabereye mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Gikomero.

ADEPR yashyikirije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi inzu 19, ibikoresho by'arenga miliyoni 250 Frw byo mu rugo ndetse hanatangwa inkunga ingana na miliyoni 19 Frw yo kuzashyigikira imiryango yahawe inzu.

Umuyobozi w'Inama Nkuru ya ADEPR, Phanuel Sindayigaya, yasabye abakirisitu kujya baganiriza abakiri bato amateka mpamo kuri Jenoside no kurwanya imvugo zihembera urwango.

Ati 'Dukwiye kuganiriza abana bacu amakuru y'ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi. Nk'itorero twite ku nyigisho n'ibikorwa mu materaniro y'iwacu birimo imvugo zishobora kuhakoreshwa zipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, imvugo zihembera urwango n'amacakubiri zigatesha agaciro umuntu.'

Mu ijambo ry'Umushumba Mukuru wa ADEPR, Ndayizeye Isaie, yavuze ko ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari umwanya wo kugira ngo buri wese yige anasubize amaso inyuma ku buryo abayiteguye bigishije amacakubiri.

Ati 'Ni yo mpamvu nyine tutagomba gucika intege, tudakwiye kubikora umwanya umwe, ahubwo nk'itorero twahisemo gushyiraho gahunda z'ibiganiro n'inyigisho zidufasha kuganira ku mateka no kuganira ku ho tujya nk'igihugu cyacu cy'u Rwanda.'

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Mahoro Eric, yasabye abakirisitu kudakora nk'ibya bamwe mu bapasiteri bagize uruhare mu kwica Abatutsi bahungiye mu nsengero za ADEPR.

Ibyo kandi bikwiye gutanga isomo rikomeye kuko nyuma y'ubuyobozi bwa Leta nta rundi rwego rushobora kugira uruhare mu guhindura imyumvire y'Abanyarwanda uretse imiryango ishingiye ku myemerere, cyane ko ifite abayoboke benshi kandi b'ingeri zinyuranye.

Yashimiye ADEPR ko nyuma y'imyaka 30 ari umufatanyabikorwa wa Leta mu kongera kubaka ubumwe bw'Abanyarwanda.

Inzego zitandukanye zitabiriye iki gikorwa

ADEPR yashimiwe uruhare rwayo mu rugendo rwo kongera kubaka ubumwe bw’abanyarwanda

Abahawe inzu kandi bagenewe n’inkunga izabafasha kwiteza imbere

Inzu zavuguruwe na ADEPR

Izo nzu zanashyizweho ibigega bifata amazi

Inzu zavuguruwe zari zarubatswe mu 2015

Korali Jehovah Jireh niyo yaririmbye muri iki gikorwa

Mu nzu zavuguruwe hashyizwemo n’intebe zigezweho

Umushumba Mukuru w’Itorero rya ADEPR Ndayizeye Isaie yagaragaje ko abakirisitu bakwiye guhitamo gukora ibyiza Imana ikabashyigikira

Umushumba Mukuru Wungirije wa ADEPR, Pasiteri Rutagarama Eugène yanenze uko hari abapasiteri bijanditse muri Jenoside

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gasabo Umwali Pauline nawe yari yitabiriye uyu munsi

Umuyobozi w’Inama Nkuru ya ADEPR, Phanuel Sindayigaya, yagaragaje ko gutanga amakuru kuri Jenoside yakorewe Abatutsi bidahabanye n’ubukirisitu

Umwe mu bavugururiwe inzu asuhuza uwari uhagarariye ingabo muri iki gikorwa

Mahoro yashimye Itorero rya ADEPR ko ryakomeje kuba umufatanyabikorwa mwiza

Umunyamabanga Uhoraho muri MINUBUMWE, Mahoro Eric yagaragaje ko kuba hari abapasiteri bagize uruhare muri Jenoside bikwiye gusiga isomo

Mahoro yashimye Itorero rya ADEPR ko ryakomeje kuba umufatanyabikorwa mwiza

Hatanzwe na Miliyoni 19 Frw zo gushyigikira imiryango yashyikirijwe inzu


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/adepr-yagaragaje-ko-gutanga-amakuru-kuri-jenoside-yakorewe-abatutsi-atari

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *