Inkuru itangaje y'ubumwe n'ubudaheranwa by'Abanyarwanda mu mafoto adasanzwe – #rwanda #RwOT

Written by

in

Impamvu nyamukuru yari ibazanye yari ugutara inkuru y'ukuri ku bumwe n'ubudaheranwa mu Banyarwanda nyuma y'imyaka irenga 30 u Rwanda rwari rumaze ruvuye mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse n'aho u Rwanda rugeze rwiyubaka .

Bakigera mu Rwanda, bafashe camera na mudasobwa byabo maze bazenguruka mu turere tune abo basuraga imiryango y'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 aho ibana inzu ku yindi n'imiryango y'ababiciye ababo.

Mu cyegeranyo bakoze havuyemo igitabo bise; “Blood bonds: Reconciliation in Post-Genocide Rwanda, aho iki gitabo kigaragaza inkuru itangaje y'uburyo abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 bashoboye kwemera ibyaha bakoze, berekana ukwicuza ku byo bakoze maze babasha no gutera intambwe yo gusaba imbabazi abo bahemukiye.

Muri iki gitabo, aba banditsi bagaragaje amafoto 18, aho buri foto igaragaramo uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ari kumwe n'uwamwicye abe muri Jenoside.

Ni igitabo kigaragaza uburyo ikiremwamuntu cyashoboye kwishakamo umutima wo kwiyunga nyuma y'ibihe bigoye by'amacakubiri yabibwe n'ubutegetsi bubi na politiki mbi.

Kugira ngo bigerweho, mu gitabo aba bahanga bagaragaza ko u Rwanda rwakoresheje uburyo butandukanye harimo nko gutanga ubutabera biciye mu nkiko gacaca.

Bagaragaza kandi uruhare rw'umuryango w'isanamitima witwa “Mvura Nkuvure” aho wagiye ukora gahunda zo guhuza amatsinda y'abarokotse ndetse n'ababiciye bakagira ibikorwa bahuriramo biganisha ku kwiyunga.

Muri iki gitabo kandi abanditsi bifashishije inyandiko z'umuhanga Marjan Slob, aho bongeyemo ibitekerezo bye bijyanye n'imuco wo gusabana imbabazi mu bantu.

Iki gitabo kimaze gutwara ibihembo bitandukanye ku mahoro, ubumwe n'ubwiyunge aho hari icyo giherutse gutwara cyiswe '2026 Luxembourg Peace Prize'.

Kuva Mvura Nkuvure yajyaho muri 2005, abarenga 64.000 bitabiriye gahunda zayo zo kunga abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n'ababiciye ababo.

Ubushakashatsi bwakozwe n'uyu muryango bugaragaza ko 80% by'abarokotse Jenoside n'ababiciye bubatse ipfundo ribunga, kandi ryomora ibikomere.

Ubushakashatsi bwa Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, ku bumwe, ubwiyunge n'ubudaheranwa bukorwa buri myaka itanu bwagaragaje ko igipimo cy'ubumwe bw'Abanyarwanda kigeze ku kigero cya 95,3% mu 2025, kivuye kuri 94,7 cyariho mu 2020.

Amafoto: Jan Banning


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/inkuru-itangaje-y-ubumwe-n-ubudaheranwa-by-abanyarwanda-mu-mafoto-adasanzwe

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *