Chery yemerewe kubaka mu Rwanda uruganda ruteranya imodoka – #rwanda #RwOT

Written by

in

Icyemezo cyafashwe mu Nama y'Abaminisitiri yo ku wa 18 Nzeri 2026, yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida Paul Kagame. Mu byemezo byayo, hemejwe amasezerano y'ishoramari agamije kubaka uruganda ruteranya imodoka zikoresha amashanyarazi mu Rwanda.

Ni intambwe nshya nyuma y'amezi umushinga uri mu biganiro. Muri Mata 2026, Perezida Kagame yari yakiriye Xu Hui, Visi Perezida wa Chery Holding Group akaba n'Umuyobozi Mukuru wa Rich Resource International Investment, aho ibiganiro byabo byibanze ku mahirwe y'ishoramari arimo no guteranyiriza imodoka mu Rwanda.

Nubwo Inama y'Abaminisitiri yemeje ayo masezerano, amakuru arambuye ku gaciro k'ishoramari, aho uruganda ruzubakwa, ubushobozi ruzaba rufite bwo guteranya imodoka, igihe imirimo yo kurwubaka izatangirira n'igihe ruzatangirira gukora ntabwo aratangazwa.

Chery yashinzwe mu 1997, icyicaro cyayo kiri mu Mujyi wa Wuhu mu Ntara ya Anhui mu Bushinwa.

Yatangiye gukora imodoka mu 1999, mu gihe mu 2003 yatangiye kuzigurisha ku rwego rwagutse.

Chery ifite icyerekezo gikomeye ku Isi cyo guhindura uruganda rw'imodoka. Kugeza mu 2024, iyi sosiyete yari ifite ubwoko icyenda bw'imodoka ikora. Muri izo harimo izitwa Fulwin, Exeed, Jetour, iCar/iCaur n'izindi zirimo Luxeed yakozwe ku bufatanye na Huawei.

Rufite imodoka kandi zitwa Karry, Omoda, Jaecoo, Lepas, Exlantix na Aiqar.

Muri izi modoka zose, hari zimwe zikorerwa isoko ry'imbere mu Bushinwa n'izindi zoherezwa hanze. Nka Chery, Exeed na Jetour, ziboneka mu Bushinwa zikanoherezwa mu mahanga.

Omoda , Lepas na Jaecoo zo zikorerwa isoko ryo hanze y'u Bushinwa, mu gihe iCar iboneka mu Bushinwa no hanze yabwo ariko yitwa iCaur. Luxeed na Karry na zo ni imodoka zikorerwa isoko ry'imbere mu Bushinwa gusa.

Iyi sosiyete ifitanye imikoraniore na Jaguar Land Rover kuva mu 2012 yo gukorera mu Bushinwa imodoka zo mu bwoko bwa Jaguar na Land Rover.

Mu 2024, uru ruganda rwagiye muri Espagne rugirana amasezerano na Ebro, rumwe mu nganda z'imodoka zizwi i Burayi, maze rutangira gushyira hanze imodoka ziri mu izina rya Ebro. Rwahise rufata imodoka zarwo Chery Tiggo 7 na Tiggo 8 rurazivugurura, ruzita Ebro S700 na Ebro S800.

Intego ni uko ruzaba rumaze kugurisha imodoka ibihumbi 50 zo muri ubwo bwoko mu 2027, zikazagera ku bihumbi 150 mu 2029.

Mu 2025 nibwo Omoda na Jaecoo zatangajwe nk'ubwoko bushya bw'uru ruganda. Kuva icyo gihe, mu mezi 27 hari hamaze gucuruzwa imodoka z'ubu bwoko ibihumbi 600. Bivugwa ko ubu bwoko bubiri nibura mu 2030 buzaba bumaze kugurishwaho nibura imodoka miliyoni 1,4.

Imibare igaragaza ko mu 2022, iyi sosiyete yinjije hafi miliyarI 12,8$, mu 2023 zabaye miliyari 22,5 bigeze mu 2024 aba miliyari 37,2$ mu gihe mu gihembwe cya mbere cya 2025 yari miliyari 9,4$.

Muri iyo myaka uko ikurikirana, inyungu yayo yari miliyoni 702$, miliyari 1,44$, miliyari 1,98$ na miliyoni 455$ mu gihembwe cya mbere cya 2025.

Iyemezwa ry'aya masezerano rije mu gihe u Rwanda rukomeje guteza imbere ikoreshwa ry'ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi. Imodoka zikoresha amashanyarazi 100%, batiri zazo n'ibikoresho byo kuzongerera umuriro bitumizwa mu mahanga byashyiriweho ubusonerwe bwa TVA.

Luxeed ni zimwe mu modoka nziza z’amashanyarazi zikorwa na Chery

Jetour ni SUV za Chery zigezweho. Zitangiye kwiyongera ku isoko ry’u Rwanda

Iyi modoka mu Bushinwa icuruzwa yitwa iCar ariko iyo igeze mu Rwanda iba yitwa iCaur. Ikoresha amashanyarazi gusa

Imbere muri Tiggo 7 Pro ni uku hateye

Tiggo 7 ni imwe mu modoka zigezweho ku mugabane w’u Burayi

Chery irashaka gutangiza mu Rwanda uruganda ruteranya imodoka z’amashanyarazi


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/chery-yemerewe-kubaka-mu-rwanda-uruganda-ruteranya-imodoka

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *