Amafaranga Abanyarwanda bakoresheje i Burayi yavuye kuri miliyoni 3,5$ agera kuri miliyoni $26 mu mwaka umwe – #rwanda #RwOT

Written by

in

Izamuka rikomeye rinagaragara ugereranyije n'igihembwe cyabanje, kuko mu gihembwe cya mbere cya 2026 yari miliyoni 3,9$, mbere yo kugera kuri miliyoni 26$ mu gihembwe cya kabiri cya 2026.
Ni imibare ya Raporo Travel Expenditure Survey 2026 y'Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare (NISR) .
Muri icyo gihembwe, u Burayi bwahise buba icyerekezo abatuye mu Rwanda bakozemo ingendo n'indege bakoreshejemo amafaranga menshi kurusha ahandi.

Muri rusange, abatuye mu Rwanda bakoze ingendo zo mu mahanga n'indege bakoresheje miliyoni 76,2$ mu gihembwe cya kabiri cya 2026. Muri ayo, miliyoni 26$ yakoreshejwe i Burayi, miliyoni 17,3 $ muri Aziya, miliyoni 13,1$ mu bihugu bya EAC, miliyoni 10,3$ muri Amerika y'Amajyaruguru, naho miliyoni 9,1$ zikoreshwa mu bindi bihugu bya Afurika.

NISR igaragaza ko ayo mafaranga abarirwamo ibyo umugenzi akoresha mu gihugu yasuye, birimo amacumbi, amafunguro n'ibinyobwa, ingendo, guhaha, imyidagaduro, serivisi z'uburezi n'iz'ubuzima n'ibindi, ariko ntabarirwamo ikiguzi cy'urugendo mpuzamahanga.

Miliyoni 26$ zabazwe gute?

Icy'ingenzi ni uko miliyoni $26 atari amafaranga NISR yabonye ikusanyije inyemezabwishyu z'abagenzi cyangwa mu kureba amafaranga yavuye kuri konti zabo. Ni igereranya rikorwa hifashishijwe uburyo bwo kubara amafaranga akoreshwa mu ngendo.

NISR isobanura ko ifata umubare w'abatuye mu Rwanda bagarutse mu gihugu bavuye mu mahanga, ugatangwa n'Urwego rushinzwe Abinjira n'Abasohoka (DGIE), ikawuhuza n'impuzandengo y'igihe bamaze mu rugendo ndetse n'impuzandengo y'amafaranga umuntu akoresha ku munsi.

Mu gihembwe cya kabiri cya 2026, abantu 12.669 batuye mu Rwanda bagarutse bavuye i Burayi bakoresheje indege. Muri bo, 5.330 bari bagiye ku mpamvu z'akazi n'ubucuruzi, 4.735 gusura inshuti n'imiryango, 1.859 mu biruhuko, 708 kwiga naho 37 bari bagiye ku mpamvu z'ubuzima.

NISR igaragaza ko uwagiye i Burayi mu kazi yamazeyo impuzandengo y'iminsi 11, uwagiye kwiga iminsi 238, uwagiye ku mpamvu z'ubuzima iminsi 22, uwagiye mu biruhuko iminsi 16 naho uwagiye gusura inshuti n'imiryango akamarayo iminsi 17.

Ku mafaranga akoreshwa ku munsi, uwagiye mu kazi i Burayi abarirwa impuzandengo ya 127$, uwagiye kwiga 48$, uwagiye ku mpamvu z'ubuzima 106$, uwagiye mu biruhuko 130$ naho uwagiye gusura inshuti n'imiryango 78$.

Iyo ukoresheje ubu buryo bwa NISR, imibare igenda igaragara neza. Abantu 5.330 bagiye mu kazi, bakamara impuzandengo y'iminsi 11 kandi bagakoresha 127$ ku munsi, babarirwa hafi miliyoni 7,45$. Abagiye kwiga 708, bakamara impuzandengo y'iminsi 238 kandi bagakoresha 48$ ku munsi, babarirwa hafi miliyoni 8,09$.

Abagiye ku mpamvu z'ubuzima babarirwa hafi 86.000$, abagiye mu biruhuko hafi miliyoni 3,87$, naho abagiye gusura inshuti n'imiryango hafi miliyoni 6,28$.

Iyo ayo mafaranga yose ateranyijwe, agera hafi kuri miliyoni 25,8$, waburungushura bikaba miliyoni 26$.

Abenshi mu banyarwanda bajya mu biruhuko i Burayi, ntibataha batanyuze kuri Tour Eiffel i Paris

Ingendo z'akazi ni zo zakoreshejwemo amafaranga menshi

Muri rusange, mu ngendo zose zakozwe n'indege mu mahanga mu gihembwe cya kabiri 2026, ingendo z'akazi n'ubucuruzi ni zo zakoreshejwemo amafaranga menshi, agera kuri miliyoni 32,8$.
Uburezi bwakoreshejwemo miliyoni 17,6$, gusura inshuti n'imiryango miliyoni 14,6$, ibiruhuko miliyoni 8,5$ naho ubuzima miliyoni 2,7$.

Icyakora, iyi mibare ni iy'ingendo zakozwe ku Isi hose, si iy'i Burayi gusa. Raporo ntigaragaza impamvu y'izamuka ry'amafaranga yakoreshejwe i Burayi.

I Burayi na Aziya amafaranga arazamuka, EAC akagabanuka

U Burayi si bwo bwonyine bwagize impinduka ikomeye. Amafaranga abatuye mu Rwanda bakoze ingendo n'indege bakoresheje muri Aziya yavuye kuri miliyoni 2,3 $ mu gihembwe cya kabiri cya 2025 agera kuri miliyoni 17,3$ mu mu gihembwe cya kabiri cya 2026.

Mu buryo bunyuranye, amafaranga yakoreshejwe mu bihugu bya EAC yagabanutse cyane, ava kuri miliyoni 47,4 $ agera kuri miliyoni 13,1$ mu gihe cy'umwaka umwe.

Ubushakashatsi bwavuyemo iyi mibare, bwakozwe hagati ya Gicurasi na Nyakanga 2026, bukusanya amakuru ku gihe abagenzi bamaze hanze n'amafaranga bakoreshaga ku munsi.

Muri rusange, amafaranga yose abatuye mu Rwanda bakoresheje mu ngendo zo hanze y'igihugu, haba ku bakoresheje indege cyangwa imipaka yo ku butaka, yari miliyoni 99,7$ mu gihembwe cya kabiri cya 2026, avuye kuri miliyoni 98,1$ mu gihembwe cya mbere.


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amafaranga-abanyarwanda-bakoresheje-i-burayi-yavuye-kuri-miliyoni-3-5-agera

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *