Mu Rwanda haguye imvura nke ugereranyije n'iyari yitezwe – #rwanda #RwOT

Written by

in

Mu bupimiro 44 bwakurikiranwe, 43 bwagaragaje imvura iri munsi y'isanzwe igwa. Ubupimiro bwa Nyagatare ni bwo bwonyine bwapimiweho imvura irenze isanzwe igwa muri iyo minsi.

Meteo Rwanda ivuga ko ubupimiro bwa Nyagatare bwapimye imvura ya milimetero 32,5 mu minsi ibiri, bukurikirwa n'ubwa Kagitumba, na bwo bwo muri ako karere, bwapimye milimetero 20,5 mu minsi ibiri.

Mu Mujyi wa Kigali, mu bice byinshi by'Intara y'Iburengerazuba, iy'Amajyepfo, iy'Amajyaruguru n'iy'Iburasirazuba, nta mvura yaguye. Aho yabonetse, yaguye hagati y'umunsi umwe n'ibiri.

Iyo raporo igaragaza kandi ko ubushyuhe bwari hejuru y'ubusanzwe bupimwa mu ntangiriro za Nzeri mu bice byinshi by'igihugu. Ibihe by'izuba byatumye ubuhehere bw'ubutaka bukomeza kugabanuka ahenshi.

Meteo Rwanda iteganya ko hagati ya tariki ya 11 n'iya 20 Nzeri hazagwa imvura iri hagati ya milimetero 10 na 64. Yagiriye abahinzi inama yo kwegera abashinzwe ubuhinzi kugira ngo bitegure igihembwe cy'ihinga A 2027.

Mu Ntara y'Iburengerazuba, mu bice byinshi by'Amajyaruguru no mu Turere twa Nyamagabe na Nyaruguru, imvura izaba iri ku kigero cy'isanzwe igwa muri icyo gihe. Mu bindi bice by'igihugu, hateganyijwe imvura iri munsi gato y'isanzwe igwa.

Mu minsi isigaye y’ukwezi kwa Nzeri, mu Rwanda hitezwe imvura nyinshi


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mu-rwanda-haguye-imvura-nke-ugereranyije-n-iyari-yitezwe

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *