AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy'Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza #rwanda #RwOT

Written by

in

Amakipe ahagarariye u Rwanda n'ay'ibihangange byo muri Sudan akomeje kwitwara neza mu marushanwa ya CAF, ibi bibaye ku nshuri ya kabiri aho aya makipe ya Al Hilal Omdurman na Al Merrikh ari gukinira mu Rwanda ku ncuro ya kabiri.

APR FC na Rayon Sports zahesheje u Rwanda ibyishimo nyuma yo kubona itike yo gukomeza mu kiciro cya kabiri cy'amarushanwa ya CAF.

APR FC yasezereye Les Aigles du Congo nyuma yo kuyitsinda 3-1 mu mikino yombi, umukino ubanza APR FC yari yatsinzwe igitego kimwe ku busa, mu gihe mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Sitade Amahoro, ikipe y'ingabo z'igihugu yatsinze umukino ku bitego 3-0.

Muri uyu mukino wa CAF Champions League, Kateni wa APR FC, Djibril Cheickh Ouattara yatsinze ibitego bibiri naho ikindi kimwe gitsindwa na myugariro Ishimwe Christian.

Ibi bivuze ko mu ijonjora rya Kabiri rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo kuri uyu mugabane, APR FC izahura na Zamalek yo mu Misiri yo yasezereye Association Sportive du Port yo muri Djibouti ku giteranyo cy'ibitego 6-1 mu mikino yombi.

Muri CAF Confederation Cup, Rayon Sports na yo yakomeje mu kindi kiciro, ni nyuma yo kunganya 0-0 na Panthère Sportive du Ndé mu mukino wo kwishyura, bityo umukino urangira amakipe yombi anganyije igitego kimwe kuri kimwe, bityo Rayon Sports ikomeza ku gitego yatsindiye hanze.

Ku rundi ruhande, Al Hilal Omdurman na Al Merrikh, amakipe akomeye yo muri Sudan ari gukinira mu Rwanda, na yo akomeje gutanga isura nziza mu marushanwa ya CAF.

Al Hilal yatangiye neza CAF Champions League itsinda Aigle Noir yo mu Burundi ibitego 2-0, mu gihe Al Merrikh yatsinze Power Dynamos yo muri Zambia 1-0 mu mukino ubanza.

Mu mukino wo kwishyura Al Merrikh yatsindiye muri Mozambique Power Dynamos 1-0, bityo ikomeza mu kiciro cya kabiri cya Champions League.

Kuva mu mwaka ushize, Al Hilal na Al Merrikh byahzahaweawe uburenganzira bwo gukina shampiyona y'u Rwanda, mu rwego rwo kubona aho bikorera no gukomeza ibikorwa byabyo mu gihe Sudan ikomeje guhura n'ibibazo by'umutekano.

Ibyo byatumye u Rwanda rubona amahirwe yo kwakira aya makipe abiri akomeye ku mugabane w'Afurika.

Ubu, APR FC, Rayon Sports, Al Hilal Omdurman na Al Merrikh zose zikomeje urugendo rwazo mu marushanwa ya CAF, ibintu bishimangira ko u Rwanda rukomeje kugira uruhare rukomeye mu kwakira no guteza imbere imikino yo ku rwego rwa Afurika.

ImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImage

Source : https://rushyashya.net/amafoto-apr-fc-na-rayon-sports-zageze-mu-kiciro-cya-cya-kabiri-cyimikino-nyafurika-ya-caf-al-hilal-na-al-merrikh-zihagaze-neza/

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *