Abantu babarirwa mu magana baburiwe irengero nyuma y'imyuzure y'akanya gato ariko ikomeye cyane yibasiye agace ko mu majyaruguru ya Nepal gaherereye ku mupaka w'iki gihugu na Tibet, ku wa Gatatu tariki ya 26 Kanama 2026.
Imyuzure yatewe n'amazi menshi yatembye mu ruzi rwa Bhote Koshi, isenya amazu, imihanda, ibiraro ndetse n'ibikorwaremezo by'amashanyarazi. Abayobozi bavuga ko kugeza ubu nibura abantu umunani bapfuye, mu gihe umubare w'ababuze ukomeje kwiyongera.
Ikibazo gikomeye cyagaragaye muri iyi mpanuka ni abantu benshi bari mu rugendo batazwi irengero. Ikigo gishinzwe ubukerarugendo muri Nepal, Nepal Tourism Board, cyatangaje ko abantu 384 bari mu byiciro by'abagenzi na ba mukerarugendo batakibonetse, barimo 291 b'abanyamahanga na 93 b'Abanya-Nepal.
Muri abo banyamahanga harimo nibura Abahinde 105, mu gihe abandi bakomoka mu bihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bwongereza, Malaysia, Australia, Afurika y'Epfo n'u Buholandi. Amakuru yatanzwe n'ubuyobozi bwa Nepal avuga ko aba bantu bari bafitanye ingendo n'ibigo by'ubukerarugendo bitandukanye.
Iyi mibare ni iy'abantu batari babashije kongera kuboneka cyangwa kuvugana n'ababashinzwe, bityo ishobora guhinduka uko ibikorwa byo gushakisha no gutabara bikomeza.
Source : https://flash.rw/2026/08/26/ababarirwa-mu-magana-baburiwe-irengero-barimo-ba-mukerarugendo-291/
Leave a Reply