Urubanza rwa Shema Fabrice rwimuriwe amasaha #rwanda #RwOT

Written by

in

Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) akaba n’umushoramari Shema Fabrice yavuze ko atiteguye kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo kuko atabonye umwanya uhagije wo gukusanya ibimenyetso.

Yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha tariki ya 11 Kanama 2026.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Kanama 2026 nibwo Shema Fabrice yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ku icyaha akurikiranyweho cyo gutanga sheki itazigamiye no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

We n’umunyamategeko we bageze imbere y’Umucamanza amaze kumusomera imyirondoro we, yavuze ko batabonye umwanya uhagije wo gukusanya ibimenyetso bashingiraho mu gusaba ko afungurwa by’agateganyo.

Umucamanza yabwiye umunyamategeko wa Shema ko bakabaye barakusanyije ibimenyetso mu gihe cyose amaze akurikiranwa.

Shema n’umunyamategeko we basabye urukiko ko uru rubanza rwimurirwa tariki ya 28 Kanama, ariko umucamanza abasubiza ko ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo riburanwa ku wa Gatatu gusa.

Umunyamategeko wa Shema yasobanuye ko impamvu bakeneye umwanya uhagije wo gukusanya ibimenyetso ari uko byabatwara igihe kuko hari ibyo bakeneye gusaba abantu barimo abari muri Amerika.

Ubwo umucamanza yagaragazaga ko uru rubanza rwimurirwa mu masaha y’ikigoroba, Ubushinjacyaha bwasabye guhabwa isaha yo gusuzuma ibimenyetso bishya Shema araba yahaye urukiko.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwasabye Shema n’umunyamategeko we gutanga ibimenyetso bishya bagiye gukusanya saa munani z’amanywa, Ubushinjacyaha bukabisuzuma mu isaha imwe.

Rwanzuye ko urubanza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rwa Shema rutangira saa cyenda z’igicamunsi cyo kuri uyu wa 26 Kanama 2026.

Shema Fabrice araburana saa munani

Source : http://isimbi.rw/urubanza-rwa-shema-fabrice-rwimuriwe-amasaha.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *