Karongi: Utugari turindwi ntiturageramo umuriro w'amashanyarazi – #rwanda #RwOT

Written by

in

Guverinoma y'u Rwanda yari yarihaye intego yo kugeza amashanyarazi ku baturage bose 100% bitarenze 2024, ariko iyi ntego ntabwo iragerwaho aho mu mpamvu zabiteye harimo no kuba hari abaturage batuye ahataragenewe guturwa.

Mu mirenge 13 igize Akarere ka Karongi harimo ifite utugari tutarageramo umuriro w'amashanyarazi turimo Nzaratsi, na Kabaya yo mu Murenge wa Murundi na Nyabikeri yo mu Murenge wa Ruganda.

Imwe mu mirenge ifite utugari twose tugeramo amashanyarazi na yo usanga ijanisha ry'abo ageraho riri hasi kuko hari aho usanga amashanyarazi agera mu gace gato k'ako kagari ariko hari imidugudu myinshi umuriro w'amashanyarazi utarahagera.

Umurenge wa Murambi utuwe n'abarenga ibihumbi 25 ni umwe mu mirenge ifite ijanisha riri hasi kuko 43% aribo bagerwaho n'amashanyarazi.

Yankurije Jeannette wo mu Murenge wa Murambi avuga ko kuba aho batuye hataragera amashanyarazi biri mu bidindiza ireme ry'uburezi kuko abanyeshuri babura uko basubiramo nijoro.

Ati 'Abana bacu bibagora gukoresha ibikoresho by'ikoranabuhanga kuko atangira gushakisha ibintu kuri Google nkayita nyimwaka ngo atamarira umuriro. Natwe biratundindiza gukora imirimo ibyara inyungu no kubona serivisi z'ingenzi. Icyifuzo cyacu ni uko natwe Leta yatwegereza umuriro w'amashanyarazi utari ukomoka ku mirasire y'izuba'.

Umuyobozi w'Akarere ka Karongi, Muzungu Gerald avuga mu mushinga mushya igiye gutangira yo kwegereza abaturage amashanyarazi bagiye bareba uduce twose twagiye dusigaraga tutageramo amashanyarazi, imidugudu n'utugari.

Ati 'Iyo mishinga ihari ifite gahunda yo gukwirakwiza amashanyarazi nibura mu myaka ibiri iri imbere ariko bikajyana n'imiturire kuko ntabwo twashira amashanyarazi umuntu utuye ahagenewe guhinga kandi ejo azimuka. Icyo tuvuga ni uko amashanyarazi n'ibindi bikorwaremezo nk'amazi birashyirwa ahagenewe guturwa'.

Umuyobozi w'Ikigo gishinzwe ingufu REG mu Karere ka Karongi, Kiiza Francis yabwiye IGIHE ko umushinga Ascent watangije muri Gashyantare 2026 ukaba uzarangira mu 2028.

Ati 'Uwatsindiye isoko yatumije ibikoresho mu Bushimwa bitarenze Ukwakira bizaba byageze mu Rwanda atangire ageze amashanyarazi aho ataragera'.

Umushinga Ascent uzakorera mu gihugu hose ariko by'umwihariko mu Ntara y'Iburengerazuba uzakorera mu turere twa Karongi, Rutsiro na Nyamasheke.

Mu kwegereza abaturage amashanyarazi Akarere ka Karongi kageze kuri 87,6%. Muri bo abafite umuriro ufatiye ku muyoboro mugari ni 67,2%.

Ibiro by’Akarere ka Karongi


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/karongi-utugari-turindwi-ntiturageramo-umuriro-w-amashanyarazi

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *