Karongi: Inzu y'umuturage yafashwe n'inkongi hahiramo ibifite agaciro k'arenga miliyoni 55Frw – #rwanda #RwOT

Written by

in

Byabereye mu Mudugudu wa Gashari, Akagari ka Birambo, Umurenge wa Gashari, Akarere ka Karongi ku wa 23 Kanama 2026.

Saa kumi n'igice ni bwo abaturage babonye umwotsi mu gisenge cy'inzu bihutira gusohokamo no gusohora abana, abaturage n'inzego z'umutekano babafasha kuzimya bakoresheje, umucanga n'itaka bituma iyo nkongi idafata inzu bituranye.

Mukagashema Chantal nyiri inzu yafashwe n'inkongi yabwiye IGIHE ko iyo nzu yari ifite agaciro ka miliyoni 50Frw.

Ati “Nta bwishingizi yari ifite nari ntarabufata kubera ko nta makuru nari mfite y'uko ubwishingizi bukora. Yose nayahombye. Ubariyemo n'ibikoresho byangirikiyemo inkongi yateye igihombo cya miliyoni zirenga 55Frw”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'agateganyo w'Umurenge wa Gashari, Uwizeyimana Appolinaire yavuze ko abantu bose bavuyemo nta wukoretse ariko ibintu byose bihiramo.

Ati 'Mu byahiriyemo hari televiziyo, gaze, matela, imyenda n'inkweto by'abana n'abantu bakuru, n'ibikoresho byo mu gikoni'.

Uwizeyimana avuga ko bakeka ko iyi nkongi ishobora kuba yatewe no gukoranaho kw'insinga z'amashanyarazi (circuit electrique), asaba abaturage kujya bagenzura neza ubuziranenge bw'insinga bakoresha mu gukwirakwiza amashanyarazi mu nzu, kwirinda gucomeka ibikoresho by'ikoranabuhanga umwanya munini, no kurinda abana gucokoza amashanyarazi.

Inzu yahiye yabagamo imiryango ibiri ari yo umuryango wa Niyonsenga Reverien, umwarimu ku ishuri rya GS St Joseph Birambo ufite umuryango w'abantu batanu n'umuryango wa Mukanshimiyimana Ancille w'imyaka 28 yigisha muri GS Nyabikenke B. Mukanshimiyimana inkongi yabaye adahari kuko yagiye iwabo mu biruhuko.

Inzu yafashwe n'inkongi nta bwishingiziri yari ifite. Uwizeyimana yasabye ba nyir'inzu ko bajya bazishyira mu bwishingiye kugira ngo mu gihe habaye impanuka nk'iyi bashumbushwe ibyabo byangijwe n'inkongi.

Hakekwa ko iyi nkongi yatewe n’umuriro w’amashanyarazi

Inzu yo mu Karere ka Karongi yafashwe n’inkongi ihiramo ibifite agaciro ka miliyoni 25Frw


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/karongi-inzu-y-umuturage-yafashwe-n-inkongi-hahiramo-ibifite-agaciro-k-arenga

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *