Rutsiro: Yaranduriwe imyaka bayijyana iwe, basiga bahashinze umusaraba – #rwanda #RwOT

Written by

in

Ibi byabereye mu Murenge wa Kivumu, Akagari ka Bunyoni, mu Mudugudu wa Kanyempanga, mu gitondo cyo ku wa 24 Kanama 2026.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Kivumu, Icyizihiza Alda, yabwiye IGIHE ko uyu muturage yaranduriwe intoryi n'amashu, ababiranduye babijyana mu rugo rwe ndetse basiga bahashinze umusaraba.

Ati “Yabyutse asanga abantu batamenyekanye baranduye imyaka mu murima we (intoryi n'amashu) babizana ku rugo rwe ibindi biri mu murima ndetse basiga bahashinze umusaraba. Ubu tugiye gukoreshayo inama n'abaturage kandi iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane ababikoze.'

Yaboneyeho gusaba abaturahe kwirinda ibikorwa by'ubugizi bwa nabi, kuko ababifatiwemo babihanirwa n'amategeko.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko umwe mu bakekwa yari aherutse gutera urugo rwa Nyirahagenimana yitwaje umupanga amushinja kohereza ibitama (ibizimu) mu mugore wa murumuna we.

IGIHE kandi yamenye ko hari gushakishwa abaturage babiri bakekwaho kugira uruhare muri ibyo bikorwa bibi kugira ngo babiryozwe.


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rutsiro-yaranduriwe-imyaka-bayijyana-iwe-basiga-bahashinze-umusaraba

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *