Nyanza: Umugabo n'umuhungu we bafunzwe nyuma y'urupfu rw'umugore wasanzwe amanitse – #rwanda #RwOT

Written by

in

Mu gicuku cyo ku wa 20 Kanama 2026 ni bwo uyu mugore w'imyaka 25 y'amavuko witwa Mukandekwe Clementine yasanzwe mu nzu amanitse, yapfuye.

Abaturage bahageze mbere bavuga ko uyu mugore yari mu nzu, umugabo we usanzwe atwara imodoka akinguye, asanga umugore amanitse mu mishumi y'inkweto.

Bavuga ko bumvise umugabo atabaza, bagiye kureba basanga umugore yamaze gupfa. Bahamya ariko ko bombi batari babanye neza.

Umukozi ushinzwe imari n'ubutegetsi mu Murenge wa Busasamana, Bisengimana Joseph, yabwiye IGIHE ko bakimenya amakuru bihutiye kujya gutabara.

Yagize ati “Ni byo. Twagezeyo dusanga yapfuye. RIB yatangiye iperereza”

Umurambo wa Mukandekwe wajyanywe mu bitaro bya Nyanza gukorerwa isuzuma kugira ngo hamenyekane impamvu idashidikanywaho y'urupfu rwe.

Umugabo we n'umuhungu we bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu gihe iperereza rikomeje.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Busasamana bwemeza ko Mukandekwe yasanzwe amanitse, yapfuye


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyanza-umugabo-n-umuhungu-we-bafunzwe-nyuma-y-urupfu-rw-umugore-wasanzwe

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *