Umuraperikazi Malaika mu byishimo byo kwibaruka imfura #rwanda #RwOT

Written by

in

Umuhanzi Malaika, uzwiho kugira uruhare mu guteza imbere injyana ya Hip Hop nyarwanda, n’umukunzi we Shyaka Egide bari mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana wabo w’umukobwa, akaba ari imfura yabo.

Malaika yanyujije ubutumwa ku rukuta rwe rwa Instagram, yemeza ko umwana wabo yavutse ku wa 18 Kanama 2026, ahagana saa kumi n’ebyiri n’iminota 20. Yatangaje ko uyu mwana yavutse afite ibiro 4.37 n’uburebure bwa santimetero 50.

Mu butumwa bwe bugufi, Malaika yagize ati: 'Ari hano kandi ameze neza.'

Amakuru y’ivuka ry’uyu mwana aje nyuma y’amafoto yari amaze iminsi asangiza abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza urugendo rwo gutwita no gutegereza umwana.

Malaika yamenyekanye cyane mu ruganda rwa Hip Hop nyarwanda kubera uruhare rwe mu guhuza no guhuriza hamwe abaraperi batandukanye, by’umwihariko binyuze mu mushinga wa Uptrend Cypher, wagiye uhuza amazina akomeye muri iyi njyana.

Muri Uptrend Cypher 01, Malaika yahurije hamwe abaraperi barimo Green P, Racine, Zaki, Neg G The General, White Monkey na Z’Bra Rwabugiri, bakora igihangano cyagaragaje uburyo abahanzi bafite imisusire itandukanye yo kurapa bashobora guhurira mu murimo umwe.

Yakomeje uyu mushinga muri Uptrend Cypher 02, aho yahurije hamwe Ish Kevin, BullDogg, Jay C, Young Grace, LongJay na JossKid.

Usibye ibikorwa bye muri Hip Hop, Malaika ubu ari mu rugendo rushya rw’ubuzima nyuma yo kwakira imfura ye.

Malaika ari mu byishimo byo kwibaruka imfura ye

Bibarutse umukobwa

Source : http://isimbi.rw/umuraperikazi-malaika-mu-byishimo-byo-kwibaruka-imfura.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *