Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis Christian Mbaya yavuze ko nubwo APR FC yikuye muri Super Cup ariko n’ubundi bazahura.
Ni nyuma yo gutsinda Alahly Sports Club Wadmadani 2-1 mu mukino wa gicuti waraye ubereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Haringingo Francis ubwo yari abajijwe niba atari cyo gihe cyo kwihorera kuri APR FC iheruka kumutwara igikombe cy’Amahoro, yavuze ko mu mupira nta kwihorera kubamo.
Ngo yaramutsinze bakaba bari bagiye gukina ariko akaba atari ihame ko bari kuyitsinda, rero ngo n’ubundi bazahura.
Ati “Mu mupira nta kwihorera kubamo. Ntekereza ko badutsinze, ariko natwe twarabatsinze. Ubu twari tugiye mu mukino wa Super Cup. Si ihame ko twari kuyitsinda [APR FC] ariko wari kuba ari umukino ukomeye, gusa n’ubundi tuzahura.'
Yakomeje avuga ko yiteguye neza Super Cup cyane ko atari igikombe cyoroshye kuko bazahura n’amakipe yo mu Rwanda yiteguye, bazakora ibishoboka byose bakegukane.
Source : http://isimbi.rw/haringingo-francis-yavuze-kuri-apr-fc-yikuye-muri-super-cup.html
Leave a Reply