Uko Innocente yahugijwe abagabo n’umusore bakundanye atamuzi (VIDEO) #rwanda #RwOT

Written by

in

Umukinnyi filime Innocente yahishuye uko yigeze kugera aho yanga abagabo urunuka kubera ibikomere by’urukundo yatewe n’umusore bakundanye batarigeze bahura imbonankubone.

Umukinnyi wa filime Nyarwanda Bizimana Pamella uzwi nka Innocente, wamamaye cyane muri filime y’uruhererekane ya Bamenya, yavuze ku bikomere yatewe n’imibanire ye n’abagabo, avuga ko hari igihe byageze aho abahurwa.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI, Innocente yavuze ko yahuye n’ibintu byinshi byamubabaje biturutse ku bagabo, ku buryo hari igihe kubona umugabo byonyine byamuteraga uburakari.

Ati “Nagiye mpura n’ibintu bimbabariza umutima byinshi kandi biturutse ku bagabo, ahubwo ubu biri kugenda bigaruka. Hari igihe nagezemo ngenda nanga igitsina gabo, najya mbona umugabo nkumva namukubita nta kintu antwaye. Narahemukiwe pe.'

Innocente yavuze ko kimwe mu byamubabaje cyane ari ugutegereza umusore bakundanaga atamuzi wari wamukomerekeje, yizeye ko hari umunsi azagaruka akamusaba imbabazi.Yavuze ko yamaze hafi umwaka n’igice amutegereje, ariko uwo musore ntiyagaruka icyo gihe. Icyaje kumutangaza kurushaho ni uko yongeye kugaruka ubu nyuma y’imyaka itandatu.

Ati 'Umuntu yarampemukiye mara hafi umwaka n’igice mutegereje ngo ejo azaza kunsaba imbabazi. Noneho igitangaje ni uko yagarutse ubu hashize imyaka itandatu, kandi ikindi gitangaje ni uko ntari muzi, imbonankubone.'

Ibi byatumye ubuzima bw’urukundo bwa Innocente bugira ibikomere bikomeye, ndetse we ubwe avuga ko hari igihe byamugejeje aho yanga abagabo muri rusange.

Nubwo atigeze atangaza umwirondoro w’uyu musore cyangwa uko umubano wabo watangiye, Innocente yavuze ko ubu atakiri muri wa mwanya w’uburakari nk’uwo yari arimo mbere gusa ko nta rukundo arimo kugeza ubu.

Innocente yavuze uburyo yari yarazinutswe abagabo

Source : http://isimbi.rw/uko-innocente-yahugijwe-abagabo-n-umusore-bakundanye-atamuzi-video.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *