Amarangamutima y’umunyamakuru Uwimana Clarisse nyuma yo kugirwa umuyobozi w’ikipe #rwanda #RwOT

Written by

in

Nyuma yo kugirwa umuyobozi wungirije wa Kigali FC, Umunyamakuru Uwimana Clarisse yavuze ko yiteguye gukora ibishoboka byose ikipe igatera imbere kandi icyizere yagiriwe gisobanuye byinshi.

Yatowe ejo hashize ku Cyumweru mu Nteko Rusange ya AS Kigali yahise inahindurirwa izina ikitwa Kigali FC, akaba yaratorewe gusimbura Kankindi Anne Lise weguye kuri uyu mwanya.

Uwimana Clarisse usanzwe ari umunyamakuru w’imikino kuri B&B Kigali FM, yavuze ko bisobanuye byinshi kuba yarabaye umukinnyi wayo akaba agiye no kuyiyobora.

Ati “Kuva kugukinira AS Kigali y’abagore, nkaba umunyamuryango witabira Inteko Rusange mu myaka 8 none ubu natorewe kuba visi perezida wa Kigali FC. Abanyamujyi ubu ikipe ni Kigali FC.”

Yavuze ko bafatanyije bagiye kubaka ikipe ikomeye kandi ishyize hamwe itera ishema Umujyi wa Kigali.

Ati “Dushyize hamwe tubakwe ikipe ikomeye kandi ishyize hamwe ni byo bizatera Umujyi wacu ishema.”

Yashimiye buri umwe wamwizeye. Ati “Ndashimira buri umwe wanyizeye akampa amahirwe yo kuyikorera. Bisobanuye byinshi kandi niteguye ko dukorera hamwe twese kugira ngo Kigali FC igere ku ntsinzi.”

Uwimana Clarisse uretse AS Kigali WFC, yanakiniye kandi APR WFC. Mu itangazamakuru yakoreye ibigo bitandukanye birimo Flash FM, Power FC na Contact FM akorera uyu munsi.

Uwimana Clarisse yatorewe kuba umuyobozi wungirije wa AS Kigali

Source : http://isimbi.rw/amarangamutima-y-umunyamakuru-uwimana-clarisse-nyuma-yo-kugirwa-umuyobozi-w.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *