Ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi byinjirije u Rwanda arenga miliyari 14,7 Frw mu minsi itanu – #rwanda #RwOT

Written by

in

Muri iyo minsi itanu, u Rwanda rwohereje mu mahanga ibicuruzwa bikomoka ku buhinzi bipima toni 8.863, aho ikawa n'icyayi ari byo byinjije amafaranga menshi.

Ikawa yinjije miliyoni $2,58 avuye kuri toni 440 zoherejwe mu mahanga, mu gihe icyayi cyinjije miliyoni $1,8 zivuye kuri toni 615.

Imboga zoherejwe mu mahanga zipima toni 852, zinjiza $832.949. Zoherejwe mu Bwongereza, u Buholandi, u Buhinde, u Bufaransa no mu bihugu bya Afurika.

Imbuto zinjije $317.263 zivuye muri toni 322. Zoherejwe muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, Vietnam no mu bihugu bya Afurika.

Ibikomoka ku matungo byinjije $510.183 bivuye muri toni 315 zoherejwe mu bihugu bya Afurika.

Indabo zoherejwe hanze zari toni zirindwi, zinjiza $40.368. Zoherejwe mu Buholandi no mu Bwongereza. Ibi bicuruzwa byoherejwe mu bihugu birimo Singapore, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bufaransa, Bangladesh no mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherejwe mu mahanga byinjirije arenga miliyari 14,7 Frw mu minsi itanu


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibikomoka-ku-buhinzi-n-ubworozi-byinjirije-u-rwanda-arenga-miliyari-14-7-frw-mu

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *