Uko Zamalek yabereye Karekezi Olivier ikiraro cy’amahirwe #rwanda #RwOT

Written by

in

Uwahoze ari kapiteni wa APR FC n’ikipe y’igihugu Amavubi, Olivier Karekezi yavuze ko umukino bakinnye na Zamalek bakayitsinda ari wo wamubereye ikiraro cyo kujya gukina ku mugabane w’u Burayi.

Yabigarutseho nyuma ya tombola ya CAF Champions League yabereye i Cairo mu Misiri kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Kanama 2026 yifashishijwemo.

Agaruka ku rwibutso afite kuri iyi mikino Nyafurika, yavuze ko atazibagirwa ko umukino batsinzemo Zamalek 4-1 bya Jimmy Gatete, Mark Sirengo, Jimmy Mulisa na Hamuguni Makombe wamubereye urufunguzo rwo kujya gukina i Burayi muri Sweden.

Ati “Ibihe byiza twagerageje gukora, twagerageje gutsinda imikino yo mu rugo. Kubera ko byari ugukinira mu rugo no hanze, iyo twatsindiraga mu rugo, twashaka uko twabona inota [tunganya] hanze. Byaradufashije, ubwo twakinaga na Zamalek SC ni bwo nabonye amahirwe yo kujya muri Suède.'

Uyu mukino wabaye uw’amateka, wabaye muri 2004 umukino ubanza Zamalek yatsinze 3-2 maze umukino wo kwishyura wabereye i Kigali APR FC itsinda 4-1 iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 6-4.

Olivier Karekezi wari watsinze ibitego bibiri APR FC yabonye mu mukino ubanza, umwaka wakurikiyeho wa 2005 yahise ajya muri Helsingborgs IF yo muri Sweden

Nyuma y’imyaka 22, APR FC ishobora kongera guhurira na Zamalek mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League mu gihe APR FC yasezerera Les Aigles du Congo na Zamalek igasezerera AS Port yo muri Djibouti.

Source : http://isimbi.rw/uko-zamalek-yabereye-karekezi-olivier-ikiraro-cy-amahirwe.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *