Tombola y’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League ryasize APR FC igomba guhura na Les Aigles du Congo yo muri DR Congo.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Kanama 2026, nyuma ya tombola ya CAF Confederation Cup yasize Rayon Sports yerekeje muri Cameroun gukina na Panthere Sportive, hahise hakurikiraho tombola ya CAF Champions League.
APR FC izahagararira u Rwanda muri iri rushanwa, muri tombola yakoreshejwe n’abarimo Karekezi Olivier wabaye kapiteni w’ikipe y’igihugu Amavubi akanakinira APR FC, yatomboye Les Aigles du Congo yo muri DR Congo.
Umukino ubanza ukaba uzabera muri DR Congo.
Ikipe izakomeza hano mu ijonjora rikurikiyeho izahura n’izakomeza hagati ya AS Port yo muri Djibouti na Zamalek
Iri jonjora ry’ibanze imikino ibanza izakinwa hagati ya tariki ya 4 na 6 Nzeri 2026 mu gihe imikino yo kwishyura izaba hagati ya tariki ya 11 na 13 Nzeri 2026.
Umwaka ushize ntabwo APR FC yagize amahirwe yo kurenga iki cyiciro cy’ijonjora ry’ibanze kuko yasezerewe na Pyramids FC.
Source : http://isimbi.rw/apr-fc-mu-nzira-irimo-zamalek.html
Leave a Reply