Guhera ku wa 1 Kanama 2026, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizahagarika serivisi zisanzwe zo gutanga visa muri za ambasade na za konsila zirenga 25 zo muri Afurika yo munsi y'Ubutayu bwa Sahara, mu rwego rwo kuvugurura uburyo zitangwamo.
`Iri vugurura ryatangajwe na Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Amerika (U.S. Department of State), rigamije guhuriza serivisi zo gutanga visa mu bigo 20 by'akarere (Regional Hubs) biri mu bihugu 19 bya Afurika, aho Afurika y'Epfo yo yahawe ibigo bibiri biri i Cape Town n'i Johannesburg.
Muri izi mpinduka, Umujyi wa Kigali mu Rwanda uri mu hatoranyijwe kuzajya hakirwa no gutunganyirizwa ubusabe bwa visa z'abifuza kujya muri Amerika, hamwe n'indi mijyi irimo Nairobi (Kenya), Kampala (Uganda), Kinshasa (RDC), Addis Ababa (Ethiopia), Dakar (Senegal), Accra (Ghana), Lagos (Nigeria), Abidjan (Côte d'Ivoire) n'ahandi.
Ku rundi ruhande, serivisi zo gutanga visa zizahagarikwa muri ambasade na konsila zo mu bihugu 25 birimo u Burundi, Mali, Zambia, Zimbabwe, Botswana, Namibia, Mozambique, Gabon, Tchad, Niger, Burkina Faso, Mauritania n'ibindi.
Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Amerika yavuze ko abantu bari basanzwe bafite gahunda yo kubazwa (interview) muri ambasade zizahagarika gutanga visa bazoherezwa amabwiriza mashya binyuze kuri email, agaragaza aho gahunda zabo zizimurirwa n'ibindi bisobanuro bijyanye n'ubusabe bwabo.
Yanaburiye abamaze kwishyura amafaranga asabwa mu gusaba visa (MRV) ko bagomba kuba bafashe itariki yo kubazwa bitarenze ku wa 31 Nyakanga 2026, mbere y'uko izi mpinduka zitangira kubahirizwa.
Iri vugurura riri mu ngamba nini ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump bwatangije zigamije kugabanya umubare wa za ambasade na za konsila za Amerika zitanga serivisi za visa ku isi. Bivugwa ko ari imwe mu mpinduka zikomeye kurusha izindi zabaye mu mateka ya dipolomasi ya Amerika mu myaka ya vuba.
Nubwo serivisi zo gutanga visa zizahuzwa mu bigo bike, Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Amerika ivuga ko intego ari ugukomeza gutanga serivisi neza no gukoresha neza umutungo n'abakozi, nubwo bishobora gusaba bamwe mu basaba visa kujya bazikorera ingendo zijya mu bindi bihugu birimo n'u Rwanda.
Leave a Reply