Micky yavuze ku byo kuba ataratumiwe ubwo Nyambo yambikwaga impeta ya fiançailles #rwanda #RwOT

Written by

in

Nyuma y’uko Nyambo Jesca yambitswe impeta n’umukunzi we Uwiragiye Richard mu muhango wabaye mu ibanga rikomeye, benshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje kwibaza impamvu inshuti ye ya hafi, Micky, atagaragaye muri ibyo birori.

Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Micky yavuze ko na we amakuru yo kwambikwa impeta kwa Nyambo yayamenye nk’abandi bantu benshi, ndetse ko adafite ibisobanuro birambuye byatumye atatumirwa cyangwa ataboneka muri uwo muhango.

Yagize ati 'Ntabwo navuga ngo ndabizi kubera ko nanjye njya kubibona nabibonye nk’abandi, ariko ntekereza ko bishobora kuba byarabaye ni njoro cyane agatekereza ko wenda naniwe kubera ntwite. Ariko ntekereza ko nta mutima mubi.'

Mukobwajana Asifiwe wamamaye muri sinema nyarwanda nka Micky yanavuze ko kuba abantu benshi baratunguwe no kutamubona muri uwo muhango biterwa n’uko mu bihe byinshi Nyambo yakunze kumuba hafi mu bikorwa bye bitandukanye.
Ati 'Impamvu abantu bari kubyibazaho cyane, ahari ni uko bazi ko mu bintu byanjye byose aba ahari kandi ari imbere. Ibyo bituma bibaza impamvu mu bye ntahabonetse.”

'Gusa nagiye numva ku mbuga nkoranyambaga bavuga ko ari umugabo we wamutunguye. Kandi umugabo we ntabwo turi inshuti cyane. Singira nimero ze, na we ntabwo agira izanjye, gusa numva nta bintu bya dange.'

Mu ijoro ryo ku wa 23 Nyakanga 2026 ni bwo amakuru yatangiye gukwirakwira ko Nyambo Jesca yambitswe impeta n’umukunzi we Uwiragiye Richard bitegura kurushinga.

Uyu muhango wabereye mu ibanga rikomeye, aho byavuzwe ko nta muntu wari wemerewe gufata amafoto cyangwa amashusho uretse abari babiherewe uburenganzira n’abateguye ibirori.

Uwiragiye Richard usanzwe ari umukunzi wa Nyambo akorera hanze y’u Rwanda, aho atuye muri Australia.

Micky yavuze ko ataziranye n’umugabo wa Nyambo kandi bivugwa ko ari we wayiteguye rero arumva nta kibazo kirimo

Source : http://isimbi.rw/micky-yavuze-ku-byo-kuba-ataratumiwe-ubwo-nyambo-yambikwaga-impeta-ya.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *