Umukinnyi w’umunyarwanda ukinira Jamus FC yo muri Sudani, Muhire Kevin yavuze ko nubwo APR FC yatangiye CECAFA Kagame Cup itsindwa utayirenganya kuko abakinnyi ari bwo bagihura, bagitangira kwitegura umwaka w’imikino (Preseason).
Ni nyuma y’uko APR FC inyagiwe na Gor Mahia ibitego 5-0 mu mukino ufungura CECAFA Kagame Cup wabaye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.
Muhire Kevin yavuze ko ari ikipe yagerageje kwiyubaka ariko ntabwo byayikundiye, gusa abona abantu badakwiye kuyirenganya kuko nibwo bagitangira.
Ati “Navuga ko intangiriro kuri APR FC ntabwo yari nziza, ni ikipe yagerageje kwiyubaka ariko ntabwo wabarenganya kuko nibwo bagitangira Preseason, gusa ndahamya ko amakosa bakoze bayabonye bagiye kuyakosora.”
Kuba yarenga amatsinda, yavuze ko abona ari ibintu bigoye ariko abasaba gukomeza gukosora amakosa bakoze.
Ati “Kurenga itsinda biragoye kuri APR FC kuko baracyafite Vipers kandi ni ikipe ikomeye, gusa bakomeze bakosore amakosa bakoze bitware neza mu mikino iri imbere.”
Uyu munsi APR FC iragaruka mu kibuga ikina umukino wa kabiri mu itsinda A aho ihura na Garde Républicaine yo muri Djibouti.
Source : http://isimbi.rw/apr-fc-yatangiye-nabi-ariko-ntiwayirenganya-muhire-kevin.html
Leave a Reply