Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Bosco Nshuti yunze imbaraga n’inshuti ye N. Fiston basohora indirimbo Hallelujah.
Fiston agaruka ku butumwa bukubiye muri iyi ndirimbo ari ukwibutsa abantu ko Yesu Kristo akunda abantu batari abo gukundwa kandi akabagirira imbabazi batari bazikwiye.
Ati “Yesu yadukunze tutari abo gukundwa, atugirira imbabazi tutari abo kuzigirirwa. Ni ho havuye ishimwe rya ‘Halleluiah.’”
Yakomeje agira ati “Numva ari umutwaro Imana yampaye wo kubwira abantu ibyo Yesu yabakoreye. Sinshaka ko biba amagambo gusa, ahubwo nshaka ko bihinduka ubuzima. Gupfa no kuzuka kwa Yesu Kristo ni byo byaduhindukiye agakiza.”
Yavuze ko yahisemo gukorana iyi ndirimbo na Nshuti Bosco kubera ko ubutumwa akunda gutambutsa mu ndirimbo ze buhura neza n’uburi mu ndirimbo Hallelujah yifuzaga gutambutsa.
Kuri ibi hakiyongeraho ubushuti aba bombi bafitanye bwakomotse ubwo yafashaga Nshuti Bosco mu bitaramo yakoreye i Burayi.
Yahishuye kandi ko hari indirimbo nyinshi ajya yandika ariko agahitamo kuziha amakorali harimo n’akomeye mu Rwanda ngo aziririmbe.
Uyu muramyi akaba amaze gusohora indirimbo zirimo “Ni Yesu”, “Yesu Yarazutse”, “Ndi mu Rugendo”.
Source : http://isimbi.rw/bosco-nshuti-yifashishijwe-na-fiston-basohora-indirimbo-hallelujah.html
Leave a Reply