Mu mukino ufungura irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 warebwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, APR FC yanyagiwe na Gor Mahia yo muri Kenya 5-0.
APR FC yatangiye umukino ubona irimo ikina neza ishyira igitutu kuri Gor Mahia ishaka igitego.
Ku munota wa kane Byiringiro Gilbert yagerageje ishoti ariko umupira umunyezamu arawufata.
APR FC yihariye iminota ya mbere y’umukino iba yabonye igitego ku munota 26 ku mupira Cheikh Djibril Ouattara yahinduriye Amani Michel ariko umunyezamu arawubatanga.
Nyuma y’iyi minota, APR FC wahise ubona imbaraga ziyishiranye aho Gor Mahia amahirwe ya mbere yabonye ku munota wa 34 yahise itsinda igitego cya Mikel Evans Kibwage n’umutwe.
Ku makosa ya Seidu Yussif Dauda watakaje umupira mu kibuga hagati, ku munota wa 35 Patrick Essombe yayitsindiye igitego cya kabiri bajya kuruhuka ari 2-0.
APR FC yagerageje gukora impinduka Dauda, Togui na Amani Michel bavamo hajyamo Mamadou Traore, Uwiragiye Fidali na Hakim Kiwanuka.
Gusa ntacyo zafashije kuko ku munota wa 64, Paul Okoth Odhiambo yahise ayitsindira igitego cya gatatu.
Iki gitego cyagiyemo nyuma y’umunota umwe gusa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ageze muri Stade Amahoro aje kureba uyu mukino.
Byaje kuba bibi cyane ku munota wa 80 ubwo Otieno Owino yatsindiraga Gor Mahia Igitego cya kane
Hari mbere y’uko ku munota wa 87 Ebenezer Assifuah atsindira agashinguracumu. Umukino warangiye ari 5-0.
Undi mukino wo mu itsinda A wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24 Nyakanga 2026 ari nabwo CECAFA Kagame Cup yatangiye, Vipers FC yatsinze Garde Républicaine yo muri Djibouti 3-0.
Source : http://isimbi.rw/apr-fc-yanyagiwe-na-gor-mahia-5-0.html
Leave a Reply