The Ben yatanze miliyoni 2.5 Frw mu rusengero #rwanda #RwOT

Written by

in

Umuhanzi Nyarwanda, Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben na Jimmy Muyumbu usanzwe ari na ‘Parrain’ we, batanze miliyoni 5 Frw yo kugura ibikoresho by’urusengero rwa ADEPR Seegem Rwampara bakuriyemo.

Ibi byabaye ejo hashize ku Cyumweru tariki ya 9 Kanama 2026 ubwo yari yagiye gusengerayo nyuma y’imyaka myinshi The Ben adasengerayo.

Uru rusengero rukaba rurimo rukusanya miliyoni 80 Frw z’amafaranga y’u Rwanda zo kugura ibikoresho byishya.

Ubwo yari ahawe umwanya The Ben yagize ati 'Muri 1997 ni bwo twageze mu Rwanda. Twahise dutura i Gikondo, nsengera muri ADEPR Gashyekero. Iyo ngiriwe umugisha wo kuza mu nzu y’Imana mba numva ngiriwe ubuntu budasanzwe. Ndanezerewe cyane.'

'Nakundaga korali cyane. Yaramfashije mu rugendo rwo kwiyubaka mu buryo bw’umwuka no mu rugendo rw’umuziki.'

Yakomeje avuga ko we na Jimmy Muyumbu bombi batanze miliyoni 5 z’amafaranga y’u Rwanda mu gutanga umusanzu wabo.

Ati “Ndashaka kwivugira ariko hari n’undi wantumye ndibuvugire. Jimmy Muyumbu yantumye ngo mbabwire ko azatanga miliyoni 2.5 Frw, twebwi rero dutanze miliyoni 5 Frw.”

Muri uku kwitanga bashaka inkunga yo kugura ibikoresho bishya, habonetse miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda bakaba babura miliyoni 30 Frw.

The Ben na Jimmy Muyumbu batanze miliyoni 5 Frw mu rusengero

Source : http://isimbi.rw/the-ben-yatanze-miliyoni-2-5-frw-mu-rusengero.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *