Danny Vumbi yaciye amarenga ku rukundo rwa Bwiza na Claude #rwanda #RwOT

Written by

in

Umuhanzi Danny Vumbi yongeye gutuma abakoresha imbuga nkoranyambaga bibaza ku mubano w’umuhanzikazi Bwiza Emerance n’umujyanama we Claude Uhujimfura, nyuma yo kumwifuriza isabukuru y’amavuko akoresheje amagambo yumvikanamo kwemeza ko ari umuntu wa hafi mu buzima bwe.

Danny Vumbi, usanzwe ari inshuti ya hafi ya Bwiza na Claude, yifurije Bwiza isabukuru nziza y’amavuko abinyujije kuri Instagram, aho yamwandikiye ati: 'Isabukuru nziza y’amavuko mukobwa wanjye. Wowe n’uwawe mugubwe neza cyane.'

Ubu butumwa bwaherekejwe n’amashusho agaragaza Bwiza na Claude bari kumwe mu bihe byiza, bituma bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bongera kwibaza niba koko aba bombi baba bafitanye umubano w’urukundo umaze igihe.

Ibi bibaye nyuma y’uko mu minsi ishize hakwirakwijwe amakuru avuga ko Bwiza yaba yarafashwe irembo n’umusore bakundana ndetse ko bari kwitegura kurushinga.

Icyo gihe Bwiza yahakanye ayo makuru, avuga ko yatunguwe no kuyumva ndetse ko atazi aho yaba yaraturutse.

Nubwo Bwiza atigeze atangaza ku mugaragaro ko ari mu rukundo na Claude, amashusho yabo ndetse n’ubutumwa bw’abantu ba hafi yabo bikomeje gutuma iyi ngingo ivugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Claude Uhujimfura ni umwe mu bantu bagaragara kenshi hafi ya Bwiza mu bikorwa bye bya muzika, aho amufasha mu bijyanye n’umwuga we.

Bwiza Emerance ni umwe mu bahanzi b’abakobwa bagezweho mu muziki nyarwanda. Yamamaye cyane nyuma yo gutsinda irushanwa rya 'The Next Diva’, ryateguwe na KIKAC Music, byaje no kumufasha mu rugendo rwe rwa muzika.

Bwiza na Claude baravugwa mu rukundo

Ubutumwa bwa Danny Vumbi

Source : http://isimbi.rw/danny-vumbi-yaciye-amarenga-ku-rukundo-rwa-bwiza-na-claude.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *