Umujyi wa Kigali muri Kamena watangaje ko iyi nzira yo gukoreramo siporo i Rebero iri kubakwa.
Ubutumwa bwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga z'Umujyi wa Kigali bugaragaza ko inzira iri kubakwa i Rebero mu Karere ka Kicukiro izarangira vuba.
Buti 'Imirimo yo kubaka inzira yahariwe abakora siporo yo kwiruka no kugenda n'amaguru kuri Rebero iragenda neza. Twahasuye mu rwego rwo kureba aho imirimo igeze. Ubu harimo gutegurwa ahazashyirwa tapis yo gukoreraho siporo, no kubaka inzira z'amazi n'imikingo. Harabura igihe gito tukabona iki gikorwaremezo kidufasha kugira ubuzima bwiza no kurwanya indwara zitandura.'
Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel aherutse gutangaza ko iyi nzira izaba yarangiye bitarenze 2026.
Ni inzira izaba itunganyije ku buryo yorohereza ukora siporo. Iyi nzira ni imwe mu zizifashishwa cyane muri siporo rusange ya 'Car Free Day' iba kabiri mu kwezi.





Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/inzira-yahariwe-siporo-i-rebero-igiye-igeze-he
Leave a Reply