Abanyamahanga 19 bahawe ubwenegihugu bw'u Rwanda – #rwanda #RwOT

Written by

in

Aba bose bahawe ubwenegihugu butangwa, mu muhango wabaye ku wa 13 Kanama 2026.

Abahawe ubwenegihugu bw'u Rwanda bakomoka mu Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Canada, u Buhinde, Kenya, Uganda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ubutumwa bwashyizwe kuri konti ya X y'Urwego rushinzwe abinjira n'abasohoka buvuga ko Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine yahaye ikaze aba Banyarwanda bashya.

Buti 'Yabasabye kurangwa n'indangagaciro nyarwanda by'umwihariko iyo gukunda igihugu no kugira uruhare rufatika mu iterambere ry'igihugu.'

Ingingo zitandukanye zigena ibyo gusaba ubwenegihugu zirimo iyo gusaba ubwenegihugu nyarwanda hashingiwe ku kuba mu Rwanda, gusaba ubwenegihugu nyarwanda hashingiwe ku kubera umubyeyi umwana utabyaye, gusaba ubwenegihugu nyarwanda hashingiwe ku ishyingirwa n'ibindi.

Abahabwa ubwenegihugu butangwa bararahira

Abahawe ubwenegihugu baturutse mu bihugu bitandukanye

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine yasabye abahawe ubwenegihugu kurangwa n’indangagaciro nyarwanda


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyamahanga-19-bahawe-ubwenegihugu-bw-u-rwanda

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *