Imurora Japhet yaciwe miliyoni 6 ahagarikwa imyaka 5 mu bikorwa bya ruhago #rwanda #RwOT

Written by

in

Komisiyo ishinzwe Imyitwarire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yafashe umwanzuro wo guhanisha Umutoza Wungirije w’Amagaju FC, Imurora Hakizimana Japhet, guhagarikwa mu bikorwa byose by’umupira w’amaguru mu gihe cy’imyaka itanu (5) no kwishyura miliyoni 6,2 Frw kubera kugena ibiva mu mukino.

Ibi yabikoze mbere y’umukino w’Umunsi wa 27 wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ya 2025-26, hagiye hanze amajwi ye aganira n’umunyezamu wa Musanze FC, Habarurema Gahungu, amusaba kwitsindisha ku mukino wahuje amakipe yombi.

Imurora rero nyuma y’amezi arenga atatu hakorwa iperereza hanasuzumwa iby’aya majwi, hafashwe umwanzuro wo guhagarikwa imyaka itanu mu bikorwa byose by’umupira w’amaguru kuko atorohereje iyi komisiyo.

Yanaciwe kandi ihazabu ya miliyoni 5 Frw, kongeraho amafaranga yatanzwe hapimishwa amajwi ye muri RFI, akaba miliyoni 6,28 Frw.

Muri iri tangazo rya FERWAFA, yamenyesheje ko kujurira bikorwa mu minsi itatu y’akazi nyuma yo kubona iki cyemezo, yanihanangirije kandi Amagaju FC kubera kudakurikirana imyitwarire y’abakozi bayo.

Imurora Japhet yahagaritswe imyaka 5

Source : http://isimbi.rw/imurora-japhet-yaciwe-miliyoni-6-ahagarikwa-imyaka-5-mu-bikorwa-bya-ruhago.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *