Dylan Maes myugariro urimo ushaka aho amenera mu bwugarizi bw’Amavubi #rwanda #RwOT

Written by

in

Myugariro Dylan Maes, urimo kwitwara neza muri Finland, arimo gusunika ashaka uko yamenera mu Bwugarizi bw’ikipe y’igihugu akajya ahamagarwa bihoraho.

Uyu mukinnyi ukina mu mutima w’ubwugarizi akaba yanakina no ku ruhande rw’ibumoso yugarira, akinira Ekenäs IF mu cyiciro cya kabiri muri Finland.

Ni umukinnyi ukina bihoraho aho ubu ikipe iri ku mwanya wa 6 mu gihe shampiyona isigaje imikino 7 ngo irangire.

Uyu mukinnyi akaba afite icyizere ko mu minsi iri imbere azaba ari umukinnyi uhamagarwa mu Mavubi bihoraho.

“Buri mukinnyi wese aba ashaka gukinira igihugu cye. Ndimo gukora cyane kandi nzi ko bizakunda. Hano ndakina bihoraho.” Dylan Maes aganira n’ikinyamakuru ISIMBI

Muri Gicurasi 2024 umutoza Frank Spittler yamuhamagaye mu ikipe y’igihugu nkuru Amavubi yarimo yitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi u Rwanda rwakinnye na Lesotho na Bénin ariko ntabwo yigeze amukinisha.

Dylan George Maes w’imyaka 25, yakiniye ikipe y’igihugu Amavubi guhera mu bato batarengeje imyaka 20, yakiniye abatarengeje imyaka 23 ubu inzozi ze ni ugukinira ikipe nkuru.

Yakiniye amakipe atandukanye arimo Beveren yo mu Bubiligi, Amadora na Sintrense yo muri Portugal, Alki Oroklini yo muri Chypre na NK Tolmin yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Slovenia.

Dylan Maes arimo kwitwara neza muri Finland

Source : http://isimbi.rw/dylan-maes-myugariro-urimo-ushaka-aho-amenera-mu-bwugarizi-bw-amavubi.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *