Kwishushanyaho ku mubiri (gushyiraho Tatoo) bifatwa kwishi, hari ababikora kuko hari ikintu badashaka kwibagirwa cyabayeho, hari abiahushanyaho amafoto y’ibyo bakunda n’ibindi, gusa hari abatabyemera babifata nk’icyaha cyangwa kirazira.
N’abantu basanzwe barabikora ariko ni umuco uzwi cyane ku bantu bazwi (stars), hari n’abishyiraho ibyo bishushanyo kuko icyamamare bafana cyabyishyizeho.
Muri ibyo byamamare birimo n’abakinnyi b’ubumipira w’amaguru ndetse benshi banafite ibi bishushanyo nka Lionel Messi, Neymar n’abandi.
Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku bakinnyi batanu bafite amazina akomeye ariko banze kwishushanyaho ku bw’impamvu runaka.
5. Rodrigo Hernández Cascante
Rodri umukinnyi ukina mu kibuga hagati mu ikipe y’igihugu ya Espagne ndetse na Manchester City yo mu Bwongereza ni umwe mu bakinnyi bakunzwe cyane kuri ubu.
Uyu ufatwa nk’umwe mu bakinnyi beza Isi ifite uyu munsi, yahisemo kutagira ikintu na kimwe yishyira ku mubiri we, nta n’amaherena wamubonana.
Bivugwa ko imyimerere ye atemera ibi bintu abona anyuzwe n’uko Imana yamuremye.
4. Sadio Mane
Ni rutahizamu w’Umunya-Senegal ukinira Al Nassr muri Saudi Arabia.
Mane umwe mu bakinnyi bafatwa nk’ab’ibihe byose mu ikipe ya Liverpool, ntabwo yigeze yishyiraho ibishushanyo kubera idini rye.
Ni Umuyisilamu, akaba yarahisemo kutabyishyiraho nk’uko idini ya Islam itemera kwihindura uko waremwe (nubwo hari ababikora)
Ni umukinnyi wiberaho ubuzima butuje ariko na none ukunda gufasha.
3. Mohammed Salah
Uyu ni rutahizamu akaba na kapiteni wa Misiri uheruka gutandukana na Liverpool yerekeza muri Trabzonspor yo mu Turikiye.
Na we nta bishushanyo agira ku mubiri we kubera imyemerere nk’umuyoboke w’idini rya Islam ndetse no kuba akunda gutanga amaraso.
Yigeze kuvuga ati “Nta bishushanyo ngira ku mubiri. Sinjya mpindura umusatsi wanjye. Sinzi kubyina. Nshaka gukina umupira w’amaguru gusa.”
2. Kylian Mbappe
Rutahizamu wa Real Madrid akaba na kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Kylian Mbappe ntagira igishushanyo ku mubiri we kuko atumva akamaro kabyo.
Uyu mukinnyi w’imyaka 25 avuga ko yifuza ko ibokorwa bye byo mu kibuga byasobanura uwo ari we aho gusobanurwa n’imiterere ye n’ibyo yishyizeho.
Ikindi ngo umubiri ni uwe ntabwo ari uwo kunyuzwa mu buribwe yishushanyaho.
1. Cristiano Ronaldo
Rutahizamu wa Portugal akaba na kapiteni wayo ukinira Al Nassr muri Saudi Arabia, Cristiano Ronaldo ni umwe mu bakinnyi bashyizeho uduhigo mu mupira bigoye hari undi uzadukuraho.
Ni umwe mu bakinnyi batagira tattoo n’imwe ku mubiri we kubera ko akunda gutanga amaraso.
Muri 2012 yigeze kuvuga ati “Ntabwo nigeze nishushanyaho kugira ngo mbone uko nzajya ntanga amaraso buri gihe.”
Imyaka myinshi yayikinnye mu Bwongereza na Espagne kandi muri ibyo bihugu kugira ngo utange amaraso warashyizweho tattoo bisaba byibuze amezi 4 nyuma yo kuyishyirwaho, igihe avuga ko atategereza.
Leave a Reply