Ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi byinjirije u Rwanda arenga miliyari 11,8 Frw mu minsi itanu – #rwanda #RwOT

Written by

in

Umusaruro ukomoka ku buhinzi n'ubworozi woherejwe mu mahanga wari toni 9.101, bigizwe n'ikawa, icyayi, imboga, imbuto, indabo ndetse n'ibindi bicuruzwa bitandukanye birimo n'ibikomoka ku matungo.

Mu bicuruzwa byoherejwe hanze, ibindi bicuruzwa bitandukanye n'ibikomoka ku matungo ni byo byinjije amafaranga menshi, aho byinjije miliyari 5,8 Frw muri icyo cyumweru.

Byakurikiwe n'icyayi cyinjije miliyari 2,4 Frw mu gihe ikawa yinjije miliyarii 1,7 Frw. Imboga zinjije miliyari 1,29 Frw naho imbuto zinjije miliyoni 492,1 Frw. Ni mu gihe indabo zinjije miliyoni 32,5 Frw muri icyo gihe.

Ibi bihingwa byagurishijwe mu Bushinwa , u Bwongereza, u Buholandi, Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, u Bufaransa, Nigeria n'ibindi bihugu bya Afurika.

Ibikomoka ku buhinzi byinjirije u Rwanda arenga miliyari 11 Frw mu minsi itanu


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibikomoka-ku-buhinzi-n-ubworozi-byinjirije-u-rwanda-arenga-miliyari-11-8-frw-mu

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *