Kimenyi Yves yasezeye ruhago imburagihe #rwanda #RwOT

Written by

in

Umunyezamu Kimenyi Yves yavuze ko yasezeye umupira w’amaguru imburagihe kubera imvune yagize muri 2023.

Uyu munyezamu wakiniye ikipe yose ikomeye mu Rwanda ndetse n’ikipe y’igihugu, yatangaje ko yasezeye gukina burundu, ni nyuma y’imyaka 3 agerageza kugaruka mu kibuga byaranze.

Mu itangazo yasohoye asezera ruhago yagize ati “Natangiye gukina nk’uwabigize umwuga mu 2012, nagize imyaka ibiri mu Isonga FC, nagiye muri APR FC aho nagiriye imyaka itanu y’urwibutso n’intsinzi.'

'Nakomereje muri Rayon Sports nakiniye amezi atandatu gusa. Nakomereje muri Kiyovu aho nagiriye ibihe byiza cyane ndetse ndyoherwa n’umupira w’amaguru.'

'Nagiye muri AS Kigali ariko nyuma y’amezi abiri gusa nagize imvune ikomeye ya 'tibia’ yanshyize kure y’umupira w’amaguru, nagerageje gukora ibishoboka byose ngo nsubire mu kibuga ariko byaranze kugeza n’ubu.'

'Nishimira ko nambaye umwambaro w’Ikipe y’Igihugu, nkashimira abo twabanye mu muryango mugari wa ruhago.'

Kimenyi w’imyaka 34 yavuze ko agiye gutangiza umushinga yise “Beyond90” uzafasha abakinnyi

Imvune itumye Kimenyi Yves asezera umupira imburagihe, yayigize muri 2023 ku mukino wa AS Kigali na Musanze FC.

APR FC yamwandikiye izina

Twavuga ko AS Kigali ari yo yasorejemo urugendo rwe

Yabaye kapiteni wa Kiyovu Sports

Yakiniye Amavubi

Kimenyi Yves yanakiniye Rayon Sports

Source : http://isimbi.rw/kimenyi-yves-yasezeye-ruhago-imburagihe.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *