
Marco Rubio ari kunengwa n'abatari bake bo mu muryango w'Abanyasomaliya, barimo n'Intumwa ya Rubanda Ilhan Omar, nyuma yo gutangaza ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zihagaritse inkunga zose zagenerwaga Somaliya.
Rubio yagize ati:
'Imfashanyo z'amahanga si impano. Ni amafaranga y'abasoreshwa bo muri Amerika, kandi agomba gukoreshwa mu guteza imbere inyungu z'igihugu cya Amerika.'
Iri tangazo ryateje impaka n'uburakari mu barinenga, bavuga ko guhagarika iyo nkunga bishobora kurushaho gukomerera abasivili bo muri Somaliya.
Ku ruhande rwa Rubio, avuga ko amafaranga y'abasoreshwa bo muri Amerika akwiriye gukoreshwa gusa igihe ayo mafaranga ateza imbere mu buryo bugaragara inyungu n'umutekano bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Source : https://kasukumedia.com/14467-2/
Leave a Reply