Uburanga bw’umuramyi Apophia Posh wakorewe ibirori bya ‘Bridal Shower’ (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

Written by

in

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya ngo guhimbaza Imana, Natukunda Apophia uzwi nka Apophia Posh yakorewe ibirori byo gusezera ubukumi bizwi nka ‘Bridal Shower’.

Uyu muhanzi wamenyekanye mu ndirimbo “Akira”, “Ushimwe” n’izindi, uretse gukorerwa Bridal Shower, yanamaze gufatirwa irembo aho ubukwe buzaba tariki ya 22 Ugushyingo 2025.

Apophia umaze igihe adasohora indirimbo akaba agiye kurushinga n’umukunzi we Valens bamaze igihe bakundana.

Uyu mukobwa w’impano ikomeye ariko ugaragara gacye mu muziki kubera izindi nshingano, yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye zicuranzwe mu mudiho nyafrika, zirimo “Akira”, “Ushimwe”, “Arakwiye”, “It’s so sweet”, “Love Letter”, “No not one” n’izindi.

Yatangiye kuririmba akiga mu mashuri abanza, aza kubikomereza mu makorali y’abarokore, nyuma muri 2007 atangira kwandika indirimbo akaziha amakorali. Mu 2017 ni bwo yashyize hanze indirimbo ze bwite.

Nubwo amazi igihe adasohora indirimbo ari ni umwe mu bahanzi b’abahanga

Yakorewe ibirori byo gusezera ubukumi

Mu minsi yashize yafatiwe irembo

Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12128

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *