Tag: sinema

  • Ubuhinde: Urutonde rwa filime 9 zanditse amat… – #rwanda #RwOT

    Filime zikirebwa na benshi zanditse amateka bitewe no kuzamura amarangamutima y'abantu:

    1.     Anand film


    Anand ni filime yababaje abantu benshi, yavugaga umuntu warwaye indwara idakira, nyuma yiyemeza kubaho yishimye mu iminsi ye ya nyuma kugeza atabarutse. Muganga wamukurikiranaga abonye ubugwaneza buri mu murwayi, yahise amwandikaho igitabo kivuga inkuru ye.

    2.     Masoom


    Ni filime yayobowe na Shekhar Kapur hakinamo ibyamamare nka Nasseruddin Shah, Shaban Azmi, Jugal, Hansraj n'abandi. Yari ifite inkuru igaruka ku muryango wari wishimye cyane ubanye neza, ukaza gusenyuka bitewe n'ikosa ry'umuntu umwe.

    3.     Sholay


    Inkuru y'iyi filime ivuka ku musore wiciwe umuryango we, hanyuma umukuru wa Polisi agategeka ko bahiga abagize uruhare muri ubwo bwicanyi bagahanwa. Ni filime yababaje abantu benshi bituma yamamara irebwa na benshi.

    4.     Dilwale Dulhania Le Jayenge


    Iyi filime y'urukundo igaruka ku mubano wa Raj wahuye na Simran mu Burayi, bakaza guhura ntibahite bakundana, nyuma yo kugaruka mu Buhinde bagakundana urukundo rwashituye buri wese warebye iyi filime.

    5.     Bombay


    Inkuru ibabaje yo muri iyi filime, yavugaga ku rukundo rwabaye hagati y'umugabo w'umu Hindu n'umugore w'umusiramu, bakaza gutorokera mu cyaro cya Mumbai bakabyarana abana babiri, ariko bakaza gutandukana kubera kunanirwa guhuza mu myemerere. Byari bibabaje gusenya urukundo rwabo bitewe n'amadini kandi bafite n'abana.

    6.     Mothe India


    Iyi filime yagaragaje ubutwari bw'umugore wakubiswe n'ubukene afite abana b'abahungu arera wenyine, ariko akomeza kwihangana arwana no kubitaho adatakaje umuco wa kibyeyi. Yibutsa igitsinagore ko ari abanyembaraga.

    7.     Dev.D


    Iyi ni imwe muri filime zifite inyigisho zo gukebura urubyiruko, bakareka gufata imyanzuro yangiza ahazaza habo. Hakinamo umusore wagize agahinda gakomeye nyuma yo gutandukana n'umukunzi we wo mu bwana, akishora mu biyobyabwenge, n'umukobwa nawe akishora mu buraya, bose bakangiza icyizere cy'imiryango yabo.

    8.     Solo


    Iyi filime yakunzwe n'imbaga bitewe n'umusore wamenyekanye nka 'Rohit' akunda umwana wo mu bakire kandi akomoka mu muryango ukennye, bikababaza se w'umukobwa.

    9.     Damini Film

    Muri iyi filime, nyuma yo gufatwa ku ngufu mu rugo rwe, uwitwa Damini arwanira kubona ubutabera, bikanga, agakomeza guharanira kugaragaza ukuri ku byamubayeho kugeza abonye umwunganizi umufasha akabubona. 

    Agaragara yishimye kandi agafatwa nk'intwari. Iyi filime yigisha abantu kutarambirwa kugeza babonye ibyiza bifuza.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/133856/ubuhinde-urutonde-rwa-filime-9-zanditse-amateka-muri-bollywood-133856.html

  • Menya byinshi kuri filime 6 z’ibihe byose za… – #rwanda #RwOT

    Bumwe mu buryo bukomeye bwanyujijwemo amateka ya Afurika ni Isi ya sinema.

     Mu myaka yashize, filime nyinshi zagiye zishaka kumenya ishingiro rya Afurika, ariko zikagenda zihura n'urugamba rukomeye rurimo no guhishwa inkuru zimwe na zimwe.

    Kuva kera, filime zo muri Afrika zari zikomeye cyane ku Mugabane  ariko zigakundwa n'abantu bake ku Isi. Kuva icyo gihe kugeza ubu, haracyagaragara filime nke  zitashimishije abazireba gusa  ahubwo zagize uruhare runini mu guhindura imyumvire no gusobanukirwa Afurika.

    Hano hari nke muri zo zatoranijwe, zashimishije Isi yose kandi zigasiga ikimenyetso simusiga ku miterere y'uruganda rwa Sinema.

    1.Mandela: Urugendo rurerure rugana ku bwisanzure

    Bamwe mu bategetsi cyangwa  abafite izina rikomeye ku Isi hose bifuza kwamamara  cyangwa se kugiza ibigwi nk'umunyapolitiki ukomeye wo muri Afurika y'Epfo ,Nelson Mandela. Ntabwo yizihizwa muri Afurika gusa, ahubwo yubahwa ku Isi yose nk’ikimenyetso cyo kwihangana, ubutabera, no guharanira ubwisanzure.

     Iyobowe na Justin Chadwick, Filime yitiriwe  Mandela: Urugendo rurerure rugana ku bwisanzure, igaragaza ishingiro ry’urugamba rwe rwo kurwanya ivanguramoko n’ivanguraruhu  ndetse n’ubwitange atahwemye kugaragaza, aharanira Afurika y’Epfo yunze ubumwe kandi ishingiye kuri demokarasi. Iki gihangano ntabwo ari icyubahiro cya sinema kuri Mandela gusa, ahubwo kigaragara nk’ikimenyetso gikomeye cyerekana kudacogora kw’igihugu ndetse n’ubushobozi bwacyo bwo guhangana n’inzitizi zikomeye.

    2. The Last King Of Scotland

    Amateka ya Afurika yuzuyemo inkuru zishimishije, filime imwe yashimishije abantu bose ku Isi,yerekanaga imbaraga n’uburiganya yitwa The Last King Of Scotland cyangwa Umwami wa nyuma wa Scotland. Iyobowe na Kevin Macdonald, iyi filime ikomeye yinjiza abayireba mu rugendo rwinjira mu mutima wa Uganda ku ngoma y'imivurungano ya Idi Amin. Hashingiwe ku byabaye bya nyabyo byatewe inkunga n'igitabo cya Giles Foden bihuje izina, iyi filime ivuga inkuru ishimishije yerekana isano iri hagati ya Amin n’umuganga w'impimbanyi wo muri Ecosse, Nicholas Garrigan. Umwami wa nyuma wa Scotland yinjiza abantu mu bijyanye na politiki y'ubugome kandi ihindagurika yo mu myaka ya za 70 muri Uganda, aho ubutegetsi bw'igitugu bwa Amin bugaragara neza.

    3. The Gods Must Be Crazy

    Muri sinema nyafurika, filime nke cyane nizo zageze ku ruvangitirane rudasanzwe rwo gusetsa, gutangaza no gutanga ibitekerezo ku mibereho y'abantu nka filime yiswe 'The Gods Must Be Crazy.' Iyobowe na Jamie Uys, uwayihanze yigaruriye imitima n'ibitwenge by'abantu bose ku isi kuva yasohoka mu 1980.

    Iyi filime ijyanye n'ubutayu bunini bwa Kalahari, iganisha abayireba mu rugendo rwo mu ishyamba rudasanzwe rukubiyemo amakimbirane ashingiye ku muco, kamere muntu n’imbaraga z’ubworoherane. The Gods Must Be Crazy ivuga ku nkuru ya Xi, umushyitsi wa Kalahari uhura n'ikintu gitunguranye kiba giturutse mu yindi Si, icyo kintu kiba ari icupa rya Coca-Cola.

    4. Beasts Of No Nation

    Beasts Of No Nation cyangwa Inyamaswa zitagira Igihugu, ni filime ivuga urugendo rwa Agu, umuhungu muto wahatiwe kuba umusirikare w'umwana nyuma y'uko umuryango we usenyutse kubera amakimbirane akaze. Idris Elba aba atanga umusaruro mwiza nka Komanda, akaba umuyobozi utagira impuhwe uyoboye umutwe w’inyeshyamba, utoza kandi ukinjiza abana b'abahungu ku rugamba. Yayobowe na Cary Joji Fukunaga kandi ishingira ku gitabo cyanditswe na Uzodinma Iweala. Iyi filime yinjiza neza abayireba mu mutima w'igihugu cya Afurika kitatangajwe izina, cyangijwe n'intambara y'abenegihugu.

    5. Out Of Africa

    Out Of Africa yakozwe mu 1913 ikurikirana ubuzima bwa Karen Blixen, (Meryl Streep), umutegarugori wo muri Danemarike wimukiye muri Afurika kubana n'umugabo mwiza ariko utoroshye, wakinywe na Klaus Maria Brandauer. Hashingiwe ku nyandiko bihuje izina ya Isak Dinesen, iyi filime itwara abayireba mu bwiza buhebuje bwo mu gihe cy’abakoloni muri Kenya, igashushanya neza igihugu n’abaturage bacyo. Iyi filime ihuza ibyabaye bidasanzwe hamwe no gucengera cyane no gukora ubushakashatsi ku nsanganyamatsiko y’urukundo, igihombo, n’umwuka wo kudacogora wa Afurika. Binyuze mu mboni z’ibyabaye kuri Karen Blixen, out Of Africa itanga incamake y’ibibazo by’ubukoloni no guhangana kw'imico itandukanye.

    6. Blood Diamonds

    Blood Diamonds imurikira ahantu hamwe muri Afurika hari amakimbirane akomeye kandi ashinze imizi. Iyi filime ikomeye iracengera mu kuri gusharira kw'uruganda rwa diyama, igaragaza umwijima utagaragara w'umururumba, urugomo, n'ububabare bw'abantu byibasiye ibihugu nka Siyera Lewone(Sierra Leone) mu gihe cy'intambara y'abenegihugu. Iyi filime ikurikira urugendo rwa Solomon Vandy, (Djimon Hounsou), umurobyi wahindutse umucukuzi wa diyama ubuzima bwe bugahinduka bwiza, nyuma y'uko umuryango we usenyutse maze nawe agakoreshwa imirimo y'agahato n'inyeshyamba. Leonardo DiCaprio akina mu mwanya wa Danny Archer, ucukura diyama mu buryo bwa magendu uba ashaka gucungurwa, akaza guhurira na Salomo mu gushaka diyama idasanzwe yijimye ifite ubushobozi bwo guhindura ubuzima bwabo.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/130327/menya-byinshi-kuri-filime-6-zibihe-byose-zakorewe-afurika-130327.html

  • “Ni iyo mpamvu usanga abagore banakubitwa” Mama Iddy wamenyekanye muri filime Umuturanyi yahaye gasopu abagore bavuga ko abagabo ari indaya (Videwo) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Uwimpihwe Giselle wamenyekanye nka Mama Iddy muri filime Umuturanyi, yahaye gasopu abagore bose bavuga ko abagabo bose ari indanya.

    Mu kiganiro yagiranye na 3d TV, Mama Iddy yavuze ko umugore wumva ko umugabo we ari indaya, ubwo aba ari uwe ku giti cye.

    Ati 'Niba uvuga ko umugabo wawe ari indaya, ubwo ni uwawe kuko wamufashe asambana, njye uwanjye ntabwo ari indaya. Niba uvuga ko umugabo wawe yananiranye, ubwo ni uwawe kuko uwanjye ntabwo yananiranye.'

    Reba videwo aho hasi:

     

    Source : https://yegob.rw/ni-iyo-mpamvu-usanga-abagore-banakubitwa-mama-iddy-wamenyekanye-muri-filime-umuturanyi-yahaye-gasopu-abagore-bavuga-ko-abagabo-ari-indaya-videwo/

  • Ibice bishya bya Seri The Bishops Family b… – #rwanda #RwOT

    Aha ikaze abari bitabiriye ibyo birori, Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri CANAL+ RWANDA, yatangaje ko yishimiye igaruka rya seri ya The Bishop’s Family, kuko ari seri yakunwze n’abafatabuguzi benshi kubera ubuhanga bwayo.

    Mu ijambo ry'umuyobozi wa ZACU Entertainment, Wilson Misago, yavuze ko bakomeje kwishimira ubufatanye bafitanye na CANAL+ mu gutegura ibihangano bishimishije mu gukomeza gususurutsa abafatabuguzi ba CANAL+ binyuze kuri shene ya ZACU TV.

    Niyoyita Roger umuyobozi wayoboye iyi filime yerekanye abakinnyi bakinnye iyi filime n'abakozi batandukanye bagize uruhare mu kuyitunganya, ashimira ubuhanga ndetse no kwitanga byabaranze mu gihe yatunganywaga.

    Umuyobozi wari uhagarariye Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), akaba ashinzwe Umuco, Jean Leonard Dukuzumuremyi, mu ijambo rye yavuze ko ashimishijwe n'intambwe imaze guterwa muri sinema nyarwanda, ubuhanga n'impano.

    Yagarutse ku bakinnyi ba sinema nyarwanda, abashimira cyane ubuhanga bakomeje kugaragaza anabashishikariza kudacika intege kuko ibyo bakora bifite umumaro kandi bidashyize kera umusaruro uzatangira kugaragara. Ikindi yabijeje ubufasha buzabafasha gukomeza gutera imbere.

    Biteganyijwe ko ibice bishya by'iyi filime ya The Bishop’s Family bitangira gutambuka kuri shene ZACU TV CH 38 tariki ya 31 Gicurasi 2023.

    CANAL+ iributsa buri wese ko adakwiye gucikwa n’iyi seri nshya kuko hari Promotion aho ubu dekoderi iri kugura 5,000 Frw naho abasanganzwe ari abakiriya nabo bakaba bahabwa inyongera y'iminsi 15 bareba amashene yose ya CANAL+ mu gihe bongereye ifatabuguzi bari basangwanywe cyangwa iryisumbuyeho.

    CANAL + RWANDA yamuritse ibice bishya bya 'The Bishop’s Family'

    Umuyobozi Mukuru wa Zacu Entertainment, Wilson Misago, yatangaje ko bakomeje kwishimira ubufatanye bafitanye na Canal+

    Abakinnyi ba 'The Bishop’s Family' bitabiriye ibi birori byabereye kuri Canal Olympia

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/129985/ibice-bishya-bya-seri-the-bishops-family-byatangiye-kwerekanwa-kuri-shene-ya-zacu-tv-129985.html

  • Bamenya yagendeye mu kigare bituma atumizwaho na RIB (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Benimana Ramadhan yavuze agahinda yagize nyuma yo gushinjwa ko ari we watumaga Bahavu adahabwa imodoka ye yatsindiye muri RIMA, ibintu byatumye anatumizwaho n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB).

    Tariki ya 1 Mata 2023 nibwo hatanzwe ibihembo muri RIMA 2023 (Rwanda International Movie Awards) aho igihembo cya ‘People’s Choice Awards’ cy’imodoka cyegukanywe Usanase Bahavu Jeannette wari wagize amajwi menshi.

    Gusa iyi modoka ntabwo yahise ayihabwa aho yahise yiyambaza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ngo rumufashe, nabwo byafashe igihe kinini kuko hari ibyo batumvikanagaho n’umuterankunga aho we yavugaga ko atayigendamo iriho ibirango by’iyo sosiyete ni mu gihe iyi sosiyete yavugaga ko ari yo masezerano bagiranye na RIMA.

    Byasabye ibiganiro byinshi ariko ku munota wa nyuma, Bahavu yemera gufata iyo modoka y’agaciro ka miliyoni 12 z’amafaranga y’u Rwanda iriho ibirango, yayishyikirijwe tariki ya 15 Gicurasi 2023.

    Ubwo ibi byose byabaga, hagiye hasohoka inkuru nyinshi aho bamwe bavugaga ko nayanga bari buze kuyiha Bamenya wari wabaye uwa kabiri mu majwi.

    Mu kiganiro Bamenya yahaye ikinyamakuru ISIMBI, yavuze ko abantu bamwitwayeho umwikomoko ko yari abyihishe, ibintu avuga ko atari byo cyane ko n’iyo modoka bavuga yarwaniraga, iyo agendamo iyikubye kabiri mu giciro.

    Ati 'Abantu banyitwayeho umwikomo bari bazi ko ndimo ndahatanira iriya modoka na nyuma y’amatora. Si byo. Imodoka yanjye iguze 2 z’iriya. Byarabaye byararangiye umuntu yatsindiye imodoka yarayitwaye, nagende yishimiye.'

    Uku kumwibasira byamuteye umutima mubi kuko ibyo yavugwagaho byari bitandukanye n’ukuri.

    Ati 'Nagize umutima mubi nyuma kubera ko hari abantu biyumvishaga ko imodoka kuba Bahavu atayihabwa mbiri inyuma, bakanabimbwira, njyewe ndi Ndoli? Ndi Jackson? Ndi Isimbi? Ndi RIMA?'

    Bamenya akomeza avuga ko atababajwe n’uko yatsinzwe ahubwo yababaye nyuma y’irushanwa bimye imodoka Bahavu wari wayitsindiye.

    Ati 'barayimwimye bavuga ko ari njye ubiri inyuma, ngo ninjye urimo kubwira The Cat ngo yibasire Bahavu kandi sindavugana na we kuva nabaho, nkibaza uwo muntu aranshakaho iki? Kandi nyuma na Fleury (umugabo wa Bahavu) yampaga urubuga rwabo rwa ABA ngo mbapositingire abantu bajye baza kurebaho filime, nkabikora ariko nyuma naje gutungurwa n’uko nabo bazi ko mbagambanira, Bahavu bishoboka ko na we ariko yari abizi.'

    Ngo byageze aho yitaba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha abazwa ibintu na we atazi, ahubwo ari akagambane na we yarimo akorerwa.

    Ati 'Byageze aho nitaba RIB, nyitaba atari ku bushake, RIB irampamagara ngo Bamenya ngwino, ndanga iminsi 2, barambwira ngo nukomeza kwanga turaza kukwifatira, babimbwira ndi hafi yo kuri RBA mpita nkatira ku biro bikuru byabo.'

    'Ngo nze ntange amakuru ku gihe. Nashinjwaga ko ndimo ndagumura abantu kugira ngo imodoka ntitangwe, birangire imodoka bayimpaye.'

    Yahimije ko ibyo bari barimo hari harimo ubugambanyi bwinshi, ngo na we yaragambaniwe ndetse hari n’uwamugambaniye arabimenya amufasha kugambanirwa.

    Icya mbere yahereyeho avuga ko yaba yaranagambaniwe ni uko n’urubuga rwatorerwagaho amatora akirangira bahise barukuraho ntibagaragaza n’uko bakurikiranye mu majwi.

    Bamenya yavuze ko yagize agahinda kubera kubeshyerwa

    Bahavu yaje guhabwa imodoka ye

    Source : http://isimbi.rw/sinema/article/bamenya-yagendeye-mu-kigare-bituma-atumizwaho-na-rib-video

  • ‘Uwamubona mu bigofero n’ibigutiya akinana nti wakeka ko aberwa bigeze aha’ mu ikanzu nziza itamwambitse ubusa Rufonsina yagaragaye bitandukanye nuko benshi bamuzi (AMAFOTO) – YEGOB #rwanda #RwOT

    'Uwamubona mu bigofero n'ibigutiya akinana nti wakeka ko aberwa bigeze aha' mu ikanzu nziza itamwambitse ubusa Rufonsina yagaragaye bitandukanye nuko benshi bamuzi (AMAFOTO)

    Umukinnyi wa Filime Uwimpundu Sandrine wamamaye nka Rufonsina muri Filime y'umuturanyi yongeye kwigaragaza asa neza kandi yambaye imyenda imwubahisha itamwambika ubusa.

    Mu bantu benshi bamuzi bamumenyeye muri Filime y'umuturanyi ndetse aho byagorana kubona uyu mukobwa yisize ibirungo cyangwa yambaye imyenda igezweho kuko muri iyi filime ayikinamo nk'umukozi wo murugo.

    Source : https://yegob.rw/uwamubona-mu-bigofero-nibigutiya-akinana-nti-wakeka-ko-aberwa-bigeze-aha-mu-ikanzu-nziza-itamwambitse-ubusa-rufonsina-yagaragaye-bitandukanye-nuko-benshi-bamuzi-amafoto/

  • Kwamamaza ntibirimo! Ibikubiye mu masezerano… – #rwanda #RwOT

    Ku wa 14 Werurwe 2023, buri mukinnyi wahatanye muri Rwanda International Movie Awards yahawe inyandiko y'amasezerano yagombaga gushyiraho umukono mu rwego rwo kugaragaza ko ari umwe mu bahatanye muri ibi bihembo, kandi yemera, akanumva neza amategeko n'amabwiriza agomba gukurikizwa mu irushanwa.

    Bati “Bisobanuye ko abahatana bemeye gukorana na RIMA mu bikorwa birimo icyumweru cy'aho abakinnyi ba filime bahura n'abakunzi babo mu bice bitandukanye (Movie week), gufatawa amafoto, amashusho, kujya mu biganiro ku ruhushya bahawe na RIMA n’ibindi.'

    Muri aya masezerano bagaragaza amavu n’amavuko y’ibihembo Rwanda International Movie Awards bakagaragaza ko bitegurwa na Ishusho Arts. Kandi ko ibi bihembo byatangiye gutegurwa kuva mu 2012 ku ntego yo guteza imbere Cinema hahembwa abakinnyi ba filime bahize abandi.

    Ni ibihembo bihuza abagira uruhare mu gutegura no gutunganya filime, itangazamakuru, abashoramari n’abandi. Bavuga ko bafite intego yo kumenyekanisha impano z’abana b’abanyarwanda, bakabagaragaza ku ruhando Mpuzamahanga. No gutuma filime zo mu Rwanda zihangana n’izindi ku rwego Mpuzamahanga.

    Muri rusange, bavuga ko bafite ibikorwa bizahuza abantu mu bice bitandukanye by’u Rwanda. Bakavuga ko umukinnyi uzahiga abandi azahembwa imodoka yo mu bwoko bwa KIA K5 2012 ‘nk’umukinnyi wahize abandi mu bihembo Rwanda International Movie Awards ku nshuro ya munani’.

    Muri aya masezerano Ishusho Arts yagiranye n'abakinnyi ba filime nta hantu bavuga ko uzahabwa iyi modoka agomba kuzaba 'Brand Ambassador' wa sosiyete izatanga iyi modoka, cyangwa se iyi modoka izaba iriho ibirango by'iyo sosiyete.

    Iyi ngingo niyo itumye Bahavu Jannet watsindiye iyi modoka amaze ukwezi kurenga atarayifata.

    Ni mu gihe amasezerano Ishusho Arts yagiranye na Ndoli Safaris, mu gika cya gatanu, agaragaza ko umukinnyi wahize abandi azahabwa imodoka yatanzwe na Ndoli Safaris, ikabaza iriho ibirango by'iyi kompanyi kandi uwo mukinnyi akaba 'Brand Ambassador' wayo mu gihe cy'amezi 12 (Ubwo ni ukuvuga umwaka).

    Ingingo ya gatanu y'amasezerano, bavuga ko Ishusho Art Organization izishyura 6,250,000 Frw kuri 12,500,000 Frw y'imodoka yo mu bwoko bwa KIA y'ibara ry'umukara Ndoli Safaris yemeye gutanga ku mukinnyi wa filime wahize abandi.

    Amasezerano Bahavu Jannet yashyizeho umukono cyo kimwe n’abandi bakinnyi, agaragaza ko ‘yemeye gukorana na Rwanda International Movie People mu bikorwa byose, kandi ko ari umwe mu bahatanye mu cyiciro ‘People’s Choice’.

    Yemeza (Umukinnyi) ko yiteguye kujya mu biganiro n’itangazamakuru, gufatwa amafoto n’amashusho n’ibindi bijyanye n’iki gikorwa ndetse n’abandi bafatanyabikorwa bakorana. Aya masezerano asoza agira ati 'Ndabisomye ndabyumvise kandi nemeye kubyubahiriza.'

    Mu kiganiro aherutse kunyuza kuri Youtube, Bahavu yavuzemo uburyo hari umukinnyi wa filime mugenzi we wamubwiye ko iyi modoka atari we yari igenewe.

    Amubwira ko muri rusange kuba yaregukanye iyi modoka ari ibyago ku bategura Rwanda International Movie Awards.

    Avuga ati '…Umwe mu bo twari kumwe mu irushanwa yarambwiye ngo iyi modoka ntayo uzabona, ntabwo yabimbwiye mu buryo bw'urwango, yabaye nk'undya akara kuri gahunda yari ihari.'

    'Yarambwiye ati 'imodoka ni njye bashakaga kuyiha kuko nta yihari kandi njyewe bari kunsubiza ayanjye tukagira uko tugabana; kuba waratsinze irushanwa ni ibyago RIMA yagize.”

    Indi nkuru bifitanye isano: Bahavu asigaranye amahirwe 5% yo guhabwa imodoka: Inyandiko zigaragaza amasezerano bagiye bagirana 

    Bahavu ntiyemeranya n'ingingo yo kuba 'Brand Ambassador' wa Ndoli Safaris nyuma y'uko atsindiye imodoka 


    Amasezerano Rwanda International Movie Awards yagiranye n'abakinnyi ba filime barimo Bahavu 

    KANDA HANO UREBE UBWO BAHAVU YEGUKANAGA IMODOKA

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/129139/kwamamaza-ntibirimo-ibikubiye-mu-masezerano-rwanda-international-movie-awards-yagiranye-na-129139.html

  • Filime z'Abanya-Korea ziri kwerekanwa muri Century Cinema ku buntu – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cy'iminsi itatu cyatangiye ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 5 Gicurasi 2023, muri Century Cinema aherekanirwa filime mu Mujyi wa Kigali.

    Iki gikorwa cyateguwe na Ambasade ya Koreya y'Epfo mu Rwanda mu kwizihiza isabukuru y'imyaka 60 y'umubano w'ubufatanye n'ubuhahirane hagati y'ibihugu byombi watangiye mu 1963.

    Umubano hagati y'ibi bihugu byombi ushingiye ku bufatanye mu bijyanye n'ubuhinzi, ikoranabuhanga, uburezi n'ibindi waje gukomera cyane ubwo hafungurwaga Ambasade y'u Rwanda mu Mujyi wa Seoul mu 2009, Ambasade ya Koreya mu Rwanda ifungurwa mu 2011.

    Mu kwizihiza iyi sabukuru y'imyaka 60, Ambasade ya Koreya yateguye ibikorwa bitandukanye birimo amarushanwa yo gukora ikirango [logo] cy'isabukuru y'imyaka 60 y'umubano w'ibi bihugu, kwerekana filime z'Abanya-Korea mu Iserukiramuco rya filime ngarukamwaka (Korean Film Festival) n'ibindi.

    Filime bise 'Decision to Leave' ni yo berekanye ku munsi wa mbere w'iserukiramuco rya filime zo muri Koreya. Igaruka ku nkuru y'umupolisi w'umugabo uba uhiga umwicanyi uba warishe umugabo amuhanuye hejuru ku musozi.

    Mu gihe cy'iperereza, uyu mupolisi uba ufite umugore w'isezerano atangira gukunda umugore wa nyakwigendera ari na we muntu uba ucyekwaho kuba yaramwishe abigambiriye.

    Nyuma y'igihe, uyu mupolisi aza gusanga uyu mugore ari we wiyiciye umugabo we kubera ko yahoraga amukorera ihohoterwa bigatuma afata umwanzuro wo gushaka uburyo amwica ndetse akaza kubigeraho.

    Kubera kumukunda n'igihe baba bamaranye, uyu mupolisi ntiyigeze amufungisha, cyane ko yari amaze kumenya byinshi ku iperereza, aza kumurekura ariko amubwira kujya kure ye kuko yari amaze kwangiza icyizere yari amufutiye.

    'Decision to Leave' ni filime yasohotse mu 2022 ikorwa na Park Chan-wook, umwanditsi wa filime akaba n'umwe mu bazitunganya bakomeye muri Koreya.

    Uyu mwanditisi yakunze kuvuga ko iyi filime ivuga byinshi ku bantu bashobora kwerekana amarangamutima y'urukundo bafitiye abandi, bitabaye ngombwa ko bavuga ijambo 'ndagukunda' kandi bigakomera, ndetse igaruka ku bantu bahunga inshingano za bo bagafata ibyemezo bizangiza ejo habo hazaza.

    Ambasaderi wa Koreya y'Epfo mu Rwanda, Chae Jin-weon, yabwiye abitabiriye iki gikorwa ko kureba filime mu gihugu cyabo ari umuco kuri bo, bityo bifuje kuwusangiza Abanyarwanda mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y'ubufatanye hagati y'ibihugu byombi.

    Ati 'Filime ntabwo ari iyi myidagaduro gusa, nizera ko ari n'uburyo bwiza bwo kumenya ubuzima bw'abandi bantu babayeho n'umuco w'igihugu cyacu.'

    Yakomeje avuga ko filime ari ho ubasha kumenya ibibera ahandi utari uzi, imyitwarire yaho, amateka n'ibindi ndetse umuntu yakwigiramo byinshi.

    Uyu muhango wo kwerekana filime muri Century Cinema witabiriwe n'abayobozi batandukanye barimo Ambasaderi w'u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun; Ambasaderi w'u Bwongereza mu Rwanda, Omar Daair; Ambasaderi wa Kenya mu Rwanda, Philip Mundai Githiora n'abandi.

    Iki gikorwa cyo kwerekana filime zitandukanye zo muri Koreya kiracyakomeje aho hazerekanwa iyitwa 'Miracle', 'The King's Note', 'Keys to the Heart', 'Exit' na 'How to Steal a dog'. Ku wa Gatandatu no Cyumweru, tariki 6 na 7 Gicurasi 2023, muri Century Cinema ku buntu.

    Ibikorwa bitandukanye birakomeje mu gukomeza kwizihiza isabukuru y'imyaka 60 y'umubano w'ibihugu byombi aho Ambasade ya Koreya irimo gutegura ibiganiro ku iterambere ry'ubutwererane bizaba muri uku kwezi kwa Gicurasi, imyiyereko y'ikipe ya Taekwondo izaturuka i Kukkiwon (ku cyicaro cya Taekwondo ku Isi) izabera muri BK Arena tariki ya 3 n'iya 4 Kamena 2023.

    Ambasaderi wa Koreya y’Epfo mu Rwanda, Chae Jin-weon (ibumoso) na Ambasaderi wa Kenya mu Rwanda, Philip Mundai Githiora (iburyo)

    Abantu b’ingeri zitandukanye bitabiriye igikorwa cyo kwerekana filime cyateguwe na Ambasade ya Koreya y’Epfo mu Rwanda

    Ni igikorwa cyabereye muri Century Cinema cyitabirwa n’abantu batandukanye

    Abanya-Korea bifatanyije n’Abanyarwanda mu kureba filime zivuze byinshi ku muco wabo

    Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Omar Daair, yitabiriye igikorwa cyo kwerekana filime z’Abanyak-Korea mu Rwanda

    Urubyiruko ni rwo rwari rwiganje muri iri serukiramuco ryabaye ku wa Gatanu

    Ambasaderi wa Koreya y’Epfo mu Rwanda, Wang Xuekun, yavuze ko kureba filime ari umuco muri icyo gihugu kuko zigisha byinshi mu bazireba

    Ambasade ya Koreya y’Epfo yerekanye zimwe muri filime zabo zikomeye muri Century Cinema

    Abayobozi batandukanye bitabiriye iki gikorwa

    Ambasaderi w'u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun (iburyo) yari yaje kwifatanya n’Abanya-Korea batuye mu Rwanda kwizihiza isabukuru y’iamyaka 60 y’ubufatanye n’u Rwanda

    Urubyriko rwari mu batumiwe na Ambasade ya Koreya y’Epfo kureba zimwe muri filime zivuze byinshi ku muco w’Abanya-Korea

    Abanya-Korea batuye mu Rwanda bari baje kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 y’umubano mwiza uri hagati y’ibihugu byombi

    Abayobozi bahagariye ibihugu bitandukanye mu Rwanda bari babukereye

    U Rwanda na Koreya y’Epfo biri kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 y’umubano w’ubufatanye n’ubuhahirane hagati yabo

    “2023 Korean Film Festival” iri kubera muri Century Cinema ku buntu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/filime-z-abanya-korea-ziri-kwerekanwa-muri-century-cinema-ku-buntu

  • Nana wo muri City yahishuye ibintu 3 byamugoye i Burayi, abantu akumbuye mu Rwanda (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Umwaka n’igice urashize Uwamwenzi Nadege wamamaye muri filime y’uruhererekane ya City Maid nka Nana agiye mu Bubiligi asanze umugabo, avuga ko kimwe mu bintu byamugoye harimo ikirere n’ibiryo byaho.

    Mu Gushyingo 2021 nibwo Nana yafashe rutemikirere yerekeza mu Bubiligi aho umugabo atuye anakorera.

    Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru ISIMBI, Nana yavuze ko ibintu byamugoye ageze i Bulayi ari byinshi ariko ibiryo, ikirere no kuba nta bantu baziranye yakwisanzuraho nibyo biza imbere.

    Ati “Ibiryo, ikirere, abantu. Ubuzima bushingiye ku bintu byinshi, uzi kurya, ukanywa ibaze nk’uyu muturanyi waha nta nubwo agusuhuza, mu Rwanda umuturanyi aba ari nk’umuvandimwe agutira ikintu na we akagutiza ariko hano aranapfa ukigira ku kazi ahubwo ugahamagara polisi ko barimo kugufungira umuhanda.”

    Agaruka ku bantu akumbuye mu Rwanda bakinanaga cyane cyane muri City Maid, yavuze ko akumbuye Nick, Nikuze na Bahavu.

    Ati “nkumbuye ikipe yanjye yose, uhereye kuri chr wanjye Nick, ukajya kuri mukeba wanjye Nikuze, ba Rosine, Diane, ikipe tekinike yose ndabakumbuye. “

    Yavuze ko bishoboka ko mu minsi iri imbere yazongera akagaragara muri iyi filime y’uruhererekane ikunzwe na benshi.

    Nana yasanze umugabo we mu Bubiligi

    Nana avuga ko kuhamenyera byamutonze

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/nana-wo-muri-city-yahishuye-ibintu-3-byamugoye-i-burayi-abantu-akumbuye-mu-rwanda-video