Tag: sinema

  • Ingaruka Mama Sava yahuye na zo nyuma yo guhanurirwa kubana na Papa Sava, ibyo kwirukanwa ku kazi (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Umunyana Annalisa [Mama Sava] yavuze ko ubuhanuzi aheruka guhanurirwa ko azabana n’umukoresha we muri filime y’uruhererekane ya 'Papa Sava’, Niyitegeka Gratien [Papa Sava] ari ibinyoma, yemeje ko byanamugizeho ingaruka mu kazi.

    Mu minsi ishize ni bwo hagiye hanze amashusho ya Pasiteri Hakim Mbarushimana wo mu itorero rya Blessing Miracles Church Kanombe aho yahanuriye Mama Sava ko azakorana ubukwe na Niyitegeka Gratien [Papa Sava] bakinana muri filime y’uruhererekane ya Papa Sava n’ubundi ari umugabo n’umugore.

    Ni amashusho yatangiye guhererekanywa cyane ku mbuga nkoranyambaga tariki ya 18 Mata 2024, ni mu gihe yari yarashyizwe ku rubuga rw’iri torero mu Kuboza 2023.

    Uyu mupasiteri yavuze ko nubwo atarahana gatanya (divorce) n’umugabo we wa mbere, Imana igiye kubikora ikaboneka ubundi agahita akora ubukwe na Papa Sava.

    Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI, Mama Sava yavuze ko amaze iminsi afite ihungabana kubera ibyo bintu byose byari bimaze iminsi bivugwa, ahamya ko yari hafi gutoragura amashashi.

    Ati 'Njyewe ubundi ukuntu mbaho, ntabwo njya nicuza ariko iyo njyeze mu gihe nsa n’ugihagazemo njyenyine, noneho n’abakambaye hafi ari bo barimo kuntera amabuye mpita mbona ko ingoma zahinduye imirishyo (…) Mu minsi ishize, habaye ah’Imana mba naratoye amashashi.'

    Mama Sava yavuze ko biriya byagiye hanze byose byabaye mu Kuboza 2023, bikimara kuba yasabye ko babikuraho ndetse abikora uwo atarahava.

    Ati 'negereye pasiteri kwa kundi abantu baba barimo gutaha, ndamubwira nti biriya bintu mfasha ubikureho kuko bigeze hanze ndabizi ko byabyara ikintu kinini, yanze kunyumva kugera aho bibaye biriya byose mwabonye.'

    Mama Sava yakomeje avuga ko yagiye gusenga bisanzwe atumiwe n’inshuti ze, maze agezeyo uwo mupasiteri aramuhanurira.

    Ati 'Njyewe nagiye gusenga, hariya hantu ni ubwa mbere nari mpageze (…) njyewe ntabwo ngira urusengero mbarizwamo, ariko nabatirijwe muri ADEPR. Njye nagiye gusenga ntumiwe n’abacuti banjye, njya gusenga rero pasiteri arampanurira.'

    'Njyewe se nari nzi ko agiye kuvuga ubugoryi nk’ubwo? Ngo ngiye gukora ubukwe na Papa Sava. Ariko ubundi reka nibarize uriya mupasiteri, Imana ni nyembaraga nke ku buryo iyoberwa izina ry’umuntu? Ntinshyingire Niyitegeka Gratien ikanshyingira Papa Sava?'

    Yashimangiye ko atazi iby’ubuhanuzi ariko na none ibyo yavuze ari ibinyoma. Ati 'reka mbabwire sinzi iby’ubuhanuzi ariko kiriya cyo kiranyagisha, ni ikinyoma.'

    Yavuze ko byanamugizeho ingaruka ku kazi, ashima Imana ko umukoresha we Papa Sava atigeze amwirukana kuko iyo biba byari kuba bibi cyane.

    Ati 'Byarambangamiye icyo ni icya mbere, ikindi byangizeho ingaruka mbi ku kazi kanjye. Wa mugabo we, reka nkubwire amahirwe wagize ni uko Papa Sava ari umuntu mukuru, iyo nirukanwa kubera buriya buhanuzi bwawe, ni ukuri ku Imana ntabwo twari gukiranuka.'

    'Icya mbere yagombaga gutekereza ko ndimo gukina ku zina rye, icya kabiri yagombaga gutekereza niba banyishyuye kugira ngo njye gukina biriya, yari ifite impamvu nyinshi zo kumurakaza, yagombaga kuvuga ngo ibi bintu ntabwo nabyihanganira, mvira muri filime, ese ubwo bibayeho. Naramubwiye [Papa Sava] fata umwanya muto urebe aho bigana.'

    Ngo akimara kubibwirwa yabaye nk’utaye ubwenge abwira abadiyakoni kumubuza gukomeza kubivuga aho bakabikoze ahubwo bo bagakomeza bagaseka, bameze nk’aho bibashimishije.

    Yisanze nta yandi mahitamo afite uretse kumureka agakomeza ubuhanuzi bwe kuko nta micro yari afite ngo aramuca mu ijambo ikindi ntiyari gusebereza umuntu mu rusengero rwe ari n’ubwa mbere agiye kuhasengera.

    Nyuma ngo uyu mupasiteri yaramuhamagaye aramubwira ngo 'YouTube yacu yujuje abantu 1000.'

    Yavuze ko we na Papa Sava ari umuntu bakorana, umuntu wa hafi ye babana mu buzima bwa filime ariko batigeze bakundana na rimwe kandi rwose bitashoboka.

    Mama Sava yavuze ko ubuhanuzi yahanuriwe bwo kubana ba Papa Sava ari ikinyoma

    Source : http://isimbi.rw/sinema/article/ingaruka-mama-sava-yahuye-na-zo-nyuma-yo-guhanurirwa-kubana-na-papa-sava-ibyo-kwirukanwa-ku-kazi-video

  • Tanzania: Alliah Cool yamuritse filime ze, av… – #rwanda #RwOT

    Yagiranye ibiganiro n’ibitangazamakuru bikomeye muri kiriya gihugu birimo nka Wasafi TV ya Diamond n’ibindi, agaruka ku rugendo rwe rw’ubuzima na Cinema.

    Alliah wamamaye muri Filime zinyuranye, yabwiye InyaRwanda, ko yagiye muri Tanzania agenzwa no kumenyekanisha filime ye aherutse gushyira ku isoko yise ‘Bad Book, Bad Cover’ ndetse na filime y’indi nshya azashyira hanze mu minsi iri imbere.

    Ati “Maze iminsi muri Tanzania, mu rugendo rugamije kwagura ubufatanye n’abakinnyi ba filime ba hano, ndetse no kubamurikira filime zanjye kuko nshaka ko zimenyekana hano, kuko ziri mu Giswahili.”

    Yavuze ko yifuza kugeza ibihangano bye mu bihugu bikoresha ururimi rw’Igiswahili, kuko ‘bituwe n’abaturage benshi’.

    Alliah Cool avuga ko yasanze muri Tanzania bazikora bye, kandi bamwakiriye neza.

    Ati “Abanyamakuru baho ni abakozi cyane, umwe mu banyakiriye yari asanzwe akunda ibikorwa byanjye anankurikira kuri Instagram, rero banyakiriye neza cyane.”

    Alliah anavuga ko mu biganiro yagiye agirana n’itangazamakuru, yabajijwe cyane ku itsinda rya Kigali Boss Babes abarizwa n’ibindi.

    Yavuze ko kuri iki Cyumweru tariki 12 Gashyantare 2024, agirana ibiganiro na Wema Sepetu, umukinnyi wa filime ukomeye wakanyujijeho mu rukundo na Diamond.

    Ati “Dusanzwe turi inshuti, twaravuganye, rero ibiganiro tugirana biribanda ku mikoranire muri Filime n’ubushuti busanzwe.” 

    Mu kiganiro na Times FM yo muri Tanzania, Allia Cool yatangaje ko yavuye mu mwuga w’itangazamakuru kuko wamutwaraga umwanya munini bigatuma atita ku mpano ye yo gukina filime.

    Yongeye gushimangira ko kuri we umwuga wo gukina filime, ari wo akuramo amafaranga kurusha ayo yajyaga akura mu mwuga w’itangazamakuru yamazemo imyaka ine nubwo hari abanyamakuru binjiza menshi kumurusha.

    Alliah Cool yinjiye mu mwuga wo gukina filime mu mu 2011 ahera ku yitwa “Rwasa” nyuma ashaka kubifatanya n’itangazamakuru ariko abona atabasha kubibangikanya ahitamo gukora umwuga umwe wo gukina filime.

    Muri Kamena 2023, nibwo Alliah yamuritse filime ye “Good Book, Bad Cover”.

    ‘Sound track’ y’iyi filime yakozwe n’umunyamuziki Okkama.

    Igaragaramo abantu bazwi mu ruhando rw’imyidagaduro nka Camille Yvette wo muri Kigali boss Babes, Francis Zahabu, Alice la boss n'abandi.

    Mu 2021, nabwo Alliah Cool yamuritse filime yise 'Alliah The Movie'.

    Alliah Cool yatangaje ko ari muri Tanzania mu rugendo rugamije kumenyekanisha filime ze

    Alliah yavuze ko yatangiye gukora filime ziri mu rurimi rw’Igiswahili gusa mu rwego rwo kwagura isoko

    Alliah Cool yagiranye ikiganiro n’ibinyamakuru birimo Wasafi Media

    Alliah yabajijwe impamvu yavuze mu itangazamakuru akiyegurira Sinema

    Alliah yavuze ko agirana ibiganiro na Wema Sepetu mbere yo kugaruka mu Rwanda

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/139581/tanzania-alliah-cool-yamuritse-filime-ze-avuga-icyatumye-ava-mu-itangazamakuru-139581.html

  • Bahavu yaguze filime yakinnyemo Wema Sepetu y… – #rwanda #RwOT

    Guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 9 Gashyantare 2024, iyi filime iri kugaragara ku rubuga rwa internet ruzwi nka 'ABA TV', Bahavu asanzwe anyuzaho filime z'uruhererekane nka 'Impanga', 'Isi Dutuye', 'Bad Choice', n'izindi zinyuranye zamwubakiye izina.

    Iyi filime yatangiye gutunganywa kuva mu myaka itanu ishize, ndetse bimwe mu bice bitanga integuza y'ayo byagiye binyuzwa ku muyoboro wa Youtube wa 'The Light of Africa.'

    Amashusho y'iyi filime yafatiwe muri Tanzania ndetse no muri Australia. Kandi irimo abakinnyi b'ibikomerezwa nka John K-ay (Nyiri filime), Wema Sepetu wo muri Tanzania wavuzwe mu rukundo na Diamond, Van Vicker (Wo muri Ghana wahawe arenga Miliyoni 25 Frw kugira ngo yemere gukina muri iyi filime), Aunty Ezekiel, Gabrielle Bartlett, Stanley Msungu, Jean-Pierre Yerma, Clarisse Dorika, AJ Nuamah, Joey Mens n'abandi benshi.

    Ni filime yitondewe kuko ifatwa ry'amashusho y'ayo ryayobowe na Neema Ndepanya ndetse na Prema Smith; inononsorwa na Young Martin Production. Ni mu gihe yanditswe kandi ishorwamo Miliyoni 100 Frw na John K-ay wakoze filime zahataniye ibihembo bikomeye ku Isi.

    Iyi filime y'uruhererekane bigaragara kandi ko yakozwe bigizwemo uruhare n'ibigo byashyigikiye John K-ay birimo nka: G-marl Jamal Habnab, Motifex, MECA Mount Druit, Innocent Entertainment, Norma Needham Longuevue, Bunk Bed Beats Studio ndetse na Impress TV.

    John K-ay uheruka mu Rwanda mu mpera za Mutarama, asobanura ko atari kwibashisha gukora iyi filime, iyo atagira ubufasha yahawe na Guverinoma ya Australia, Guverinoma ya Tanzania, abakinnyi bose, Raimon Sanga, Monica Sizya, Neema Ndepanya;

    Ibrahim Emmanuel, Ogunlusi Joy Aiyeoritse, ibitangazamakuru byo mu Burundi no muri Tanzania, Deo Iconayisavye, Maggie Bushiri, John-Bosco Gahungu, William Guillaume, Harley Bruce, Fanny Louange, Jimy Akayezu, Lebba Bawoh, Ulebor Manny n'abandi.

    Inkuru y'iyi filime ishingiye ku musore witwa Victor Kaapor ukora uko ashoboye kugirango arokore Umubyeyi we (Nyina) ndetse n'umukobwa yakundaga.

    Ibi bituma akora ibyo atigeze atekereza, agakorana na Police mu gushakisha agatsiko k'amabandi kaba kazwi cyane ku izina rya 'Cop's Enemy'.

    Bimusaba kugambanira umukobwa yakundaga, ariko uko yagenda agana ku ntego ye, yasanze ibyo yibwiraga atari ko bimeze.

    Muri iyi filime bagaragaza ko ibyo bikorwa biba bikorerwa mu Mujyi wuzuye aba Polisi bamunzwe na ruswa n'ubugome budashira bufatwa nk'amayobera.

    Ndayirukiye Fleury [Umugabo wa Bahavu] yabwiye InyaRwanda, ko bagiranye amasezerano na John K-ay yo gutambutsa filime ye 'Cop's Enemy' ku rubuga rwabo rwa ABA mu gihe cy'umwaka umwe, kandi ko yemerewe no kuyimurika ahandi hose.

    Ati 'Twagiranye amasezerano y'umwaka umwe, bivuze ko twayiguze muri icyo gihe, aho iyi filime yatangiye gutambuka ku rubuga rwacu rwa ABA. N'ubwo aka kanya tutatangaza amafaranga twayiguze.'

    Fleury yavuze ko gahunda bafite ari uko bazajya batunganya filime z'abo bwite, ariko kandi bakagura n'iz'abandi bazajya banyuza ku rubuga rw'abo rwa ABA TV.

    Ibyo wamenya kuri John K- ay watunganyije filime 'Cop's enemy'

    Uyu mugabo yabonye izuba tariki 3 Nyakanga 1992, avukira mu gihugu cy'u Burundi mu Ntara ya Ruyigi kuri Se, Jean-Marie Ndaysihimiye wari umuhinzi ndetse na Stephanie Hakizimana wabaye umwarimu. Avuka mu muryango w'abana icyenda.

    Mu 1993, we n'umuryango bahungiye muri Tanzania nyuma y'urupfu rwa Melchior Ndadaye wari Perezida w'u Burundi. Babaye mu nkambi mu gihe cy'imyaka 11 muri Tanzania, mbere y'uko mu 2006 berekeza mu Mujyi wa Sydney muri Australia aho babarizwa kuva muri Werurwe 2007.

    Uyu mugabo asobanura ko kuva akiri mu mashuri yisumbuye yagaragaje impano yo gukina filime, ndetse ageze muri Kaminuza yize aya.masomo muri 'National Institue of Dramatic Art' yo muri Sydney mu gihugu cya Australia.

    Yasobanuye ko mu 2010 ari bwo yatangiye urugendo rwo gukora filime ze bwite, aho mu 2012 yashyize hanze filime ye ya mbere yise 'Nothing Is Impossible'.

    Yanakoze filime zirimo nka 'I Love You Mum' ndetse na 'Restoring Hope and Silent Sufferers'. Afatanyije na Iroko Tv yo muri Nigera, John yasohoye filime yise 'Irreversible Choices' yahataniye ibihembo bya AAMMA Mu 2016, inahatanira ibihembo Cineplay TV Awards mu 2017.

    Filime ze zagiye zibengukwa kuri Televiziyo zo mu bihugu bikomeye nka Televiziyo y'igihugu cya Australia, Iroko TV yo muri Nigeria, Azam TV yo muri Tanzania, TBC yo muri Tanzania, Televiziyo zo muri Kenya n'ahandi.

    Kanda hano ugere ku rubuga rwa ABA TV ubashe kureba ko iyi filime 'Cop's enemy'

    John K-ay amaze kuba izina rikomeye mu batunganya filime muri Australia 

    Ubwo John yashyikirizwaga igikombe n'umunyabigwi mu muziki wo mu Burundi, Kidumu 

    John yahaye filime ye Bahavu yashoyemo arenga Miliyoni 100 Frw yakinnyemo abakinnyi bakomeye


    Mu 2017, John K-ay yegukanye igikombe muri Afroshine Australia Awards 

    Mu 2016, John yegukanye igikombe mu bihembo bya AAMA 

    Bahavu avuga ko binyuze ku rubuga rwa ABA TV azajya agura filime zigomba gutambukaho


    Bahavu amaze iminsi ashyira hanze 'Season' ya Cyenda ya filime ye yise 'Impanga'

     

    KANDA HANO UREBE INTEGUZA YA FILIME BAHAVU YAGUZE IZAJYA INYURA KU RUBUGA RWE ABA TV

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/139551/bahavu-yaguze-filime-yakinnyemo-wema-sepetu-yatwaye-miliyoni-100-frw-139551.html

  • Mama Beni wo muri City Maid yibarutse #rwanda #RwOT

    Uwineza Nicole wamamaye nka Mama Beni muri filime y’uruhererekane ya City Maid, yibarutse umukobwa.

    Uyu mubyeyi wanditse izina muri Sinema Nyarwanda akaba asa n’uwari warabihagaritse, yibarutse umwana wa kabiri nyuma y’uko akoze ubukwe na Sebera Eric muri 2018.

    Mama Beni umwe mu bagore bafite izina muri Sinema Nyarwanda, aheruka kongera kugaragara mu bya Sinema mu minsi yashize ubwo hamurikwaga filime nshya ya ‘Ishusho ya Papa’ agiye kongera kugaragaramo nyuma y’imyaka 3 asezeye muri City Maid.

    Uwineza Nicole nyuma yo kwibaruka we n’umwana we bakaba bameze neza nta kibazo na kimwe bafite.

    Mama Beni yibarutse

    Source : http://isimbi.rw/sinema/article/mama-beni-wo-muri-city-maid-yibarutse

  • Lupita Nyong’o na musaza we baserukanye imyam… – #rwanda #RwOT

    Ibirori ngaruka mwaka byitabirwa n’ibyamamare bitandukanye byo muri Hollywood, bizwi ku izina rya ‘The Academy Museum Gala’ bitegurwa n’inzu ikomeye ya Sinema yitwa Motion Pictures imenyerewe mu gukora filime zakunzwe.

    Mu masaha macye ashize nibwo ibyamamare muri Sinema, mu mideli ndetse no mu miziki byahuriye muri iyi ngoro ya  Academy Museum of Motion Pictures iherereye mu mujyi wa Los Angeles, aho byabashije gusangira, ndetse no gukusanya amafaranga ashyigikira ibikorwa by’iyi nzu yibanda mu kwigisha gutunganya filime.

    Abarimo Oprah Winfrey, Selena Gomez, Phoebe Tonkin bari mu bitabiriye ibi birori

    Muri ibi birori kandi abarimo Oprah Winfrey, Michael B.Jordan, hamwe na Sofia Coppola bahawe icyubahiro bashimirwa imirimo bakora igirira rubanda inyungu. 

    Mu gihe abandi basitari baserutse ku itapi itukura mu myambaro itandukanye yakozwe n’abahanzi b’imideli bakomeye i mahanga, Lupita Nyong’o hamwe na musaza we Junior Nyong’o bahisemo guseruka mu myambaro yakorewe mu Rwanda.

    Lupita Nyong’o na musaza we Junior Nyong’o baserutse mu myambaro yakozwe na ‘House of Tayo’ yo mu Rwanda

    Ni imyambaro yakozwe n’inzu y’imideli iri muzimaze kubaka izina mu Rwanda ya ‘House Of Tayo’ isanzwe inambika ibyamamare byo mu Rwanda no hanze yaho. Iyi myabaro ibereye ishijo yakorewe i Kigali niyo baserukanye muri ibi birori ndetse banayifotorezamo ku itapi itukuru akamwenyu ari kose.

    Akanyamuneza kari kose kuri Lupita Nyong’o waserutse mu myambaro yakorewe mu Rwanda

    Si inshuro ya mbere Lupita Nyong’o w’imyaka 40 aserutse mu myambaro y’inzu ya House of aTayo dore ko n’umwaka ushize mu Ukwakira yayiserukanye mu birori byo kumurika filime ya ‘Black Panther’ igice cya Kabiri cyiswe ‘Wakanda Forever’.

    Ni inshuro ya Kabiri Lupita aserutse mu myambaro yakozwe na House of Tayo

    Ubwo Lupita Nyong’o yifotozaga mbere yo kwinjira muri ibi birori byahuriyemo ibyamamare

    Kuri iyi nshuro Lupita Nyong’o ukomoka muri Kenya, wubatse izina ku Isi kubera ubuhanga bwe mu gukina filime, yambaye imyambaro yakorewe mu Rwanda aherekejwe na musaza we. Ibi ni urugero rwiza rwaho imideli yo mu Rwanda imaze kugera kubona iserukanwa mu birori mpuzamahanga.

    Lupita Nyong’o na musaza we mu myambaro yakorewe mu Rwanda, bayiserukanye mu birori ngaruka mwaka bya ‘The Academy Museum Gala 2023’

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/137226/lupita-nyongo-na-musaza-we-baserukanye-imyambaro-yakorewe-mu-rwanda-mu-birori-bya-the-acad-137226.html

  • Samusure wagiye atorotse amadeni ya miliyoni 7, yatakambye ngo afashwe kwishyura #rwanda #RwOT

    Kalisa Ernest [Samusure] uherutse kwimukira i Maputo muri Mozambique, ari gutakambira abakunzi inshuti n’abavandimwe ngo bamufashe kwigobotora ibibazo birimo amadeni afite byanatumye ahunga urwamubyaye.

    Kalisa Ernest wamamaye nka Samusure, ari mu bakinnyi ba sinema bafite izina rikomeye ndetse akaba umwe mu babimazemo igihe. Yiyambuye ubwamamare aca bugufi asaba ubufasha abakunzi be kuko yugarijwe n’ibibazo.

    Uyu mugabo benshi bamenye nka Samusure, Rulinda, Makuta n’andi mazina menshi yagiye afata bitewe na sinema.

    Samusure yabwiye IGIHE ko ari mu bibazo byinshi ndetse ko ari nabyo byatumye ava mu gihugu.

    Kuva mu Rwanda atunguwe akagera i Maputo nta cyo gukorayo yateguye, byatumye akubitikirayo, ubuzima buramugora kugeza ubwo ubu ari kwiyambaza inshuti n’abavandimwe ngo bamugoboke yishyure amadeni abe yanabasha kwegura umutwe mu buzima busanzwe.

    Muri Werurwe 2023 nibwo yimukiye i Maputo muri Mozambique aho yavugaga ko agiye gushakishiriza imibereho.

    Ati 'Nyuma y’uko hadutse icyorezo cya Covid-19, ibintu byinshi twakoraga byagiye bizamo ibibazo bituma njye by’umwihariko nisanga mu madeni. Urebye muri rusange mfitiye abantu arenga miliyoni zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda.'

    Samusure avuga ko aya madeni ayafitiye abantu batandukanye, icyakora iryatumye ava mu gihugu rikaba iry’ibihumbi 600 Frw yari yahawe n’umwe mu bo bakinanaga muri filime yitwa 'Makuta’.

    Uyu mukinnyi wari wahawe sheke na Samusure amaze kubona ko atari kwishyurwa, yaje kugana banki kugira ngo imuterereho kashe hanyuma yishyurizwe ku gahato.

    Samusure yibuka uko byagenze icyo gihe nk’ibyabaye ejo, ati 'Hari ku wa Gatanu, Banki irampamagara bambwira ko hari umuntu wagiye guteresha sheke, nababwiye ko ntahari, mbasaba kuba babiretse ku wa Mbere tukabikemura mu bwumvikane.'

    Samusure yahise atekereza ku gifungo ashobora guhabwa kubera icyo cyaha cyo gutanga sheki itazigamiye, afata icyemezo cyo guhunga.

    Ku wa Gatandatu no ku Cyumweru yari afite akazi ko gukora mu bukwe, bivuze ko itike yari ibonetse.

    Ku wa Mbere mu cya kare, yari yamaze kwambuka umupaka wa Rusumo yerekeza muri Tanzania aho yanyuze agana i Maputo ari naho ari kubarizwa uyu munsi.

    Samusure wakoraga filime akagongwa n’ubushobozi, yaje kujya yigira inama yo gufata amadeni akayashora muri sinema, akagenda yishyura uko yinjizaga.

    Ni amadeni yafataga mu buryo benshi bazi nka 'Banki Lambert’. Umunsi umwe yaje kuguza amafaranga abantu batandukanye mu gihe yari atarayashora muri sinema nk’uko yari yabyiyemeje aza kugwa mu moshya yo kwishora mu 'bimina’.

    Benshi bibuka uburyo ibimina byahombeje abatari bake, Samusure aba umwe mu babiririwemo noneho haribwa amafaranga y’abandi yari yafashe nk’amadeni.

    Samusure wari wageze i Maputo mu nzira zigoye, yaje kujya kwaka uruhushya rw’inzira 'Passport’ kuri Ambasade, ahita amenyeshwa ko hari urubanza afite i Kigali.

    Samusure utaraguye mu kantu kuko yari abizi ko yatorotse amadeni, yaje gutaha ahamagara umwe ku wundi mu bo yari ayafitiye, asanga wawundi wamugurije ibihumbi 600 Frw ari we wamureze.

    Ni umugabo uhamya ko yahise agira ubwoba bwo kuburanishwa adahari, akubita hirya hino amafaranga aboneka mu bavandimwe arishyura.

    Nyuma yo kwishyurwa, uwari ufitiwe ideni na Samusure yandikiye Urukiko arumenyesha ko nta deni agifitiwe n’uyu mugabo, inyandiko yongerwa muri dosiye kuri ubu bakaba bategereje ko hasomwa urubanza.

    Ku rundi ruhande nubwo uwareze we yishyuwe, Samusure avuga ko agifite amadeni arenga miliyoni zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda ariyo atuma arara adasinziriye yibaza uko azayishyura ngo yongere abeho mu mudendezo.

    Ni amadeni arimo amafaranga afitiye abantu bamugurije mu bihe bitandukanye, abakinnyi bakoranye n’abamufashaga gufata amashusho no kuyatunganya.

    Samusure ahamya ko nubwo mu bo afite amadeni, nta wundi wamureze, ariko adatekanye kuko afite impungenge ko isaha ku yindi byamushora mu manza kandi byagorana ko azitsinda.

    Iyi niyo mpamvu uyu mugabo yatangiye gushakisha ubushobozi mu nshuti ze n’abakunze ibyo yakoraga.

    Samusure yavuze kandi ko amakuru y’uko yatorotse umugore babyaranye atariyo.

    Ati 'Ayo makuru ntabwo ariyo, nawe se umugore twabanye mu myaka icumi ishize tugahita dutandukana ndetse nyuma akaza gushaka undi mugabo, namutoroka gute? Ntabwo aribyo!'

    Samusure yavuze ko abari kugerageza guhuza amakuru y’igenda rye no gutoroka uyu mugore atari byo kuko kugeza afite umugisha w’uko abana hari inshuti ye imufasha kubitaho.

    Samusure yasabye gufashwe kwishyura amadeni yafashe

    Source : http://isimbi.rw/sinema/article/samusore-wagiye-atorotse-amadeni-ya-miliyoni-7-yatakambye-ngo-afashwe-kwishyura

  • Umukinnyi wa Filime Lupita Nyong'o ufata ipusi ye nk'umukunzi we yinjiye muri Filime yitwa 'Goodbye Julia' nk'umuyobozi wayo #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa Filime Lupita Nyong'o nyuma yo kuva mu rukundo na Selema Masekela, akamusimbuza ipusi, Lupita Nyong'o yamaze kujya mu mushinga wa Filime 'Goodbye Julia', nk'umwe mu bayiyobora.

     

    Uyu Lupita Nyong'o agiye kuba umwe mu bayobozi b'iyi filime imaze guca ibintu mu gihe gito na cyane ko yasohotse muri uyu mwaka wa 2023.Ubusanzwe iyi filime 'Goodbye Julia', yayobowe n'umugabo wo muri Sudan usanzwe ayobora amafilime witwa Mohamed Kordofani.Uyu mugabo ngo iyi niyo filime yayobeye ikamamara cyane.

     

     

    Iyi filime kandi irimo amafoto yafashwe muri 2011 aho agaragaza cyane igice cya Sudan ya Ruguru ndetse n'imico y'abaturage bo muri Sudani ya Ruguru.

    Goodbye Julia, yakoze amateka uyu mwaka mu gihugu cy'Ubufaransa mu Mujyi wa Cannes, aho yabaye filime ya mbere yerekaniwe mu iserukiramuco nyuma yo gutoranywa muri filime zizahatanira ibihembo bya Un Certain Regard .

     

     

    Iyi filime igaragaza neza ibirimo kubera muri Sudan magingo aya aho abatari bake bakomeje kubura ubuzima abandi bakava mu byabo.

     

     

    Lupita Nyong'o yagize ati:'Mohamed Kordofani yakoze akazi gakomeye hame n'abo bari bafatanyije bagaragaza neza ibiri kuba.Rero ntewe ishema no gutanga ijwi ryanjye mugukwirakwiza Isi ubutumwa buri muri iyi filime'.

     

     

    Iyi filime irimo abakinnyi bamamaye nka Eiman Yousif na , Siran Riak

    The post Umukinnyi wa Filime Lupita Nyong'o ufata ipusi ye nk'umukunzi we yinjiye muri Filime yitwa 'Goodbye Julia' nk'umuyobozi wayo appeared first on The Custom Reports.

    Source : https://thecustomreports.com/umukinnyi-wa-filime-lupita-nyongo-ufata-ipusi-ye-nkumukunzi-we-yinjiye-muri-filime-yitwa-goodbye-julia-nkumuyobozi-wayo/

  • Nkusi Linda witabiriye Miss Rwanda yasobanuye… – #rwanda #RwOT

    Ni ubwa mbere uyu mukobwa agiye gushyira hanze filime ye bwite. Ni nyuma yo gukina muri filime zitandukanye z'abandi zirimo nka filime 'Bamenya' yamwubakiye izina rikomeye muri iki gihe.

    Uyu mukobwa wabaye umunyamakuru wa Isibo Tv, yabwiye InyaRwanda ko yatekereje gukora filime ye bwite nyuma y'ubusabe bw'abakunzi be.

    Ati 'Natekereje gutangira gukora filime yanjye bwite kuko abakunzi banjye benshi bahoraga babinsaba, niyo mpamvu nahise ntekereza guhera kuri iyi filime y'uruhererekane nise 'Choose Love'.'

    Ni filime avuga ko yatekereje akubiramo ubu butumwa ahanini biturutse ku kuba muri iki gihe urukundo rwa benshi rwakonje.

    Ati 'Muri iyi minsi dukeneye urukundo kurusha ikindi kintu cyose. Abantu benshi bita ku bintu nyamara urukundo nirwo rwa mbere kuko aho ruri n'ibindi biraza.'

    Uyu mukobwa avuga ko iyi filime ibanjirije izindi azashyira hanze mu minsi iri imbere.

    Agiye gusohora iyi filime yubakiye ku rukundo mu gihe aherutse gutandukana n'umukunzi we w'umukinnyi wa filime w'umunyarwenya uzwi nka 'Zaba'.

    Linda yabwiye InyaRwanda ko ntaho ihuriye n'ubuzima yanyuranyemo na Zaba, kuko iyi filime yayanditse bagikundana.

    Ati 'Oya! Iyi filime nayanditse tugikundana. Rero ntago ariyo mpamvu (yo gukora iyi filime).'

    Iyi filime yayiteguye mu gihe cy'umwaka umwe n'igice, kandi izagaragaramo abakinnyi basanzwe bazwi ndetse n'abashya muri cinema. Linda avuga ko iyi filime izagaragaza impano nshya 'nshaka kuzamura'.

    Yavuze ko azakina muri iyi filime, kandi ntibizamubuza no gukina muri filime 'Bamenya' kuko 'hariya ni mu rugo ntago tuhafata nko mu kazi, hari ni mu muryango'.

    Linda avuga ko iyi filime ayitezeho gufasha abantu 'kumenya gutandukanya urukundo n'ubushuti' ndetse no 'kumenya ko ugomba gukurikira umutima wawe mbere y'ikindi cyose'. 

    Nkusi Linda yatangaje ko agiye gushyira hanze filime ye ya mbere yise 'Choose Love'

    Nkusi yavuze ko iyi filime yayanditse mbere y'itandukana rye na Zaba bahoze bakundana
    Nkusi yakinnye muri filime zirimo 'Depression' yahuriragamo na Zaba 

    Nkusi muri iki gihe akina muri filime zirimo 'Bamenya' izwi cyane


    Nkusi avuga ko iyi filime ye 'Choose Love' izajya itambuka kuri shene ya Youtube ye


    Nkusi ntakiri umunyamakuru wa Isibo Tv yahozeho igihe kinini 

    KANDA HANO UREBE AGACE GASHYA KA FILIME ‘BAMENYA’ LINDA AKINAMO

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/134479/nkusi-linda-witabiriye-miss-rwanda-yasobanuye-filime-ye-ya-mbere-agiye-gusohora-134479.html

  • Yakuze atazi Se! Menya amateka ya Winston Duk… – #rwanda #RwOT

    Winston Duke yavutse ku itariki ya 15 Ugushyingo 1986, avukira mu gace ka Argyle, Tobago mu gihugu cya Trinidad na Tobago. Uyu musore yakuze arerwa na mama we wenyine witwaga Cora Pantin, akaba yarakoraga muri Leta icyo gihe ndetse afite na Resitora ye ku giti cye. 

    Winston akiri umwana yabaga ashinzwe kwereka abakiriya aho bicara ku meza yabo gusa ariko akaba yari afite inzozi zo kuzaba umukinnyi wa filime ukomeye. Amaze kugeza ku myaka 9, Mama we yagurishije resitora n’ibyayo byose.

    Duke, Pantin na mushiki we mukuru witwa Cindy bahise berekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri New York ahazwi nka Blooklyn kugira ngo mushiki we abashe kujya mu ishuri rijyanye n’ubuganga.

    Bamaze kugerayo, WinstonDuke nawe yagiye mu ishuri ryisumbuye ryitwa  Brighton High School i Rochester muri New York hanyuma asoza muri 2004. Ntibyarangiriye aho kubera ko yahise ajya muri Kaminuza i Buffalo muri New York ari ho yaje no gukura impamyabumenyi mu bijyane n’ubuhanzi bw’ikinamico.

    Yaje gukomereza mu ishuri rya Yale School of Drama, aza kuhakura impamyabumenyi mu bijyanye no gukina filime n’amakinamico, aza gusoza mu mwaka wa 2013.

    Uyu musore ari mu bakinnyi ba filime bazi ibyo bakina bitewe n’uko abifitemo impamyabumenyi, bikaba biri mu bikomeza kumugira igihangange cyane ko uretse kuzikina anazitunganya.

    Kugeza ubu uyu mugabo afite imyaka igera kuri 37, gusa ariko ikintu gikomeye kandi gitangaza benshi ni uko nta mugore kugeza ubu afite cyangwa se yigeze ndetse nta nubwo afite n’umwana.

    Abantu benshi bakomeza kubyibazaho bibaza impamvu adashaka umugore kandi afite agatubutse, abandi bakavuga ko agihuze kubera umwuga we wa Filime arimo. 

    Icyakora hari igihe byigeze kuvugwa ko afite umukunzi witwa Michelle Kumi Baer wamenyekanye ku izina rya Meesh uturuka muri Asia, ariko byarangiye ntawe umenye iherezo ryabyo cyane ko nta mafoto yabo bombi mashya baheruka gushyira ku mbuga nkoranyambaga zabo.

    Ni gute yatangiye umwuga wo gukina filime?

    Uyu mugabo yatangiriye umwuga we mu gukina ikinamico mu bigo bitunganya amakinamico, twavugamo nka Portland Stage Company na Yale Reportory Theatre, nyuma aza kujya muri filime y’uruhererekane “Person Of Interest”, yabaye nk’imufungurira amayira muri sinema.

    Mbere y’uko aba icyamamare turi kuvugaho aka kanya, Winston Duke yari umuturage usanzwe uva muri Trinidad na Tobago, wari ufite inzozi zikomeye zo kureba aho yamenera akinjira mu kigo gikomeye ku isi mu bijyanye na filime aricyo “Hollywood”.

    Nyuma yo gusozanya impamyabumenyi mu bijyanye n’ikinamico muri kaminuza ya Baffalo, yerekeje ahitwa New Haven mu ishuri rijyanye no gukina ama filime “Yale School Of Drama”, aza kuhahurira n’umukinnyikazi wa filime ukomeye ku isi “Lupita Nyong’o”, bahinduka inshuti z’akadasohoka.

    Nubwo Lupita Nyong’o yari afite imyaka mike yo gusoza mbere ya Winston Duke, bakomeje kuba inshuti zikomeye aho bigiraga. Mu mwaka wa 2012, Winston yagarutse mu gihugu cye cya kavukire aricyo “Trinidad and Tabogo” mu gutanga ubufasha mu ikinamico yitwa “An Echo in the Bone”.

    Nyuma yo gusoza kwiga mu mwaka wa 2013, Winston Duke yatangiye gushaka uko ibyo yize yabishyira mu bikorwa ku bw’amahirwe abona aho atangirira, ni bwo yaje gukina muri filime y’uruhererekane yitwa “SVU: Law and Order”.

    Ni gute yaje kwisanga muri Filime “Black Panter” yamugize rurangiranwa ku isi?

    Mu mwaka wa 2016, umu Agent we yamwoherereje urwandiko rwanditseho umushinga wa “Marvel”, gusa ariko we ntiyari azi ikijya mbere ndetse n’impamvu yaba yohererejwe urwo rwandiko rwanditse, bikomeza kumutera amatsiko.

    Nyuma y’igihe gito ni bwo byaje gutangazwa ko azaba umukinnyi w’indwanyi mu mushinga wa Marvel  muri filime yabo “Black Panther” agakina yitwa “M’Baku”. Icyo gihe yakinanye n’inshuti ye ya kera Lupita Nyong’o. 

    Nyuma y’uko filime igeze hanze mu mwaka wa 2018, ikaza no gukundwa bidasanzwe, ikaza kumusigira izina ku isi, kuva icyo gihe yahise atangira gutumirwa no mu tundi tuzi twinshi dutandukanye. 

    Yaje kongera kugaragara mu yandi ma filime akomeye ku isi akoresha izina rya M’Baku nka “Avengers: Infinity War” ndetse na “Avengers: Endgame”.

    Mu kwezi k’Ukwakira umwaka 2022, umubyeyi (Mama) we yari asigaranye yitabye Imana ku myaka ye 66. Uyu musore akaba avuga ko uretse kuba yari umubyeyi we, yari n’inshuti ye idasanzwe, anamuhora iruhande rwe. 

    Mu gihe bari mu gikorwa cyo kumurikira abantu filime “Wakanda Forever” mu itangazamakuru, uyu musore yagaragaje agahinda gakomeye ko kuba yarabuze umubyeyi (Mama) wamureze cyane ko ari we wamwitayeho ubuzima bwe bwose kuva yavuka kuko atigeze agira amahirwe yo kuba yamenya Se.

    Yakomeje avuga ko nyina yari umujyanama kuri we, ibintu byose babiganiragaho, akavuga ko nta nshuti cyangwa se umuntu arabona ugwa mu ntege mama we mu buryo bari babanye.

    Kuri ubu uyu mugabo w’icyamamare uri mu bantu bakomeye ku isi mu gukina filime no kuzitunganya ari mu rw’imisozi 1000 rutemba amata n’ubuki aho yaje mu gikorwa ngarukamwaka cyo Kwita Izina abana b’ingagi 23 bari bavutse mu mezi 12 ashize. 

    Muri iki gikorwa kandi yahawe n’umwanya wo kwita umwana izina, aho umwana yamwise 'Intarumikwa' abitewe n'uko Mama wamubyaye (Winston) yamwigishije gukunda ibidukikije bityo bikaba ari ngombwa ko ‘twakwigisha abana bavuka kwita ku bidukikije kuko ni ingenzi cyane’.

    Uyu mugabo kandi byeruye yamaze guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda aho kuri ubu nawe yabaye Umunyarwanda aho yajya hose.

    Yamaze kuba Umunyarwanda byeruye kandi byemewe n’amategeko

    Mu muhango wo kwita izina umwana yamwise “Intarumikwa”

    Yagaragaje ko yishimiye u Rwanda mu buryo budasanzwe

    Yakuze atazi se umubyara

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/134013/yakuze-atazi-se-menya-amateka-ya-winston-duke-wahawe-ubwenegihugu-bwu-rwanda-134013.html

  • Bayoza igitiyo: Abakinnyi ba Filime 10 bari g… – #rwanda #RwOT

    Uru rutonde rwakozwe hagendewe ku bakinnyi ba filime bishyurwa menshi n’urubuga rwa Netflix kuko ari nayo ikomeje kwigaragaza mu ruhando rwa Sinema. Uru rubuga nta myaka myinshi rumaze rukora ariko rurayoboye, ndetse benshi bari kuri uru rutonde bagiye bahabwa na Netflix amafaranga yaturutse muri filime bakinnye.

    Dwayne Johnson uzwi nka The Rock uri ku mwanya wa mbere (uyu ni umwaka wa kabiri ari ku mwanya wa mbere), yinjije Miliyoni $89 aho Miliyoni $23,5 zinjiye muri filime ze ziri kuri uru rubuga.

    Dore uko aba bakinnyi bakurikirana uhereye ku mukinnyi uhembwa menshi (mu madolari)

    1. Dwayne Johnson uzwi nka The Rock: Miliyoni $89

    Umukinnyi wa filime w’icyamamare  Dwayne Johnson uzwi cyane nka The Rock, wahiriwe cyane na Sinema nyuma yo guhagarika imikino yo kumvana imbaraga ya ‘Catch’, ubu niwe mukinnyi wa filime umaze kwinjiza amafaranga menshi cyane angana na miliyoni 89 z’amadolari. Aya ni ayavuye muri filime amaze gukina harimo 10 ziri kuri Netflix.

    2. Ryan Reynolds: Miliyoni $71,5

    Uyu mugabo ukina filime akazishoramo n’amafaranga nawe ari mubahemberwa ku gitiyo muri Sinema. Ryan Reynolds uzwi nko muri filime zirimo ‘Dead Pool’, ‘The Proposal’, ‘Free Guy’ hamwe na ‘Red Notice’ aherutse gukinana na The Rock. Kugeza ubu mu 2023 amaze guhembwa Miliyoni 71,5 z’Amadolari abikesha filime amaze gukina.

    3. Mark Wahlberg: Miliyoni $58

    Uretse kuba Mark Wahlberg akina filime, asanzwe anazishoramo imari dore ko amaze gukinisha filime 4 zakozwe ku mafaranga yakuye mu mufuka we. Uyu mugabo wamamaye muri filime nka ‘Shooter’, ‘Uncharted’, ‘Ted’ na ‘Spencer Confidetial’ yakinanye na Winston Duke uherutse mu Rwanda. Uteranije ayo yahembwe muri izi filime zose ni Miliyoni 58 z’Amadolari.

    4. Ben Affleck: Miliyoni $55

    Umugabo w’icyamamarekazi Jennifer Lopez, nawe akaba ari icyamamare muri Sinema, nawe ari mu bari guhembwa akayabo. Muri filime yakinnye nyinshi cyane cyane izishingiye ku nkuru ya ‘Batman’, zimaze kumwinjiriza Miliyoni 55 z’Amadolari.

    5. Vin Diesel: Miliyoni $54

    Ku ijwi rye ritangaza benshi muri filime zikurikirana za ‘Guardians of the Galaxy’, Vin Diesel wamamaye muri filime za ‘Fast & Furious’ kuva ku gice cya mbere kugera ku cya cumi giherutse gusohoka, amaze guhembwa Miliyoni 54 z’Amadolari.

    6.  Will Smith: Miliyoni $50

    Umuraperi wabiteye ishoti akagana inzira ya sinema ikanamuhira, Will Smith uri mubirabura bakomeye i Hollywood, amaze guhembwa Miliyoni 50 z’Amadolari binyuze muri filime zitandukanye harimo nka ‘Bad Boys’ ibice byose, ‘Suicide Squad’, ‘I Am Legend’ n’izindi zamuhesheje n’igihembo gikomeye cya ‘Oscar Award’ mu 2022.

    7. Akshay Kumar: Miliyoni $48,5

    Umuhinde kabuhariwe muri sinema, Akshay Kumar, umaze gukina filime zirenga ijana mu myaka 30 amaze muri uyu mwuga, amaze kuzinjirizamo Miliyoni 48,5 z’Amadolari ya Amerika  harimo n’iziri kuri Netflix.

    8. Lin-Manuel Miranda: Miliyoni $45,5

    Umwanditsi w’indirimbo akaba n’umukinnyi wa filime akanazitunganya, azwiho cyane kuba yaranditse izina indirimbo zakoreshejwe muri filime ya ‘Moana’ yakinnyemo The Rock, nawe ari mu bahembwa agatubutse. Amaze kwinjiza Miliyoni  45,5 z’Amadolari.

    9. Adam Sandler: Miliyoni $41

    Icyamamare muri sinema mpuzamahanga, Adam Sandler, ukunda gukina filime z’urwenya nka ‘Grown Ups’, ‘Just Go With It’, ‘Murder Mystery’ ibice 2 byaciye agahigo kuri Netflix. Uyu mugabo amaze kwinjiza Miliyoni 41 z’Amadolari ayakesha filime yakinnye.

    10. Jackie Chan: Miliyoni $40

    Umunya-Hong Kong kabuhariwe mu gukina filime z’imirwano, Jackie Chan, amaze kwinjiza Miliyoni 40 z’Amadolari yagiye ahembwa muri filime zitandukanye yakinnye zamugize icyamamare zirimo nka ‘Rush Hour’, ‘The Karate Kid’ yakinanye n’umuhungu wa Will Smith witwa Jaden Smith, hamwe n’izindi zirenga 30 amaze gukina.

    Aba nibo bakinnyi 10 ba filime bari guhembwa amafaranga menshi ku Isi umuntu atatinyuka kuvuga ko bayayoresha igitiyo dore ko aya mafaranga uyashyize mu manyarwanda ahita aba menshi kurushaho. 

    Aya mafaranga ariko ntambwo ari ayo binjije kuri filime imwe gusa ahubwo ni ayo binjize mu ma filime bamaze gukina ari ku rubuga rwa Netflix, yaba arayo utu rubuga rwashoyemo amafaranga mu ikorwa ryayo cyangwa ayo yaguze amaze gukinnywa ikabona kuyacuruza.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/133981/bayoza-igitiyo-abakinnyi-ba-filime-10-bari-guhembwa-akayabo-mu-2023-amafoto-133981.html