Tag: Hot

  • Aline arashaka umukunzi uzamwomora igikomere yatewe n’umusore bigeze gukundanda #RwoT


    By Doriane Umutoni
    Nitwa Umugwaneza Aline mfite imyaka 24 ntuye Kacyiru nkaba nkeneye umukunzi uzankiza igikomere maranye imyaka, nkaba nifuza ko yaba afite imyka itarenze 35. Muri 2017 ubwo nari ndwaje murumuna wanjye kwa muganga nahamenyaniye n’umusore nawe wari urwaje mugenzi we. Twembi twari abarwaza, mu ma salle yegeranye. Tugatizanya ibikoresho ndetse tukihanganishanya. Nyuma y’aho yansabye urukundo mbona ntacyambuza kurumuha. Gusa ntibyatinze kuko naje kumenya ko afite undi mukobwa basanzwe bakundana rero mpita ntandukana nawe. Hashize iminsi ansaba ko duhura njyayo mbona ko ari kunsaba kuzakomezanya nawe mbese ambwira ko uwo mukobwa w’undi barekanye twahise twongera turakundana.
    Ntihaciye kabiri azana n’undi ndabimenya kandi nanamenyako agikururukana na wawundi wa mbere noneho niyemeza kujya mbyihanganira wa mukobwa wa mbere aho yakoraga baje kumwirukana ajya gukora mu ntara umusore nawe bamwimurira Nyagatare akaba ariho musura. Ni ukuri yankoreye byinshi bibi nkihangana ariko nyuma yarahindutse mbona ntakimpamagara biranyobera namuhamagara akanyihorera akabikora abishatse. nafashe urugendo njya kumusura njyezeyo nsanga aryamanye n’umukobwa uwo mukobwa araza arandeba aransuzugura ndetse aranantuka cyane nahise ntaha ndi kurira kuva ubwo ndahira ko ntazongera gukunda. Ubu rero ndumva nshaka kongera gukunda niyo mpamvu nkeneye umukunzi wankiza igikomere natewe n’uwo musore.
    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.
  • Akamaro k’imibonano mpuzabitsina mu buzima

    Ubushakashatsi bugaragaza ko kwifata bitabangamira ubuzima bw’umuntu, ariko gukora imibonano mpuzabitsina ku bashakanye bifitiye umubiri wa muntu inyugu nyinshi cyane. Mu ngingo z’abahanga zakozwe zerekanye ko gukora imibonano mpuzabitsina n’iyo byaba ku rugero ruke mu cyumweru, hari akamaro bigirira umubiri.

    Nk’uko tubitangarizwa kandi na forbes.com, imwe muri iyo mimaro ni iyi ikurikira:

    1.Kongera ubushobozi bwo guhumurirwa

    Nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina, umubiri urekura umusemburo witwa “Prolactin”. Uyu musemburo utuma uturemangingo two mu bwonko dutuma hiyongera ibice bihererye mu bwonko bishinzwe impumuro.

    2. Kugabanya indwara y’umutima

    Mu bushakashatsi bwakozwe muri Kaminuza ya Queens (Queens University) y’i Belfast, ku bijyanye n’umutima, basanze gukora imibonano mpuzabitsina inshuro eshatu cyangwa nyinshi mu cyumweru bigabanya ibyago byo guhura n’indwara y’umutima.

    3. Kugabanya ibiro

    Buriya ngo gukora imibonano mpuzabitsina na byo ntaho bitaniye no gukora imyitozo ngororamubiri, kuko iyo umuntu arangije rimwe gusa; ibingana no kwiruka mu gihe cy’ iminota 15 kuri Treadmill (igikoresho cya gymnastic umuntu yirukaho atava aho ari).

    4. Kugabanya kwiheba

    Inyigo yakozwe mu mwaka wa 2002, ku bakobwa 233; aba bakobwa baryamanye na bagenzi babo b’abahungu bamwe bambaye udukingirizo abandi batatwambaye. Ku bakobwa bahuye n’abahungu batambaye udukingirizo, basanze ikibazo cyo kwiheba ari gike ugereranyije na bagenzi babo bahuye n’abahungu bambaye udukingirizo. Ibi biterwa n’ umusemburo wa “prostaglandin” uba mu masohoro, ukinjirira mu mukobwa biciye mu myanya ndangagitsina ye. Uyu musemburo ugabanya kwiheba.

    5. Kugabanya ububabare

    Nyuma y’ibyishimo byinshi bibonwa nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina hari umusemburo urekurwa witwa “Ocytocin” ku rugero rukubye inshuro Eshanu ku rwari rusanzwe ruriho. Uyu musemburo na wo utuma harekurwa “endorphins”, ariyo ikuraho ibijyanye n’ububabare; nk’umutwe ukabije. Ku bagore ho hanarekurwa umusemburo, “estrogen” ufite ubushobozi bwo kugabanya uburibwe bubanziriza igihe cy’imihango ku bantu b’igitsina gore.

    6. Kugabanya ibyago byo kurwara ibicurane na Giripe

    Ubushakashatsi bwakozwe na Kaminuza ya Wilkes (Wilkes University) yo muri Pennsylvania buvuga ko gukora imibonano mpuzabitsina inshuro imwe kugera kuri ebyiri mu cyumweru byongera 30% urugero rwa “immunoglobin A”, ishinzwe kurinda umubiri.

    7. Gukora neza k’uruhago rw’inkari

    Imibonano mpuzabitsina kandi ituma Uruhago rw’inkari rugira ubushobozi bwo gukora neza.

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!