Mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza hafatiwe umugabo ukekwaho kwica umugore we mu mwaka wa 2011 mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro nyuma agahindura amazina agahungira i Kayonza.
Iyo witegereje neza, ibibera mu isi ya none, ubona ibintu byinshi bitera kwibaza cyane! Turi mu isi yihuta cyane muri byinshi, turi mu isi irimo byinshi by’amayobera, turi mu isi irimo byinshi byarenze ubwenge bwa muntu.
Akanama k’Umuryango w’Abibumbye Gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu (Human Rights Council:HRC) kamaganye ivangura rishingiye ku ruhu nyuma y’ibikomeje kuba hirya no hino ku Isi kubera urupfu rwa George Floyd.
Polisi ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano bafashe umugabo w’imyaka 32 afatanwa ibiro 15 by’urumogi. Yafashwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Kamena afatirwa mu karere ka Rubavu mu murenge wa Rubavu mu kagari ka Byahi mu mudugudu wa Murambi.
Abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Kamena 2020 bahembukiye mu gitaramo cya Israel Mbonyi, yakoze cyanyuraga kuri shene ya Youtube ya MK1 TV.
Tariki ya 20 Kamena 2020 turibuka imiryango yazimye mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi. Ni umunsi GAERG itegura buri mwaka, ukabera ahantu hatoranyijwe hirya no hino mu gihugu. Uyu munsi ntibyakunze ko imbaga y’abantu ihurira hamwe kubera kubahiriza ingamba zo kurwanya ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus. Ni yo mpamvu umuhango uri bunyure mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.