Tag: featured

  • RDF yashyize mu kiruhuko abasirikare barenga 1400 barimo na Col Rutaremara #rwanda #RwOT

    By Nsanzimana Ernest

    Ni ku nshuro ya 8 igisirikare cy’u Rwanda gikoze ibirori nk’ibi. Abasezerewe barimo abofisiye bakuru 41 abafite amapeti yo hagati na hagati ( career officers) 369 n’abandi basirikare bato 1018 n’ abandi abasirikare 21 basezerewe kubera impamvu z’uburwayi.
    Mu bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Col.Jill Rutaremara wigeze kuba umuvugizi w’igisirikare cy’u Rwanda.
    Minisitiri w’Ingabo Gen.Maj. Albert Murasira yabashimiye ko bakoreye igihugu akazi keza kandi bakagakorana ubwitange.
    Yagize ati “Buri wese muri mwe yakoranye ubwitange atanga umusanzu ku gihugu, bituma uyu munsi dutewe ishema no kuba u Rwanda ari igihugu gifite amahoro”.
    Mu izina rya bagenzi be basezerewe, Rtd Col. Rutaremara yavuze ko bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru bishimye kuko umuhate wabo mu kubohora igihugu utapfuye ubusa.
    Ati “Dufashe uyu mwanya ngo dusezeranye Umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (Perezida Paul Kagame) n’ubuyobozi bwa RDF ko nubwo tugiye mu kiruhuko, tuzakomeza gutanga umusanzu wacu kugira ngo igihugu kigere ku kwibohora gusesuye. Ntabwo tuzatererana bagenzi bacu mu rugamba rwo kubohora igihugu”.
    Rtd Col. Rutaremara yari umuyobozi w’ishuri rya gisirikare 

    Minisitiri w’Ingabo Gen.Maj.Albert Murasira
    Amafoto : RDF
  • Ingingo zashingiweho mu gufunga Christian University ndetse nitabwa muri yombi ry’uwayishinze Dr Pierre Damien habumuremyi. #rwanda #RwOT

    By Jean Felix BIZIMUNGU

    Minisiteri y’Uburezi yambuye Kaminuza ya Christian University of Rwanda (CHUR) ikorera mu Mujyi rwagati ahazwi nka St Paul, uburenganzira bwo gukora nyuma y’isesengura ryagaragaje ko yabaswe n’urusobe rw’ibibazo bigira ingaruka ku ireme ry’imyigishirize yayo.
    Itangazo ryo ku wa 30 Kamena 2020 ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, rivuga ko mu kwambura CHUR uburenganzira bwo gukora hashingiwe ku bugenzuzi bwakozwe n’Inama Nkuru y’Amashuri makuru na za Kaminuza (HEC) n’izindi nama zakurikiyeho zahuje ubuyobozi bw’iyi kaminuza na Mineduc zagaragaje imbogamizi zitandukanye zijyanye n’imyigishirize iciriritse muri CHUR.
    Iryo tangazo rivuga ko Kaminuza ya CHUR hari ibyo itashoboye kubahiriza, mu byo yagaragarijwe.
    Rigira riti “Bijyanye no kuba kaminuza itarashoboye kubahiriza imyanzuro ihuriweho, Minisiteri y’Uburezi ibabajwe no kumenyesha ubuyobozi bwa CHUR ko yambuwe uburenganzira yari yarahawe bwo gutangira ibikorwa byayo. Ibikorwa byose bijyanye n’amasomo bigomba guhagarikwa, kuva tariki ya 1 Nyakanga 2020.’’
    Minisiteri y’Uburezi yasabye ubuyobozi bwa CHUR gufasha abanyeshuri no kuborohereza kubona inyandiko zibafasha kwiga ahandi mu mashami basanzwe bigamo; gukorana na HEC igahamagara abanyeshuri bose bakagirwa inama y’uburyo bakomezamo amasomo yabo n’aho kuyigira ndetse no kwishyura ibyo kaminuza igomba abanyeshuri n’abakozi.
    Iyi kaminuza yanasabwe gukora raporo igaragaza ko ibi byashyizwe mu bikorwa bitarenze tariki ya 15 Nyakanga ndetse ikazashyikirizwa Minisiteri y’Uburezi.
    Izingiro ry’ibibazo byahungabanyije ireme ry’imyigishirize muri CHUR
    Minisiteri y’Uburezi yagaragaje ko icyemezo cyo kwambura CHUR uburenganzira bwo gukora cyafashwe nyuma yo gusuzuma ingingo zitandukanye.
    Kunyuranya n’ibigenderwaho mu mashuri makuru n’ireme ry’uburezi buyatangirwamo.
    Kutagira abakozi bahagije, bafite ubumenyi n’uburambe mu kazi.
    Imyenda y’imishahara y’abakozi byatumye bakora bikandagira, bituma bahora bashaka akazi ahandi no kuva mu kigo.
    Kudakurikirana abanyeshuri bikwiye no kutita ku bizamini bahabwa.
    Ibitabo bike by’abiga mu masomo atandukanye birimo iby’Indimi, Itangazamakuru, Ubuhinzi, Icungamari, Uburezi n’Ikoranabuhanga.
    Amadeni yasabwe muri Kiliziya Gatolika (Ishami rya Kigali) n’irya Karongi.
    Amadeni ya RRA na RSSB.
    Ikibazo cy’amikoro cyatumye ibikorwa bya CHUR bihungabana
    Imiyoborere idahwitse no kutumvikana hagati y aba nyiri kaminuza n’abayobozi bayo aho umuyobozi wayo afatwa nk’umuyobozi akaba ari na we ufata ibyemezo.
    Kaminuza ya CHUR yambuwe uburenganzira bwo gukora ku munsi umwe n’uwatangarijweho ko Kaminuza ya Kibungo (UNIK) yavugwagamo ibihombo ikananirwa kwishyura abakozi bayo,
    yafunzwe burundu .
    Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe na Prof Egide Karuranga wayoboraga Kaminuza ya Kibungo, bamaze iminsi ibiri bafunzwe aho bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye bakoze mu bihe binyuranye mu nyungu z’amashuri bari bayoboye.
    CHUR yashinzwe na Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, nawe watawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha yakoze mu bihe binyuranye mu nyungu z’ishuri rye.
     Dr Pierre Damien habumuremyi wigeze kuba minisitiri w’intebe.
    Dr Habumuremyi yatawe muri yombi ku wa Gatanu akurikiranyweho ibyaha bibiri birimo icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiye n’icyaha cy’ubuhemu.
    Bivugwa ko Dr Habumuremyi ibyo aregwa yabikoze mu myaka itandukanye kuva yashinga iriya kaminuza mu 2017, ariko ko byakajije umurego cyane ubwo iri shuri ryatangiraga kujya mu bibazo by’amikoro, kubera kubura aho akura amafaranga yo kuribeshaho, agahitamo kujya atanga sheki zitazigamiye ndetse rimwe na rimwe agahitamo kujya ashaka inguzanyo zizwi nka “Lambert”.
    Hashize igihe kinini havugwa ibibazo muri iyi kaminuza, aho abarimu bayo n’abandi bakozi bamaze igihe kinini badahembwa.
  • U Bufaransa bwashishikarije ibigo by’itumanaho kudakorana na Huawei mu gukwirakwiza 5G #rwanda #RwOT

    By igihe

    Ikigo gishinzwe umutekano mu by’ikoranabuhanga cy’u Bufaransa, cyashishikarije ibigo by’itumanaho kudakoresha ibikoresho bya Huawei mu gukwirakwiza internet ya 5G.
  • Nyabihu: Hamenwe litiro zirenga 4,500 z’inzoga zitujuje ubuziranenge

    Polisi ikorera mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Rugera, ku wa Gatandatu yamennye inzoga zitujuje ubuziranenge zirenga litiro 4,500. Ni inzoga zafatiwe mu bikorwa bimaze iminsi byo kurwanya inzoga zitemewe zinyuzwa mu mirenge ya Rugera na Shyira.
  • Ishimwe rya Nduwayesu warokowe n’Inkotanyi muri gereza ya Ruhengeri, habura amasaha make ngo yicwe

    Tariki 20 Mutarama 1991, uwari umugaba w’ingabo za RPA zabohoye u Rwanda, Maj Gen Kagame Paul yakoresheje inama abari abayobozi bakuru b’ingabo, bafata umwanzuro wo kugaba igitero umujyi wa Ruhengeri no kubohoza imfungwa zari muri gereza ya Ruhengeri.
  • Mu mafoto: Ishusho y’icyumweru u Rwanda rwizihijemo imyaka 26 rumaze rwibohoye

    Icyumweru cyo ku wa 29 Kamena kugeza ku wa 5 Nyakanga 2020, cyabaye ikidasanzwe kuko Abanyarwanda bacyizihijemo imyaka 26 bamaze babohowe mu maboko y’ubutegetsi bubi bwagejeje igihugu kuri Jenoside yakorewe Abatutsi yakorewe Abatutsi, yahitanye abasaga miliyoni.
  • Dr Habumuremyi wahoze ari Minisiti w’Intebe na Prof Karuranga wayoboraga Kaminuza ya Kibungo batawe muri yombi #RwoT #Rwanda




    Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe na Prof Egide Karuranga wayoboraga Kaminuza ya Kibungo, bamaze iminsi ibiri bafunzwe aho bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye bakoze mu bihe binyuranye mu nyungu z’amashuri bari bayoboye.

    Dr Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, ni we washinze Kaminuza ya 
    Christian University of Rwanda ikorera mu Mujyi rwagati ahazwi nka St Paul. 
    Yatawe muri yombi ku wa Gatanu akurikiranyweho ibyaha bibiri birimo icyaha cyo
     gutanga sheki zitazigamiye n’icyaha cy’ubuhemu.
    Prof Egide Karuranga wari Umuyobozi wa Kaminuza ya Kibungo (Vice Chancellor) 
    iherutse gufungwa, na we yatawe muri yombi akekwaho ibyaha byo gukoresha nabi 
    umutungo ufitiye rubanda akamaro ndetse n’icyaha gishingiye ku cyenewabo.
    Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dominique Bahorera,
     yemeje amakuru y’itabwa muri yombi ryabo, aho yabwiye IGIHE ko bafunzwe ku 
    wa Gatanu w’iki Cyumweru.
    Ati “Ibyaha byose bakekwaho, babikoze mu nyungu z’amashuri bari bayoboye, umwe 
    nk’umuyobozi undi nka nyir’ishuri.”
    Bahorera yirinze gutangaza uburyo ibi byaha byakozwe, avuga ko bikiri 
    gukorwaho iperereza, ko nirirangira dosiye zabo zizashyikirizwa Ubushinjacyaha.
    Amakuru agera kuri IGIHE ni uko Prof Karuranga wayoboye Kaminuza ya Kibungo
    kuva mu mu 2017 kugeza umunsi ifungwaho, ibyinshi mu byaha akekwaho
     yabikoze mu mwaka wa mbere ku buyobozi bwe (hagati ya 2017 na 2018), aho 
    agendeye ku cyenewabo, yemereraga bamwe mu banyeshuri kwiga ku buntu.
    Bivugwa ko Dr Habumuremyi we ibyo aregwa yabikoze mu myaka itandukanye
     kuva yashinga iriya kaminuza mu 2017, ariko ko byakajije umurego cyane ubwo
     iri shuri ryatangiraga kujya mu bibazo by’amikoro, kubera kubura aho akura amafaranga
     yo kuribeshaho, agahitamo kujya atanga sheki zitazigamiye ndetse rimwe na rimwe 
    agahitamo kujya ashaka inguzanyo zizwi nka “Lambert”.
    Hashize igihe kinini havugwa ibibazo muri iyi kaminuza, aho abarimu bayo n’abandi
     bakozi bamaze igihe kinini badahembwa.
    Dr Habumuremyi yavukiye i Ruhondo mu Karere ka Musanze tariki ya 20 
    Gashyantare 1961. Yize mu bihugu bitandukanye harimo Repubulika Iharanira 
    Demokarasi ya Congo, u Bufaransa na Burkina Faso. Afite Impamyabumenyi y’Ikirenga 
    (PhD) yakuye muri Kaminuza ya Ouagadougou.
    Yagizwe Minisitiri w’Intebe tariki ya 7 Ukwakira 2011, umwanya yavuyeho tariki 
    ya 23 Nyakanga 2014 agasimburwa na Murekezi Anastase. Yabaye kandi Minisitiri 
    w’Intebe wa kane nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 asimbuye Bernard 
    Makuza, Pierre Celestin Rwigema na Faustin Twagiramungu.
    Muri Gashyantare 2015 Inama y’Abaminisitiri idasanzwe iyobowe na Perezida wa 
    Repubulika, Paul Kagame yagize Dr. Habumurembyi, Perezida w’Urwego 
    rw’Igihugu rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta y’Ishimwe
    (Chancellery for Heroes, National Orders and Decorations of Honor), umwanya 
    yariho kugeza ubu.

































    Prof Egide Karuranga wari Umuyobozi wa Kaminuza ya Kibungo akurikiranyweho ibyaha 
    birimo gukoresha nabi umutungo wa rubanda

    Source : IGIHE.COM
  • Kanye West aratangaza ko yiyamamariza kuba Perezida #Rwanda #Rwot #Kanye

    Ku wa gatandatu, tariki ya 4 Nyakanga, Kanye West yatangaje ko yiyamamariza kuba perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika akazahangana na Perezida Donald Trump na Joe Biden. Ati: “Tugomba noneho kumenya amasezerano ya Amerika twizeye Imana, duhuza icyerekezo cyacu kandi twubaka ejo hazaza. Ndimo kwiyamamariza kuba perezida wa Amerika!

  • Bavuye kuri 2% baba 55%: Izingiro ry’ubwiyongere bw’Abanyarwanda bagerwaho n’amashanyarazi mu myaka 26

    Bavuye kuri 2% baba 55%: Izingiro ry’ubwiyongere bw’Abanyarwanda bagerwaho n’amashanyarazi mu myaka 26 Mu myaka 26 ishize, 2% by’abari batuye u Rwanda nibo bagerwagaho n’amashanyarazi, ubu imibare yarazamutse igera kuri 55% ndetse intego ihari ni uko mu 2020, abaturarwanda bazaba bacanirwa 100%. Mu 1994 u Rwanda rwakoreshaga Megawatt 42,25 zatangwaga n’inganda eshanu mu gihe ubu rufite Megawatt 227. Icyo gihe amashanyarazi yakoreshwaga cyane mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro (…)
  • Imyaka 26 y’umusanzu wa RDF mu rugamba rwo kubohora u Rwanda no kurwubaka bushya

    Tariki ya 1 Ukwakira 1990 yabaye umusingi uhamye wubakiyeho iterambere u Rwanda rugezeho kuri ubu. Ni wo munsi, Ingabo zari iza RPA zateye u Rwanda mu mugambi wo kubohoza igihugu cyahezaga igice kimwe cy’abana bacyo.