Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, yatangaje ko kuba kuri iyi nshuro umuganura ugomba kwizihirizwa mu miryango mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus, bitari kure y’umuco nyarwanda kuko na mbere imbuto zajyaga ibwami zivuye mu miryango.
Perezida Donald Trump kuri uyu wa Kane yatangaje ko yasubijeho umusoro wa 10% ku bicuruzwa bimwe bikozwe muri aluminium byo muri Canada, ashinja iki gihugu kwigarurira isoko ryo muri Amerika.
Abamaze kwandura icyorezo cya Coronavirus ku mugabane wa Afurika barenze miliyoni imwe, gusa hari icyizere ko iki cyorezo kitazazahaza uyu mugabane nk’uko bimeze ku yindi.
Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya gatatu nyuma yo kugenwa n’ishyaka rye ngo azarihagararire mu matora ateganyijwe mu Ukwakira uyu mwaka.
Dushimiyimana Jean Baptiste akiri ku ntebe y’ishuri yagize igitekerezo cyo kubaka ikoranabuhanga rizoroshya serivisi yo kugura no kwishyura lisansi mu Rwanda. Agisoza amasomo ye mu Ishuri Rikuru ry’Ikoranabuhanga rya Tumba yakomeje uwo mushinga.