Tag: featured
-
Rubavu: Minisitiri Soraya yahumurije abacururiza mu isoko mpuzamipaka babuze abakiliya #rwanda #RwOT
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda Hakuziyaremye Soraya yahumurije abacuruzi bakorera mu isoko mpuzamipaka rya Ruabavu abizeza ko ibibazo bafite bigiye gukemuka. -
Isi ikomeje gutsindwa urugamba rwo kurinda urusobe rw’ibinyabuzima #rwanda #RwOT
Umuryango w’Abibumbye washyize ahagaragara raporo y’uko ibyemeranyijweho mu nama yahurije hamwe ibihugu bisaga 196 mu Buyapani mu mwaka wa 2010 byagiye bigerwaho; aho yagaraje ko intego Isi yari yihaye yo kurengera ibidukikije no kurinda urusobe rw’ibinyabuzima itagezweho. -
Kuki abantu nka Roger Boyes bafata abanyafurika nk’injiji? #rwanda #RwOT
Hari ihame ryakoreshwaga mu gisirikare cya kera cy’Abashinwa, rivuga ko “iyo uzi umwanzi wawe ukaba nawe wiyizi, nta mpamvu yo gutinya niyo haba imirwano amagana”. Mu buryo budashidikanywaho, u Rwanda ruzi aho imbaraga zarwo ziri, ahari intege nke, rukamenya n’abanzi barwo. -
Uganda: Abagororwa 219 batorotse gereza baniba intwaro #rwanda #RwOT
Inzego zishinzwe umutekano muri Uganda ziri mu mukwabu ukomeye cyane nyuma y’uko abagororwa 219 bacitse gereza ya Singila iherereye mu gace ka Moroto mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’icyo gihugu. -
Sudani: Hafatiwe ikinyabutabire cyashoboraga kwangiza bikomeye umurwa mukuru #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Ikinyabutabire giherutse guturikira i Beirut muri Liban abantu 250 bahasiga ubuzima
Abategetsi bo muri Sudani bataye muri yombi abantu 41 nyuma yo kubafatana icyo kinyabutabire cy’ibiturika kizwi nka Nitrate d’Ammonium. Biravugwako ko yari nyinshi cyane ku buryo buteye ubwoba.
Ikinyabutabire nk’iki giherutse guhitana abantu barenga 250 i Lebanon; aho cyari cyarabitswe ku cyambu cy’i Beirut. Bivugwa ko cyabitswe nabi bikaba ari byo byabaye intandaro y’iturika ryakomerekeyemo abarenga ibihumbi bitanu (5000).
Iki kinyabutabire cyari gitwawe muri kontineri enye ubwo abayobozi bagifataga. Umushinjacyaha mukuru Tagelsir El-Heber; yavuze ko iki kinyabutabire “Nitrate d’Ammonium” bafashe ngo kirahagije kugira ngo iturika ryacyo rishyire umurwa mukuru wose Kharthoum ku butaka ugahita uhinduka umuyonga mu masegonda.
Umuvugizi w’inzego z’umutekano Jamal Jumaa yavuze ko bamaze gufata abari batwaye icyo kinyabutabire biteza impungenge z’uko aba bashobora kuba bari mu migambi yo gushaka gukoresha iki kinyabutabire mu gutwika umujyi mu bikorwa by’iterabwoba mu rwego rwo kurwanya Guvernoma y’inzibacyuho yagiyeho nyuma y’uko uwahoze ari perezida Omar al Bashir ahiritswe ku butegetsi yari amazeho imyaka irenga 30. Icyakora na none uyu muvugizi nta gihamya y’ibi birego yigeze agaragaza.

-
-
Impungenge zo gutakaza akazi ni zose mu bakozi ba Leta #rwanda #RwOT
Impungenge zo gutakaza akazi ni zose mu bakozi ba Leta.source https://www.rba.co.rw/post/Impungenge-zo-gutakaza-akazi-ni-zose-mu-bakozi-ba-Leta
-
Platini yasobanuye uko indirimbo ‘Nta birenze’ yakozwe bitateguwe n’uko yayiririmbanye na Knowless #rwanda #RwOT
Nyuma y’iminsi mike Platini asohoye indirimbo ‘Nta birenze’ yakoranye na Butera Knowless, yahishuye uburyo yakozwemo bitateguwe, na Knowless akongerwamo atyo. Ni indirimbo yakozwe ku gitekerezo cya Ishimwe Clement, wamuhamagaye amusaba kuririmba agendeye ku njyana yari yacuranze. -
Rusesabagina yahishuye uko yatunguwe yisanze i Kigali mu gihe yari azi ko agiye i Burundi #rwanda #RwOT
Paul Rusesabagina uri mu maboko y’inzego z’umutekano aho akurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo iby’iterabwoba, yahishuye ko yatunguwe no kwibona mu Rwanda mu gihe muri gahunda harimo ko yerekeje mu Burundi mu bikorwa byo kuganira n’amadini atandukanye. -
Umuburo ku bakwirakwiza iby’urukozasoni, indirimbo z’ibishegu n’abigisha iby’imikoreshereze y’ibitsina #rwanda #RwOT
Iterambere ry’ikoranabuhanga ryazanye uburyo bushya bw’imibereho, bworoshya itumanaho n’uburyo abantu babaho, ariko ryazanye n’ibindi bibi bititondewe bishobora kugira ingaruka ku babikora cyangwa sosiyete yose muri rusange. -
Ally Niyonzima mu bakinnyi ba Azam FC bitegura Mbeya City #rwanda #RwOT
Umukinnyi mpuzamahanga w’Umunyarwanda ukina hagati mu kibuga, Niyonzima Ally, ari mu bakinnyi ba AZAM FC bakoze imyitozo yo kuri uyu wa Kane bitegura umukino w’umunsi wa gatatu wa Shampiyona ya Tanzania bazahuramo na Mbeya City ku Cyumweru.source https://igihe.com/imikino/football/article/ally-niyonzima-mu-bakinnyi-ba-azam-fc-bitegura-mbeya-city
