Tag: Business

  • Kigali akandi kabari gakomeye nako kafunzwe, inkuru irambuye #rwanda #RwOT

    Hotel Great Hotel Kiyovu , yafunzwe n' Ubuyobozi bw' Umujyi wa Kigali iherereye mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge, nyuma yo gusanga abari bakarimo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Iki cyemezo cyafashwe n'ubuyobozi bw'Umujyi wa Kigali nyuma y'uko mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 2 Nzeri 2021 busanze harimo abantu benshi kandi batubahirije amabwiriza ya COVID-19.

    Ubuyobozi bw'Umurenge wa Nyarugenge bwatangaje ko hafunzwe iki gice cyakoreragamo akabari gusa kikazamara ukwezi kidakora.

    Kariya kabari gafunzwe nyuma y'uko ubuyobozi bw'Umujyi wa Kigali bufunze akandi kabari kitwa People gaherereye mu Murenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasabo.

    Kariya kabari kitwa People ko kafunzwe mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira kuri uyu wa Gatandatu ubwo hakorwaga igenzura rigasanga kariya kabari karenze ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.

    Aka kabari kari mu tubari twiyubashye, kari karimo abantu benshi bigaragara ko bari baje gutangira weekend mu munezero gusa baje kurogowa no kuba kariya kabari kafunzwe.

    Ubuyobozi bw'Umujyi wa Kigali bwaboneyeho kwibutsa 'abafite Hotel, Restaurant, Utubari n'abandi bose bakira ibirori n'abantu benshi kubahiriza amabwiriza agenga ubwo bucuruzi muri iki gihe tugihanganye na COVID19. Ntabwo ibi byari bikwiye kandi banaganirijwe n'ubuyobozi ko bagomba gukaza ingamba.'

    Source : https://impanuro.rw/2021/10/03/kigali-akandi-kabari-gakomeye-nako-kafunzwe-inkuru-irambuye/

  • Exclusive: Akabari gakomeye ko mu mujyi wa Kigali kafunzwe (Menya impamvu) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umujyi wa Kigali umaze gufunga akabari kazwi nka People kari mu Murenge wa Kacyiru nyuma yo kurenga ku mabwiriza agenga utubari muri iki gihe cya #COVID19.

    Amakuru dukesha RBA avuga ko mu masaha ya saa mbiri ubuyobozi bwasanze mu kabyiniro huzuyemo uruvunganzoka rw'abantu.

    Umujyi wa Kigali umaze gufunga akabari kazwi nka People kari mu Murenge wa Kacyiru nyuma yo kurenga ku mabwiriza agenga utubari muri iki gihe cya #COVID19.

    Mu masaha ya saa mbiri ubuyobozi bwasanze mu kabyiniro huzuyemo uruvunganzoka rw’abantu.#RBAAmakuru pic.twitter.com/kfDWTK3jOB

    — Rwanda Broadcasting Agency (RBA) (@rbarwanda) October 1, 2021

    Source : https://yegob.rw/exclusive-akabari-gakomeye-ko-mu-mujyi-wa-kigali-kafunzwe-menya-impamvu/

  • Canal+ yashyize igorora abafatabuguzi bayo ib… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Nzeri 2021, kuri Canal Olympia mu karere ka Kicukiro, habereye igikorwa cyo kumurika Channel Esheshatu nshya ziyongereye ku zari zisanzwe kuri Canal+, izo channel zikazatangira gukora mu kwezi gutaha ku Ukwakira.

    Izo Channel ni: Canal + Premiere, Canal+Pop, Canal+Cinema, Canal+Elles, Canal+Family na Canal+Action. Izi channel zose zizafasha abafatabuguzi ba Canal+ kwidagadura bareba cinema zigezweho, filime nyafurika ndetse akarusho zikaba zizaha umwanya umugabo n'umugore bo muri Afurika, nk’uko byatangajwe n'umuyobozi mukuru wa Canl+Rwanda, Sophie Tchatchoua.

    Ntabwo ari ibyo gusa kuko Canal+ yazaniye amakuru meza abafatabuguzi bayo, kuko guhera mu kwezi gutaha bazajya bakurikira channel 15 za Canal+ mu rurimi rw'Icyongereza, bikaba ari bishya kuko hari hamenyerewe gukoreshwa igifaransa gusa. Muri izo Channel zizajya zitambuka mu Cyongereza, harimo Super Sport, MNT, AfricaNews, Telemundo n'izindi.

    Canal+ yatekereje no ku bana bakeneye kwiga cyane ko muri iki cyorezo cya COVID-19, bagowe cyane no kubona aho bakura amasozo, izana Nathan TV, ikazajya ifasha abana biga guhera mu wa kabiri kugeza mu wa Gatandatu mu mashuri abanza, gukurikira amasomo nk'abari mu ishuri kuri Canal+.

    Canl+ kandi yazanye channel nshya zizajya zinyuraho indimi zitandukanye zirimo Swahili na Lingala.

    Canal+ ivuga ko ibiciro bitahindutse, kuko umufatabuguzi uzajya agura bouquet, hari amafaranga azajya atanga kugira ngo yemererwe kureba Channel nshya kandi bikazajya bikorwa buri kwezi nk'ibisanze, umufatabuguzi uzajya akenera kureba Channel ziri mu cyongereza azajya agura bouquet bisanzwe ubundi anishyure ibindi bihumbi makumyabiri (20000Frw).

    Canal+ kandi ishimangira ko izakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo ihe abafatabuguzi bayo serivisi nziza kandi zinoze, iharanira kubahoza ku bigezweho kandi bifite umumaro.

    Abakunzi b'imikino Canal+ ibitaho cyane kuko mu mwaka w'imikino wa 2021/22 izabagezaho ibikorwa byose ku Isi biteganyijwe mu mikino, birimo Igikombe cy'Isi cya 2022 muri Qatar, igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroun, Champions League, Premier League n'andi menshi atandukanye.

    Guhera mu kwezi gutaha, kuri Canal+ abafatabuguzi baratangira kureba Channel 6 nshya

    Umuyobozi wa Canal+Rwanda, Sophie avuga ko abumva icyongereza bashyizwe igorora kuko bagiye kujya bakurikira channel 15 muri uru rurimi

    Icyo gikorwa cyamurikiwe Abanyamakuru kuri Canal Olympia

    Abakunzi b’imikino, bashyizwe igorora kuri Canal+ aho bazakurikira ibikorwa byose biteganyijwe ku Isi mu mwaka w’imikino wa 2021/22

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109983/canal-yashyize-igorora-abafatabuguzi-bayo-ibashyiriraho-channel-15-ziri-mu-cyongereza-inam-109983.html

  • Umugore yakoreye ibidasanzwe umugabo we nyuma yo kumenya ko yabyaranye n'undi mugore. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umugore wo muri Nigeria yahemukiye bikomeye umugabo ,ashaka kumukata ubugabo bwe, nyuma yo kumenya ko yabyaranye n'undi mugore.

    Mu mpera z'icyumweru gishize, nibwo abantu bateraniye kuri uyu mugabo uzwi ku izina rya Babangida ariko bakunze kwita izina rya Bangis, uri mu kigero cy'imyaka 30, yakomeretse bikabije ku gitsina nyuma yuko umugore we agerageje kumutema, Bangis yahise ajyanwa mu bitaro byigenga kugira ngo avurwe.

    Ibi byabereye mu gace ka Appawa, mu nkengero z'akarere ka Lau, ahagana mu ma saa 12h15. igihe Bangis yari asinziriye.

    Nk'uko amakuru akomeza abitangaza, umwe mu baturanyi w'uwahohotewe avuga ko Bangis yagiye ku isoko, nuko nyuma yaho ubwo yari ananiwe yahisemo kuryama ari nabwo umugore we yahise ashaka kumwangiza.

    Ati: 'umugore yamuciye ubugabo kubera ko ngo yateye inda undi mugore. Bangis yagerageje kwirwanaho ashobora kwambura umugore we icyuma, ariko umugore na we yikomerekeje muri icyo gikorwa'.

    'Abaturanyi bumvise induru bavuza induru mu nzu maze bihutira gutabara ariko bageze mu nzu yabo niko guhura n'icyo kibazo kibabaje'.

    Abajijwe impamvu yagerageje guca ubugabo bw'umugabo we, umugore yashubije agira ati:

    'Bibiliya ivuga ko tugomba guca ikintu icyo ari cyo cyose gishobora gutuma umuntu akora icyaha'.

    Source : https://yegob.rw/umugore-yakoreye-ibidasanzwe-umugabo-we-nyuma-yo-kumenya-ko-yabyaranye-nundi-mugore/

  • Ama G The Black yahakanye yivuye inyuma Miliyari Bruce Melody yahawe na Food Bundle #rwanda #RwOT

    Ibi uyu muhanzi yabivugiye mu kiganiro yagiranye YAGO TV SHOW , aho yabajijwe abantu bamubeshye cyangwa se babeshye bagamije gutwika maze agaruka kubyamamare birimo Bruce Melodie uherutse gusinya kontaro ya miliyari, avuga ko ari ikinyoma. Mubandi yagarutseho harimo na Rocky uherutse kubeshya ko yakoze ubukwe.

    Ama G yagaragaje ko Bruce Melodie amafaranga yavuze yasinyiye angana na miliyari ari ukubeshya agira ati'Bino byo kutubeshya ngo muri gutwika muri gutwika mwitwika bro! uri gutwika ariko uri no kwitwika, iyaba wabimenyaga'

    Yakomeje agira ati: 'Rocky yatubeshye ko yakoze ubukwe, yarabukoze? Ariko kuki mupfukirana ukuri'. Yabajijwe ikintu yahereyho asobanura ko ibya Rocky by'ubukwe byari ugutwika, maze byihuse asubiza agira ati: 'Ni uko Amafoto yasohotse y'ubukwe bwa Rocky ahuye n'indirimbo ya Papa Cyangwe na Social Mula. Iyo ni fact nayisubiraho nkayihagararaho'.

    Yongeyeho ko ikindi yashingiraho ari uko atazi umugore we, mu gihe Rocky we umugore wa Ama G amuzi, atabiciye ku ruhande yamwise umutwitsi.

    Yabajijwe undi wamubeshye cyangwa wabeshye abantu, abwira Yago ko ashaka kumuteranya n'abantu, cyokora bemeranya ko agiye kuvuga ibyo abo bantu babeshye ariko ntavuge amazina yabo. Yahise akomeza ati 'Hari uwatubeshye ko yaguze apartement, nyiri inzu aravuga ati inzu yanjye abana bansajije ngo narayigurishije, yarayikodesheje ukwezi'.

    Bruce Melodie ngo miliyari yavuze yasinye ni ukubeshya

    Yakomeje avuga ku bijyanye n'abakomeje kugenda babeshya ko bagiranye amasezerano n'ibigo bikomeye bikabaha amasezerano y'amafaranga menshi. Aha yagize ati: 'Ibi by'amakontaro byo ntabwo nabivugaho cyane ibintu birebire, ariko man ntaho ziriya kontaro zibaho man! Ntuzambeshye, bibaho umuntu ari kuza akaza akavuga ngo kampani nayikwamamariza, wowe urambwira ngo Nizzo kabose ngo yasinye ngo kontaro ya miliyoni 20 man? Niyo mpamvu njyiye nanjye gusinya tiriyari niba ari uko mushaka, ngo Melodie ngo yasinye miliyari man? Ingengo y'imari hahahaha ariko sha!'.

    Bruce Melodie ubwo hatangazwaga ko yasinyiye miliyari uyu muhango wabereye muri Kigali Convention Center

    Yakomeje avuga ko abantu nk'aba aribo bagiye gutuma abahanzi batazabona amafaranga, kuko hari abazagira ubwoba bwo kwegera abahanzi bavuga ko batabona ubushobozi, kuko wenda aherutse kumva inkuru z'abasinye amamiriyari kandi we wenda afite nka miliyoni 10.

    Undi muntu wakane wamubeshye yavuze ko ari abantu bari mu gakundi kamwe, baherutse kuvuga ko bambaye ibinombe bambaye igice cya miliyoni. Yasabye abantu nk'aba kureka kubeshya rubanda!

    Tariki 25 Kanama 2021 nibwo Bruce Melodie yatangiye gukorana na Food Bundles LTD, ikigo cy'ubucuruzi gikorera kuri internet, kigurira umusaruro abahanzi kikawugeza kw'isoko. Uyu muhango wabereye muri Kigali Convention Center, cyakora ntabwo yavuzweho rumwe cyane cyane ku imbuga nkoranyambaga. Hari abavuze ko ari ugutwika nk'ibimaze iminsi bikorwa muri Show biz.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/ama-g-the-black-yahakanye-yivuye-inyuma-miliyari-bruce-melody-yahawe-na-food

  • Impinduka ku rugendo rw’Amavubi muri Maroc #rwanda #RwOT

    Urugendo rw’ikipe y’igihugu y’u Rwanda yagombaga guhaguruka mu Rwanda ku wa Gatandatu yerekeza muri Maroc gukina na Mali, rwimuriwe ku Cyumweru.

    Amavubi afite umukino wa mbere w’itsinda E na Mali mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022, aho umukino uzabera muri Maroc tariki ya 1 Nzeri 2021.

    U Rwanda rukomeje imyitozo rwitegura uyu mukino ndetse n’uw’umunsi wa 2 bazakinamo na Kenya tariki ya 5 Nzeri.

    Iyi kipe ikaba yagombaga guhaguruka mu Rwanda ku wa Gatandatu tariki ya 28 Kanama ariko urugendo rukaba rwahindutse bakabaza bazahaguruka bukeye bwaho ku Cyumweru tariki 29 Kanama 2021.

    Bamwe mu bakinnyi bakina hanze bamaze kuhagera nka Buhake Twizere Clement ukina muri Norway, Kalisa Jamil na Nsengiyumva Isaac bakina muri Uganda, Emery Mvuyekure wa Tusker muri Kenya yaraye ahageze.

    Meddie Kagere wa Simba SC ategerejwe mu Rwanda uyu munsi, Nirisarike Salomon we azagera mu Rwanda ku munsi w’ejo ku wa Kane.

    Rwatubyaye Abdul ukinira FK Shkupi muri Macedonia y’Amajyaruguru, Manzi Thierry ukinira Dila Gori FC muri Georgia , Mukunzi Yannick ukina muri Sandvikens IF muri Suède na Imanishimwe Emmanuel wa FAR Rabat muri Maroc, Rwatubyaye Abdul ukinira FK Shkupi muri Macedonia y’Amajyaruguru, Manzi Thierry ukinira Dila Gori FC muri Georgia , Mukunzi Yannick ukina muri Sandvikens IF muri Suède na Imanishimwe Emmanuel wa FAR Rabat muri Maroc, Ngwabije Bryan Clovis wa SC Lyon mu Bufaransa bose bazahurira n’Amavubi muri Maroc.

    Urugendo rw’Amavubi rwashyizwe ku Cyumweru

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/impinduka-ku-rugendo-rw-amavubi-muri-maroc

  • Gutegura ibyo gukorera inkingo mu Rwanda mu byihutirwa biraje ishinga Umuyobozi mushya wa FDA – #rwanda #RwOT

    Dr Bienvenu yemejwe nk’Umuyobozi wa FDA n’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 11 Kanama.

    Yashyizwe muri izi nshingano mu gihe u Rwanda ruri mu myiteguro yo gutangiza ibikorwa byo gukora inkingo ruhereye ku za Covid-19.

    Mu kiganiro yagiranye na Newtimes, yavuze ko mu biri mu nshingano za FDA nta na kimwe kizirengagizwa ariko hari ibyihutirwa kurusha ibindi.

    Muri ibyo harimo gushira imbaraga mu mabwiriza agenga ibikorerwa imbere mu gihugu bitandukanye n’uko byagendaga mu myaka yashize aho zashyirwaga mu gushyiraho amabwiriza agenga ibituruka mu mahanga.

    Yavuze ko mbere yo gutangira ari ngombwa kubanza kugenzura ibikorwaremezo nkenerwa bizafasha mu ikorwa ry’inkingo, ibikoresho byo kwa muganga, ikoranabuhanga rikoreshwa n’umusaruro uvamo.

    Ikindi gikenewe ni ukugirana ubufatanye n’abashoramari bashobora kuza bagashora imari muri urwo rwego.

    Ati “Ibyo byarakozwe na Minisiteri zibishinzwe mu gihugu. Kugeza ubu dufite abashoramari bafite ubushake bwo kuza gukorera mu gihugu ndetse bamwe bamaze kuhagera. Icyo navuga ni uko ibiganiro bitegura ikorwa ry’inkingo n’indi miti bigeze ku rwego rwiza. Tuzi abo tuzakorana na bo n’igihe tuzatangirira ariko kugeza ubu nta ruganda ruratangira ariko ibikenewe byose ngo dutangire birateganyijwe.”

    Dr Bienvenu yavuze ko ibikorwa nibitangira hazakorwa inkingo zitandukanye ndetse n’indi miti yo kwa muganga mu rwego rwo kwirinda ibihombo bishobora kubaho.

    Ati “Iyo tuvuga inkingo ntabwo tuba tuvuga iza Covid-19 gusa, kubera ko tuzakora inkingo zitandukanye. Iyo ukoze urukingo rw’ubwoko bumwe hanyuma icyorezo kikarangira, ugwa mu gihombo kandi ibyo ni byo tudashaka.”

    Hagati ariko FDA irasabwa kuba ifite ubushobozi bwo kugenzura ibikorwa by’inganda zikora ibikoreshwa kwa muganga bwo ku rwego mpuzamahanga bugenwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS.

    Hari inzego enye,nibura idafite urwa gatatu ntishobora kwemerwa ko ibi bikorwa bitangira gukorerwa mu gihugu. Kugeza ubu iki kigo kiri ku rwego rwa mbere, kikaba kiri gukora ibishoboka byose ngo kigere ku rwego rwa kabiri n’urwa gatatu icyarimwe nk’uko Dr Bienvenu yabisobanuye.

    Biteganyijwe ko umwaka utaha OMS izaza gukora igenzura ngo irebe niba cyujuje ibisabwa ku rwego rwa kabiri n’urwa gatatu hanyuma ibyo ku rwego rwa kane bikazagerwaho nyuma.

    Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe ubugenzuzi bw’Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda, FDA, Dr Emile Bienvenu

    source : https://ift.tt/3B9uyFC

  • Ikibuga Mpuzamahanga cy’indege cya Kigali cyashyizwe mu bya mbere mu bwiza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ikibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali cyashyizwe ku mwanya wa munani (8) mu bibuga byiza muri ‘EAC’, ndetse kiba icya karindwi (7) mu bibuga bifite isuku ku Mugabane wa Afurika.

    Ibibuga by’indege bitatu bibanza mu bwiza ni ibyo muri Afurika y’Epfo, harimo ikibuga cya ‘Cape Town’, ‘Durban King Shaka International Airport’ ndetse n’icya Johannesburg.

    Ku mwanya wa kane haza ikibuga cy’indege cya Mauritius, mu gihe ku mwanya wa gatanu haza ikibuga cya Marrakech muri Maroc.

    Mu bibuga by’indege bifite isuku muri Afurika, n’ubundi ikibuga cya Cape Town kiza ku mwanya wa mbere, kigakurikirwa n’icya ‘Durban Kinga Shaka International Airport’, ku mwanya wa gatatu haza Ikibuga cy’indege cya Mauritius, ku mwanya wa Kane hakaza icya Johannesburg mu gihe ku mwanya wa gatanu hari ikibuga cy’ indege cya Seychelles.

    Ku rwego rw’ Isi, ibibuga bya mbere byiza ni ‘Doha Hamad International Airport’ cyo muri Qatar, hagakurikiraho Ikibuga cy’ indege cya ‘Tokyo Haneda Airport’ cyo mu Buyapani, ku mwanya wa gatatu Hari ‘Changi Airport’ cyo muri Singapore, ku mwanya wa Kane hari ikibuga cy’indege cya ‘Seoul Incheon International Airport’ cyo muri Korea y’Epfo, mu gihe ku mwanya wa gatanu hari ikibuga cy’indege cya ‘ Tokyo Narita’ cyo mu Buyapani.

    Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Interineti rwa ‘Skytrax World Aiport’, ibihembo bya ‘Skytrax best airport awards’ bitorwa bigendeye ku biterekerezo by’abakiriya b’ibyo bibuga.

    Skytrax ivuga ko urutonde rw’ibibuga byiza cyangwa se bifite isuku, rukorwa hashingiwe ku byo rubanda rubikoresha ruvuga. Gusa ngo gutanga amanota ku bibuga by’indege muri iki gihe, na byo byagizweho n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19.

    Itangazo ryasohowe na Skytrax rigira riti “Skytrax World Airport Awards ya 2021 yateguwe hazirikanwa ingufu ibibuga by’indege byose byashyize mu guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19. Amezi 18 ashize, yaranzwe n’ibibazo ndetse arangwa n’ihungabana ry’ubukungu urwego rw’ ubwikorezi bwo mu kirere rutari rwarigeze rubona. Ibibuga by’indege byashoye imari mu gushaka uko byarinda abakiriya ndetse n’abakozi babyo muri iki gihe cy’icyorezo cya Covid-19”.

    Iyo nyandiko ikomeza igira iti” Ubu abagenzi benshi baratora ibibuga by’indege bakunda cyangwa babona byiza, bagendeye k’uko babibonaga mbere gato y’uko icyorezo cya Covid-19 cyaduka, mu gihe abandi barimo batora bagendeye ku byo babonye ku bibuga by’indege muri iki gihe cya Covid-19″.

    source : https://ift.tt/37PsDt9

  • Agatambaro Messi yihanaguje amarira kashyizwe ku isoko kuri Miliyari 1Frw #rwanda #RwOT

    Aka gatambaro katoraguwe n’umwe mu bashinzwe gukora isuku ahabereye kiriya gikorwa cyahuriyemo bamwe mu bakunzi ba FC Barcelona ubwo Messi wabasezeragaho yafashwe n’ikiniga agaturika akarira bikaba ngombwa ko yihanagura amarira.

    Uyu mukozi ushinzwe amasuku ugiye kwinjira mu ba Miliyoneri mu buryo butunguranye, yatangaje ko kariya gatambaro akagumisha ku isoko kugeza igihe azabonera uzamuha Miliyoni 1 USD.

    Bamwe mu basesengura ibya Football ku Isi, bemeza ko uriya muntu adashobora kubura ugura kariya gatambaro kuri kiriya kiguzi kubera ubwamamare bwa Lionel Messi ubu uri gukinira PSG yo mu Bufaransa.

    Messi wari umaze imyaka 21 muri FC Barcelona, ubwo yari agiye kugeza ijambo rye ku bakunzi b’iyi kipe, yahise afatwa n’ikiniga ubundi araturika ararira.

    Aho afatiye ijambo, icyo gihe yagize ati 'Birangoye cyane kubasezera nyuma y’imyaka myinshi twari tumaranye. Sinari niteguye kuva hano, umwaka ushize nashatse kugenda ariko ndabihindura.'

    FC Barcelona yemeye kurekura kizigenza muri Football ya none, yatangaje ko itagishoboye kugumana na Messi ari mu bakinnyi bayo bakomeye kubera ikibazo cy’amikoro aho ikipe ya Paris Saint Germain yahise imugura ubu akaba yaranatangiye imyitozo.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imikino/article/Agatambaro-Messi-yihanaguje-amarira-kashyizwe-ku-isoko-kuri-Miliyari-1Frw

  • Kwandikwa ku isoko ry’imari n’imigabane, kugabanya ibiciro: Rwandair igiye guhindura isura y’ubwikorezi muri Afurika – #rwanda #RwOT

    Icyakora, ni ibikorwa byagiye bikomwa mu nkokora n’ibibazo bitandukanye birimo ihangana rikomeye mu rwego rw’ingendo zo mu kirere n’ihungabana ryatewe n’icyorezo cya Covid-19.

    Amafaranga akoreshwa kugira ngo iki kigo gikomeze ibikorwa byacyo, aturuka mu ngengo y’imari y’u Rwanda, ndetse nko mu ngengo y’imari y’umwaka ushize, Leta yari yashoyemo miliyari 145 Frw.

    Nubwo ibijyanye n’ingendo z’indege byakomwe mu nkokora muri iyi minsi, RwandAir ni ishoramari Leta idashobora kureka kuko rifasha ubukungu cyane. Nk’igihugu kidakora ku nyanja, RwandAir igira uruhare rufatika mu koroshya ingendo z’ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga n’ibitumizwayo mu buryo bwihuse.

    Iki kigo kandi ni ingenzi mu gufasha ba mukerarugendo kugera mu Rwanda, ari na yo mpamvu mbere y’icyorezo cya Covid-19, ubukerarugendo bwari bumaze kugera ku mwanya wa mbere mu nzego zinjiriza igihugu amadovize menshi.

    Mu rwego rwo kucyongerera ubushobozi, Leta y’u Rwanda yatangiye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo cya Qatar Airways, kiri ku mwanya wa mbere ku Isi mu bigo bitanga serivisi nziza zo gutwara abantu mu kirere.

    Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo, yabwiye CNBC ko ibiganiro byo guhuza ibi bigo byombi birimbanyije ku buryo Qatar Airways izahabwa imigabane ingana na 49% muri RwandAir.

    Yagize ati “Turacyari mu nzira zo kurangiza ibiganiro by’ubufatanye, aho Qatar Airways izafata 49% by’imigabane ya RwandAir, ibyo ntabwo biremezwa neza ariko turacyabiganiraho.”

    Hejuru y’icyorezo cya Covid-19, indi mpamvu ikomeye yari yadindije ibiganiro ku mpande zombi, ni uko Leta y’u Rwanda yari yabanje kumvikana na Qatar Airways ku bijyanye n’ikibuga cy’indege cya Bugesera, kandi amasezerano hagati y’impande zombi akaba yaramaze gusinywa, igikurikiyeho akaba ari amasezerano hagati y’ibigo by’indege by’ibihugu byombi.

    Ati “Ni urugendo rurerure, twari turajwe ishinga no kubanza kurangiza amasezerano yo kubaka ikibuga cy’indege, kandi twarayarangije ndetse imirimo yo kubaka irakomeje, aho Qatar ifite 60% by’ikibuga cy’indege cya Bugesera. Ubwo rero twarangije amasezerano areba ikibuga cy’indege, ubu turi gushyira imbaraga mu [kunoza amasezerano] hagati y’ibigo by’indege byombi. Byatindijwe n’icyorezo cya Covid-19 ariko ibiganiro birakomeje kandi biri kugenda neza.”

    Amakuru avuga ko imirimo yo kubaka ikibuga cy’indege cya Bugesera igeze hejuru ya 35% nyuma y’aho igishushanyo mbonera kivuguruye kibonekeye. Iki kibuga gifite agaciro ka miliyari 1.3$, kikazubakwa mu bice bibiri, byose bizarangira gifite ubushobozi bwo kwakira abantu miliyoni 14 ku mwaka, ibikigira kimwe mu bibuga by’indege binini mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

    Ni ubufatanye buzahindura ubwikorezi muri Afurika

    Muri Gashyantare 2020, ubwo Al Baker, Umuyobozi Mukuru wa Qatar Airways yatangazaga imikoranire mishya hagati ya RwandAir n’ikigo ayoboye, yatanze impamvu zatumye bashima imikoranire na RwandAir, avuga ko ‘ahantu igihugu kiri, umutekano n’uburyo cyorohereza ishoramari’, ari bimwe mu byabakuruye.

    Ku rundi ruhande ariko, Qatar Airways yanakuruwe cyane n’imbaraga Leta ishora muri RwandAir ‘ifatwa nka kimwe mu bigo biri gukurana ingoga ku Mugabane wa Afurika’.

    Nko mu 2013, RwandAir yatwaye abagenzi ibihumbi 408, baza kugera ku bihumbi 885 mu 2017 ndetse bikavugwa mbere ya Covid-19, iki kigo cyatwaraga abagenzi bakabakaba miliyoni ku mwaka. Ibijyanye n’amafaranga yinjira na yo yarazamutse kuko yavuye kuri miliyoni 91.6$ mu 2013, akagera kuri miliyoni 221.6$ mu 2018.

    Bitandukanye n’ibindi bigo bikora ubwikorezi bwo mu kirere ku Mugabane wa Afurika no hanze yayo, isoko ry’ibanze rya RwandAir, ni Afurika nyirizina. Mu byerekezo 26 bya RwandAir, bitandatu byonyine nibyo byerekeza mu mijyi iri hanze ya Afurika birimo icya Londres, Bruxelles, Tel Aviv, Dubai, Mumbai na Guangzhou mu Bushinwa.

    Nk’uko bigaragara, RwandAir ishyize imbaraga cyane mu kongera ibikorwa byayo ku isoko rya Afurika, ndetse Makolo yavuze ko iri soko rifite amahirwe menshi y’iterambere.

    Isoko rya Afurika ni isoko ritanga icyizere cyane mu bijyanye n’ingendo zo mu kirere, kuko mbere y’umwaduko wa Covid-19, ryari ryitezweho kujya rizamuka ku kigero cya 5.9% buri mwaka mu myaka 20 iri imbere.

    Nubwo bimeze bitya ariko, Qatar Airways ntabwo yakunze kwita cyane ku isoko rya Afurika, kuko mu ngendo zirenga 170 ikora, 20 gusa nizo zerekeza muri Afurika, enye muri zo zikerekeza muri Afurika y’Iburasirazuba.

    Ni mu gihe ibigo nka Turkish Airways bihanganye na Qatar Airways, bimaze gukuba gatatu umubare w’ibyerekezo bikoreramo ingendo muri Afurika, aho byavuye kuri 18 bikaba bimaze kugera kuri 56 mu myaka 10 ishize.

    Mu kiganiro aherutse kugira na Simple Flying muri Gicurasi, Al Baker yavuze ko Afurika ari isoko Qatar Airways iri kurebaho cyane, anaca amarenga ko ari imwe mu mpamvu bahisemo gukorana na RwandAir.

    Ati “Afurika ni wo mugabane ufite icyuho kinini mu bwikorezi bwo mu kirere, ndetse n’ibigo bihakorera bitanga serivisi mbi. Akazi kanjye ni ukubaka ikibuga cy’indege kigezweho ndetse no gufatanya na RwandAir maze tukabaha serivisi nziza zimeze nk’izo dutanga muri Qatar Airways.”

    Andi makuru avuga ko mu gihe impande zombi zakwemeranya amasezerano y’imikoranire, Qatar Airways ishobora guha cyangwa gukodesha indege kuri RwandAir, ibintu byazamura ubushobozi bwa RwandAir cyane kuko byakemura ikibazo cy’indege nke RwandAir ifite, aho itunze indege 12 gusa.

    Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo yavuze ko Afurika ari umugabane ufite amahirwe menshi mu bijyanye n’ishoramari mu by’ingendo z’indege

    Ubu buke bw’indege nibwo bwari bwatumye mu 2018, RwandAir yiyemeza kujya mu ikodesha-gurisha ry’indege enye zirimo ebyiri zo mu bwoko bwa Boeing 737 MAX zari butangwe n’ikigo cya LAC ndetse n’izindi ebyiri zo mu bwoko bwa Airbus A330neos zagombaga gutangwa n’ikigo cya SMBC Aviation Capital gicuruza kikanakodesha indege.

    Mu mwaka ushize ariko, nibwo RwandAir yatangaje ko iby’ayo masezerano byahagaritswe, bitewe n’uko mu biganiro byari kuba hagati ya RwandAir na Qatar Airways, byari bikubiyemo n’uburyo icyo kigo cyakodesha indege kuri RwandAir, nk’uko Umuyobozi Mukuru wayo, Yvonne Makolo, yabitangarije Flight Global.

    Ku rundi ruhande ariko Makolo yavuze ko RwandAir iticuza icyo cyemezo yafashe cyo kureka kugura izo ndege, kuko n’ubundi icyorezo cya Covid-19 cyagabanyije ibikorwa by’ingendo zo mu kirere, ku buryo nka RwandAir iri gukora ku bushobozi buri munsi ya 50% by’ubwo yakoreragaho mbere ya Covid-19.

    Yagize ati “Kubera impamvu zitandukanye, byabaye ngombwa ko duhagarika ibikorwa byo kugura indege twateganyije, kandi ni ibintu byiza kuko zakabaye ziparitse muri ibi bihe bya Covid-19, ariko turi gushyira imbaraga mu kongera gukuza ibikorwa byacu, rero ingendo nizongera gufungura mu buryo bwuzuye, tuzareba niba dushobora kongera kugura izindi ndege, bishingiye ku buryo isoko rizaba riteye.”

    Andi makuru ariko yemeza ko icyemezo cya RwandAir cyo guhagarika igurwa ry’izo ndege, gishobora kuba gifitanye isano n’amasezerano ari kuganirwaho hagati y’impande zombi, cyane ko na Qatar Airways ifite indege 235, isanzwe ikora ibi bikorwa byo gutiza indege, ndetse yewe ikigo cya Air Italy cyari gisanzwe gikoresha indege za Qatar Airways kikaba giherutse gufunga imiryango, kuko hari indege nyinshi zo gukodesha ibindi bigo.

    Birumvikana ko mu gihe amasezerano ku mpande zombi yakwemeranywaho, byagira inyungu kuri buri umwe kuko Qatar Airways yabyaza umusaruro indege ifite zitabyazwa umusaruro mu buryo bwuzuye, mu gihe RwandAir yabona indege ikeneye mu rugendo rwo kwagukira mu bindi bice by’Isi.

    Ikindi gishobora guhindura ibintu ni uko imikoranire y’ibigo byombi ishobora gufasha RwandAir kugabanya ibiciro by’itike z’indege zayo, bikiyongeraho ko ari kimwe mu bigo bizwiho gutanga serivisi nziza, byose bikaba bishobora kuba imbogamizi ku bigo bikora ingendo zo mu Karere ka Afurika y’Iburasizuba. Ibi byose bije byiyongera ku kibuga cy’indege kigezweho, ndetse n’umubare w’indege za RwandAir wariyongereye, nta kabuza ko byatanga ihangana rikomeye ku bigo bisanzwe bitwara abantu n’ibintu mu kirere.

    RwandAir yari isanzwe ifite umugambi wo gukuba kabiri indege zayo mu myaka itanu iri imbere.

    Ni ryari RwandAir izatangira kunguka?

    Yvonne Makolo yavuze ko nubwo RwandAir itaratangira kunguka, hari icyizere ko ibi bizagerwaho kuko isoko rya Afurika riri kwaguka cyane.

    Yagize ati “Mfite icyizere cyinshi cyane, isoko rya Afurika ntabwo rirabyazwa umusaruro neza, kandi ntekereza ko nubwo hari ibigo bindi bitwara abantu mu ndege, turacyafite imijyi myinshi itagira ingendo ziyihuza. Mu by’ukuri hari amahirwe menshi.”

    Yongeyeho ko ubwiyongere bw’ubucuruzi buturutse mu masezerano y’isoko rusange rya Afurika, ari indi ntambwe izaganisha ikigo ayoboye mu kubona inyungu.

    Ati “Imbogamizi muri Afurika ni imbogamizi y’ibiciro biri hejuru mu gukora ibikorwa byacu, ariko ntekereza ko kubera ibiganiro biri kuba hagati y’ibihugu bitandukanye, ibi biciro bishobora kuzamanuka, cyane cyane ku bijyanye n’imisoro, ibijyanye no kongera amavuta mu ndege aho hari itandukaniro rinini ku biciro byo ku Mugabane wa Afurika ugereranyije n’indi migabane, rero nizera ko ibintu bizahinduka. Mfitiye icyizere isoko rusange rya Afurika, kuko rizongera ubucuruzi hagati y’ibihugu, kandi ibyo bikazongera ingendo z’abantu n’ibintu muri Afurika.”

    RwandAir ku isoko ry’imari n’imigabane?

    Makolo yavuze ko mu myaka iri imbere, RwandAir ishobora kuziyandikisha ku isoko ry’imari n’imigabane, ariko avuga ko atari ibintu byakorwa uyu munsi binajyanye n’ibihe bikomeye urwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere buri gucamo.

    Ati “Icyo si icyemezo nafata, ni ikintu abafatanyabikorwa bacu bazafataho icyemezo. Ndizera ko ari ibintu bishoboka mu gihe kiri imbere, wenda ubu si igihe cyiza bitewe n’ibihe urwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere rurimo, ariko mu bihe biri imbere ni ibintu bishoboka.”

    Uyu muyobozi kandi yavuze ko kuri ubu ibihugu bidakwiye gusaba abantu kwikingiza kugira ngo babone kongera gukora ingendo zo mu kirere, bitewe n’uko ibihugu byose, cyane cyane ibyo muri Afurika, bitabonye uko bitanga inkingo zihagije.

    Ati “Sintekereza ko ari igikwiye gushingirwaho mu gusubukura ingendo, cyane cyane bijyanye n’uburyo Umugabane wa Afurika watanze inkingo nke, ziri munsi ya 2% by’abawutuye, ariko ntekereza ko ibihugu bishobora gufungura kandi mu buryo budakwirakwiza icyorezo, binyuze mu kwemerera abaturage bikingije ariko bakanemerera abandi baturage bafite icyangombwa cy’uko nta bwandu bwa Covid-19 bafite.”

    Yakomeje agira ati “ Ibi byarakozwe mu Rwanda kandi bitanga umusaruro mwiza, rero sintekereza ko icyangombwa cy’uko umuntu yakingiwe ari cyo cyonyine gikwiye kwemerera abantu gusubukura ingendo.”

    RwandAir isanzwe ikorera ingendo mu byerekezo 26 ariko mu ntangiriro z’uyu mwaka iki kigo cyatanze impapuro zisaba guhabwa uburenganzira bwo gukora ingendo ziva Kigali, zikanyura i Accra muri Ghana, mbere yo kwerekeza i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    RwandAir yitezweho kuba imwe muri sosiyete z’indege zitanga icyizere mu myaka iri imbere