Tag: Business

  • Harari yagaragaje impungenge ku mpinduramatwara ya AI: “Ikibazo si aho izatugeza, ahubwo ni inzira tuzanyuramo”

     

    Mu gihe isi ikomeje kwinjira mu bihe bishya birangwa n’iterambere ryihuse ry’ubwenge buhangano (Artificial Intelligence – AI), umuhanga mu mateka akaba n’umwanditsi w’ibitabo byamamaye, Yuval Noah Harari, yagaragaje ko ikibazo gikomeye kitari aho iri koranabuhanga rizageza inyokomuntu, ahubwo ari uburyo rizakoreshwa mu rugendo rwo kuhagera.

    Harari yatanze iki gitekerezo agaragaza ko amateka y’Impinduramatwara y’Inganda (Industrial Revolution) atanga isomo rikomeye ku isi iri kwinjira mu bihe bya AI.

    Yavuze ko nubwo Impinduramatwara y’Inganda yagejeje ibihugu byinshi ku iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza, inzira yabanje kunyurwamo yaranzwe n’ubukoloni, ubucakara, gusahura umutungo kamere ndetse no gukandamiza ibihugu byari bikiri mu nzira y’amajyambere.

    Ati: “Ikibazo ntabwo ari aho impinduramatwara ya AI izatugeza. Ikibazo ni inzira tuzanyuramo kugira ngo tuhage.”

    Isiganwa rya AI hagati ya Amerika n’u Bushinwa

    Mu myaka mike ishize, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bushinwa byabaye ibihugu bihanganiye kuyobora isi mu ikoranabuhanga rya AI.

    Ibi bihugu bikomeje gushora amafaranga menshi mu bushakashatsi, kubaka ibigo bikomeye bikora AI, guteza imbere mudasobwa zifite ubushobozi buhambaye no gukusanya amakuru akoreshwa mu guhugura izi gahunda z’ubwenge buhangano.

    Abasesenguzi bavuga ko igihugu kizagira ubuyobozi bukomeye muri AI kizaba gifite amahirwe menshi yo kugira ijambo rikomeye mu bukungu, umutekano, ubuvuzi, uburezi ndetse no mu miyoborere y’isi mu myaka iri imbere.

    Ese amateka ashobora kwisubiramo?

    Harari yibaza niba iryo rushanwa ritazongera kubyara ubusumbane nk’ubwo isi yabonye mu gihe cy’ubukoloni.

    Mu kinyejana cya 19, ibihugu byabanje gukora inganda ni byo byaje gukoloniza ibindi, bibisahura umutungo ndetse bibyifashisha mu guteza imbere ubukungu bwabyo.

    Uyu munsi, impungenge ni uko ibihugu bifite AI ikomeye bishobora kugenzura amakuru, ubukungu n’ikoranabuhanga rikenerwa n’ibihugu bikennye, bikarushaho kubishingira.

    Afurika irasabwa kwitegura

    Abasesenguzi bemeza ko Afurika idakwiye kurebera gusa iri koranabuhanga, ahubwo ikwiye gushora imari mu burezi, mu bushakashatsi no kubaka ubushobozi bw’abahanga bayo.

    Bavuga ko kudakora ibyo bishobora gutuma umugabane ukomeza kuba isoko ry’amakuru n’abakoresha ikoranabuhanga ryakozwe n’ahandi, aho kuba umwe mu baryubaka.

    Icyakora, AI ishobora no kuba amahirwe akomeye mu guteza imbere ubuvuzi, ubuhinzi, uburezi, ubucuruzi ndetse no kunoza imitangire ya serivisi za Leta, mu gihe ikoreshwa neza kandi igashyigikirwa n’amategeko ayigenga.

    Isomo rikomeye

    Nubwo impungenge zihari, Harari agaragaza ko AI ubwayo atari ikibazo.

    Ahamya ko amateka agaragaza ko ikoranabuhanga rishobora kuzana iterambere rikomeye, ariko ko rishobora no kongera ubusumbane hagati y’ibihugu iyo ridakoreshwa mu buryo buboneye.

    Ni yo mpamvu asaba abayobozi b’ibihugu, ibigo by’ikoranabuhanga n’imiryango mpuzamahanga gutekereza ku buryo AI yakubakira inyokomuntu ejo hazaza harangwa n’ubutabera, aho kuba intandaro y’ubundi buryo bwo kugenzura no gutegeka isi.

  • Perezida Kagame yagaragaje uko AI iri guhindura ubuzima bwa Afurika – #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yabitangarije i Genève mu Busuwisi, aho yitabiriye inama mpuzamahanga ya 'AI for Good Global Summit', igamije kurebera hamwe uko ikoranabuhanga ry'ubwenge buhangano, AI, bwakoreshwa mu gukemura ibibazo bikomeye byugarije Isi.

    Iri kubera i Genève kuva ku wa 7 kugeza ku wa 10 Nyakanga 2026, igamije kureba ubushobozi bwa AI kugira ngo ikorere mu nyungu za muntu.

    Ubwo hatangizwaga Komisiyo nshya igamije guhuza abayobozi ba za guverinoma, abikorera, ibigo mpuzamahanga n'abahanga mu ikoranabuhanga, Perezida Kagame yavuze ko AI ishobora guhindura ubuzima bwa muntu no guteza imbere ubukungu mu gihe yaba iteguye neza.

    Ati 'Ubwenge buhangano bufite ubushobozi bwo guhindura ubuzima bw'abantu no kongerera imbaraga ubukungu. Afurika yiteguye gutanga umusanzu mu bukungu bushingiye ku ikoranabuhanga. Bitarenze 2050, umugabane wacu uzaba ufite abakozi benshi biyongera ku muvuduko uri hejuru kurusha ahandi ku Isi. Hari byinshi byiza urubyiruko rwacu ruri gukora ku mugabane rukoresheje ubwenge buhangano. Tugomba kububakira ubushobozi. Bizagirira akamaro buri wese. Icy'ibanze ni uko kugira ngo AI igirire akamaro ikiremwamuntu, tugomba kuyikoresha neza muri Afurika n'ahandi hose.'

    Perezida Kagame yagaragaje imbogamizi zigaragaza kuko ibihugu bikomeye byamaze guhindura ikoranabuhanga nk'uburyo bw'ihangana.

    Ati 'Ibi bituma abantu batita cyane ku buryo ikoranabuhanga ryakwihutisha iterambere, ariko hari n'ibisubizo dutafite birebana n'ubwenge buhangano ari byo biteje urujijo ku hazaza. Ariko nubwo hakiri ibyuho, tugomba kugira icyizere. Ni inshingano zacu guhindura inzitizi zikaba amahirwe adufitiye akamaro.'

    Perezida Kagame yavuze ko inzego zikwiye gushyirwamo imbaraga ari ibikorwaremezo, ibikoresho by'ikoranabuhanga, internet n'ingufu z'amashanyarazi zikagera hose byoroshye.

    Ati 'Uyu ni umukoro wa za Guverinoma n'urwego rw'abikorera, bakwiye gukorana.'

    Yashimangiye ko kongerera abantu ubumenyi ari ingenzi kuko imbogamizi zihorano ahantu hose ariko ubushobozi bwo kuzibyaza umusaruro ntibuboneke, bityo inzego z'uburezi zikwiye gusuzuma ubumenyi n'amasomo zitanga.

    U Rwanda ni kimwe mu bihugu bya Afurika byashyizeho politiki ya AI, ndetse ku wa 8 Kamena 2026, Inama y'Abaminisitiri yashyizeho ikigo cy'igihugu gishinzwe AI, kizafasha mu kwihutisha iterambere, guhanga ibishya, gushyira mu bikorwa ishoramari no kunoza imiyoborere.

    Mu Rwanda ubwenge buhangano bwifashishwa mu buvuzi, uburezi, mu nzego z'ubutabera, ubuhinzi, mu bucuruzi, mu nzego z'umutekano no mu zindi nzego nyinshi zigize ubuzima bw'igihugu.

    Perezida Kagame yavuze ko mu Rwanda hashyizweho ikigo gishinzwe gukusanya amakuru yo mu rwego rw'ubuvuzi ya buri kanya, hagakoreshwa AI mu kwitegura ibijyanye n'ibyorezo.

    Ati 'Ibi bidufasha gufata ibyemezo no gushyiraho politiki nziza.'

    Umuyobozi Mukuru akaba n'umwe mu bashinze Sosiyete ya Salesforce, Marc Benioff, yavuze ko muri iki gihe Isi iri kwinjira mu bihe ikoranabuhanga ryiganje cyane kurusha uko byigeze kubaho mu bihe byashize.

    Yahamije ko iyi komisiyo itabereyeho gushyiraho amategeko cyangwa kugenzura ibindi bigo ahubwo igamije kuganira ku cyerekezo cy'uburyo ikoranabuhanga rigomba gukoreshwa mu nyungu z'abatuye Isi.

    Ati 'Ikoranabuhanga si ryiza cyangwa ngo ribe ribi, icyo turikoresha ni cyo cy'ingenzi. Kandi ibi byigaragaza cyange ugendeye ku ikoranabuhanga rya AI.'

    Perezida Kagame yavuze ko ubunararibonye abayoboye iyi komisiyo bakuye muri Komisiyo ya Loni yari ishinzwe kugeza internet hirya no hino ku Isi kuva mu 2010 kugeza mu 2025, buzabafasha kugera ku ntego za AI for Good Global.

    Perezida Kagame yavuze ko Afurika yiteguye gutanga umusanzu wayo mu kubaka ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga

    Perezida Kagame yagaragaje ko urwego rw’ubuvuzi mu Rwanda rugoresha AI mu gusesengura amakuru ava ku mavuriro anyuranye bigatuma hafatwa ibyemezo biboneye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yagaragaje-uko-ai-iri-guhindura-ubuzima-bwa-afurika

  • Albert Munyabugingo yavuze ahavuye igitekerez… – #rwanda #RwOT

    Ibi Albert Munyabugingo yabivuze ku munsi wa Kabiri w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19 imaze iminsi ibiri ibera muri Kigali Convention Center kuri uyu wa 24 Ukuboza 2023 yitabiriwe na Perezida Kagame na Madamu hamwe n'abandi bayobozi b'igihugu.

    Muri iyi nama hatanzwemo ikiganiro kigaruka ku ruhare rw'urubyiruko mu kugena ahazaza h'u Rwanda. Aha niho Albert Munyabugingo yatanze ubuhamya bw'uko yashinze 'Vuba Vuba Africa Ltd' n’aho yakuye igitekerezo cyo kubikora.

    Yatangiye avuga ko mbere yo gushinga 'Vuba Vuba Africa Ltd', yahoze ari umukozi wa Jumia yakoreraga mu Rwanda nayo igeza ibicuruzwa ku babikeneye. 

    Icyo gihe yatangiye akora muri serivisi zo gufasha abakiriya (Customer Care), gusa kubera gukomeza yiyungura ubumenyi, yaje kugera ku mwanya wo kuyobora Jumia kugeza ihagaze.

    Albert Munyabugingo umwe mu bashinze ikigo cy'ubucuruzi cya 'Vuba Vuba Africa Ltd'

    Ubwo Jumia yafunganga imiryango mu Rwanda, yasabye Albert Munyabugingo ko bajyana gukorera mu bindi bihugu bibiri byo muri Africa nyamara we arabyanga kuko yifuzaga kwikorera ndetse akanatanga umusanzu we mu guteza imbere u Rwanda.

    Albert Munyabugingo yakomeje avuga ko Jumia imaze gufunga, we na mugenzi we witwa Kaneza Innocent bicaye bakaganira ndetse bagashaka umuti wo kuziba icyuho Jumia yari isize bityo babona kugira igitekerezo cyo gushinga ikigo cy'ubucuruzi gitanga serivisi nk’izo Jumia yatanganga ndetse bakanarushaho.

    Avuga ko mbere y'uko aba umukozi wa Jumia na mbere y'uko ashinga Vuba Vuba Africa Ltd, yahoze yifuza kwikorera. Avuga aho yakuye igitekerezo cyo kuba rwiyemezamirimo yagize ati: 'Igitekerezo cyo kwikorera nagikuye mu mpanuro umukuru w'igihugu Perezida Kagama akunda kuduha nk'urubyiruko'.

    Yavuze ko igitekerezo cyo kwikorera yagikuye mu mpanuro za Perezida Kagame akunze guha urubyiruko 

    Yakomeje agira ati: 'Ni kenshi numvise Perezida atubwira gukura amaboko mu mifuka, gukoresha ubumenyi dufite duhanga imirimo yaduteza imbere. Ni aho nakuye igitekerezo cyo kwikorera kuko numvise inama ze ziyongereye ku mahirwe twahawe hamwe no gushyigikirwa'.

    Albert Munyangingo uvuga ko yishimiye ko urubyiruko rwinshi rwamaze kugana inzira yo guhanga imirimo, yavuze ko 'Vuba Vuba Africa Ltd' imaze imyaka 4 ishinzwe kandi imaze no kugera kuri byinshi bishimishije birimo nko guha akazi gahoraho ku bantu 45, abamotari 130 harimo 8% by'igitsinagore. Yavuze kandi ko kugeza ubu bakorera mu mijyi 4 yo mu Rwanda irimo Kigali, Rubavu, Rusizi hamwe na Musanze.

    Albert Munyabugingo yasoje avuga ko ikigo cye gifite intego yo kugeza ibikorwa byacyo mu bindi bihugu byo muri Africa, ndetse ko abanyarwanda baba hanze nabo batekerejweho aho bazajya bohererezwa imbuto ku giciro kiri hasi.

    Yasabye urubyiruko rugenzi rwe gukoresha amahirwe rwahawe no gutinyuka kuko bashoboye. Yasabye abamaze kuba ba rwiyemezamirimo ko bagomba guhora biyungura ubumenyi bakirinda kumva ko bageze iyo bajya kandi ko bakwiye kujya banitabira amarushanwa mpuzamahanga.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138994/albert-munyabugingo-yavuze-ahavuye-igitekerezo-cyo-gushinga-vuba-vuba-africa-ltd-138994.html

  • Murakazaneza.com: Your Ultimate Online Fashion Destination in Kigali, Rwanda #RwoT #Rwanda #Kigali

    In today’s digital age, online shopping has become incredibly popular, offering convenience and variety without ever having to leave the comfort of your home. Among the numerous online clothing stores emerging in markets worldwide, Kigali’s fashion enthusiasts have discovered Murakazaneza.com, an exceptional online store redefining the way Rwandans shop for clothes. With its diverse collection, excellent customer service, and commitment to quality, Murakazaneza.com has swiftly become the go-to destination for fashion lovers in Kigali.

    Wide Selection of Fashion Items:

    One of the key reasons behind the success of Murakazaneza.com is its extensive range of clothing items. Whether you’re on the hunt for casual attire, formal wear, trendy streetwear, or traditional Rwandan outfits, this online store has got you covered. Murakazaneza.com collaborates with local designers and brands, showcasing their unique collections and supporting the growth of the Rwandan fashion industry.

    Quality and Authenticity:

    When shopping online, it’s essential to be confident in the quality and authenticity of the products. With Murakazaneza.com, you can rest assured that you will receive clothing items of the highest standard. The store carefully curates its collection, ensuring that every piece is crafted with precision and attention to detail. From the fabric texture to the stitching, every aspect of the clothes sold at Murakazaneza.com exudes quality and durability.

    Efficient Delivery:

    Murakazaneza.com understands that timely delivery is crucial for every customer. They have implemented a well-organized and efficient delivery system that will bring your desired outfits right to your doorstep. With quick and reliable shipping services, you’ll be able to enjoy your new purchases in no time.

    User-Friendly Shopping Experience:

    Navigating through an online store should be a seamless and enjoyable experience. Murakazaneza.com offers a user-friendly platform that is easy to browse, making your online shopping experience a delight. The website features a clean layout, clear product images, and detailed descriptions, ensuring that customers can make informed decisions when adding items to their carts. Furthermore, the website is mobile-responsive, allowing you to shop on the go from your smartphone or tablet.

    Exceptional Customer Service:

    At Murakazaneza.com, customer satisfaction is paramount. They prioritize delivering excellent customer service at every step of your shopping journey. Whether you need assistance with sizing, returns, or any inquiries, a dedicated customer support team is available to provide helpful and prompt responses. Murakazaneza.com strives to build a strong and trustworthy relationship with its customers, guaranteeing their utmost satisfaction.

    In a fast-paced world where convenience and quality matter, Murakazaneza.com stands out as the premier online fashion store in Kigali, Rwanda. With a wide selection of fashion items for every occasion, a commitment to superior quality, efficient delivery services, and exceptional customer service, Murakazaneza.com has earned its reputation as the ultimate online shopping destination for clothing enthusiasts in Kigali. So, why wait? Explore their remarkable collection and elevate your wardrobe with the latest trends from the comfort of your home!

  • Sura Kanis.rw wigurire ibinyobwa bigezweho ku… – #rwanda #RwOT

    Uko iterambere ryiyongera, ni na ko ryongera ikoranabuhanga. Abantu benshi bamaze gusobanukirwa n'uburyo umuntu yahaha icyo akeneye, bitamusabye kugera ku isoko. Ni muri urwo rwego Kanis Retail Rwanda Ltd yihaye intego yo kunoza ubucuruzi bwabo, binyuze kuri murandasi.

    Kanis Retail Rwanda Ltd ni ikompanyi ikora ubucuruzi kuri murandasi, icuruza ibintu bitandukanye. Kuri ubu iri duka ryorohereje benshi guhaha mu buryo bworoshye, ryazaniye abarigana ibinyobwa binyuranye ku biciro biri hasi ndetse akarusho babigeza ku bakiriya babo aho bari hose muri Kigali.

    Mu binyobwa Kanis.rw ifite harimo Jameson, Savanna, Beefeater nini n’intoya, Konyagi hamwe Hennessy ikunzwe na benshi iki gihe. 

    Kanis.rw ifite ibinyobwa bigezweho ku giciro gito

    Ushobora gusura Kanis ku rubuga rwayo www.kanis.rw nawe ukabasha kugura ibi binyobwa. Kanis Retail Rwanda Ltd yanorohereje abayigana mu buryo bwo kwishyura, kuko bashobora kwishyura bakoresheje Mobile money kandi ko bafite ubushobozi bwo kugeza ibicuruzwa byabo mu mujyi wa Kigali.

    Ku biciro byoroheje, ushobora kugura ibinyobwa nka Hennessy, Jamesin n’ibindi

    Basange aho bakorera ku Kicukiro mu Mujyi wa Kigali. Cyangwa ubahamagare kuri telefone: +250782799120

    Ushobora no kubandikira kuri Email: [email protected]

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/128178/sura-kanisrw-wigurire-ibinyobwa-bigezweho-ku-giciro-gito-binakugereho-vuba-128178.html

  • Niyo ya mbere muri Afurika! Kigali Clipper Zo… – #rwanda #RwOT

    Kigali Clipper Zone Salon, 'Niyo ya mbere muri Afurika!' ikaba yaraje gutanga igisubizo ku banyarwanda nk'uko bitangazwa na Tuyishime Evaliste cyangwa se Rama The Barber, umuyobozi akaba ari nawe washinze iyi salon y'akataraboneka.

    Mu kiganiro na InyaRwanda, yavuze ko 'Impamvu iyi saloon ari mpuzamahanga ni uko dufite ibikoresho biri ku rwego rwo hejuru umunyamahanga usanzwe ubimenyereye yakenera' atanga urugero rw'imashini yasohotse uyu mwaka bafite akaba ari nabo bonyine bayifite mu Rwanda.

    Kigali Clipper Zone Salon ifite umwihariko w'ubudasa utasanga ahandi, ahanini bushingiye ku bikoresho kabuhariwe byifashishwa mu ma Saloon akomeye ku Isi. Yafunguye imiryango kera ndetse n'abayigannye barayirahira, ikaba kuri ubu noneho yaragutse.

    Tuyishime Evaliste uzwi nka Rama The Barber, yadusobanuriye byinshi birimo n'aho kwagura iyi Saloon byavuye.

    Tuyishimire yavuze ko impamvu batekereje kwagura Saloon ari uko bari bamaze kugira umubare mwinshi w'abakiriya, bituma rero bahitamo kwagura iyi Saloon. Ramadhan akomeza avuga ko na mbere iyi Saloon yari nini ariko kubwo kureberera ibyiza abakiriya babagana, bahisemo kwagura ngo ibe nini bisanzure.

    Muri Kigali Clipper Zone Salon niho honyine mu Rwanda ushobora gusanga internet (Wifi) yihuta, mu gihe bari kugukorera mu mutwe cyangwa n'ibindi bijyanye n'isuku uganiriza inshuti n'abavandimwe.

    Muri iyi Saloon uba wumva umuziki ndetse unafata ku mafu aturuka mu biti byo mu mujyi, cyane ko iherereye mu mujyi rwagati mu nyubako ya La Bonne Adresse.

    Kigali Clipper Zone Salon niho honyine bogosha ibyamamare mu Rwanda ndetse iyo ugiyeyo ntushobora kubura urujya n'uruza rw'abakinnyi b'umupira n'aba firime, abahanzi n'abandi bari mu ruganda rw'imyidagaduro n'abatarurimo.

    Iyi ni Saloon ifite ubushobozi bwo kogosha umubare munini w'abantu ku munsi kandi bose bagataha banyuzwe, bitewe n'uko bogoshwe n'abogoshi b'abahanga ndetse banafite uburambe byibura bw'imyaka itanu n'icumi kuzamura.

    Umukobwa wogosha agaragaza ubuhanga bwe

    Muri Kigali Clipper Zone Salon niho honyine harimo umukobwa umwe mu bahanga u Rwanda rufite mu Bogoshi, ndetse ibyamamare bitandukanye mu kogosha bikaba ariho byagiye binyura nk'izingiro.

    Usibye uyu mukobwa wogosha, harimo Lando umwe mu bogoshi bakomeye ndetse akaba ari n'umuhanzi, hari kandi n'abandi biganjemo abazwi bari muri iyi Saloon itagira uko isa.

    Mu kiganiro yakomeje agirana na inyaRwanda, Tuyishime (Rama The Barber) yahamije anashimangira ko iyi ariyo Salon ya mbere muri Afurika, ndetse kubera ko ibyihariye nk'ubudasa kuri iyi saloon biyishyira ku rwego mpuzamahanga ari byinshi, yagerageje kubihina agaruka ku by’ingenzi. Ibindi yavuze, bikubiye mu kiganiro yahaye inyaRwanda Tv.

    Rama The Barber, umuhanga mu kogosha ni nawe washinze iyi Saloon

    Kigali Clipper Zone salon ntiyasigaje inyuma gusigasira ubwiza bw'abari n'abategarugori. Inkumi twasanze bayitunganyiriza umusatsi yatubwiye igituma amahitamo yayo yabaye 'Kigali Clipper Zone Salon'. 

    Ntiyashatse kwivuga amazina, gusa yagize ati 'Impamvu nahisemo kuza muri iyi soloon hari ibintu barusha abandi nk'isuku, ibikoresho bifite karite, abakozi babizi n'uburyo bakiramo abantu'.

    Uyu mukobwa wari ufite aho agiye gusohokera yakomeje avuga ko kuva iyi soloon yafungura imiryango nta handi arajya, kuko bafite ubudasa avuga ko umukobwa wifuza kugaragara neza no gusa neza yafata umwanzuro nk’uwe agahitamo kuyigana.

    Bakwitaho mu buryo bwose

    Muri serivise baha igistina gore harimo SPA, Fesho, Gusuka Dread, gutunganya umusatsi mu buryo butandukanye, n'ibindi kandi byose bikozwe n'abahanga n'ibindi.

    Ukeneye ibindi bisobanuro Kigali Clipper Zone Salon iherereye mu mugi rwagati mu nyubako ya Labonne Adresse muri Etage ya kabiri. Ushobora no kubahamagara kuri terefone igendanwa 0788295833, cyangwa ukabasura ku mbuga nkoranyambaga zabo kigali_clipperzone_salon.

    Ni Saloon y’ikitegererezo

    Kugana muri Kigali Clipper Zone uba washishoje

    Uyu yamaze kunyurwa

    Isuku ni nta makemwa

    Umucongo nawo uba ‘uvuza ubuhuha’

    Abahakorera bafata umwanya wo kuganiriza abakiriya

    Lando The Barber wogoshera muri iyi Saloon ni n'umuhanzi

    Amafaranga yawe uyishyura mu buryo ushatse bwose

    Bimwe mu bikoresho byifashishwa

    Imashini utasanga ahabonetse hose


    Umukobwa Wogosha niko yitwa

    Abategereje baba bari kuri WIFI

    KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYOSE TWAGIRANYE N’UMUYOBOZI WA KIGALI CLIPPER ZONE

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/126333/niyo-ya-mbere-muri-afurika-kigali-clipper-zone-salon-yatanze-igisubizo-ku-banyarwanda-amaf-126333.html

  • Yabaye miliyoneri kubera guhinga ibijumba bya ‘Orange’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibijumba bifite ibara ry’icunga (orange) birimo guhindura imibereho n’ubuzima bw’abahinzi babyo, barimo Jeanne Mukasine utuye mu Mudugudu wa Kivumu, Akagari (…)

    Source : https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/article/yabaye-miliyoneri-kubera-guhinga-ibijumba-bya-orange

  • Yabaye miliyoneri kubera guhinga ibijumba bya ‘Orange’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibijumba bifite ibara ry’icunga (orange) birimo guhindura imibereho n’ubuzima bw’abahinzi babyo, barimo Jeanne Mukasine utuye mu Mudugudu wa Kivumu, Akagari (…)

    Source : https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/article/yabaye-miliyoneri-kubera-guhinga-ibijumba-bya-orange

  • Ibicuruzwa byo muri Uganda byongeye kuboneka ku masoko yo mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Umwe mu bacuruzi bakorera mu mugi wa kigali waganiriye numunyamakuru wa Radiiotv10 yagize ati 'Twarabyishimiye kuko twari tumaze igihe hari byinshi tutabona, bimwe na bimwe byamaze kuza ariko hari n'ibyo tutaratangira kubona.'

    Bimwe mu bicuruzwa byatangiye kuboneka, birimo amavuta yo kwisiga azwi nka Movit, isabune y'ifu yo kumesesha ndetse n'amavuta yo guteka na kawunga.

    Bavuga ko kuba ibi bicuruzwa byaratangiye kuza, bizeye ko bizanagira uruhare mu kumanura ibiciro ku masoko bikomeje gutumbagira, gusa bakavuga ko hanozwa inzira zose zatuma ibi bicuruzwa biza ku bwinshi kuko n'ibyaje byari bicye ndetse bigahita bishira ku babiranguye.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/article/ibicuruzwa-byo-muri-uganda-byongeye-kuboneka-ku-masoko-yo-mu-rwanda

  • Ibicuruzwa byo muri Uganda byongeye kuboneka ku masoko yo mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Umwe mu bacuruzi bakorera mu mugi wa kigali waganiriye numunyamakuru wa Radiiotv10 yagize ati 'Twarabyishimiye kuko twari tumaze igihe hari byinshi tutabona, bimwe na bimwe byamaze kuza ariko hari n'ibyo tutaratangira kubona.'

    Bimwe mu bicuruzwa byatangiye kuboneka, birimo amavuta yo kwisiga azwi nka Movit, isabune y'ifu yo kumesesha ndetse n'amavuta yo guteka na kawunga.

    Bavuga ko kuba ibi bicuruzwa byaratangiye kuza, bizeye ko bizanagira uruhare mu kumanura ibiciro ku masoko bikomeje gutumbagira, gusa bakavuga ko hanozwa inzira zose zatuma ibi bicuruzwa biza ku bwinshi kuko n'ibyaje byari bicye ndetse bigahita bishira ku babiranguye.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/article/ibicuruzwa-byo-muri-uganda-byongeye-kuboneka-ku-masoko-yo-mu-rwanda