Blog

  • Perezida Kagame yahembye ba ofisiye bakuru bahize abandi mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare – #rwanda #RwOT

    Umukuru w’Igihugu yabwiye abarangije amahugurwa ko icyizere Ingabo z’u Rwanda zigirirwa n’Abanyarwanda ndetse n’abafatanyabikorwa kitapfuye kwizana ahubwo cyubatswe imyaka myinshi binyuze mu gutanga serivisi z’ubwitange, ikinyabupfura n’ubunyamwuga. Yasabye abarangije amahugurwa, gukomeza kubyubakiraho.

    Perezida Kagame yabitangaje ubwo yayoboraga umuhango wo gusoza amahugurwa y’ibyumweru 46 yahabwaga ba ofisiye bakuru 108 bo mu bihugu 20 bya Afurika Ishuri Rikuru rya Gisirikare [RDF Command and Staff College].

    Abahawe amahugurwa bakomoka mu bihugu birimo u Rwanda, Bénin, Botswana, Burkina Faso, , Ethiopia, Ghana, Guinée, Kenya, Malawi, Mali, Niger, Nigeria, Sénégal, Somalia, Sudani y’Epfo, Tanzania, Uganda, Zambia na Jordanie.

    Abahembwe ni Umunya-Ghana, Umunya-Kenya na Lt Col Walter Kageruka wo mu Ngabo z’u Rwanda ari na we wahize abandi bose.

    Perezida Kagame yasabye aba basirikare kugira intego ari na yo ndangagaciro yafashije Ingabo z’u Rwanda kuba zizerwa n’abaturage kugeza ubu.

    Perezida Kagame yashimiye abofisiye basoje amahugurwa, agaragaza ko nubwo bageze muri iri shuri bafite ubumenyi nk’abanyamwuga ubu babonye ubumenyi bwisumbuyeho.

    Ati ‘Mwaje hano muri inzobere zifite inararibonye none mugiye kugenda mufite ubumenyi bwagutse […] n’inshingano zisumbuye.’

    Umukuru w’Igihugu yashimiye inshuti n’abo mu miryango y’abarangije amahugurwa, kuko basangiye umutwaro wo gutanga serivisi za gisirikare.

    Perezida Kagame kandi yashimiye ubuyobozi bwa RDF bwakomeje gukora iyo bwabaga kugira ngo iri shuri ribe rifite ibikoresho byo ku rwego rwo hejuru birifasha gutanga amahugurwa y’icyitegererezo.

    Ati ‘Iyo ba ofisiye batorejwe hamwe bahurira mu bikorwa bitandukanye, mu biganiro by’Akarere cyangwa mu bihe by’amage, baba bafite imyumvire yimakaza ubufatanye.’

    Perezida Kagame yavuze ko aya mahugurwa yateguwe kugira ngo akarishye ubushobozi bw’abayitabiriye bwo guhangana n’ibibazo bikomeye rimwe na rimwe biba bifatwa nk’ibidashoboka.

    Yagagaragaje ko mu gihe inshingano z’abahawe amahugurwa ziyongera, bakwiriye kugira imyitwarire ifata ibyemezo byitondewe cyane ko uko inshingano ziyongera n’ingaruka z’ibyemezo bafata ziyongera.

    Ati ‘Uburyo bwiza bwo gufata ibyemezo bwubakwa binyuze mu bunararibonye, ubufatanye no kwicisha bugufi abantu bakigira ku makosa no kuyakosora.’

    Perezida Kagame kandi yasabye abarangije amahugurwa kugira intego, zituruka ku kumenya ibyo baharanira.

    Ati ‘Ku Rwanda, iyo ntego ishingiye ku kurinda abaturage bacu n’ubusugire ari na ko dukomeza kwihutisha iterambere ry’igihugu cyacu.’

    Umukuru w’Igihugu yavuze ikibazo aba bahuguwe basigaranye kitari ukuyobora ahubwo ari uburyo bayoboramo, ko iyi myitwarire ikwiriye kubaranga ndetse igatezwa imbere umunsi ku wundi.

    Ati ‘Aho RDF igeze ubu ntabwo byapfuye kwizana. Byubatswe mu myaka myinshi binyuze mu gutanga serivisi z’ubwitange, ikinyabupfura n’ubunyamwuga. Ibi ni byo byagejeje ku cyizere igirirwa n’abaturage bacu n’icy’abafatanyabikorwa bacu b’aho ingabo zacu zikorera. Izo nshingano na mwe zirabareba.’

    Perezida Kagame kandi yeretse abarangije amahugurwa ko inzego bakoreramo zizakomeza gutera imbere zijyana n’ikoranabuhanga rigezweho ariko n’imbogamizi ziyongera.

    Ati ‘Amahitamo mukora mufata ubu, azagira uruhare bitari mu bikorwa gusa, ahubwo mu muco, urwego ibintu bikorwaho n’imikorere inoze by’ibigo byabizeye.’

    Perezida Kagame yasabye aba banyeshuri gukomeza gukorana ubunyangamugayo, ndetse bagakomeza kwiga no gutera imbere.

    Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’u Rwanda, Prof Didas Kayihura Muganga, nyuma yo gutanga impamyabumenyi, yasabye abasirikare bakuru gukoresha amasomo bahawe
    kugira uruhare mu gukemura imbogamizi zishobora gukoma mu nkokora umutekano n’iterambere by’ibihugu baturukamo.

    Ati ‘Mu gihe mu giye gusubira mu bihugu byanyu, muzakoreshe ubumenyi mwahawe n’ubunyamwuga mwubakiye aha. Muzabikoreshe mu guteza imbere amahoro, umutekano n’imiyoborere myiza mu bihugu byanyu.’

    Umuyobozi Mukuru w’Ishuri Rikuru rya Gisirikare [RDF Command and Staff College] Brig Gen Andrew Nyamvumba, yagaragaje ko amasomo abasirikare bakuru baherewe muri iri shuri azabafasha kuzuza inshingano zabo uko bikwiye.

    Yabibukije kuzahagaranira impinduka nziza mu miyoborere mu nshingano bazerekezamo, kubera bagenzi babo urugero rwiza no kubasangiza ubumenyi, guteza imbere umutekano n’amahoro mu bihugu byabo.
    Yanashimye kandi ubufatanye bw’ibihugu bitandukanye byohereza abasirikare bakuru kwiga mu Rwanda.

    Perezida Kagame yasoje amahugurwa y’ibyumweru 46 yahawe ba ofisiye 108 bo mu bihugu 20 bya Afurika

    Perezida ubwo Perezida Kagame yari ageze ku Ishuri Rikuru rya Gisirikare [RDF Command and Staff College] riri i Nyakinama mu Karere ka Musanze

    Ba ofisiye bakuru 108 basoje amahugurwa bari bamaze ibyumweru 46 bahererwa i Nyakinama

    Perezida Kagame akurikiye umuhango wo gusoza amahugurwa yahawe ba ofisiye bakuru

    Umuhango wo gusoza amahugurwa ya ba ofisiye 108 bo mu bihugu 20 bya Afurika witabiriwe n’abo mu bihugu bitandukanye

    Abasirikare ba RDF bari muri ba ofisiye bakuru basoje amahugurwa bari bamazemo ibyumweru bitandatu

    Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yitabiriye igikorwa cyo gusoza amahugurwa yahawe ba ofisiye 108 bo mu bihugu 20 bya Afurika

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugum Habimana Dominique bitabiriye igikorwa cyo gusoza amahugurwa yahawe ba ofisiye 108 bo mu bihugu 20 bya Afurika

    Abo mu miryango y’abasoje amahugurwa bari bagiye kubashyigikira

    Abahawe amahugurwa ni abo mu bihugu bitandukanye bya Afurika

    Abasirikare bo mu bihugu 20 basoje amahugurwa bahererwaga mu Rwanda

    Perezida Kagame yavuze ko icyizere abaturage bagirira Ingabo z’u Rwanda kitavuye kwizana ahubwo zagikoreye

    Perezida Kagame yagaragaje ko ubufatanye ari ingenzi mu guhangana n’ibibazo abaturage bahura na byo

    Perezida Kagame yasabye abasoje amahugurwa kurangwa no kugira intego

    Lt Col Walter Kageruka wo mu Ngabo z’u Rwanda wahize abandi bose ubwo yari agiye guhabwa ibihembo

    Lt Col Walter Kageruka wo mu Ngabo z’u Rwanda wahize abandi bose ubwo yashyikirizwaga ibihembo na Perezida Kagame

    Hahembwe abantu batatu bahize abandi mu mahugurwa y’ibyumweru 46 baherewe i Nyakinama

    Abofisiye 108 basoje amasomo bakomoka mu bihugu 20 bya Afurika

    Abofisiye 108 basoje amahugurwa bari bamaze ibyumweru bahererwa i Nyakinama


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/icyizere-rdf-igirirwa-n-abaturage-nticyavuye-kwizana-perezidas-kagame

  • Nyagatare: Miliyoni 500 Frw zigiye guhabwa aborozi mu kongera umukamo – #rwanda #RwOT

    Ku wa 11 Kamena 2026 aba mbere basinye amasezerano azatuma bahabwa iyi nkunga nyunganizi bakazahabwa binyuze mu mushinga RDDP2 ugamije guteza imbere ubworozi bw’inka zitanga umukamo mu Rwanda.

    Uyu mushinga wagizwemo uruhare na Leta ifatanyije n’Ikigega Mpuzamahanga giteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (IFAD) binyuze muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.

    Urubyiruko n’abagore bazahabwa inkunga ingana na 70% mu gihe abandi borozi bazajya bunganirwa nibura 60% ku mashini cyangwa amahema bazajya bagura.

    Birungi Theopista Mupende usanzwe ari umworozi, yashimiye Leta yabahaye iyi nkunga nyunganizi agaragaza ko we azahita aguramo ihema rifata amazi rikajya rimufasha kubika amazi menshi igihe kinini ku buryo n’iyo izuba ryava atazigera abura amazi.

    Ati ‘Mu gihe cy’izuba twajyaga tubura amazi y’inka bikatugora cyane, umukamo wasubiraga inyuma ariko ubu umukamo uziyongera.”

    Twahirwa Peter wororera mu Murenge wa Karangazi, yavuze ko we yasabye gufashwa kugura imashini isya ubwatsi, ko iba imeze nk’urwuri rwa kabiri kuko ibafasha gutunga inka zari kujya kurisha ariko ikabusya ikabunoza inka zikaburya neza zigatanga umusaruro.

    Ati ‘Twiteze kuzajya tubona inka zihaze. Nizibona n’amazi ahagije umukamo uziyongera cyane, turashimira Leta yaduteye inkunga kuko si buri wese wakwigondera iriya mashini.”

    Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB), ishami rya Nyagatare, Kayumba John, yasabye aborozi bahawe iyi nkunga nyunganizi kuyikoresha neza bongera umukamo.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Murekatete Juliet we yavuze ko mu gihe cy’impeshyi aborozi benshi babura amazi y’inka zabo, bikanatuma umukamo ugabanuka.

    Ati ‘Tuzabona amata ahagije agera ku Ruganda rwa Inyange bitume rubona amata ahagije, icyo dusaba aborozi ni ukwita ku mahema afata amazi bazahabwa n’ibindi bikoresho.”

    Kuri ubu Akarere ka Nyagatare kabarizwamo inka zirenga ibihumbi 230 zitanga umukamo wa litiro zirenga ibihumbi 100 ku munsi, ubuyobozi buvuga ko bwifuza ko uyu mukamo wiyongera cyane nibura ukagera kuri litiro zirenga ibihumbi 500 ku munsi.

    Imashini zisya ubwatsi ziri mu byo Leta iri gutangira nkunganire ku borozi

    Amahema afata amazi ari mu byo Leta igiye gufasha aborozi kubona

    Aborozi basinye amasezerano atuma babasha guhabwa inkunga nyunganizi

    Aborozi 253 bo mu Karere ka Nyagatare ni bo basinye aya masezerano yo kubaha amafaranga abafasha kongera umukamo

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet yasabye aborozi gukoresha neza iyi nkunga nyunganizi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyagatare-miliyoni-500-frw-zigiye-guhabwa-aborozi-mu-kongera-umukamo

  • Richard Nick Ngendahayo agiye kongera gutaramira mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Richard Nick Ngendahayo, ari mu myiteguro y’igitaramo cye cya kabiri azakorera mu Rwanda nyuma y’umwaka ahakoreye ikindi.

    Tariki ya 29 Ugushyingo 2025 ni bwo Richard Nick Ngendahayo yakoreye igitaramo mu Rwanda muri Kigali Arena yise “Niwe Healing Concert”, ni kimwe mu bitaramo byakunzwe cyane, abanyarwanda bamwereka urukundo rwinshi.

    Nyuma yo kubona ko igitaramo cye cya mbere cyagenze neza, ubu yahisemo kongera kugaruka gutaramira Abanyarwanda aho igitaramo kizaba tariki ya 28 Ugushyingo 2026.

    Ni igitaramo yise ‘Ni We Healing Concert Igice cya Kabiri’ ( Ni We Healing Concert – Edition 2) nacyo kikaba kizabera muri Kigali Arena.

    Richard Nick Ngendahayo ni umuhanzi w’umunyarwanda umaze imyaka 18 yimukiye gutura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Richard Nick Ngendahayo agiye kongera gutaramira mu Rwanda

    Source : http://isimbi.rw/richard-nick-ngendahayo-agiye-kongera-gutaramira-mu-rwanda.html

  • Ni gute Rayon Sports yisanze byibuze mu mezi 12 atambutse yarasinyishije abakinnyi 29 #rwanda #RwOT

    Rayon Sports ishobora kuba ari yo kipe yakoze amateka yo gusinyisha abakinnyi benshi mu gihe gito aho mu mezi 12 gusa, iyi kipe imaze gusinyisha abakinnyi 29.

    Mu rugamba rwo kwiyibuka itegura ikipe yayiha umusaruro, ni ho iyi kipe ifite abafana benshi yisanze yasinyishije abakinnyi benshi mu gihe gito kandi ntibayihe umusaruro ari nayo mpamvu bamwe birangira bagiye.

    Uku kutadinda mu ikipe, abakinnyi basinyishijwe bagahita basezererwa bijyana n’impamvu zitandukanye, ihindagurika ry’ubuyobozi, abatoza, kutihangana no gushaka umusaruro w’ako kanya.

    Nk’ubu Rayon Sports yisanze yasinyishije abakinnyi 29 mu mezi 12 atari uko yabishakaga, wabivuga mu buryo butandukanye harimo n’icyo wakita agahimano.

    Yatangiye umwaka w’imikino wa 2025-26 ubuyobozi buyobowe na Twagirayezu Thaddée umutoza ari Afhamia Lotfi, ni nabo baguze abakinnyi batangiye umwaka w’imikino, gusa mu kubagura hari bamwe mubo bafatanyaga kuyobora batabemeraga ahubwo babona hari abakabaye baza, babagira inama ntibabyumva.

    Byaje kurangira ubuyobozi bwa Thaddée busimburwa n’ubwa Murenzi Abdallah wari mu gice kitemeraga imikorere ya Thaddée n’abakinnyi baguzwe.

    Icyabaye ni uko umutoza Lotfi bahise bamwirukana bazana Bruno Ferry, n’abo muri Mutarama 2026 bagiye ku isoko bagura abakinnyi 9, ni nyuma yo gusanga abo ikipe ifite batari ku rwego rwabo, benshi barirukanywe.

    Bidateye kabiri n’umutoza Bruno Ferry yaje kwirukanwa asimbuzwa Haringingo Francis na we wahageze asanga hari abakinnyi benshi adakeneye, ubu na we ari ku isoko amaze gusinyisha abakinnyi 8, bivuze ko hari benshi bazarekurwa.

    Aka kajagari mu biyoborere n’imitoreze, biragoye ko wabona ko umukinnyi wazanye ari mwiza kuko nta mwanya ahabwa wo kugira ngo yigaragaze.

    Hari abakinnyi bagurwa bakaba bakeneye kubanza kwisanga aho agiye, akabanza kumenyera akabona gutanga umusaruro, biba bigoye kuko Rayon yo iba ikeneye umukinnyi uhita utanga umusaruro.

    Hari n’ikindi kintu kiba mu makipe yacu, aho buri muyobozi ugiye ku buyobozi wese ajyaho intego ari ugusenya ibyo uwo asimbuye yubatse aho kubikomerezaho mu rwego rwo kwerekana ko ntacyo yari ashoboye cyangwa ntacyo yakoze.

    Muri uru rutonde rw’abakinnyi 29 basinyiye Rayon Sports mu mezi 12 atambutse, ISIMBI ntabwo yashyizemo abakinnyi babiri rutahizamu Mugisha Didier wavuye muri Police FC kuko yari intizanyo na Chadrack Bingi Belo wasinyiye iyi kipe ariko batandukana nta mukino n’umwe arayikinira.

    Muri Rusange ijya gutangira umwaka w’imikino wa 2025-26 yasinyishije abakinnyi 14, muri Mutarama 2026 yongeramo 8 ni mu gihe ubu imaze gusinyisha 7.

    Rayon Sports imaze kugura abakinnyi 29 mu mezi 12 atambutse

    Source : http://isimbi.rw/ni-gute-rayon-sports-yisanze-byibuze-mu-mezi-12-atambutse-yarasinyishije.html

  • Urubyiruko rweretswe Isoko ry'Imari n'Imigabane nk'amahirwe yo kwiteza imbere – #rwanda #RwOT

    Ubu butumwa bwatangiwe mu Ihuriro ry’Urubyiruko ku Isoko ry’Imari n’Imigabane, ubukangurambaga bwitabiriwe n’abarenga 1.100, bukaba bwarageze ku banyeshuri barenga 6.000 binyuze mu bukangurambaga bwakorewe mu ntara zose z’igihugu.

    Iri huriro ryateguwe n’Urwego rw’u Rwanda Rugenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane, Ikigega RNIT Iterambere, Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, ndetse n’ikigo cyo muri Luxembourg gishinzwe Ubutwererane mu Iterambere. Iri huriro ryari rigamije gufasha urubyiruko gusobanukirwa amahirwe rwabona binyuze mu kwizigama bagura imigabane, impapuro mpeshamwenda ndetse no gushora mu bigega by’ishoramari by’abishyize hamwe.

    Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda Rugenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane, Romeo Ngarambe yavuze ko isoko ry’imari n’imigabane ridakwiye gufatwa nk’ahantu hagenewe ibigo binini cyangwa ibigo by’imari gusa.

    Ati ‘Binyuze muri iyi gahunda, tugamije gufasha urubyiruko kubaka umuco wo kwizigama no gushora imari. Turifuza ko urubyiruko rusobanukirwa ko isoko ry’imari n’imigabane ritagenewe gusa ibigo bike by’abashoramari.’

    Ku rubyiruko, isoko ry’imari n’imigabane ritanga inzira zifatika zo gutangira ishoramari. Binyuze mu migabane, bashobora kugira uruhare mu bigo byanditswe ku isoko ry’imari n’imigabane. Binyuze mu mpapuro mpeshamwenda, bashobora kuguriza Leta cyangwa ibigo, bakabona inyungu. Binyuze muri gahunda z’ishoramari rusange, bashobora guhuriza hamwe amafaranga make n’abandi bashoramari, bakungukira ku micungire y’ababigize umwuga.

    Alodie Iradukunda, Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, yasabye urubyiruko kurenga ku kwizigama gusa, rugashyira amafaranga yarwo mu bikorwa bibyara inyungu.

    Ati ‘Kwizigama gusa ntibigihagije, ahubwo mukwiye gushora imari aho mwunguka.’

    Irushanwa rya Capital Markets University Challenge, ryabaye muri iri huriro ry’Urubyiruko ku Isoko ry’Imari n’Imigabane, ryasojwe hamenyekanye abatsinze batanu mu barushanwa 1.100. Aba batsinze bahawe ibihembo mu migabane no mu mpapuro mpeshamwenda mu rwego rwo kubaha amahirwe yo kumenyera by’umwihariko ibicuruzwa byo ku isoko ry’imari n’imigabane n’ishoramari ry’igihe kirekire.

    Christian Ishimwe Senga yabaye uwa mbere, ahabwa ibihembo bifite agaciro ka miliyoni 1.5. Iza Key Hirwa yabaye uwa kabiri ahabwa ibihembo bifite agaciro ka miliyoni 1.2, mu gihe Protegene Maniragaba yabaye uwa gatatu ahabwa miliyoni 1. Jean Baptiste Byiringiro yabaye uwa kane ahabwa 800.000, naho Marthe Nshimyimana aba uwa gatanu ahabwa 500.000.

    Iri huriro ry’urubyiruko ryateguwe n’Urwego rw’u Rwanda Rugenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane, Ikigega RNIT Iterambere, Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, ndetse n’ikigo cyo muri Luxembourg gishinzwe Ubutwererane mu Iterambere

    Umuyobozi w’Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, Rwabukumba Pierre Celestin

    Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda Rugenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane, Romeo Ngarambe yavuze ko isoko ry’imari n’imigabane ridakwiye gufatwa nk’ahantu hagenewe ibigo binini cyangwa ibigo by’imari gusa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/urubyiruko-rweretswe-isoko-ry-imari-n-imigabane-nk-amahirwe-yo-kwiteza-imbere

  • Abatujwe mu Mudugudu wa Mamba basaba gusanirwa inzu zatangiye gusenyuka imburagihe #rwanda #RwOT

    Abaturage batishoboye batujwe mu Murenge wa Mamba, Akarere ka Gisagara, baravuga ko bafite impungenge ziterwa n’imiterere y’inzu bubakiwe muri gahunda yo kubafasha kubona aho kuba. Aba baturage bavuga ko zimwe muri izo nzu zatangiye kwangirika no gusenyuka imburagihe, ibintu bavuga ko bishobora kubashyira mu kaga mu gihe bitakemuwe vuba.

    Bamwe mu bahatuye bavuga ko ku nkuta hagaragaye ibice, ibisenge bikaba bitangiye kwangirika, mu gihe hari n’inzu zimwe zifite ibimenyetso by’ubwubatsi budakomeye. Ibi ngo bituma bahorana ubwoba, cyane cyane mu bihe by’imvura nyinshi n’umuyaga.

    Aba baturage basaba inzego zibishinzwe gusuzuma ikibazo cy’izi nzu no kuzisana hakiri kare kugira ngo hirindwe impanuka zishobora guteza ibyangiritse ku buzima n’umutekano by’abazituye.

    Bavuga kandi ko bishimira gahunda yabagejeje ku miturire myiza, ariko bagasaba ko habaho ubugenzuzi buhoraho ku bwiza bw’ibikorwa by’ubwubatsi kugira ngo amafaranga yashowemo agire akamaro karambye.

    Ku ruhande rw’abayobozi, biteganyijwe ko ikibazo kizakurikiranwa hagamijwe kureba uko cyakemurwa, bityo abaturage bagakomeza gutura ahatekanye kandi haboneye.

    Abatujwe mu Mudugudu wa Mamba basaba gusanirwa inzu zatangiye gusenyuka imburagihe

    Source : https://kasukumedia.com/abatujwe-mu-mudugudu-wa-mamba-basaba-gusanirwa-inzu-zatangiye-gusenyuka-imburagihe/

  • FIFA yavuze ku bibazo bya Visa byugarije abazitabira Igikombe cy'Isi cya 2026 #rwanda #RwOT

    Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, yavuze ko nubwo FIFA yakoze ibishoboka byose ngo ifashe abantu bahuye n’ibibazo byo kubona visa zibemerera kwinjira mu bihugu bizakira Igikombe cy’Isi cya 2026, hari aho ubushobozi bwayo bugarukira kubera amategeko n’imyanzuro y’ibihugu birebwa n’izo visa.

    Ibi Infantino yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku wa 10 Kamena 2026, mbere y’itangira ry’iri rushanwa rizabera muri United States, Canada na Mexico kuva ku wa 11 Kamena kugeza ku wa 19 Nyakanga 2026.

    Mu ngingo zaganiriweho harimo ikibazo cy’amatike, visa z’abakunzi b’umupira, abasifuzi ndetse n’abakozi batandukanye bagomba kwitabira iri rushanwa. Infantino yavuze ko FIFA itabasha gutegeka za guverinoma cyangwa inzego zishinzwe umutekano kugira ngo zihindure imyanzuro yafashwe ku birebana no kwinjiza abantu mu bihugu byazo.

    Yatanze urugero ku musifuzi w’Umunya-Somalia, Omar Abdulkadir Artan, wangiwe kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yavuze ko nubwo FIFA yababajwe n’icyo cyemezo, nta bubasha ifite bwo kugihindura kuko cyafashwe n’inzego zibifitiye uburenganzira.

    Infantino yasobanuye ko muri iri rushanwa hadashobora kubura ibibazo bitandukanye, ariko FIFA ikomeza gushaka uburyo bwo kubikemura binyuze mu biganiro n’inzego zibishinzwe.

    Ku ruhande rw’amatike, yavuze ko ibiciro byayo bikiri ku rwego rwiza ugereranyije n’ubunini bw’irushanwa, ashimangira ko amafaranga yinjizwa n’Igikombe cy’Isi akoreshwa mu guteza imbere umupira w’amaguru ku Isi hose, harimo n’ibihugu bititabiriye iri rushanwa.

    Mu minsi ishize, ikibazo cya visa cyakomeje kuvugisha benshi nyuma y’uko bamwe mu bafana ba Maroc bari baraguze amatike batabashije kubona ibyangombwa byo kwinjira muri Amerika. Hari kandi umufata mashusho w’Ikipe y’Igihugu ya Iraq, Talal Salah, wasubijwe iwabo mbere yo kongera gusaba ibyangombwa, mu gihe rutahizamu wayo, Aymen Hussein, yahuye n’ibibazo byinshi mbere yo kwemererwa kwinjira muri icyo gihugu.

    Ikipe y’Igihugu ya Iran na yo yahisemo gukorera imyiteguro yayo muri Mexique aho kuba muri Amerika, bitewe n’ibibazo bamwe mu bayobozi bayo bahuye na byo mu gushaka ibyangombwa byo kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    FIFA yavuze ku bibazo bya Visa byugarije abazitabira Igikombe cy’Isi cya 2026

    Source : https://kasukumedia.com/fifa-yavuze-ku-bibazo-bya-visa-byugarije-abazitabira-igikombe-cyisi-cya-2026/

  • U Rwanda n'u Bushinwa bishaka gushyiraho itsinda ry'ubucuti rihuza Abadepite babyo – #rwanda #RwOT

    Igitekerezo cyo gushyiraho itsinda ry’ubucuti hagati y’Abadepite b’u Rwanda n’ab’u Bushinwa cyaganiriweho kuri uyu wa Gatatu ubwo Ambasaderi w’u Bushinwa, Gao Wenqi yasuraga Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Kazarwa Gertrude.

    Kazarwa yabwiye RTV ko ibi biganiro byari mu murongo wo gushimangira ubuhahirane n’ubufatanye bisanzwe biri hagati y’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye.

    Ati ‘ibiganiro nagiranye na Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda byitaye cyane ku mibanire cyangwa se ku bucuti hagati y’Inteko zishinga Amategeko, hagati y’u Bushinwa n’u Rwanda, kandi bishyigikirwa n’ibikorwa bimaze igihe bikorwa hagati y’ibihugu byombi haba mu bucuruzi, ibikorwaremezo, uburezi.’

    Yavuze ko ibiganiro by’uyu munsi byagarutse kandi ku gushyiraho itsinda ry’ubucuti hagati y’abadepite b’u Bushinwa n’ab’u Rwanda.

    Ati ‘Icyo byatanze ni uko n’inteko zigiye gukorana kugira ngo dukore itsinda ry’ubucuti hagati y’Inteko zishinga amategeko zigizwe n’Abadepite bo mu Bushinwa ndetse n’u Rwanda. Iyo tumaze gukora itsinda ry’ubucuti badufasha gukorana neza kuko Inteko ziba ziri hamwe, tukaganirira hamwe ku buryo ibikorwa bigendana.’

    U Rwanda ruri mu bihugu bya Afurika bikorana bya hafi n’u Bushinwa haba mu bucuruzi, ishoramari n’imigenderanire hagati y’abaturage b’ibihugu byombi.

    Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, iherutse gutangaza ko umubare w’Abanyarwanda bajya mu Bushinwa wikubye kabiri mu myaka ibiri bitewe n’ibyemezo byo koroshya kubona visa, kwagura imikoranire y’ibihugu byombi haba mu bucuruzi, uburezi no guhanahana ubumenyi.

    Mu 2023 Abanyarwanda barenga 3.500 basuye u Bushinwa. Uyu mubare mu 2025 wariyongereye barenga 7.000.

    U Rwanda n’u Bushinwa bishaka gushyiraho itsinda ry’ubucuti rihuza Abadepite babyo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-n-u-bushinwa-bishaka-gushyiraho-itsinda-ry-ubucuti-rihuza-abadepite