Blog

  • Ngoma: Uwize kuri buruse ya Perezida amaze gushora miliyoni 200 Frw mu guteza imbere aho avuka – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo avuka mu Mudugudu w’Akarimbu mu Kagari ka Mutenderi mu Murenge wa Mutenderi mu Karere ka Ngoma. Uyu mudugudu avugakamo urimo ingo 182 zituwemo n’abaturage 674

    Dr. Bikomeye amaze kuwugezamo ibikorwaremezo birimo amazi, aho yashyize amavomo atatu muri uyu mudugudu bituma bareka kuvoma amazi y’ibishanga. Yahaye abaturage umuriro w’amashanyarazi, ndetse hegitari 3.5 ziterwaho ibiti mu kubungabunga ibidukikije.

    Yishyurira abaturage mituweli, akishyurira abanyeshuri basaga 450 amafaranga yo kurya, yashinze kandi igikoni cy’umudugudu aho abana 50 bahabonera ifunguro bikabarinda kujya mu mirire mibi. Yubakiye abatishoboye ubwiherero ndetse anubaka ibibuga bya Volleyball na Basketball n’ibindi byinshi.

    Dr. Bikomeye yavuze ko yabonye buruse yatangwaga na Perezidansi mu 2008 ajya kwiga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, arangiza kwiga mu 2012. Icyo gihe yatashye mu Rwanda, ariko mbere yo gutaha aza kuganira na bamwe mu baterankunga abagezaho bimwe mu bibazo biri mu cyaro cy’aho avuka batangira kumufasha mu kubikemura.

    Dr. Bikomeye avuga ko nyuma yo kugaruka mu Rwanda yakoze mu bijyanye n’ubuhinzi, akora mu bijyanye n’uburezi mu 2019 aza gusubira muri Amerika gukomeza amashuri kugira ngo abone impamyabumenyi y’Ikirenga, PhD.

    Ati ‘Ngezeyo natangiye kujya nzana n’abanyeshuri bo muri Amerika nje kubereka u Rwanda, nkabageza hano aho nigiye amashuri abanza nkahasanga abana batabona ubushobozi bwo kwishyura ya mafaranga yo kurya turabishyurira, nza no gutangira kubaka irerero gutyo, nubaka ibibuga byo gukiniraho nifashishije abaterankunga.”

    Dr. Bikomeye avuga ko afite intego zo kubaka ibikorwaremezo byinshi bizajya byifashishwa n’abaturage mu rwego rwo kubakura mu bwigunge no kubafasha kugera ku iterambere.

    Ati ‘Ikindi nabwira abandi Banyarwanda bari hanze nibatinyuke bafashe aho bavuka, uramutse ubikoze wenyine birahenze cyane. Ariko niba uganira n’abantu ugira igitekerezo ukakibagezaho nabo bakagufasha, uwa mbere iyo aguhakaniye ukomeza k’uwa kabiri kugeza ku muntu wemera kugufasha, ubu ndishimira ko abaturage bafite ibikorwaremezo kandi nagizemo uruhare.”

    Maniriho Devotha utuye muri uyu Mudugudu w’Akarimbu mu Kagari ka Mutenderi, avuga ko batari babazanira amazi meza byabagoraga cyane kuko bajyaga kuvoma ahantu habi cyane mu kabande.

    Ati ‘Nk’abantu bafite abana wabonaga ko bashobora no kuhahurira n’ibibazo, ikindi amazi twahakuraga ntabwo yabaga ari meza ariko ubu turishimira ko dusigaye tuvoma hafi yacu, igihe cyose wavoma amazi meza.”

    Nzakamarwaniki Froduard we avuga ko yishimira ko yahawe umuriro w’amashanyarazi wamufashije mu gutuma abana be babasha gusubira mu masomo neza.

    Ati ‘Ikindi hari abana bari barize gusudira, umuriro utari waza bajyaga gusudirira ahandi ariko ubu babikorera hafi kuko umuriro waje, ntabwo hano tukijya gushaka umuriro kure kuko barawuduhaye mu ngo zacu.”

    Nyirahabimana Cesarie we avuga ko mu gikoni cy’Umudugudu bamufashije kumenya gutegura indyo yuzuye bituma umwana we wari uri mu muhondo awuvamo.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yashimiye Dr. Bikomeye ku bikorwa byiza bitandukanye yegereje abaturage bo mu cyaro yakuriyemo.

    Yavuze ko mu myaka itanu ishize bagabanyije igwingira ho 10% ku buryo nawe harimo uruhare rwe.

    Ati ‘Ubutumwa twaha n’abandi bajya kwiga mu mahanga cyangwa abavuka mu duce runaka nibagaruke be kwibagirwa iwabo, buriya nta gikorwa kiba gito n’iyo waza ukegeranya urubyiruko ukarufasha mu mikino nabyo byaba byiza.”

    Kuri ubu Dr. Bikomeye yashinze umuryango utegamiye kuri Leta yise Karimbu Rwanda Community Center aho ari nawo asigaye acishamo ibi bikorwa byose. Avuga ko afite intego zo kurenga umudugudu yavukiyemo agafasha abaturage benshi b’i Mutenderi kugera ku iterambere.

    Abafite ubumuga bahabwa umwanya mu mikino itandukanye

    Amashanyarazi yagejejwe ku baturage benshi bo mu Mudugudu w’Akarimbu bigizwemo uruhare na Dr. Bikomeye wize kuri buruse ya Perezida

    Dr. Bikomeye ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere basuye bamwe mu baturage bafashijwe

    Ikibuga cya Basketball kinifashishwa n’abakina Volleyball cyane cyane urubyiruko

    Abaturage bo mu Mudugudu w’Akarimbu bishimira ko bafite amavomo atatu abafasha kubona amazi hafi

    Iyo bakoze ibirori bifashisha ikibuga Dr. Bikomeye Jean Chrysostome yabubakiye

    Dr. Bikomeye afite intego zo gukomeza kwegereza abaturage b’i Mutenderi ibikorwaremezo

    Nyirahabimana avuga ko umwana we wari uri mu muhondo yafashirijwe mu gikoni cy’Umudugudu w’Akarimbu

    Nzakamarwaniki Froduard avuga ko bishimira kuba barahawe amashanyarazi atuma abana babo babasha gusubiriramo amasomo mu rugo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ngoma-uwize-kuri-buruse-ya-perezida-amaze-gushora-miliyoni-200-frw-mu-guteza

  • Kugura imashini y'ibihumbi 250$ mu ngamba Julie Mutoni atangiranye kuyobora Rotary Club Kigali Golf – #rwanda #RwOT

    Julie Mutoni yiyemeje kugura iyi mashini izwi nka ‘Holmium Laser Medical system’ ngo izahabwe ibitaro, mu gikorwa cyo guhabwa ububasha nk’umuyobozi mushya w’uyu muryango cyabaye ku wa 5 Kamena 2026. Yasimbuye Andrew Kulayige kuri uyu mwanya w’ubuyobozi.

    Holmium Laser Medical system ni imashini ikoresha ikoranabuhanga mu kubaga umuntu bitabaye ngombwa ko umubiri we ufungurwa, kuko ikoresha imirasire (laser light).

    Mutoni yagaragaje ko muri iyi manda ye ashyize imbere guteza imbere serivisi z’ubuvuzi aho bazagura iyi mashini isanzwe iboneka muri Kenya gusa. Ifasha cyane abagabo bafite ibibazo mu miyoboro y’inkari.

    Ati ‘Tuzi uburyo indwara ya prostate n’izindi ndwara ziri kwibasira abagabo cyane, ariko nta bikoresho bihagije twari dufite bifasha aba bagabo bacu. Iyi mashini uretse no mu Rwanda no mu karere ntayo kuko iboneka mu bitaro bimwe byo muri Kenya, kandi si buri muturage wese ufite ubushobozi bwo kujyayo.’

    Yakomeje avuga ko ‘Kugura iyi mashini kandi bizafasha kuzamura ubukerarugendo bushingiye ku buvuzi kuko abantu byagoraga kujya muri Kenya bazajya baza hano mu Rwanda, ibizazamura n’ubukungu bwacu.’

    Iyi mashini nimara kugurwa izahabwa ibitaro bya CHUK, bizwiho kwakira abarwayi benshi bafite ibibazo bijyanye n’urungano rw’inkari.

    Umuyobozi muri CHUK, Dr Muhawenimana Emmanuel, yagaragaje ko iyi mashini yari ikenewe cyane bitewe n’umubare munini w’abantu bafite uburwayi buyikenera.

    Ati ‘Dufashe nk’urugero muri aya mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, abantu baje kwisuzumisha barenga 6.000 kandi muri bo nka 51% baba bafite ibimenyetso by’uburwayi bwa prostate. Hari abo duha imiti bugakira ariko usanga nka kimwe cya gatatu bo bakeneye kubagwa.’

    Yagaragaje ko ababagwa ari bo bakeneye iyo mashini cyane kuko ubusanzwe babaga umuntu bisanzwe ibituma agira igisebe kinini, agatinda mu bitaro, mu gihe uwabazwe hakoreshejwe Holmium Laser Medical system mu minsi ibiri aba atashye kandi nta gisebe afite.

    Kuliyage wayoboraga uyu muryango, yagaragaje ko hari byinshi muri uyu mwaka bishimira bagezeho, birimo guha amazi meza abaturage bo mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, kongera umubare w’abanyamuryango n’ibindi.

    Ati ‘Twatanze lunettes 350 z’amaso ku bantu bari bafite ibibazo by’amaso, twahaye abantu bafite ibibazo by’ingingo imbago n’ibindi byose dufatanyije n’abanyamuryango bacu hari byinshi twagezeho.’

    Muri iki gikorwa kandi hakusanyijwe ibihumbi 27$ (arenga miliyoni 39 Frw) azaherwaho mu kugura iyi mashini ya Holmium Laser Medical system.

    Rotary International ni Umuryango Mpuzamahanga utari uwa Leta ukora ibikorwa by’ubugiraneza birimo gufasha abatishoboye kwiteza imbere, gushyigikira serivisi ziteza imbere imibereho myiza y’abaturage no kurwanya indwara z’ibyorezo.

    Julie Mutoni yatorewe kuyobora umuryango wa Rotary Club Kigali Golf

    Muri manda ye, Julie Mutoni yiyemeje kugura imashini ya Holmium Laser Medical system izatwara ibihumbi 250$

    Umuyobozi muri CHUK, Dr Muhawenimana Emmanuel, yagaragaje ko ‘Holmium Laser Medical system’ ari imashini ikenewe cyane

    Rotary Club of Kigali yakusanyije ibihumbi 27$ byo kugura imashini ikoreshwa mu kubaga abantu bafite ibibazo by’urungano rw’inkari

    Rotary Club Kigali Golf ni umuryango wiyemeje guteza imbere serivisi z’ubuvuzi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kugura-imashini-y-ibihumbi-250-mu-ngamba-julie-mutoni-atangiranye-kuyobora

  • I Rubavu hari kubakwa ivuriro ry'amatungo rizatwara arenga miliyoni 50 Frw – #rwanda #RwOT

    IGIHE ifite amakuru ko imirimo yo kubaka iri vuriro yatangiye tariki 20 Gicurasi 2026. Riri kubakwa mu Murenge wa Rugerero, Akagari ka Muhira.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, ubwo hizihizwaga umunsi w’inka muri aka karere yabwiye aborozi ko iri vuriro ry’amatungo rije kuborohereza.

    Ati ‘Aborozi mwegerejwe serivisi, iri vuriro ry’amatungo rizaba rifite laboratwari ku buryo gufata ibipimo bizajya bikorwa mu buryo bwihuse, ndetse n’ibizamini by’amaraso rimwe na rimwe byoherezwaga i Kigali bikazajya bisuzumirwa muri iri vuriro.’

    Meya Mulindwa yasezeranyije aborozi ko batazabona ivuriro gusa, kuko n’abaveterineri bahoraho baziyongera n’ibikoresho bakoresha nabyo bikiyongera.

    Mu kiganiro umworozi w’intangarugero mu Murenge wa Rugerero, Habiyaremye Abdul Karim yahaye IGIHE, yavuze ko iri vuriro ry’amatungo rije kubatura ibibazo byinshi byari bibugarije.

    Ati ‘Twagorwaga cyane nk’aborozi kuko rimwe na rimwe ntitwamenyaga icyo inka zirwaye, tukazivura cyangwa tukazivuza icyo zitarwaye, ariko ubu zigiye kujya zivurwa zabanje gufatwa ibizamini by’amaraso.”

    ‘Twanaguraga imiti ntiduhamagare veterineri ngo aze ayiduhere amatungo, tukivurira uko dushaka. Ariko ubu twiteze inyungu nyinshi kuko amatungo afite ikibazo azajya avurirwa ku gihe, kandi duahabwe n’inama zitandukanye ku bworozi bwacu.’

    Biteganyijwe ko imirimo yo kubaka iri vuriro ry’amatungo izamara amezi ane, ku buryo mu kwezi k’Ukwakira uyu mwaka rizaba ryatangiye gutanga serivisi.

    Imibare yo muri Mutarama 2026, igaragaza ko Akarere ka Rubavu kabarurwamo inka 32.645 zirimo izo muri gahunda ya Girinka 12.647 zimaze gutangwa kuva mu 2006.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, aherutse kubwira abarozi ko iri vuriro ry’amatungo rije kuborohereza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/i-rubavu-hari-kubakwa-ivuriro-ry-amatungo-rizatwara-arenga-miliyoni-50-frw

  • Rayon Sports yasinyishije umunyamahanga wa mbere #rwanda #RwOT

    Rayon Sports yamaze gusinyisha amazezerano y’imyaka ibiri, myugariro ukomoka muri DR Congo, Matumona Wakonda Kanda Abel.

    Uyu mukinnyi ukina mu mutina w’ubwugarizi akaba yari asoje amasezerano y’imyaka 2 mu ikipe y’Amagaju FC yo mu Karere ka Nyamagabe.

    Aje kongera imbaraga mu bwugarizi bw’iyi kipe aho asanze Nshuti Didier na we wavuye muri Gorilla FC wamaze gusinyira Rayon Sports.

    Gusinyisha aba bakinnyi babiri bakina mu bwugarizi bivuze ko muri batatu bari basoje amasezerano; Ramazani Tshimanga, Emery Bayisenge na Youssou Diagne hari babiri bazarekurwa.

    Kugeza ubu Rayon Sports Rayon Sports imaze kwerekana abakinnyi bane barimo Matumona Wakonda Kanda Abel, Nshuti Didier, Nisingizwe Christian Bebeto wavuye muri Mukura VS na Ndayishimiye Didier wavuye muri AS Kigali.

    Hari kandi Muhoza Daniel wakiniraga Etoile del’Est nubwo atarerekanwa ndetse na Nkundimana Fabio wa Marines bivugwa ko yamaze gusinyira Rayon Sports.

    Wakonda Kanda Abel yasinyiye Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/rayon-sports-yasinyishije-umunyamahanga-wa-mbere.html

  • Abatega bisi biyongereyeho 15%, Leta igiye kongera izindi 100 z'amashanyarazi mu muhanda – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho mu kiganiro n’itangazamakuru, avuga ko iri zamuka ari ikimenyetso cy’uko gahunda zashyizweho zirimo gutanga umusaruro, nubwo abaturage badahatirwa gukoresha bisi.

    Ati ‘Kwiyongera kw’abantu bakoresha bisi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange hakiyongeraho 15%, ngira ngo ni ikintu cyo kwishimira.’

    Dr Nsengiyumva yavuze ko gukoresha ubwikorezi rusange ari amahitamo y’umuturage, ariko ko Leta ishyiraho uburyo bufasha abifuza kubukoresha, cyane cyane mu gihe ibiciro bya lisansi na mazutu bikomeje kuzamuka.

    Ati ‘Ntabwo duhatira abantu ngo mujye muri bisi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange. Umuntu ushoboye kwishyura ibiciro bya peteroli, umuntu ushoboye kwishyura ubundi buryo bwo kugenda, abifitiye ubushobozi, ni uburenganzira bwe bwo kubikoresha.’

    Iri zamuka ry’abakoresha bisi rije nyuma y’uko mu Mujyi wa Kigali hashyizweho ibisate by’imihanda byahariwe imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, mu masaha abantu benshi bajya cyangwa bava ku kazi.

    Iyo gahunda yatangiye muri Mata mu byerekezo birimo Downtown–Payage–Kanogo–Rwandex–Sonatube–Giporoso, Sonatube–Kicukiro Centre–Nyanza Bus Park, Downtown–1930–Nyabugogo Bus Park na Downtown–Gloria Hotel–City Plaza.

    Minisitiri w’Intebe yavuze ko Leta izakomeza gushyigikira ubwikorezi rusange, harimo no kongera bisi z’amashanyarazi.

    Ati ‘Mwumvise ko twatumije izindi bisi z’amashanyarazi, tunateganya ko mbere y’uko umwaka urangira dushobora gushyiramo nk’izindi 100.’

    Yongeyeho ko umwaka utaha na bwo hazakomeza kongerwamo izindi, ku buryo uzajya kurangira hongewemo bisi z’amashanyarazi 300.

    Guverinoma ivuga ko iyi gahunda igamije gufasha abaturage gukora ingendo zihendutse, kugabanya umuvundo mu mihanda no kugabanya ingaruka z’izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli ku mibereho y’abaturage.

    Leta igiye kongera umubare w’imodoka zitwara abagenzi ariko yibande ku zikoresha amashanyarazi

    Gutwara abantu mu Mujyi wa Kigali bitangiye gufata umurongo ugereranyije n’ibihe byashize

    Mu masaha abantu baba bajya ku kazi n’igihe bataha, igisate kimwe cy’umuhanda giharirwa bisi

    Ingendo rusange mu Mujyi wa Kigali zikorwa hifashishijwe ikarita

    Iyi gahunda yo guharira bisi igisate cyihariye, yatumye umubare w’abantu batega imodoka rusange wiyongera

    Ubu bisi zisigaye zigenda mu gisate cyazo zonyine ku buryo zihuta zikageza abagenzi aho bagiye mu gihe gito

    Minisitiri w’Intebe yavuze ko uburyo abaturage bitabiriye kugenda muri bisi ari intambwe nziza, ariyo mpamvu leta igiye kongera umubare wa bisi

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dominique Habimana, nawe yari yitabiriye iki kiganiro

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yari muri iki kiganiro

    Umunyamakuru wa Radio Isango Star, Imaniriho Gabriel, abaza ikibazo

    Umunyamakuru Nshimiyimana Jean Baptiste wa IGIHE abaza ikibazo muri iki kiganiro

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ishinzwe ibikorwaremezo, Uwihanganye Jean de Dieu, yari yitabiriye iki kiganiro n’abanyamakuru

    Amafoto: Herve Kwizera


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abatega-bisi-biyongereyeho-15-leta-igiye-kongera-izindi-100-z-amashanyarazi-mu

  • Remera Rukoma/Kwibuka32: Iyo hatabaho Inkotanyi na Perezida Paul Kagame Igihugu cyari kirangiye-Visi Meya Uzziel #rwanda #RwOT

    Abakozi, Ubuyobozi bw’ibitaro bya Remera Rukoma hamwe n’ababatabaye kuri uyu wa 05 Kamena 2026 mu Kwibuka abari Abakozi n’Abarwayi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hagawe abari abaganga n’abakozi bagize uruhare mu kwica Abatutsi babasangaga aho bakorera bashaka ubuzima. Hagarutswe ku butwari bw’Inkotanyi mu guhagarika Jenoside no kubohora Igihugu, u Rwanda rukongera kubaho, Umucyo ugataha i Rwanda.

    Uzziel Niyongira, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, yabwiye abaje Kwibuka abari Abakozi n’abarwayi mu bitaro bya Remera Rukoma bazize Jenoside yakorewe Abatutsi ko u Rwanda rwagize Imana, rugira Inkotanyi ndetse n’Umugaba mukuru wari uziyoboye, Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

    Visi Meya Uzziel Niyongira

    Ati’ Mu kwica Abatutsi mu 1994 niyo ndunduro ariko murabizi nkuko Amateka abigaragaza byatangiye cyera kuva 1959 burya nicyo bari barimo. Rero 1994 iba indunduro yo kurimbura Abatutsi burundu ndetse banasenya Igihugu mu buryo bwose’.

    Akomeza, ati‘ Aha ng’aha ni naho twese tuvuga dushize Amanga yuko iyo hatabaho Inkotanyi na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ufite ubwenge n’ubuhanga udashobora kugereranya n’abandi benshi tuzi ku Isi, Igihugu cyari kirangiye birangiye. Iyo Inkotanyi zidatabara ngo zigire n’Umugaba w’Ikirenga nka Perezida, Paul Kagame wongeye gufata imbaraga nyinshi yongera guhuza Abanyarwanda Jenoside imaze guhagarara, habaho kongera kugerageza komora ibikomere bya bacye cyane bari basigaye bacitse ku icumu, kongera guhumuriza Abanyarwanda no kugarura Ubumwe bw’Abanyarwanda Igihugu kirongera kiriyubaka, uyu munsi wa none niyo mpamvu turi aha ngaha mu bitaro bya Remera Rukoma twibuka Abaganga, Abarwayi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994‘.

    Yakomeje yibutsa buri wese kutirengagiza ko byari bikomeye kongera kubaka Igihugu bundi bushya iyo ataba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame n’Umuryango RPF-Inkotanyi mu kongera guhuriza Abanyarwanda hamwe hagamijwe kubaka Igihugu kizira Amacakubiri ayo ariyo yose.

    Yasabye buri muturage wese kuzibukira no kwamagana Ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse akamaganira kure uwo ariwe wese yagaragarwaho. Ati’ Dushingiye ku bukana Jenoside yarimburanye abantu, turasaba ko buri muturage wese agomba kuzibukira no kwamaganira kure no guhungira kure ikintu kitwa Ingengabitekerezo ya Jenoside kuko Jenoside yishe abantu, yica amarangamutima, yica Igihugu, isenya Igihugu, bityo uyu munsi wa none kuba hari umuturage wacu wagaragarwaho n’Ingengabitekerezo ya Jenoside byaba ari akaga gakomeye, byaba ari agahomamunwa bitewe n’uko nta mpamvu n’imwe yashingiraho yatuma akomeza kugira ibyo bitekerezo by’amacakubiri ndetse no kwifuza ko ubu butaka tureba bwakongera kunywa amaraso y’abana b’Abanyarwanda.

    Yakomeje asaba ko buri wese abihungira kure kandi ko n’uwo yakumva afite akayihayiho umubwire acire birarura kuko Abanyarwanda ntawe ukeneye kuzongera kumva akaga n’agahinda. Yibukije kandi ko mu Kwibuka, nta wakwibuka abazize Jenoside ngo yibagirwe Abayihagaritse ndetse bagatakaza ubuzima bwabo.

    Visi Meya Uzziel Niyongira, yasabye buri wese gufata umwanya akongera kutekereza ku mibanire ye n’abandi yirinda ko hari amacakubiri ayo ariyo yose yamuturukaho, aho yaba ava aho ariho hose. Yasabye buri wese guharanira kuzuza inshingano ye mu kubaka u Rwanda no gushyigikira Leta y’Ubumwe yasezeranije Abanyarwanda ko Jenoside itazongera kubaho ukundi. Ati’ Buri wese ni Umukoro we mu kwibaza ngo uruhare rwanjye ni uruhe mu kubaka Igihugu kizira Ingengabitekerezo ya Jenoside.


    Théogène Munyaneza

    The post Remera Rukoma/Kwibuka32: Iyo hatabaho Inkotanyi na Perezida Paul Kagame Igihugu cyari kirangiye-Visi Meya Uzziel first appeared on Intyoza.

    The post Remera Rukoma/Kwibuka32: Iyo hatabaho Inkotanyi na Perezida Paul Kagame Igihugu cyari kirangiye-Visi Meya Uzziel appeared first on Intyoza.

    Source : https://intyoza.com/2026/06/06/remera-rukoma-kwibuka32-iyo-hatabaho-inkotanyi-na-perezida-paul-kagame-igihugu-cyari-kirangiye-visi-meya-uzziel/

  • Abanyeshuri b'Abanyarwanda begukanye ibihembo mu Irushanwa Mpuzamahanga rya Huawei ICT – #rwanda #RwOT

    Huawei ICT Competition ni irushanwa ngarukamwaka ritegurwa n’ikigo cya Huawei ku rwego rw’Isi. Ryashyiriweho abanyeshuri n’abarimu bo muri za kaminuza n’amashuri makuru.

    Riba ari urubuga mpuzamahanga rwo guhatana no kungurana ubumenyi, rigafasha abaryitabiriye kongera ubumenyi bwabo mu by’ikoranabuhanga, kunoza ubumenyingiro no guteza imbere guhanga udushya hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho.

    Muri uyu mwaka, u Rwanda rwari ruhagarariwe n’amakipe atatu mu cyiciro kizwi nka Practice Competition, aho yahatanye mu byiciro bito bitatu birimo ikoranabuhanga ry’imiyoboro y’itumanaho rizwi nka Network Track, ikoranabuhanga rya Cloud Track, ndetse n’ikoranabuhanga ry’imikorere ya mudasobwa rizwi nka Computing Track.

    Mu cyiciro cya nyuma cy’iri rushanwa, abanyeshuri b’Abanyarwanda bagaragaje ubuhanga budasanzwe mu banyeshuri barenga ibihumbi 220 baturutse mu bihugu birenga 100 byo hirya no hino ku Isi.

    Amakipe yaserukiye u Rwanda yageze mu cyiciro cya nyuma, maze yegukana igihembo cya mbere n’igihembo cya kabiri. Ibi bihembo byombi byavuye muri bya byiciro bya Network, Cloud na Computing amakipe y’Abanyarwanda yari ahatanyemo.

    Hashingiwe ku mateka y’uko ibihembo bitangwa muri iri rushanwa, amakipe yegukana imyanya ya mbere n’iya kabiri ahabwa ibihembo bikomeye birimo ibikoresho bigezweho bya Huawei nka mudasobwa na telefone, amahirwe yo gukora imenyerezamwuga mu kigo cya Huawei n’akazi, ibihembo by’amafaranga, hamwe n’uburenganzira bwo gukora ibizamini by’impamyabumenyi zikomeye za Huawei ku buntu.

    Kuva ryatangizwa mu mwaka wa 2015, iri rushanwa rikomeje gukura no kwitabirwa n’ibihugu n’abanyeshuri benshi uko umwaka utashye.

    Mu Bushinwa, rifatwa nk’irushanwa ry’igihugu ku banyeshuri ba kaminuza, mu gihe ku rwego rw’Isi ryashyizwe mu bikorwa by’ingenzi na UNESCO binyuze muri gahunda yayo igamije guteza imbere ubumenyi yitwa Global Skills Academy.

    Kugeza ubu iri rushanwa rimaze kwitabirwa n’abantu barenga 1.180.000 baturutse mu mashuri makuru na kaminuza birenga 2.000 byo mu bihugu birenga 100.

    Byari ibyishimo ku banyeshuri b’abanyarwanda ubwo bahamagarwaga mu batsinze

    Byari ibyishimo ku banyeshuri b’abanyarwanda ubwo bahamagarwaga mu batsinze

    Abanyeshuri bari bahagarariye u Rwanda, begukanye ibihembo muri iri rushanwa ritegurwa na Huawei

    Ni irushanwa riba ryitabiriye n’abanyeshuri b’abahanga mu ikoranabuhanga baturutse mu bihugu byinshi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyeshuri-b-abanyarwanda-begukanye-ibihembo-mu-irushanwa-mpuzamahanga-rya

  • Noam Emeran yavuze icyamutunguye n’icyatumye atinda kuza gukinira Amavubi #rwanda #RwOT

    Umukinnyi mushya mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Noam Fritz Emeran yavuze ko impamvu yatumye atinda ari uko yashakaga kuza yiteguye abona hari icyo yafasha Amavubi.

    Ni nyuma y’uko uyu rutahizamu ukina asatira anyuze ku mpande mu ikipe ya FC Groningen mu Buholandi, ku nshuro ya mbere yitabiriye ubutumire bw’ikipe y’igihugu Amavubi ubu akaba ari kumwe n’abandi mu Misiri aho bari gukorera umwiherero.

    Yavuze ko ari ibintu by’agaciro gakomeye cyane kuba aje gukinira igihugu cye, igihugu na papa we Emeran Fritz Nkusi yakiniye.

    Ati “Ni iby’agaciro gukinira igihugu cyanjye, igihugu cya mama wanjye, igihugu na papa yakiniye.”

    Uyu mukinnyi wari umaze igihe kinini yifuzwa n’u Rwanda ariko ntibikunde, yavuze ko byatinze kuko yashakaga kuza yiteguye.

    Ati “Byaratinze kubera ko nashakaga kuza niteguye kandi nkagira icyo ntanga, ntabwo nashakaga kuza kuko izina ryanjye ari Noam Emeran, nashakaga kubanza kwitegura, ubwo maze gukina imikino myinshi ku rwego rw’uwabigize umwuga, ndumva ari cyo gihe cyo kuza.”

    Yakomeje kandi avuga ko ari icyemezo yafashe nyuma yo kuganira n’ababyeyi be nk’uko n’ubundi bajya babigenza ku bintu byinshi.

    Kuba hari nk’umukinnyi w’umunyarwanda yigeze abaza by’umwihariko nk’abakina i Burayi, yagize ati “Ntawe rwose. Ninjye na mama ndetse na papa twafashe icyemezo.”

    Emeran Noam watunguwe no gusanga mu mwiherero w’Amavubi nta tandukaniro riri mu bakinnyi bakina mu Rwanda n’abo hanze aho bose ari umuryango, yiteguye gutanga byose.

    Ati “Niteguye gutanga 200% kugira ngo mfashe igihugu cyanjye. Ikintu cyantunguye nkigera mu mwiherero ni uko nasanze yaba abakinnyi bakina mu Rwanda n’abakina hanze bose ari bamwe, ni umuryango nta tandukaniro.”

    Noam kandi yavuze ko afite amatsiko yo gukinira muri Stade Amahoro yuzuye.

    Ati “Cyane, ubwo nabibonaga ubushize bwari ubwa mbere, ntabwo nari mbyiteze. Narabyishimiye, urabizi imikino rimwe na rimwe iba ari nk’ubusazi, ntabwo nari narabibonye n’amaso yanjye, narabibonye birantungura.”

    Yavuze ko nubwo nta mikino y’Amavubi myinshi yarebye ariko nk’iyo aheruka ya FIFA Series yayirebye, uburyo batwaye igikombe byoroshye, abafana ari benshi ari nabwo yabonaga Amahoro yuzuye.

    Noam Emeran yavuze ko impamvu yatinze kuza gukinira Amavubi ari uko yashakaga kuza yiteguye

    Source : http://isimbi.rw/noam-emeran-yavuze-icyamutunguye-n-icyatumye-atinda-kuza-gukinira-amavubi.html

  • Umunsi Clapton Kibonge agwa gitumo Papa Iddy wari warongoye rwihishwa #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa filime, Harerimana Isaac wamenyekanye nka Papa Iddy muri sinema, yahishuye ko atajya asiba mu mutwe ibihe byo gutangara gukomeye yagize umunsi Clapton Kibonke yinjira mu nzu yakodeshaga mu busore bwe agatungurwa no gusanga mu cyumba cye, Umulisa Yvette bari bamaze iminsi micye babana nk’umugore n’umugabo.

    Papa Iddy nk’uko akina muri filime Umuturanyi yitwa, azwi mu mwuga wo gufata, gutunganya amashusho no gukina filime nka Papa Iddy yavuze ko ubushuti bwe na Clapton Kibonge bwashinze imizi guhera mu myaka yashize, ibi ari nabyo byamusunikiraga kwisanzura mu nzu yakodeshaga nta ruhushya kubera uyu mubano w’agati k’inkubirane bari bafitanye.

    Mu kiganiro na ISIMBI, Papa Iddy ubarizwa muri kampani itunganya ikanakora filime yitwa ‘Day makerd’ ya Clapton Kibonge yavuze ko mu gitondo kimwe Kibonge yaje kumukomangira kugira ngo bajye gufata amashusho ya filime nk’umwuga wari usanzwe ubatunze hanyuma agatungurwa no kuhasanga Yvette kuri ubu bafitanye abana babiri. Yvette na we ni umukinnyi wa filime ndetse muri filime Umuturanyi akina yitwa Roza ari umugore wa Papa Iddy

    Aho yagize ati ‘Kibonge yakundaga kuza akambwira ngo tujye ku kazi bisanzwe, hanyuma umunsi umwe yakuyeho irido ryari ku cyumba cyanjye ahita abona uyu mugore wanjye kandi noneho urumva nari nanasohotse ndi gutunganya camera, ahita asohoka avuga ngo ‘Papa Iddy yarongoye …’ kandi koko nari narongoye.’

    Uyu mugabo witegura gushyira hanze umushinga wa filime ye yavuze ko yashakanye na Yvette nawe usanzwe ari umukinnyi wa filime mu gihe yari mu gihe cy’ubukene budasanzwe aho yabaga mu nzu y’icyumba kimwe ararana na byinshi mu bikoresho by’isuku ndetse nta n’isafuriya yagiraga.

    Ati ‘Icyo gihe nabaga mu cyumba kimwe mfitemo matela, icupa rya gas, inkweto, imyenda ndetse hari n’igihe najyaga njya gutira mu baturanyi isafuriya nkasanga byaracyatetse ariko barasozaga bagahita bantiza.’

    Yvette nawe yagaragaje ko impamvu zamukururiye gutangira urugo muri bene ubu buzima bwegera gusaba umunyu byaturutse ku buryo yakuzemo bigoranye kandi yifuzaga umuntu umukunda uko ari akanamuha amahoro.

    Papa Iddy yavuze uburyo yashakanye na Roza akennye

    Source : http://isimbi.rw/umunsi-clapton-kibonge-agwa-gitumo-papa-iddy-wari-warongoye-rwihishwa.html

  • Abasirikare babiri ba RDF basoje amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare muri Kenya – #rwanda #RwOT

    Uyu muhango ukomeye wo gusoza amasomo no gutanga impamyabumenyi witabiriwe n’abayobozi barimo Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zishinzwe gutabara aho rukomeye, Eastern Africa Standby Force (EASF), Brig Gen Ronald Rwivanga.

    Hari hari kandi Umuyobozi Mukuru w’Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Andrew Nyamvumba ndetse n’Umujyanama mu bya Gisirikare muri Ambasade y’u Rwanda muri Kenya, Col Celestin Kamanda.

    Gusoza neza aya masomo bigaragaza ubwitange n’ubunyamwuga bw’aba basirikare mu gushaka kugera ku rwego rwo hejuru mu nshingano zabo.

    Kohereza abasirikare bakuru kwiga mu mashuri mpuzamahanga nk’iri, ni kimwe mu bikorwa bishimangira umuhate w’Ingabo z’u Rwanda wo gukomeza kongerera abasirikare ubushobozi n’ubumenyi bwimbitse, no gushyigikira ubufatanye bw’ibihugu mu kubungabunga umutekano mu karere.

    Lt Col Pacifique Kanyandekwe na Maj John Muhikira basoje amasomo y’imiyoborere mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare (Senior Joint Command and Staff College) riherereye i Karen muri Kenya

    Umuhango wo gushyikiriza impamyabumenyi aba basirikare, witabiriwe n’abarimo Brig Gen Ronald Rwivanga (wa gatatu uturutse iburyo) na Brig Gen Andrew Nyamvumba ( wa kane uturutse ibumoso)


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abasirikare-babiri-ba-rdf-basoje-amasomo-mu-ishuri-rikuru-rya-gisirikare-muri