Blog

  • Perezida Kagame yashimiye Arsenal yanyagiye M… – #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru tariki ya 2 Gashyantare 2025, nibwo ikipe ya Arsenal yari yakiriye Manchester City kuri Emirates Stadium mu mukino wo ku munsi wa 24 wa shampiyona y’u Bwongereza.

    Uyu mukino warangiye iyi kipe y’abarashi inyagiye Manchester City ibitego 5-1. 

    Ni ibitego byatsinzwe na Martin Odegaard ku munota wa kabiri ahawe umupira na Kai Havertz,Thomas Partey ku munota wa 56,Myles Lewis-Skelly ku munota wa 56 ahawe umupira na Declan Rice,Kai Havertz ku munota wa 76 ahawe umupira na Gabriel Martinelli ndetse na Ethan Nwaneri ku munota wa 90+3 ahawe umupira na Declan Rice.

    Ni mu gihe igitego cya Manchester City cyo cyatsinzwe na Erling Haaland ku munota wa 55 ahawe umupira na Savinho.

    Nyuma y’uyu mukino, Perezida Kagame usanzwe afana Arsenal abinyujije kuri X ye yagaragaje amarangamutima ye aho yanditse ati” Arsenal/Abarashi-Murakoze. Reka tugende”.

    Ikipe ya Arsenal yakomeje kuba kumwanya wa Kabiri ku rutonde rwa shampiyona aho irushwa amanota 6 na Liverpool ya mbere. 

    Perezida Kagame ni umufana wa Arsenal kuva mu 1996, aho avuga ko ayikundira umukino mwiza ikina yatsinda cyangwa igatsindwa.

    Mu 2007 ubwo Perezida Kagame yizihizaga isabukuru y'imyaka 50 y'amavuko, umutoza Arsene Wenger [watozaga Arsenal] yamuhaye impano y'idarapo ry'iyi kipe ririho imikono y'abakinnyi bose mu kumushimira.

    Ntabwo ari ibi gusa kuko n’ikipe ya Arsenal muri 2014 yamugeneye impano azishyikirizwa na Tony Adams wahoze ari kapiteni wayo.

    Tony Adams yatangaje ko iyi kipe yamugeneye umupira wo gukina wa Arsenal, imuha imipira itatu yo kwambara ya Arsenal hariho umwe uriho amazina ye na numero imwe.

    Arsenal ifitanye umubano n'u Rwanda kuko kuva muri Gicurasi 2018 Ikigo cy'Igihugu cy'Iterambere (RDB) cyinjiye mu bufatanye bw'imyaka itatu n'iyi kipe ya Arsenal FC yo muri Premier League, u Rwanda ruyibera umuterankunga wa mbere ku maboko y'imipira, aho yambara 'Visit Rwanda' ku kuboko kw'ibumoso ku ikipe nkuru, iy'abatarengeje imyaka 23 no mu ikipe y'abagore.

    Perezida Kagame yashimiye Arsenal yanyagiye Manchester City 

    Abakinnyi ba Arsenal bishimira igitego cya Lewis- Skelly 

    Arsenal yanyagiye Manchester City 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/151730/perezida-kagame-yashimiye-arsenal-yanyagiye-manchester-city-151730.html

  • David Bayingana yateye imitoma Miss Nadia Umu… – #rwanda #RwOT

    David Bayingana umwe mu bayobora Radio B&B FM Umwezi, abinyujije kuri Instagram, yateye imitoma uyu mukobwa amwifuriza isabukuru nziza y’Amavuko.

    Yanditse ati”Isabukuru nziza Mwamikazi wanjye, twishimiye umwaka wuzuye urukundo, ibitwenge nibyo umutima wawe wifuza”.

    Amakura ava mu nshuti za Nadia Umutesi, avuga ko ari mu rukundo na David Bayingana ndetse ko atari  ubwa mbere uyu munyamakuru amuteye imitoma, ku isabukuru ye y’amavuko dore ko ari nako byagenze mu mwaka ushize wa 2024.

    Uyu mukobwa ari mu bahataniye ikamba rya Nyampinga w'u Rwanda 2017 ndetse ni nawe wabaye Nyampinga uberwa n’amafoto.

    David Bayingana yatangiriye itangazamakuru kuri Radio Salus, yayivuyeho ajya kuri Voice of Africa, ayivaho ajya kuri Radio10, ubu akaba ari kuri B&B FM ahoabereye.

    Miss Nadia Umutoni uvugwa mu rukundo na David Bayingana

    David Bayingana aravugwa mu munyenga w’urukundo na Miss Nadia Umutoni 

    Nadia Umutesi yabaye Nyampinga uberwa n’amafoto mu 2017

     

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/151731/david-bayingana-yateye-imitoma-miss-nadia-umutesi-bavugwa-mu-rukundo-151731.html

  • Amb. Vincent Karega yabwiye abashakira amakuru y'u Rwanda kuri Kayumba Nyamwasa ko bakama ikimasa – #rwanda #RwOT

    Yabitangarije ku rubuga nkoranyambaga X kuri uyu wa 2 Gashyantare 2025, ubwo yasubizaga ku byo Kayumba Nyamasa yabwiye igitangazamakuru Newzroom Afrika cyo muri Afurika y'Epfo.

    Muri iki kiganiro Kayumba Nyamwasa yifashishijwe nk'inzobere muri politike n'igisirikare by'u Rwanda, bigendanye n'intambara iri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Ni intambara yahagurukije Leta ya Afurika y'Epfo cyane ko imaze kugwamo abasirikare 14 b'iki gihugu barwana ku ruhande rw'ingabo za Leta (FARDC).

    Amb. Karega yagaragaje ko Kayumba Nyamasa amaze igihe kinini atari umusirikare mu Rwanda ku buryo yaba umuntu wo kubazwa amakuru ajyanye na rwo.

    Yashimangiye ko kubaza Kayumba Nyamwasa amakuru y'u Rwanda bisa no gukama ikimasa kuko ntacyo aruziho bijyanye n'igihe aruherukiramo.

    Ati 'Ese ni ryari Kayumba aheruka kuba umusirikare mu Rwanda? Muri kugerageza gukama iki mu kimasa? mushake amasoko meza y'amakuru. Ntabwo mukwiye kujya kubyutsa dinosaur yapfuye mu mva.'

    Kayumba Nyamwasa yatorotse muri Gashyantare 2010 ubwo hari ibyo yashinjwaga agatumizwa ku Biro bya FPR Inkotanyi kugira ngo yisobanure ndetse agirwa inama yo kwandika ibaruwa isaba imbabazi, ariko ntiyabikora ahitamo guhunga.

    Yavuye rwihishwa mu gihugu anyura muri Uganda, yerekeza muri Afurika y'Epfo aho yasanze Patrick Karegeya wari waragezeyo mbere gato mu 2008.

    Icyo gihe, nk'abantu babiri bahoze bakomeye mu gisirikare cy'u Rwanda, bikojeje hasi, basakuma abo bumva bose ko bashobora kubafasha mu mugambi wabo mugari wo guhungabanya umutekano w'u Rwanda no kugera ku butegetsi.

    Nubwo babigerageje ariko ntibyabahiriye ari nabyo Amb. Karega ashingiraho agaragaza ko nyuma y'imyaka irenga 15 atari mu gihugu ndetse na mbere y'aho akaba yari mu zindi nshingano zitandukanye n'igisirikare nta makuru yuzuye arufiteho.

    Kayumba Nyamwasa kuri ubu uyobora umutwe wa RNC, yahamijwe ibyaha n'Urukiko rwa Gisirikare adahari ku wa 14 Mutarama 2011.

    Ibyaha yakoze birimo gushinga umutwe w'iterabwoba, kugerageza guhungabanya umutekano w'igihugu, kutubahiriza amategeko n'ibindi, nyuma yo kugaba ibitero bya grenade mu Mujyi wa Kigali mu bihe bitandukanye mu 2010 byahitanye ubuzima bwa benshi.

    Raporo zitandukanye mu myaka ishize zagaragaje ko Kayumba Nyamwasa yari yaratangiye kwegeranya abarwanyi mu Burasirazuba bwa RDC, mu mugambi wo kuzatera u Rwanda.

    Hashize igihe u Rwanda ruhamya ko ubwirinzi bwashyizwe ku mipaka iruhuza na RDC butazahava mbere y'uko umutwe wa FDLR urandurwa, ndetse ngo havanweho imitwe y'ingabo ishaka kuruhungabanyiriza umutekano.

    Amb. Vincent Karega yabwiye abashakira amakuru y'u Rwanda kuri Kayumba Nyamwasa ko bakama ikimasa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amb-vincent-karega-yabwiye-abashakira-amakuru-y-u-rwanda-kuri-kayumba-nyamwasa

  • Tanzania yemeje ko abasirikare bayo babiri baheruka kwicirwa muri RDC – #rwanda #RwOT

    Iki gisirikare cyatangaje ko ibyo byabereye mu ntambara yabaye hagati y'itariki 24 na 28 Mutarama 2025, mu bice bya Goma na Sake.

    Itangazo rigira riti 'Nyuma y'ibitero byinshi muri Sake na Goma uduce dufitwe n'umutwe witwaje intwaro wa M23 ku wa 24 na 28 Mutarama 2025, Igisirikare cya Tanzania cyatakaje abasirikare babiri abandi bane barakomereka. Abakomeretse bari guhabwa ubuvuzi i Goma.'

    Byatangajwe ko hari gutegurwa uburyo bwo gutwara imirambo y'abasirikare biciwe ku rugamba ngo bashyingurwe mu cyubahiro ndetse n'abakomeretse bakajya kuvurwa kandi ko bizakorwa mu bufatanye n'ubunyamabanga bwa SADC.

    Rikomeza riti 'Imana ihe abakomeretse gukira vuba kandi ituze aheza muri Paradizo roho z'abapfuye.'

    Ubuyobozi bw'Igisirikare cya Tanzania kandi buvuga ko bumaze igihe bukora ubutumwa bwo kugarura amahoro mu bihugu bitandukanye binyuze mu Muryango w'Abibumbye cyangwa Umuryango w'ubukungu bw'ibihugu byo muri Afurika y'Amajyepfo SADC.

    Bwakomeje bugaragaza ko abasirikare b'icyo gihugu bagiye kugarura amahoro mu bihugu birimo Liban, Sudan, Centre Afrique, Liberia, Mozambique na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Bwerekanye ko kandi binyuze muri uko kugira uruhare mu bikorwa byo kugarura amahoro ari byo byatumye ingabo za Tanzania zijya mu Burasirazuba bwa RDC ahari ibibazo by'umutekano muke aho umutwe witwaje intwaro wa M23 uri kurwana n'ingabo za Leta, FARDC, mu butumwa bwa SAMIDRC.

    Igisirikare cya Tanzania kandi cyagaragaje ko ingabo zacyo ziri muri RDC kuri ubu zitekanye kandi zizakomeza inshingano zazo bijyanye n'amabwiriza azatangwa n'ubuyobozi bwa SADC.

    Abasirikare bari mu butumwa bwa SADC muri RDC buzwi nka SAMIDRC, hatangajwe ko hamaze gupfa abasirikare ba Afurika y'Epfo 14, na batatu bo muri Malawi.

    Abo basirikare baguye mu mirwano ikomeye izo ngabo zahanganyemo na M23 ubwo yashakaga kwigarurira Umujyi wa Goma.

    Perezida wa Afurika y'Epfo, Cyril Ramaphosa, aherutse kuvuga ko abasirikare ba Afurika y'Epfo baguye muri RDC, bishwe n'igisirikare cy'icyo gihugu, FARDC.

    Ingabo za SADC ziri muri RDC zikomeje gutangaza ko zapfushije abasirikare bazo mu mirwano na M23


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/tanzania-yemeje-ko-abasirikare-bayo-baheruka-kwicirwa-muri-rdc

  • Urugaga Nyarwanda rw'Inzobere mu Bidukikije rwabonye abayobozi bashya – #rwanda #RwOT

    Ni inama yateranye ku wa 31 Mutarama 2025, yareberaga hamwe uko raporo y'umwaka yagenze, hanatorwa komite nyobozi nshya igizwe na Perezida Jean Paul Ndayisabye, Visi Perezida aba Camille Nyamihana, Umunyamabanga agirwa Emelyne Kayitaramirwa n'abajyanama babiri.

    Jean Paul Ndayisabye wari usanzwe ari Visi Perezida wa RAPEP muri komite icyuye igihe, yagaragaje ko yishimiye kuba abanyamuryango bamubonyemo ubushobozi, abizeza kwitangira urugaga kugira ngo rukomeze rutere mbere.

    Ati 'Ubu mfite inshingano zo gushaka ubushobozi bwigiye hejuru atari ukubukura mu banyamuryango kugira ngo umuryango waguke, mbijeje kandi ubufatanye, kubitangira, gukora cyane no kugaragaza isura y'umuryango guhera ku rwego rw'igihugu kugeza ku rwego mpuzamahanga.'

    Umunyamuryango wa RAPEP, Karekezi Wede Emmanuel, yavuze ko afitiye icyizere abayobozi bitoreye, kandi ko bazakomeza gufasha ubuyobozi kwesa imihigo bwihaye.

    Ati 'Abatowe turabasaba kwigomwa kuko ni akazi gasaba umwanya uhagije, turabasaba kandi kugisha inama bakumva ibyo abanyamuryango dukeneye, tugakomeza gutera imbere mu buryo butunogeye twese.'

    Emerance Nyirangoga yavuze ko yizeye ko abatowe bazajya babatekerereza ibyiza ariko batabafatiye imyanzuro kuko iba ukwiye kuganirwaho.

    Ati 'Twabatoye tubabonamo ubushobozi, ndabasaba gukomeza kudushakira amahugurwa menshi, urugaga rwacu tukarumenyekanisha, abantu benshi hano hanze bakarumenya, n'abana batazi ko ruhari bakaza bakabimeya, tugahuriza hamwe ibiterekerezo kugira ngo dukomeze tubungabunge ibidukikije.'

    Uwari Perezida wa RAPEP, Ngendahayo Richard yasezeranyije uwaje kumokorera mu ngata gukomeza kumuba hafi, kandi ko azakora uko ashoboye kugira ngo umuryango ukomeze gutera imbere.

    Kugeza uyu munsi, RAPEP imaze imyaka umunani ikora, aho ifite abanyamuryango barenga 300 bari mu byiciro bitatu birimo abahanga kurusha abandi n'abakizamuka.

    RAPEP kandi igizwe na kompanyi zigera kuri 86, ari na zo zikora akazi kenshi ko gutunganya inyigo nsuzumangaruka ku bidukikije n'ubuzima bw'abantu ku mishinga itandukanye y'iterambere ry'igihugu.

    RAEP igizwe n’abanyamuryango barenga 300

    Amatora yabaye mu mucyo no mu bwisanzure

    Visi Perezida Camille Nyamihana, yishimiye abanyamuryango bamutoye

    Emelyne Kayitaramirwa watorewe kuba umunyamabanga yasezeranyije abanyamuryango ubwitange mu kazi kabo

    Uwatorewe kuba Perezida wa RAPEP, Jean Paul Ndayisabye, yabwiye abanyamuryango ko bazakomeza gufatanya kugira ngo bateze imbere urugaga

    Uwari Perezida wa RAPEP, Ngendahayo Richard yasezeranyije uwaje kumokorera mu ngata gukomeza kumuba hafi

    Komite nyobozi nshya yatowe yiyemeje guharanira iterambere ry’urugaga

    Amafoto: Shumbusho Djasiri


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/urugaga-nyarwanda-rw-inzobere-mu-bidukikije-rwabonye-abayobozi-bashya

  • Abahitanywe n'amasasu ya RDC i Rubavu bageze kuri 15, ibyangiritse bifite agaciro ka miliyoni 150 Frw – #rwanda #RwOT

    Ibi Mukuralinda yabitagarije mu kiganiro Urubuga rw'Itangazamakuru gitambuka ku bitangazamakuru byo mu Rwanda bitandukanye.

    Yavuze ko kurasa mu Rwanda kwa RDC kwabaye cyane cyane ku itariki ya 26 na 27 Mutarama 2025 bitabaye ku bw'impanuka, kuko igisirikare cy'icyo gihugu bigaragara ko cyari cyagambiriye kurasa ku basivile.

    Ati 'Ntabwo amasasu n'amabombe yarashwe gutyo wavuga ngo ni ukubera ko imipaka ifatanye baribeshye'.

    Gusa yavuze ko nubwo RDC yarashe ku basivile i Rubavu yabigambiriye nta musirikare wayo n'umwe wigeze ahirahira kwinjira mu Rwanda arwana.

    Ati 'Nubwo hari abarashe mu Rwanda amasasu mato n'amanini nta musirikare [wa FARDC] wigeze ahirahira avuga ko agiye kwinjira mu Rwanda ahateye.Nta n'uwabigerageje ngo wenda bamusubize inyuma.'

    Yavuze ko kugeza ubu abamaze kumenyekana bahitanywe n'ayo masusu ari abantu 15, mu gihe abandi 162 bakomeretse muri bo 117 bakaba baravuwe basezererwa mu mavuriro mu gihe 45 bakivurwa barimo batandatu barembye.

    Mu bindi bimaze kumenyekana byangijwe n'ayo masasu ni inzu zirenga 200 zangiritse harimo izigera ku 151 zifite agaciro k'arenga miliyoni 130 Frw. Muri izo nzu zimaze kubarurwa izigera kuri 10 zarangiritse cyane, mu gihe izindi zigera ku 183 zangiritse ibisenge naho 38 zo zangirika amadirishya n'inzugi.

    Hari kandi mashuri ya Leta atanu n'andi abiri yigenga yangiritse yose abarirwa mu gaciro ka miliyoni zirenga 27 Frw. Ibyo kandi byiyongeraho amatungo atandukanye yagiye ahitanwa n'ayo masasu.

    Mukuralinda yavuze ko byumvikana impamvu abaturage i Rubavu bagize ubwoba bagahunga nk'uko n'Abanye-Congo bavaga i Goma bari bari guhunga bagana mu Rwanda.

    Yongeyeho ko abo banye-Congo bari bahungiye mu Rwanda ubu basubiye iwabo kuko hari umutekano usesuye nyuma yo gufatwa n'umutwe wa M23 ku buryo hasigaye ababarirwa hagati ya 20% na 30% by'abari bahahungiye bose.

    Ni mu gihe kandi abakoreraga imiryango mpuzamahanga bari bahungiye mu Rwanda na bo batangiye kugenda hakaba hasigaye ababarirwa muri 40%.

    Mukuralinda yavuze ko ibyo bishimangira ko umutekano w'u Rwanda ari wose kuko n'abacanshuro b'Abanyaburayi bahanyuze babashije gutaha iwabo nta kibazo cy'umutekano mucye kibaye bityo asaba Abanyarwanda kuryama bagasinzira.

    Ati 'Umutekano w'u Rwanda urahari kandi urarinzwe baryame basinzire ariko nta kwirara.Abantu ntibagomba kwirara kuko intwaro zafatiwe i Goma hamaze gufatwa zigaragaza ko zitari izo kurwanya gusa M23. N'amakuru ahari agaragaza ko hari harimo n'umugambi wo gutera u Rwanda'.

    Umuvugizi wungirije wa Guverinoma yongeyeho ko n'Igihugu na cyo cyiticaye ubusa kuko RDC itahwemye gusubiramo ko ishaka gutera u Rwanda no guhirika ubutegetsi bwarwo kandi ko itigeze itangaza ko uwo mugambi yawuretse.

    Ubwo yari mu nama y'Abakuru b'Ibihugu b'Umuryango wa Afurika y'Ibirasirazuba (EAC) ku itariki 29 Mutarama 2025 yigiraga hamwe icyakorwa ku ntambara ikomeje kuyogoza Uburasirazuba bwa RDC, Perezida Paul Kagame, yasezeranyije ko u Rwanda hari icyo ruzakora ku masasu RDC yarurasheho.

    Yagize ati 'Mu minsi ibiri cyangwa itatu ishize twapfushije abantu, habayeho kurasa cyane guturutse mu Burasirazuba bwa Congo, i Goma.Hapfuye abantu babarirwa mu binyacumi, hakomereka abarirwa mu magana, ibyo mu buryo budashidikanywaho tuzabyitaho.Nta kubishidikanyaho.'


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abapfuye-bageze-kuri-15-hangirika-ibifite-agaciro-ka-miliyoni-150-frw

  • Abanyarwanda baba muri Nigeria basabwe kwigira ku murage w'ubutwari mu rugamba rwo kubaka igihugu – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ku wa Gatandatu, tariki ya 01 Gashyantare 2025, ubwo Abanyarwanda baba muri Nigeria n'inshuti zabo bizihizaga umunsi w'Intwari z'Igihugu ku nshuro ya 31 mu ndangagaciro z'umuco w'u Rwanda.

    Ibirori byo kwizihiza uyu munsi byabereye mu Murwa Mukuru, Abuja, ku nsanganyamatsiko y'uyu mwaka 'Ubutwari n'Ubumwe bw'Abanyarwanda, inkingi z'iterambere'.

    Ambasaderi Bazivamo Christophe yavuze ko tariki ya 1 Gashyantare ari umunsi wihariye mu mateka y'u Rwanda.

    Yagize ati 'Uyu munsi ufite igisobanuro cyihariye ku Banyarwanda twese ndetse n'inshuti zacu. Ni umunsi wo kuzirikana ubutwari, kwitanga no kwiyemeza kw'abahanze u Rwanda, bakarwagura, n'abarubohoye bakaruhesha agaciro rukaba rumaze kuba ubukombe.

    Yakomeje ati 'Izi ntwari tuzi n'izo tutazi, abenshi batanze ubuzima bwabo, abandi barangwa n'ubushishozi, kutikunda, ubunyangamugayo…kugira ngo hubakwe u Rwanda rukomeye, rushyize hamwe kandi ruteye imbere.''

    Yagaragaje ko ibikorwa by'ubutwari ari ubushake bw'Abanyarwanda biyemeje kubaka igihugu, abasaba gushyira imbere ubumwe n'ubudaheranwa mu rugamba rw'iterambere.

    Ati 'Ibikorwa by'ubutwari si iby'abantu ku giti cyabo gusa, ahubwo ni n'ubushake bw'Abanyarwanda twiyemeje kubaka igihugu cyacu dushingiye ku bumwe, ubudaheranwa n'iterambere. Ndasaba abari hano twese, Abanyarwanda n'inshuti zacu, kwigira ku murage w'intwari zatubanjirije maze tukubaka ejo heza kandi hatubereye.''

    Umuyobozi uhagarariye Abanyarwanda baba muri Nigeria, Dr. Otto Vianney Muhinda, yibukije ko indangagaciro z'ubutwari mu Rwanda n'Abanyarwanda atari ibya none.

    Yavuze ko mu bihe binyuranye kandi bikomeye u Rwanda rwanyuzemo, haba mbere y'ubukoroni, mu gihe cyabwo ndetse na nyuma yabwo, u Rwanda rwagiye rugobokwa n'abana barwo b'intwari.

    Ati 'Ndavuga abagore n'abagabo baranzwe no gukunda igihugu, kukitangira, gushyira hamwe, gukunda ukuri no kwanga umugayo'

    Dr. Otto Muhinda yibukije Abanyarwanda n'inshuti zabo, inzego z'Intwari z'Igihugu zirimo Imanzi, Imena n'Ingenzi hamwe n'Ibiranga Intwari z'Igihugu.

    Yavuze ko intwari zirangwa no kugira umutima ukomeye kandi ukeye, gukunda igihugu, kwitanga, kugira ubushishozi, kugira ubwamamare mu butwari, kuba intangarugero, kuba umunyakuri, kugira ubupfura, kugira ubumuntu ndetse asaba urubyiruko kuzigiraho.

    Abitabiriye uwo munsi kandi basusurukijwe mu mbyino n'indirimbo zishimagiza Intwari z'u Rwanda hamwe n'umuhamirizo w'intore z'Abanyarwanda baba Abuja.

    Ambasaderi w'u Rwanda muri Nigeria, Bazivamo Christophe, yasabye Abanyarwanda kwigira ku murage w'ubutwari

    Abanyarwanda baba muri Nigeria bagararijwe indangagaciro zarangaga intwari z’igihugu

    Ambasaderi w'u Rwanda muri Nigeria, Bazivamo Christophe, yishimanye n’Abanyarwanda baba muri Nigeria ku munsi w’Intwari

    Abato nabo bitabiriye ibyo birori

    Imbyino nyarwanda zafashije abitabiriye ibi birori

    Ibi birori byitabiriwe n’abantu batandukanye barimo n’inshuti z’u Rwanda

    Abanyarwanda baba muri Nigeria basabwe gukomeza kuzirikana umurage w’ubutwari

    Intore z’Abanyarwanda baba muri Nigeria basusurukije abitabiriye ibi birori


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyarwanda-baba-muri-nigeria-basabwe-kwigira-ku-murage-w-ubutwari-mu-rugamba

  • Netflix yahagaritse filime 'The Sandman' nyuma yo gushinjwa ihohotera rishingiye ku gitsina na Neil Gaiman #rwanda #RwOT

    Ikigo gitunganya kikanacuruza filime n'ibiganiro, Netflix, cyatangaje ko cyahagaritse filime y'uruhererekane yitwa 'The Sandman', yandikwa na Neil Gaiman, nyuma y'uko abagore umunani bamushinje ko yabakoreye ihohotera rishingiye ku gitsina.

    Ku wa 1 Mutarama 2025, Netflix yatangaje ko igiye gusohora igice cya kabiri cya filime 'The Sandman' gusa akaba aricyo cya nyuma nta kindi kizasohoka. Mu 2022, yari yatangaje ko bitewe n'uko iyi filime yakunzwe cyane hazasoka ibice byinshi byayo.

    Netflix ntiyatanze ubusobanuro bw'impamvu yahisemo guhagarika iyi filime yandikwaga na Neil Gaiman inashingiye ku gitabo cye, ariko yavuze ko igice cya kabiri kizasubiza ibibazo abafana basigaranye nyuma yo kureba igice cya mbere.

    Uyu mwanzuro wa Netflix biravugwa ko ufite aho uhuriye n'ibimaze iminsi biba kuri Neil Gaiman uyandika akaba ari nawe nyirayo, ibyo bikaba bijyanye n'ibyo ashinjwa by'ihohotera rishingiye ku gitsina. Gaiman yashinjwe ihohotera rishingiye ku gitsina mu 2023, gusa mu minsi ishize byafashe indi ntera ubwo The New York Times yasohoraga ibaruwa yanditswe n'abagore umunani bashinja uyu mugabo kuba yarabafashe ku ngufu abo bagore umunani mu bihe bitandukanye.

    Ntabwo ari Netflix yonyine ihagaritse filime ya Neil Gaiman, dore ko izindi sosiyete zirimo Amazon na Disney zimaze iminsi zibikora.

    Neil Gaiman ni umwe mu bandika ibitabo na filime bakomeye muri Hollywood, aho yanditse nyinshi zakunzwe, zirimo nka 'American Gods', 'Good Omens', 'Anansi Boys', n'izindi, akaba ari umwe mu banditsi bafite izina rikomeye ku rwego rw'Isi.

    Ikigo gitunganya kikanacuruza filime n'ibiganiro, Netflix, cyatangaje ko cyahagaritse filime y'uruhererekane yitwa 'The Sandman', yandikwa na Neil Gaiman, nyuma y'uko abagore umunani bamushinje ko yabakoreye ihohotera rishingiye ku gitsina.
    Ibi bikorwa byose byatumye Neil Gaiman aba umwe mu banditsi bakomeye muri sinema, ariko ibi bibazo byamugizeho ingaruka ku iterambere ry'imishinga ye.

     

    Source : https://kasukumedia.com/netflix-yahagaritse-filime-the-sandman-nyuma-yo-gushinjwa-ihohotera-rishingiye-ku-gitsina-na-neil-gaiman/

  • Ibyo ukwiye kumenya ku bihembo bya Grammy bib… – #rwanda #RwOT

    Buri mwaka abayobozi bategura ibi bihembo bya Grammy baterana inshuro nibura ebyiri bakiga ku busabe bw'injyana ziba ziri ku isoko bagendeye ku byifuzo by'abantu batandukanye cyangwa se ibihugu biba bifite imiziki igezweho muri ibyo bihe. 

    Iyo abayobozi basanze izo njyana zisabirwa kujya mu zihatanira ibihembo zibikwiriye kandi zujuje ibisabwa, barazemeza bagatangaza ibyiciro bazigeneye.

    Biteganijwe ko muri uyu mwaka, ibi bihembo biraza gutangwa mu ijoro ryo kuri uyu wa 02 Gashyantare 2025, mu birori birabera muri Crypto.com Arena yo mu Mujyi wa Los Angeles muri Leta ya California.

    Ni ijoro ry'amateka ku bakunda umuziki bitewe n'uko umuhanzi wegukanye iki gihembo aba ashyirwa na benshi ku rutonde rw'abanyabigwi babayeho mu mateka y'umuziki.

    Hari abahanzi begukana Grammy bakazamura ibiciro, urugero rwa vuba rukaba Tyla wo muri South Africa wafatwaga nk'umuhanzikazi uri kuzamuka, yatangira guhatana muri ibi bihembo ibiciro bigatumbagira.

    Ku rundi ruhande guhatana muri Grammy, bizamura agaciro ku muhanzi dore ko usanga kuva i Kigali kugera i Seoul, buri wese afite inzozi zo kuzatwara iki gihembo nibura rimwe mu buzima bwe.

    Ni gute umuhanzi yinjira mu bahataniye ibi bihembo?

    InyaRwanda igiye kugufasha kumenya urugendo rugeza umuhanzi ku kuba yakwinjira mu bahataniye ibihembo bya Grammy Awards byatangiye gutangwa kuwa 04 Gicurasi 1959.

    Iyo havuzwe ibihembo mu muziki, hari ibiba byaramaze gushinga imizi buri muhanzi aba yifuza kwegukana mu ruganda rw'umuziki, gusa kugeza ubu nta bihembo bisumba Grammy.

    Ikibazo cyibazwa na benshi harimo ‘ese ni gute umuntu yinjira mu bahatanira ibi bihembo’? Hari byinshi bishingirwaho mu kuba igihangano cy'umuntu cyakwinjira mu bihatanira ibi bihembo.

    Icya mbere muri ibyo harimo kuba ibihangano cyangwa igihangano cyawe cyaramaze kugera ku mbuga zose zicururizwaho umuziki mbere y’uko Nzeri ibanziriza itangwa ry'ibi bihembo igera kandi bikaba byarakozwe kinyamwuga.

    Iyo bigeze kuri Album n'igisa nayo, kugira ngo yemerwe igomba kuba itari munsi y'igice cy'isaha, mu gihe zaba ari indirimbo eshanu zihuriye hamwe zigomba kuba zirengeje iminota cumi n'itanu.

    Ikindi ni uko igihangano cyangwa ibihangano bigomba kuba ari umwimerere atari iyasubiwemo [cover], birumvikana ko igomb kuba itaragemuwe cyangwa mu Kinyarwanda cy'imyidagaduro itari “igishishwa” kuko imeze guto byaba bigoye ko yakwemerwa.

    Hari ikitwa 'Entry' ugenekereje ni ukwinjira muri ibi bihembo, ari na cyo cyiciro kibanziriza byose, aho ibihangano kigezwa mu biganza by’abategura ibi bihembo [Recording Academy] kugira ngo byigweho.

    Nyuma yo kwigwaho ni bwo bimwe byemererwa guhatana bihabwa 'Nomination'. Uwo bemereye guhatana, ni agahigo gakomeye kadapfa kugerwaho na buri umwe mbega ni indoto za buri umwe.

    Kugira ngo igihangano kigere mu biganza bya Recording Academy cyangwa se abategura Grammy Awards, akenshi binyura mu mikoranire iba isanzwe iri hagati y'abategura ibi bihembo n'abareberera inyungu z'umuhanzi.

    Ubwo buryo ariko si bwo bukoreshwa ku bahanzi bamaze gushinga imizi kuko birumvikana bo birikora kuko ibikorwa byabo biba bivuga cyane. Abategura ibi bikorwa bahita bicara bagafatanya guhitamo.

    Kugira amahirwe yo kwinjira mu cyiciro cy’abahataniye ibi bihembo bikomeye mu muziki, byagiye bihindurira amateka abahanzi kabone nubwo batabyegukana.

    Akanama k’abatoranya abinjira mu guhatanira ibi bihembo kaba kagizwe n’intyoza mu ruganda rw'umuziki n'ubuhanzi yaba mu myandikire, gutunganya umuziki no mu birebana no guseruka ku rubyiniro.

    Ni abahe bahanzi bahataniye ibihembo bya Grammy uyu mwaka?

    Gutangaza abahanzi bahatanye uyu mwaka muri Grammy Awards byakozwe ku wa Gatanu tariki 8 Ugushyingo, binyuzwa mu buryo bw'imbona nkubone kuri shene ya Youtube ya Grammy Awards.

    Beyoncé ni we muhanzi uhatanye mu byiciro byinshi uyu mwaka. Uyu mugore ahatanye abikesha album ya Country Music aheruka gushyira hanze yise 'Cowboy Carter'. Ahatanye mu byiciro 11 ndetse yabaye umuhanzi mu mateka y'ibi bihembo uhatanye mu byiciro byinshi.

    Mu byiciro uyu mugore ahatanyemo harimo icya 'Record of the Year', 'Album of the Year', 'Song of The Year', 'Best Country Album' n'ibindi bitandukanye. Uyu muhanzikazi yaheruka guhatana muri ibi bihembo mu byiciro byinshi mu 2009. Icyo gihe yahatanye mu 10.

    Uretse uyu muhanzikazi abandi bahatanye mu byiciro byinshi barimo Billie Eilish, Kendrick Lamar, Post Malone na Charli XCX bari muri birindwi; bagakurikirwa na Taylor Swift, Chappell Roan na Sabrina Carpenter bahatanye muri bitandatu.

    Umusore witwa Shaboozey uririmba Country Music ni umwe mu batunguranye muri uyu mwaka muri Grammy Awards. Uyu musore ahatanye mu byiciro bitatu abikesheje indirimbo ye yise 'A Bar Song(Tipsy)'' imaze igihe kinini iyoboye ku rutonde rwa Billboard 100, ndetse yanagaragaye kuri album ya Beyoncé ya Country Music.

    Mu cyiciro cy'abahanzi bo muri Afurika cyiswe 'Best African Music Performance'' hahatanyemo indirimbo zirimo 'Tomorrow' ya Yemi Alade, 'MMS' ya Asake na Wizkid, 'Sensational' ya Chris Brown Featuring Davido na Lojay, 'Higher' ya Burna Boy na 'Love Me JeJe' ya Tems.

    Tyla wegukanye iki gihembo cya Grammy umwaka ushize, uyu mwaka ntabwo ari mu bahatanye.

    'MMS', Asake na Wizkid, 'Sensational' ya Chris Brown Featuring Davido na Lojay, 'Higher' ya Burna Boy na 'Love Me JeJe' ya Tems. Tyla wegukanye igihembo cya Grammy uyu mwaka ntabwo ari mu bahatanye.

    Umunya-Nigeria Rema bwa mbere yahatanye muri ibi bihembo, aho we na Tems bahatanye mu cyiciro cya 'Best Global Music Album'. Ahatanye abikesha album ye yise 'Heis' mu gihe Tems we abikesha iyo yise 'Born In The Wild'. Izi album zabo zihatanye n'izindi zirimo 'Alkebulan II' ya Matt B Featuring Royal Philharmonic Orchestra, 'Paisajes' ya Ciro Hurtado na Historias De Un Flamenco ya Antonio Rey.

    Indirimbo 'Milele' ya Mugisha Fred Robinson (Element Eleéeh) yari yemejwe mu ndirimbo zuzuje ibisabwa, zizatoranywamo izihatanira Grammy Awards 2025 ariko ntabwo yagize amahirwe yo kuza ku rutonde. Iyi ndirimbo yari yashyizwe mu cyiciro cya Best African Music Performance.

    Ushaka kureba urutonde rwuzuye rw'abahatanye muri ibi bihembo wakanda hano https://variety.com/2024/music/news/grammy-nominations-2025-beyonce-taylor-swift-chappell-roan-complete-list-1236204610/

    Ni abahe bahanzi bararirimba muri ibi birori by'akataraboneka?

    Abahanzi bakomeye barimo Shakira, Billie Eilish, Charli xcx, na Sabrina Carpenter bari mu bari buze gutaramira abaritabira ibirori biratangirwamo ibihembo bizwi nka 'Grammy Awards 2025' biraba bitangwa ku nshuro ya 67.

    Abo bahanzi batangajwe na 'Recording Academy Awards' itegura ikanatanga ibihembo bya mbere mu muziki mpuzamahanga, nyuma yo kwemeza ko ibi birori bitazasubikwa kubera inkongi yibasiye Umujyi wa Los Angeles.

    Recording Academy Awards kandi yanatangaje ko yamaze kwitanga miliyoni 3$ zo gufasha imiryango yagizweho ingaruka n'inkongi yashegeshe Umujyi wa Los Angeles.

    Ni mu gihe kandi bitangazwa ko n'amafaranga azakusanywa muri ibi birori na yo azahabwa iyi miryango yazahajwe n'iki kiza cyibasiye Amerika.

    Ibihembo bya Grammy bigiye gutangwa ku nshuro ya 67 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/151717/ibyo-ukwiye-kumenya-ku-bihembo-bya-grammy-bibura-amasaha-mbarwa-bigatangwa-ku-nshuro-ya-67-151717.html

  • Antonio Rüdiger kubw'imvune ikomeye yagize aramara igihe adakina #rwanda #RwOT

    Real Madrid yatangaje ko myugariro wabo ukomeye, Antonio Rüdiger, yagize imvune ku bice bya biceps femorale, ari byo bituma ashobora kumara iminsi 20 hanze y'ikibuga. Iyi mvune yatumye uyu mukinnyi w'Umudage agira ibyago byo kubura umukino ukomeye wa shampiyona ya La Liga bahuramo na Atletico Madrid, ndetse n'umukino wa mbere wa 1/8 cya Champions League Real Madrid izahuramo na Manchester City.

    Uyu mugabo wakomeje kwigaragaza nk'inkingi ya mwamba muri Real Madrid yagiye agaragaza umuhate udasanzwe mu bwugarizi, akaba ari nawe wayoboye iyi kipe ubwo yari ifite ibibazo by'imvune by'igihe kirekire kuri Eder Militão na David Alaba.

    Kubura Rüdiger ni igihombo gikomeye kuri Carlo Ancelotti, cyane ko uyu mugabo w'imyaka 30 yari mu bihe byiza, agafatwa nk'umwe mu bakinnyi bakomeye ba Madrid muri uyu mwaka w'imikino.

    Nubwo iyi mvune ishobora gutuma amara iminsi 20 hanze, Rüdiger ubwe arifuza kugaruka vuba bishoboka kugira ngo afashe bagenzi be muri aya makipe yombi. Byitezwe ko ubuvuzi bwihutirwa, hamwe n'imyitozo yihariye, bishobora gutuma agaruka mu mukino wa kabiri wa Champions League na Manchester City cyangwa mbere yaho.

    Abafana ba Real Madrid baracyafite icyizere ko Antonio Rüdiger azagaruka vuba, cyane ko yagaragaje ubudacogora mu bihe byashize, ndetse akaba afite umubiri ushobora gukira vuba. Kugeza ubu, abatoza ba Madrid bazasigara bashakisha uko Aurelien Tchouaméni cyangwa Nacho Fernandez bashobora kuziba icyuho cye mu bwugarizi.

    Nubwo iyi mvune ishobora gutuma amara iminsi 20 hanze, Rüdiger ubwe arifuza kugaruka vuba bishoboka kugira ngo afashe bagenzi be .
    Real Madrid yatangaje ko myugariro wabo ukomeye, Antonio Rüdiger, yagize imvune ku bice bya biceps femorale,

     

    Source : https://kasukumedia.com/antonio-rudiger-kubwimvune-ikomeye-yagize-aramara-igihe-adakina/