Blog

  • Esther akeneye umukunzi bazahuza bagakunda by’ukuri.

    Nitwa Esther Umwamikazi si ubwa mbere nkundana ariko sinigeze mbona urukundo rw’ukuri. Niyo mpamvu nshaka kugeragereza amahirwe kuru rubuga kugira ngo ndebeko nahahurira n’umusore uhuye n’inzozi zanjye. Ndifuza umusore ufite urukundo rw’ukuri nka rwarundi tuboa muri film z’impinde. Mfite imyaka 25 ndashaka umukunzi nawe uri mu kigero cy’iyo myaka. Wanyandikira inbox ndahita ngusubiza.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    source https://www.imbere.com/esther-akeneye-umukunzi-bazahuza-bagakunda-byukuri/

  • Grace arashaka umukunzi bazakundana nta buryarya.

    Nitwa Grace Kobusingye mvuka mu Karere ka Gatsibo ariko muri iyi minsi ndi i Kigali kubw’impamvu z’akazi. Ndashaka gukundana n’umusore ufite gahunda y’urukundo rw’ukuri rutarimo kuryaryana. Umusore muremure w’igikara ufite imyaka iri hagari ya 25-35 anyandikire inbox. Nukuri urukundo rw’ukuri ndarufite kandi simbeshya.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    source https://www.imbere.com/grace-arashaka-umukunzi-bazakundana-nta-buryarya/

  • Perezida Magufuri yahamije ko nta Covid-19 ikirangwa muri Tanzania

    Perezida John Pombe Magufuli wa Tanzania yatangaje ko iki gihugu “kitakirimo coronavirus” kubera amasengesho y’abaturage bacyo.Mu rusengero mu mujyi wa Dodoma, Bwana Magufuli yabwiye abasenga ati:”Imana ishimwe ko icyorezo cya corona twagitsinze”. Yanabashimiye ko nta Dupfukamunwa n’uturinda intoki bambaye.

    Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima ku Isi (OMS/WHO) ryatangaje impungenge ritewe n’uburyo Leta ya Tanzania irimo kwitwara kuri iki cyorezo.

    Perezida Magufuli wakunze kuvuga ko iki cyorezo cyakabirijwe, yasabye abantu gukomeza kujya guterana mu nsengero n’imisigiti, ababwira ko “amasengesho azatsinda” iyi virus.

    Leta ya Tanzania yahagaritse gutangaza amakuru y’uko iki cyorezo gihagaze mu gihugu. Tariki 29 Mata 2020, umunsi Tanzania iheruka kuvuga amakuru kuri iki cyorezo, hari abayanduye 509 na 21 yishe.

    Gusa mu cyumweru gishize Perezida Magufuli yemeje ko mu bitaro byo muri Dar es Salaam hasigaye abarwayi bane gusa. Mu kwezi kwa Gicurasi gushize, Leta ya Tanzania yahakanye ibyavuzwe na ambasade ya Amerika ko muri Dar es Salaam hari “ibyago byinshi” byo kwandura iyi ndwara, kandi ibitaro byaho “byuzuriranye“.

    Ni iki Perezida Magufuri yavuze?

    Ejo ku cyumweru tariki 07 Kamena 2020, yabwiye ikoraniro ry’abasenga i Dodoma ati: “Ndashaka gushimira abatanzania b’ukwemera gutandukanye. Tumaze igihe dusenga kandi twiyiriza kugira ngo Imana idukize icyorezo cyateye igihugu cyacu n’isi. Kandi Imana yaradusubije. “Nizeye, kandi nzi neza ko n’Abatanzania bizeye, ko icyorezo cya corona Imana yakivanyeho”.

    Ibyo yavuze byarishimiwe cyane bikomerwa amashyi menshi. Perezida Magufuli yanashimiye abapadiri n’abaje gusenga ko nta dupfukamunwa n’uturindantoki bambaye ngo birinde iyo virus.

    Ibindi Perezida Magufuri yavuze ni ibiki?

    Kuwa gatanu ushize, nabwo yavuze nk’ibi mu nama n’abarimu, aho yavuze ko “corona yarangiye”. Yagize ati: “Minisitiri w’ubuzima yambwiye ko dusigaranye abarwayi bane muri Dar es Salaam nyamara ibi ntibizahagarika ibihuha.Tugomba kwitonda kuko zimwe muri izo mpano batanga zo kurwanya coronavirus zishobora gukoreshwa mu kuyikwirakwiza. Ndashaka gusaba Abatanzania kwanga impano z’udupfukamunwa, ahubwo mubwire abadutanga bajye kudukoresha bo n’abagore babo n’abana babo”.

    Perezida wa Tanzania ari mu bategetsi benshi ba Afurika batumije umuti wa Covid-Organic leta ya Madagascar ivuga ko uvura Covid-19. Ntabwo bizwi neza niba warahawe abarwayi muri Tanzania. Nta byemezo bya siyansi biremeza ko uwo muti uvura. OMS/WHO yakomeje gusaba abantu kwirinda gukoresha imiti itarapimwe.

    Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzania bagiye banenga Perezida Magufuli kugira Politiki zimwe zishobora gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage ba Tanzania.

    Elisha Osati ukuriye ishyirahamwe ry’abaganga mu gihugu, mu kiganiro aheruka kugirana na BBC dukesha iyi nkuru, yashyigikiye guverinoma avuga ko ibitaro bikora nk’uko bisanzwe kandi benshi mu barwayi ba coronavirus bafite ibimenyetso byoroheje.

    Perezida Magufuli yashinje abashinzwe ubuzima mu gihugu gukabiriza icyorezo cya coronavirus. Yananeguye kandi ingamba zikomeye zafashwe n’ibihugu bituranyi mu kwirinda iki cyorezo.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/perezida-magufuri-yahamije-ko-nta-covid-19-ikirangwa-muri-tanzania/

  • Uganda yashyikirije u Rwanda abaturage barwo 80 bari bafungiyeyo, abandi bari mu nzira

    Ni nyuma y’inama yabaye mu Cyumweru gishize ihuza itsinda ry’u Rwanda n’irya Uganda, hamwe n’abahuza bo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’abo muri Angola.

    Muri iyi nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga rya video conference, tariki 4 Kamena, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Uganda Sam Kutesa yavuze ko hari abanyarwanda 130 bazarekurwa mu ntangiriro z’iki cyumweru.

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 8 Kamena nibwo itsinda rya mbere ry’Abanyarwandanda 80, ryageze mu Rwanda ku mupaka wa Gatuna uri mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Uburasirazuba.

    Aba banyarwanda bazanywe mu modoka imwe bose uko ari 80, baje bambaye udupfukamunwa, ndetse bakimara kwinjira ku butaka bw’u Rwanda babanje gupimwa umuriro banakaraba intoki mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID19.

    Aba banyarwanda bagejejwe mu Rwanda biteganyijwe ko bahita bajyanwa muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami ry’Uburezi riri i Rukara mu Karere ka Kayonza aho baraba bashyizwe mu kato.

    Abandi 50 basigaye bataragera mu Rwanda nabo bari mu nzira kuko Sam Kutesa yavuze ko bitarenze ku wa Kabili aba Banyarwanda 130 bose bagomba kuba bageze mu Rwanda.

    Sam Kutesa avuga ko uretse aba Banyarwanda 130 bagomba kurekurwa, hari abandi 310 Uganda yasanze barakoze ibyaha bagomba gukomeza gufungwa.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Uganda-yashyikirije-u-Rwanda-abaturage-barwo-80-bari-bafungiyeyo-abandi-bari-mu-nzira

  • Uganda yashyikirije u Rwanda Abanyarwanda 80 abandi bari mu nzira

    Ni nyuma y’inama yabaye mu cyumweru gishize ihuza itsinda ry’u Rwanda n’irya Uganda, hamwe n’abahuza bo muri repubulika ya Demukarasi ya Congo n’abo muri Angola.

    Muri iyi nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga rya video conference, tariki 4 Kamena, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Uganda Sam Kutesa yavuze ko hari abanyarwanda 130 bazarekurwa mu ntangiriro z’iki cyumweru.

    Aba banyarwanda 80, bamaze kugera mu Rwanda barinjira bambaye udupfukamunwa, bakabanza gukaraba intoki hagamijwe kwirinda covid-19.

    Abandi 50 basigaye bataragera mu Rwanda nabo bari mu nzira kuko Sam Kutesa yavuze ko bitarenze ku wa Kabili aba Banyarwanda 130 bose bagomba kuba bageze mu Rwanda.

    Sam Kutesa avuga ko uretse aba Banyarwanda 130 bagomba kurekurwa, hari abandi 310 Uganda yasanze barakoze ibyaha bagomba gukomeza gufungwa.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Uganda-yashyikirije-u-Rwanda-Abanyarwanda-80-abandi-bari-mu-nzira

  • Nyanza: Haji n’abakozi be 29 bakuwe mu kato bari bamazemo iminsi 4

    Tariki 5 Kamena 2020 nibwo Haji n’abakozi be, bakora mu kigo Haji Enterprise bashyizwe mu kato mu ishuri rya Ecole de Sciences de Nyanza.

    Haji aganira na UKWEZI ku mugoroba wo kuri uyu wa 8 Kamena 2020, yagize ati “Twatashye ubu tugeze mu rugo. Mbere y’uko baturekura twaganiriye n’umuntu wo ku bitaro witwa Clement. Ibyo yatubwiye ni byabindi bisanzwe, gukaraba intoki kenshi, kwambara agapfukamunwa, guhana intera igihe bari muri serivise no guhana intera n’abo bari kwakira”.

    Haji yakomeje agira ati “Icyemezo cyo kuturekura cyashingiye ko badupimye bagasanga twese turi bazima. Bisinesi ubu yongeye gukora”.

    Umuyobozi w’ Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, Dr NSANZIMANA Sabin avuga ko impamvu ari uko hari umushoferi wahahagaze nyuma bikaza kugaragara ko uwo mushoferi yari afite ubwandu bwa covid-19.

    Uko byagenze kugira ngo Haji n’abakozi be 29 bashyirwe mu kato

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Nyanza-Haji-n-abakozi-be-29-bakuwe-mu-kato-bari-bamazemo-iminsi-4

  • Kuki kurira ari byiza?

    kurira ni byiza mu buzima bwa muntu cyane cyane amarira aturutse ku marangamutima kuko bifasha umubiri kurwanya imisemburo igenga umunaniro(stress) bityo bigatuma umuntu yumva aruhutse. umuntu ashobora kurira bitewe n’uko ababaye, yishimye cyangwa ahangayitse ariko nyuma yabyo ubuzima burushaho kugenda neza.

    Ntamuntu ukunda kurira, cyane cyane imbere y’abandi. Ariko mugihe cyo kurira ntkintu nakimwe gikwiye gutera umuntu isoni. Mubyukuri, kurira bitanga inyungu nyinshi zitandukanye mubuzima:

    kurira bifasha amaso kureba kure:
    iyo umuntu arize aba arimo koza amaso bikayatera guhumuka hanyuma akabasha kureba mu cyerekezo cya kure

    kurira byoza imiyoboro y’amazuru:
    iyo turize bidufasha gusohora bagiteri zishobora kwangiza amazuru yacu cyangwa se inzira z’ubuhumekero muri rusange.

    kurira bituma tunoza imibanire yacu n’abandi:
    n’ubwo usanga abantu babona ko kurira mu ruhame ari bibi bitewe n’imico yabo, kurira bituma abantu begera umuntu bakamwitaho niba ari ibyo bamuhemukiyeho bakamusaba imbabazi cyangwa bakamuha ubundi bufasha ubwo aribwo bwose.

    kurira byoza amaso:
    mu mibereho ya buri munsi, ni kenshi amamiliyoni y’imyanda yinjira mu maso yacu ariko mu gihe umuntu arize, byose bivamo bityo za microbes cyangwa imyanda bikavamo.

    bitewe n’uko kurira biruhura ubwonko, mu bihugu byateye imbere, mu bigo by’amashuri cyangwa ahandi hantu hahurira abantu benshi usanga barateguye icyumba cyo kuririramo aho usanga abahakora cyangwa abashyitsi babagana uwumva afite impamvu zimusaba kurira yinjiramo akarira kugeza igihe yumva aruhutse mu mutwe.

    Kurira bifasha umuntu mu bihe bimwe na bimwe, ariko ni uburyo bwo kwerekana ibyiyumviro byawe, byaba uburakari, umubabaro, guhangayika, gucika intege cyangwa agahinda.” Inama rero ni ukurira niba ubishaka, ariko umuntu aba agomba no kwiga guhangana n’amarangamutima yatumye urira.

    Kurira bibafasha umuntu kureka no kwibagirwa ibyababayeho: ihahamuka ndetse no guhagarika umutima. mu bukuri kurira Ni uburyo bwo kuvura, kandi nyuma umuntu akumva amerewe neza yorohewe kandi afite umudendezo, akomeye kandi bafite imbaraga.

    muri macye kurira ni ikintu tutakagombye guseka bagenzi bacu kuko biyoborwa n’amarangamutima ya muntu kandi dukwiye kumenya ko bifitiye umubiri wacu ndetse n’ubwonko akamaro.

    Vestine@ agakiza.org

    source: www.pennmedicine.org

    source https://agakiza.org/Kuki-kurira-ari-byiza.html

  • Rugwiro Herve yahawe umwungiriza

    Ikipe ya Rayon Sports nyuma yo kwishyura Omar Sidbe amafaranga yari imusigayemo ubwo yagurwaga, uyu musore yahise agirwa kapiteni wungirije w’iyi kipe.

    Mu minsi ishize ni bwo Rayon Sports yatangaje Rugwiro Herve nka kapiteni mushya w’iyi kipe nyuma y’igenda rya Rutanga Eric wari kapiteni ndetse n’uwari umwungirije, Eric Irambona.

    Ibinyujije ku rukuta rwayo rwa twitter, Rayon Sports yatangaje ko yabanje kwishyura ideni yari ifitiye uyu mukinnyi, ndetse akaba ari we kapiteni wungirije.

    Yagize ati“ ubuyobozi bwa Rayon Sports bumaze kwishyura Omar Sidibé amafaranga yari yarasigawemo ubwo yagurwaga…agizwe Visi kapiteni mushya wa Gikundiro!!!”

    🏮OFFICIAL🏮
    Ubuyobozi bwa @rayon_sports
    Bumaze kwishyura #OmarSidibé amafaranga yari yarasigawemo ubwo yagurwaga…agizwe Visi kapiteni mushya wa Gikundiro!!! pic.twitter.com/7vOQxPB35B

    — Official Rayon Sports (@rayon_sports) June 8, 2020

    Omar Sidibe ukomoka mu gihugu cya Mali, yinjiye muri Rayon Sports umwaka ushize wa 2019, akaba ari umwe mu bakinnyi bafashije iyi kipe mu bijyanye n’ubusatirizi.

    Omar Sidibe yagizwe kapiteni wungirije

    source http://isimbi.rw/siporo/article/rugwiro-herve-yahawe-umwungiriza

  • Ingaruka mbi zishobora kukwibasira mugihe ukoze ibi bintu utera akabariro

    Abantu benshi bakora ibikorwa bitandukanye mu rwego rwo gushimishanya hagati y’umugabo n’umugore mu gihe bakora imibonano mpuzabitsina kugira ngo igende neza. Hari abakoresha uburyo bwo kurigatana ibitsina mu rwego rwo gukomeza gushimishanya muri icyo gikorwa nyamara ubushakashatsi bwerekana ko bifite ingaruka mbi ku buzima bw’umuntu.

    Mu bushakashatsi bwakozwe n’impuguke mu bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere William Jonson wo muri Leta zunze ubumwe za Amerika agaragaza ko mu bantu batatu barwaye kanseri yo mu muhogo, babiri muri bo bayitewe no kurigata mu gitsina cy’abagore.

    Iyi nzobere yavuze ko mu gitsina cy’umugore ari hamwe mu hantu handurira kanseri ifata ibice byo mu kanwa ku buryo budasanzwe, kandi ngo kuri ubu iyi kanseri yibasiye igitsina gabo cyane cyane abazungu bakiri bato ugereranyije n’abagore.

    Urubuga rwa yourtango.com dukesha iyi nkuru ruvuga ko isesengura ryagaragaje ko ubu buryo bwo gushaka umunezero bukorwa n’abagabo bakiri bato, bugenda bwiyongera uko bwije n’uko bucyeye.

    Uyu William Jonson yagaragaje ko abagabo bafite ibyago byinshi byo gufatwa na Virus ya HPV igihe cyose bakoze igikorwa cyo kurigata mu gitsina cy’abagore.

    Yakomeje agaragaza ko abagore bakora imibonano mpuzabitsina yo mu kanwa n’abagabo batandukanye, bo bafite ibyago bike byo kwandura Virusi ya ‘HPV’
    ugereranyije n’abagabo, ibi ngo bikaba biterwa n’ubudahangarwa bw’umubiri wabo.

    Banavuze kandi ko imibonano mpuzabitsina yo mu kanwa yongera ibyago byo kurwara kanseri ifata ibice byo mu kanwa ku kigereranyo cya 22%, ndetse ko yiyongereye kugera kuri 25% mu myaka 20 ishize.

    Ntitwakwirengagiza ko nyuma y’ibi byago byo kuba wakwandura iyi Kanseri, imibonano mpuzabitsina yo mu kanwa ishobora no kuba inzira yo kwanduriramo izindi ndwara zirimo Virusi itera SIDA, Mburugu, Hepatite B n’izindi.

    source http://isimbi.rw/andi-makuru/article/ingaruka-mbi-zishobora-kukwibasira-mugihe-ukoze-ibi-bintu-utera-akabariro

  • Ruhango: Umugabo w’imyaka 67 yituye hasi mu kabari ahita apfa

    Munyankindi Leopord yaguye wa mu Mudugudu wa Nyangandika mu Kagari ka Buhoro. Abaturanyi be bavuga ko yari yasuwe n’abashyitsi bamuzaniye inzoga, arabaherekeza, mu gutaha ahitira mu kabari. Akigera muri aka kabari nta minota myinshi irashira yahise yitura hasi arapfa.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens n’umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo CIP Twajamahoro Sylvestre bemeje aya makuru.

    Meya Habarurema yagize ati “Amakuru dufite ni uko yapfuye mu buryo busanzwe nta wamukozeho, nta kibazo yahuye nacyo nk’uko iperereza ry’ibanze ribigaragaza. Cyakora ngo yari yanyoye inzoga nyinshi nubwo tutakwemeza ko arizo zamwishe”.

    Munyakindi Leopord akigera mu kabari ka Sikubwabo Bosco w’imyaka 36, ngo yahise afatwa n’isereri yikubita hasi ahita apfa.

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwafashe umwanzuro wo kujya gupima umurambo w’uyu musaza ngo hamenyekane icyamwishe, gusa abo mu muryango we siko babyifuzaga, basabaga ko yashyingurwa hatiriwe hakorwa iperereza.

    Amabwiriza yo kwirinda COVID-19 mu Rwanda avuga ko ibikorwa by’utubari bibujijwe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’iki cyorezo kimaze guhitana abarenga ibihumbi 400 ku Isi. Gusa hari abihishashisha bakajya mu bikari by’utubari bakanywa inzoga bakinze imiryango yinjiramo.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Ruhango-Umugabo-w-imyaka-67-yituye-hasi-mu-kabari-ahita-apfa