Blog

  • Umukecuru wimyaka 53 n’umwana wimyaka 15 mubafashwe bongeresha imyanya y’ibanga y’abagore. #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kane ku mbuga nkoranyambaga hiriwe hakwirakwira amafoto y’abagore baryamye bubitse inda, hari ibintu bisa n’amashashi ashyirwamo serumu babashyize ahagana ku kibuno ku buryo bigikanda cyane.

    Ku rundi ruhande, hari n’andi mafoto agaragaza amabere yambitswe ikintu gisa n’ikiyanyunyuza ku buryo uyarebye ubona yabaye maremare kurushaho.

    Aya mafoto yari aherekejwe n’urutonde rw’abantu 15 bivugwa ko batawe muri yombi bafatiwe mu Karere ka Kicukiro mu Mudugudu wa Rwezamenyo mu Kagari ka Niboye bari mu bikorwa byo kongeresha cyangwa kugabanyisha ikibuno n’amabere.

    Muri ayo mazina aherekejwe n’imyaka buri wese yavukiyemo, bigaragara ko umukuru yavutse mu 1967 mu gihe umuto ari uwo mu 2005.

    Havugwa kandi ko hafashwe imashini zongera ikibuno n’izigabanya inda hamwe n’iyongera imyanya y’ibanga y’abagore.

    Amakuru yizewe agera kuri IGIHE hari abagore batawe muri yombi bafitanye isano n’ubu butumwa bwiriwe bukwirakwira.

    Umuvugizi w’Umusigire wa RIB, Dr. Murangira Thierry, yabwiye IGIHE ko ntacyo yavuga kuri ubwo butumwa kuko ntaho buhuriye na RIB.

    Ati “Ntacyo nabivugaho kuko ririya tangazo si irya RIB, numva nta kintu nabivugaho.”

    Gusa Dr Murangira yavuze ko hari abagore babiri RIB yataye muri yombi iri gukoraho iperereza nubwo yirinze gusobanura niba ibyo bakurikiranyweho hari aho bihuriye n’urutonde rwiriwe rucaracara.

    Ati “RIB abagore yafashe ni babiri kandi abo bakurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.”

    Ntiyasobanuye uko ikibazo cyabo bo giteye kuko ngo kiri gukorwaho iperereza bityo nirirangira Abanyarwanda bazamenyeshwa ibyavuyemo.

    IGIHE yavugishije abayobozi b’inzego z’ibanze z’utugari two mu Karere ka Kicukiro, buri wese akagaragaza ko atazi iby’ayo makuru ndetse ko yabyumvise mu kandi kagari, ariko wareba ugasanga kadahuye n’utuvugwa muri ubwo butumwa bwiriwe bucicikana.

    Hari umwe mu bayobozi wabwiye IGIHE ko hari inama yitabiriye ivugirwamo ko hari abagore batawe muri yombi “bari kongeresha ikibuno” kandi ko ubwo byavugwaga hari n’abo mu murenge byabereyemo.

    Ati “Umuntu wari uyoboye inama yatubwiye ngo byabereye Niboye.”

    The post Umukecuru wimyaka 53 n’umwana wimyaka 15 mubafashwe bongeresha imyanya y’ibanga y’abagore. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/umukecuru-wimyaka-53-numwana-wimyaka-15-mubafashwe-bongeresha-imyanya-yibanga-yabagore/

  • Amagambo matoya cyane ariko agera kumutima w`uwo ukunda. #rwanda #RwOT

    Murukundo, hari igihe uryoherwa nokuganiriza umukunzi wawe udakoresheje amagambo menshi, imivugo, ibisigo cyangwa interuro, ahubwo ukoresheke utugambo dutoya Ushobora kumwandikira muri sms, kugapapiro n’ibindi.

    Reba ingero z’amagambo magufi y’urukundo utasanga ahandi wakoresha ugatungura uwo wihebeye.

    1. Ndagukunda byo gusara.

    2. Indoro yawe, inseko yawe, akajwi Kawe, agatwenge kawe, kunkorakora kwawe, nokunsoma kwawe ndabikumbuye cyane.

    3. Wuzuye ibitekerezo byanjye.

    4.Ndumva nagusoma mu ijosi, kumatwi, kutunwa, n’ahandi hose nkumbuye!

    5.Kubera wowe namenye igisobanuro cyo  gukunda. Biranyoroheye kukubwirako ngukunda.

    6.Nkumbuye inseko yawe, utuma ndyoherwa nokubaho!

    7. Mpora ngutekereza. Iminota impindukira amasaha, amasaha ambera nk’iminsi iyo tutari kumwe.

    8. Ndagukumbuye byo gupfa. Uziko bidwaza! Giravuba uze undebe.

    9. Iyo tutari kumwe ntacyo mba mfite. Iyo undi kure mba meze nkutazi icyo nshaka.

    10. Nkumbuye ko undyama mugituza. Ndashaka kugukoraho nokugusoma aho nshaka.

    11. Nkumbuye impumuro yawe.

    12. Kuva nakumenya, mporana ibitekerezo nk’ibyingimbi. Niwowe mpora ntekereza ngwino unsange vuba.

    13.Iyo turi kumwe, ubuzima bwanjye buba butamirije utubara. Iyo ugiye, mbandi mumwijima, garuka vuba wongere utake amabara mubuzima bwanjye.

    14. Buri joro ndakurota. Niwowe ugize inzozi zanjye.

    15. Waransajije burundu. Narakwihebeye kuko kugukunda gahoro, cyane ndetse byogusara nabyo mba mbona bidahagije.

    16. Ndakwifuza byo gupfa.

    17. Mugore/Mukobwa mwiza wowe ntunkumbuye?Bimbwire.

    18. Nishimiye utunwa twawe. Uteye ubusambo.

    19.  Kutaba hamwe nawe uyumugoroba ntibyihanganirwa. Gira vuba ungarukire.

    20. Nkunda ukuntu utunwa twawe tworohereye. Nzajya mpora ntusoma.

    21.  Impumuro nziza, amabara meza ndetse n’uburyohe bwose simbyumva iyo udahari ngo tubisangire.

    22. Nakurwariye indege. Ngwino umvure.

    23. Iyo tutari kumwe ntakindyohera ntanikimbera cyiza. Ngwino unsange wowe mpamvu yanjye yokubaho.

    23. Uwampa nkagusomagura umubiri wose.

    24.Mbona iminsi itagenda ngo nkubone buzima bwanjye.Ndagukumbuye cyane.

    The post Amagambo matoya cyane ariko agera kumutima w`uwo ukunda. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/amagambo-matoya-cyane-ariko-agera-kumutima-wuwo-ukunda/

  • EXCLUSIVE: Ikiganiro na Manamana Jean Pierre! Ibihe atazibagirwa mu Mavubi, icyo yicuza, Abahe? Abayeho ate? #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wakiniye ikipe y’igihuu Amavubi, Manamana Jean Pierre avuga ko adashobora kwibagirwa ibihe yagiriye mu ikipe y’igihugu Amavubi, gusa yicuza kuba atarabasha kongera kugaruka mu Rwanda bitewe n’amakosa ari ku rupapuro rwe rw’inzira (passport).

    João Henriette Rafael wamenyekanye mu ikipe y’igihugu Amavubi nka Manamana Jean Pierre, ni umwe mu bakinnyi bakiniye Amavubi mu gikombe cy’Afurika cya 2004, benshi bamwibukira ku gitego yatsinze Tunisia mu gikombe cy’Afurika cya kufura ubwo yishyuraga igitego cya Tuisia, gusa umukino warangiye Tunisia itsinze ibitego 2-1.

    Manamana yavukiye Cabinda muri Angola tariki ya 21 Ukuboza 1973. N’ubwo yakiniye Amavubi ariko ntabwo yigeze akinira ikipe iyo ari yo yose yo mu Rwanda.

    Ubu aba mu Bubiligi

    Yasoje gukina mu mwaka wa 2009, aho yakinaga mu cyiciro cya kabiri muri Greece, aganira n’ikinyamakuru ISIMBI.RW yahishuye byinshi aho ubu yibera mu Bubiligi.

    Yagize ati“nahagaritse gukina muri 2009, nakinaga mu cyiciro cya kabiri muri Greece. Ubu nibera mu Bubiligi nta kibazo na kimwe mfite ndatuje.”

    Yakomeje avuga ko n’ubwo yahagaritse gukina nk’uwabigize umwuga ariko yakomeje gukina yishimisha(amateur) aho ateganya kubireka neza umwaka utaha.

    Yagize ati“nk’uwabigize umwuga nahagaritse muri 2009, ariko nakomeje gukina buri munsi nishimisha ariko nzabihagarika burundu umwaka utaha.”

    Ahamya ko akumbuye u Rwanda cyane

    Ubu mu Bubiligi ni umutoza w’abana batarengeje imyaka 15.

    Ati“nyuma yo guhagarika gukina ubu ntoza abana bato, mfite ikipe y’abatarengeje imyaka 15 ntoza bo mu mujyi wa Verviers muri Heusy.”

    Mu buzima bwe ntazibagirwa umukino wa Ghana i Kigali wahesheje u Rwanda itike y’igikombe cy’Afurika cya 2004, ni nabyo bihe byiza yagize mu ikipe y’igihugu.

    Yagize ati“ibihe byiza nagize mu ikipe y’igihugu ntabwo nakwibagirwa umukino wa Ghana i Kigali, ubwo twabonaga itike y’igikombe cy’Afurika cya 2004, ni ibihe ntazibagirwa, byari byiza.”

    Manamana(ibumoso) na Fritz Emeran Nkusi

    Ku giti cye nta bihe bibi yigeze agirira mu ikipe y’igihugu, gusa yicuza kuba atarabasha kugaruka mu Rwanda bitewe n’amakosa yari muri passport ye.

    Yagize ati“nta bihe bibi nigeze ngirira mu ikipe y’igihugu, gusa nicuza kuba kuva nava i Kigali ntarabasha kugaruka mu Rwanda bitewe n’uko Passport yanjye yarimo amakosa, ariko nizeye ko bizakemuka vuba kuko ndimo gushaka uko byakosoka ndavugana na Celestin arimo kumfasha kuba nabona Passport nshya y’u Rwanda. Nzishima nongeye gutembera i Kigali, kubasura ndetse no kureba abantu benshi bahora bansaba kuza nkabasura, bizaba ari byiza.”

    Manamana(18) mbere y’umukino Amavubi yatsinzemo Uganda 1-0 muri Uganda

    Manamana Jean Pierre ntabwo yakiniye u Rwanda igihe kinini, kuko yarukiniye kuva 2003 kugeza 2005. Yakiniye amakipe atandukanye nka K. Beerschot V.A.C., AC Hemptinne-Eghezée, KV Mechelen, K.V. Kortrijk, RRFC Montegnée, R.A.A. Louviéroise na RJS Bas-Oha zo mu Bubiligi, yanakiniye kandi O.F. Ierapetra F.C. yo muri Greece.

    Manamana Jean Pierere n’ubwo yakiniye Amavubi igihe gito, yatanze ibyishimo

    source http://isimbi.rw/siporo/article/exclusive-ikiganiro-na-manamana-jean-pierre-ibihe-atazibagirwa-mu-mavubi-icyo-yicuza-abahe-abayeho-ate

  • Dore ubuvuzi bw’ibanze ukwiriye gukorera umuntu urumwe na sikorupiyo!! #rwanda #RwOT

    Aka gakoko gakunze kwibera mubyatsi, kimwe no mubutayu ni kabi cyane kuko kagira ubumara bukomeye bwica mukanya gato igihe umuntu atabonye ubuvuzi because.

    Mari iyinkiru , twaguteguriye ibyo wakora  mugihe kakurumye cyangwa karumye mugenzi wawe kugirango murengere ubuzima bwanyu

    Scorpion ziri mumuryango umwe n’igitagangurirwa zikagira impuzandengo y’ uburebure bwa santimetero 3 n’ubwo ushobora kubona ubwoko bwazo bushobora kuba buto cyangwa bunini kurutaho.

    Utitaye ku kuntu ubibona, sikorupiyo zifite ubumara kandi zifite ubushobozi bwo kugukomeretsa ndetse nokwica nkuko twabivuze cyane cyane iyo hatabonetse ubuvuzi bwihuse.

    Dore bimwe mubyibanze wakenera  mugihe ikurumye cyagwa ikaruma mugenzi wawe:

    1. Gusuzuma ibimenyetso ufite
    2. Kumenya Ubwoko bwo Kwivura by’ibanze!

    Ukirumwa na sikoropiyo, Karaba ahantu hafashwe (harumwe) ukoresheje isabune n’amazi meza nibiba byiza cyane abe akonje.

    . Kuramo uburyo ubwo aribwo bwose bw’imitako cyangwa ibikoresho bishobora kugira ingaruka ku kuzenguruka kw’amaraso igihe agace karumwe kabyimbye. Twavuga nkimpeta, ugomba kuyikuramo byihuse.

    .Koresha ikintu gikonje cyane utsindagire ku gikomere cyanwe  hamwe naho byegeranye hose ibi nibyiza mumasaha abiri yambere nyuma yo gukomeretswa.

    .Fata imiti igabanya ububabare no kutamererwa neza. Ariko mbere yo kubikora, baza muganga wawe kubijyanye nuburyo bukwiye bw’imiti yububabare ugomba gufata kugirango wirinde izindi ngorane.

    .Hagati aho, niba umwana, umusaza, cyangwa itungo ryarumwe, shakisha ubuvuzi ako kanya, cyane cyane niba bagaragaje  ibimenyetso bikomeye.

    .Komeza ushyireho cya kintu gikonje cyawe nka Barafu ikonje ahantu harumwe mugihe ugana kw’ivuriro cyangwa kubibitaro.

    Niba warumiwe  hanze y’urugo cyangwa se ahandi hantu hategereye ubutabazi bw’ibanze ihutire kwivuza mumaguru mashya.

    1. Niba bishoboka, fata sikorupiyo ikurumye uyijyane kwa muganga kuko bizabafasha gutahura imiti bakuvurisha  bidatwaye umwanya munini.

    Twandikire muri comment kukibazo, icyifuzo cyangwa se inyunganizi waba wifuza kuduha kunkuru tukugezaho.

    The post Dore ubuvuzi bw’ibanze ukwiriye gukorera umuntu urumwe na sikorupiyo!! appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/dore-ubuvuzi-bwibanze-ukwiriye-gukorera-umuntu-urumwe-na-sikorupiyo/

  • Gutereta si ibyanone! Imigani migufi 10 kurukundo nyarukundo 1/6 #rwanda #RwOT

    Urukundo nyarukundo si umwihariko w`abubu gusa ahubwo ni inzozi zarotwaga n`abakurambere bacu uko imyaka yagiye isimburana kugeza muri iki gihe cyacu

    Murwego rwo kugufasha kugera cyangwa kurinda urukundo nyarukundo ndetse no gukomeza kumviriza uburyohe bwarwo, twakwegeranirije imigani migufi y`urukundo yagiye ifasha abatari bake kandi mubihe bitandukanye bagakomeza kwiturira mu ijuru ry`urukundo.!

    Muri iki gice cya mbere turakugezaho imigani migufi 10 izakurikirwa n`ibindi bice 6 by`imigani nk`iyi.

    1. Urukundo Nyarukundo rubyara umunezero nyawo. Icyakora kugirango urwo Rukundo rubeho, abakundana bagomba kuba bafite imibili yuzuzanya, imitekerereze ishobora kumvikana, amahitamo ajyanye kandi yuzuzanya, ibyifuzo bigiye umujyo umwe n`amashuli angana cyangwa yenda kungana. Buri wese kandi agomba kuba bafite indangagaciro zo gutekereza kuwundi mbere yo kwitekerezaho we ubwe. Abo bantu iyo bahuye, urukundo rwabo ruba ntagereranwa!
    Byavuzwe na René Barjavel mumwaka w`1966

    2. Urukundo nyarukundo ni ikiragi, rugira ibanga kandi ntirwivanga. Rukenera kurutekerereza!
    Byavuzwe na Jean Frain du Tremblay (1708)

    3. Ntawifuza gukundirwa impamvu runaka nk`ubwiza, ubukire,ubwenge, kugira imishinga/ibitekerezo byubaka n`ibindi. Urukundo rufite ibisobanuro si urukundo nyarukundo!
    Byavuzwe na Jean Dutourd (1980)

    4. Urukundo nyarukundo rwemera byose by`uwo ukunda. Umufata uko ari, n`ibyiza bye ndetse n`ibibi bye!
    Byavuzwe na Raymond Queneau (1973)

    5. Urukundo nyarukundo ntirukorana na kamere yo gukunda utuntu no kuba intagondwa biturutse mukugira isoni cyangwa kwanga kugirwa inama.
    Byavuzwe na Pierre Baillargeon (1959)

    6. Urukundo nyarukundo ni imbonekarimwe, igihe urubonye rufate nk`akarabyo gaturutse mu ijuru!
    Byavuzwe na Paul Brulat (1900)

    7. Urukundo nyarukundo rurema udushya, rurwanya akamenyero
    Byavuzwe na Edgar Morin 2004

    8. Urukundo nyarukundo ni uruhuza abantu babili ariko rukanabahuza n`umuryango mugari w` ikiremwa muntu.
    Byavuzwe na Henri-Frédéric Amiel (1854)

    9. Urukundo nyarukundo ni urwubahisha umuntu, rukamutera imabaraga z`umutima ndetse rugatunganya uburyo abayeho.
    Byavuzwe na Henri-Frédéric Amiel 1880.

    10. Urukundo nyarukundo ntirunaniza, ahubwo rukugira mwiza, rurakumurikira.
    Byavuzwe na Omraam Mikhaël Aïvanhov (1980)

    The post Gutereta si ibyanone! Imigani migufi 10 kurukundo nyarukundo 1/6 appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/gutereta-si-ibyanone-imigani-migufi-10-kurukundo-nyarukundo-1-6/

  • Inama 10 zafasha abakundana/ababana kurambana #rwanda #RwOT

    Kumenyana n`umuntu, mugakundana ndetse mukabana rimwe narimwe mumaze no gukora ubukwe kabone niyo bwaba buhenze cyane si ikintu gitangaje cyane cyawase ngo kibizeze ko muzamarana igihe kini nkuklo mwabyifuzaga. Ahubwo igikomeye kurenza ibyo byoseni ukumenya uburyo urwo rukundo rwanyu rwaramba!

    Muri iyi nkuru, twifashishije ibitekerezo bya Claire Beaudoin, inararibonye mumibanire y`abantu, twabateguriye inama 10 zagufasha kurambana n`uwo ukunda mukiturira mu ijuru rito.

    1. Kutagira icyo muhishanya

    Kubwira uwo ukunda ikiri kumutima bituma utamukekera uko yabifata ahubwo ukamenya icyo abitekerezaho aho gukomeza kubuzwa amahoro n`ibyo wibitsemo.

    2. Ba umugwaneza mubisubizo uha uwo ukunda

    Mugihe uwo uwo ukunda ashoboye kukubwira ikiri kumutima we, sibyiza kumusubiza uhubutse cyangwa ngo umusubizanye uburakari kabone n`iyo waba ubyumvise ukundi. Iga kubanza gutekereza kugisubizo ugiye gutanga.

    3. Imenyereze gutega amatwi uwo ukunda

    Mugihe uwo ukunda akubwira, itoze gutega amatwi kandi wirinde kumwemeza ibyo wowe utekereza ahubwo uhe n`agaciro ibyifuzo bye.

    4. Nimwige kubahana

    Gukundana ntibikuraho kubahana! Imenyereze kudahatira uwo ukunda guhinduka uko wowe ushaka, ahubwo mufashe mubyo ashaka, mubyemezo bye n`ibindi bituma abaho nkawe ubwe.
    Sibyiza kumvako uwo ukunda mugomba kumva ibintu kimwe 100%!

    5. Gerageza kumushimira, nokumutera akanyabugabo

    Mugihe umukunzi wawe agize ibyo ageraho cyangwa akora, nibyiza kubimushimira nokumwerekako yagerageje. Ibi bimuzamurira icyizere agahora ashaka kumva umushima. Bitabaye ibyo ashobora kuzajya kubishaka ahandi!!

    6. Gushakira ibisubizo hamwe.

    Nubwo akenshi igisubizo kiba kinejeje umwe kurusha undi, nyamara burya biba byiza cyane iyo kije mwese mucyumva kurwego rungana mbere yo kugishyira mubikorwa.

    7. Emera integenkeya zawe kandi wige kugenda uhinduka

    Nubwo ntamuntu ubura inenge, ariko nibyiza kwemera ibyo udashoboye gukora cyangwa ukora nabi, ariko ukitoza  kubihindura ukoresheje inama z`uwo ukunda.

    8. Ugomba kumenya kuvuga OYA

    Mugihe haricyo udasobanukiwe cyangwa wumva ukundi, witinya kuvuga OYA no gutanga igitekerezo utinya ko yakwanga, ahubwo azakubona nkumuntu ufite akamaro kandi nk`umujyanama.

    9. Menya gufata ibyemezo.

    Mugihe bibaye ngombwa ko ufata ibyemezo, itegure kuba wakwakira ingaruka zabyo kabone nubwo zaba zitoroshye ariko ugere kucyo ugambiriye kugeraho.Mbese wirinde ikigare!

    10. Iga gutungura umukunzi wawe

    Singombwa ko ukora ibihambaye cyangwa ngo ubikore buri munsi, ariko ibuka gutungura umukunzi wawe, yaba mukumuha impano, kumukorera imirimo yagombaga gukora, kumusohokana,….. Ibi bizatuma yishimirako umutekereza.

    The post Inama 10 zafasha abakundana/ababana kurambana appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/inama-10-zafasha-abakundana-ababana-kurambana/

  • Ntagitsina cy’umugabo kigira cm 20! Ibinyoma 5 biba mumafirime y’urukozasoni (Pornography) #rwanda #RwOT

    Ubundi filime z’urukozasoni zizwi nka pornographic movies cyangwa filmes pornograhiques ni filime zikundwa n’abantu benshi kandi mungeri zose, icyakora benshi muribo bagakunda kuzirebera murwihisho.

    Aha twavuga nk’abana bihisha ababyeyi babo, abanyeshuli bihisha abayobozi b’ibigo byabo, abakozi mukazi bakihisha abakoresha, abashakanye  nabo nimwe narimwe bakihishanya umwe kuwundi ariko akirebera iyo filime!

    Izi filime zikaba zerekana ibikorwa bitandukanye biganisha  cyangwa bishyira mubikorwa imibonano mpuzabitsina muburyo bunyuranye.

    Igitangaje cyane kuri izi filime, ni uturingushyo ndetse n’amakabyankuru arenze urugero ashyirwa muri izifilime hagamijwe gushimisha abazireba, nyamara ugasanga abataribake mubakunzi bazo bibabera imbogamizi ikomeye kuko usanga nyuma yokuzireba bashaka gukora cyangwa gukorerwa ibyo babonyemo kandi nyamara ibyinshi muribyo bidashoboka.

    Ibi bikaba byabaviramo nogusenya ingo zabo cyangwa gutandukana n’abakunzi babo.

    Twifashishije ubusesenguzi bw’impuguke n’abanditsi b’abadage kubuzima bw’ingimbi, muri iyi nkuru, twabateguriye ibinyoma 5 bikunze kugaragara muri filime z’urukoza soni.

    1. Ubunini (ingano) y’igitsina cy’umugabo

    Nkuko abajya bareba izi filime babizi, akenshi usanga ibitsina by’abagabo bakina izi filming  bireshya cyangwa birenza uburebure bwa cm 20 nyamara akaba atari kenshi wabona gitsina cy’umugabo kirengeje cm 14,27 by’umwihariko kumugabane w’i Burayi nkuko byemezwa  n’impuguke zikaba n’abanditsi b’abadage Ann-Marlene Henning na Tina Bremer-Olszewski.

    2.Ingano y’amasohoro

    Muri izi filime, ntibatinya kwerekana amasoro menshi cyane mugihe cy’ibyishimo byanyuma nyamara mubuzima busanzwe amasohoro akaba abarirwa hagati ya ml 2 kugeza kuri ml 8 nubwo harabashobora kugeza kuri ml 15 bitewe n’igihe bamaze badakora imibonano mpuzabitsina. Ntukwiriye kugira ipfunwe rero igihe utabonye amasohoro nkayo muri filime!

    3. Amabere y’abakobwa/abagore ahora ahagaze.

    Si kenshi wabona abakinnyi b’aya mafilime bafite amabere yaguye, kuko benshi muribo usanga ahora ahagaze nyamara bitewe n’impamvu zitandukanye nk’imyaka, umubyibuho n’ibindi amabere akaba ashobora kureba hasi kabone niyo atagwa cyane.

    4. Kumira amasohoro kw’abagore

    Aba banditsi, bakomeza banavugako abagore benshi bagaragara bakunda  kumira amasohoro muri izi filime, nyamara muby’ukuri bikaba bidashoboka ko abantu bakunda ibintu bimwe kuburyo babihuriraho.

    5. Ubwiza bw’igitsina cy’abakobwa/gore

    Muri izi filime, abanditsi bagenda bagaruka kubwiza n’isura y’ igitsina cy’abakobwa/gore bazikina kuko usanga hafi yabose basa kandi ibi bikaba bidashoboka. Ibirero bakaba babigeraho mugukoresha  za tatuwaje (tattoo) n’ubundi buryo bw’ubuhimbano mukwigira beza!

    The post Ntagitsina cy’umugabo kigira cm 20! Ibinyoma 5 biba mumafirime y’urukozasoni (Pornography) appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/ntagitsina-cyumugabo-kigira-cm-20-ibinyoma-5-biba-mumafirime-yurukozasoni-pornography/

  • Ubutumwa 15 wagenera abawe batakiriho kumunsi wabo w’amavuko. #rwanda #RwOT

    Abenshi muritwe tumaze kumenyera uburyo bwo kwizihiza iminsi mikuru yo kuvuka kwacu cyangwa ukw’abacu, aho twifurizanya ibyiza n’imigisha bitandukanye hakoreshejwe amagambo meza, amashusho, imivugo n’izindi mpano muba mwateguriye  uwomunsi.

    Arikose  niba umwe mubo twasangira ibi byishimo  yatuvuyemo agapfa, nigute twakomeza gufatanya nawe kwizihiza umunsi we w’amavuko? Muri iyi nkuru twakwegeranirije ingero z’ ubutumwa wagenera umuntu wawe utakiriho nyamara ukaba ushaka kwizihiza  umunsi we w’amavuko.

    Bumwe muri ubwo butunwa  ni ubu bukurikira:

    Kuri mama wawe utakiriho

    1.Mama, nubwo udahari, ndashaka kukubwira ko nkigutekereza, by’umwihariko kuri uyumunsi wawe w’amavuko.

    2. Mama, urupfu rwawe rwamfungiraniye mugahinda no mububabare bwinshi. Gusa nishimiyeko rwatumye wigira mu ijuru. Ugire umunsi mwiza w’amavuko, Ndagukumbuye.

    3. Mpora nifuza gusubiza iminsi inyuma ngo nkosore amakosa nagukoreraga n’agahinda naguteye. Ndagukumbuye mama. Ugire umunsi mwiza w’amavuko.

    4. Uyumunsi nkoherereje amarira yanjye mukimbo cy’impano y’umunsi mukuru w’amavuko yawe.Nubwo wadukuwemo, ariko urwibutso rwawe ruduhora mumitima iteka.

    5 . Mama dukunda, turagukumbuye cyane. Uyumunsi turibuka ibyishimo twasangiraga kuminsi yawe y’amavuko ubwo warukiriho. Ugire umunsi w’amavuko mwiza mu ijuru.

    Kuri papa wawe utakiriho

    1. Papa nkunda, nubwo nakubuze ibyishimo wahaye ubuzima bwanjye bimpora kumutima. Kuri uyu munsi wawe w’amavuko, nkwifurije ibyishimo bidashira aho uri hose.

    2. Uyumunsi ni uwawe w’amavuko, nyamara tubabajwe nokuba utakiri kumwe natwe. Twagombaga kuguha impano nyinshi ariko turakubuze. Icyo dushoboye ni ukukwifuriza ibyishimo byinshi aho wagiye.

    3. Papa, nterwa ishema nokuba ari wowe wambyaye. Wanyigishije kwihanganira imibabaro nyuma uhita wigendera. Nanjye ndakora cyane ngo ntazagukoza isoni. Umunsi mwiza w’amavuko kandi ukomeze kuruhukira mumahoro.

    4. Papa, nkoherereje intashyo nyinshi zuzuye urukundo n’utu bizu (bisous/kisses) kuri uyu munsi wawe w’amavuko. Turagukunda kandi turagukumbuye.

    5. Papa, niwowe nkesha kuba uwondiwe ubu.Ubu mfite abantu benshi bankunda kubera indangagaciro nakwigiyeho.Nizeyeko umeze neza aho uri. Turagukunda kandi turagukumbuye. Ugire umunsi mwiza w’amavuko papa.

    Kuri sogokuru wawe utakiriho

    Akenshi, ababyeyi bacu bakuru (Nyogokuru/sogokuru) nibo bakunda kwitaba Imana mbere  mumuryango, ndetse ugasanga bagiye batamenyanye n’abuzukuru babo cyane kuko baba bakiri batoya cyane abandi bataravuka.

    Murwego rwo gukomeza kuzirikana ibihe byiza mwagiranye cyangwa mwakagombye kugirana iyo bahaba, reba amwe mumagambo meza wamubwira byumwihariko kumunsi we w’amavuko.

    1. Sogokuru nkunda, warakoze kundemamo ubugabo. Nibyo mumyaka turatandukanye ariko nyamara mumaraso turi bamwe. Kuri uyu munsi wawe w’amavuko, ngutuye agahinda ko kutakubona nk’impano. Ugire umunsi mwiza w’amavuko.

    2. Nyogokuru dukunda, ntibitworoheye guhimbaza umunsi wawe w’amavuko tutakubona, ariko kandi abagukomokaho twese tukwifurije amahoro aho uri hose.

    3. Nubwo tugukumbura buri munsi, agahinda karushijeho kutwica kuri uyumunsi wawe w’amavuko. Ntakindi tukwifuriza uretse amahoro aho uri tutabasha kugera. Ugire umunsi mwiza w’amavuko.

    4. Tuvuye gusura imva yawe kuri uyumunsi wawe w’amavuko. Turagukumbuye nkaho aribwo tukikubura.Hahirwa abamarayika mwibanira mu ijuru. Tukwifurije umunsi mwiza w’amavuko.

    5. Tukwifurije umunsi mwiza w’amavuko mu iijuru. Tugukumbura buri munsi, ntitwabona amagambo yo kubikubwira.Turagukunda

    The post Ubutumwa 15 wagenera abawe batakiriho kumunsi wabo w’amavuko. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/ubutumwa-15-wagenera-abawe-batakiriho-kumunsi-wabo-wamavuko/

  • Seek and Save Humanity Ministry (SSHM) Yongeye gutegura igiterane cy’abubatse ingo kizabera kuri murandasi (Internet) #rwanda #RwOT

    Ni igiterane gitegurwa n’iyi minisiteri ku bufatanye n’Agakiza.org, kizaba kuya 15, Kanama 2020 guhera Saa 15-17. Intego yacyo iragira iti “ Uruhare rw’ubudahemuka mugukomeza umubano w’abashakanye”aho muri iyu mwaka kizaba hifashijwe ikoranabuhanga kuri Murandasi( Internet), hagamijwe kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya korona virusi( Covid19).

    Ni igiterane gikunzwe na benshi by’umwihariko ababubatse ingo ukurikije umusaruro cyagiye gitanga mu myaka yatambutse. Nubwo byabaga byiza cyane kubonana imbonankubone kubakunzi b’iki giterane bagiye bakitabira, ariko nta kabuza ko abazagikurikiranira ku ikoranabuhanga bazungukiramo byinshi.

    Iki giterane kizitabirwa n’abigisha batandukanye basanzwe bazwiho ubunararibonye ku nyigisho z’umuryango barimo:Dr Canon Antoine Rutayisire, Pasiteri Hortense Mazimpaka, Pasiteri Senga Emmanuel n’abandi bashumba batandukanye.

    Pasiteri Desire Habyarimana uyobora Seek and Save Humanity Ministry (SSHM) n’Agakiza.org unamenyerewe mu kiganiro Ubutumwa bukiza gihita ku Agakiza TV ndetse no kuri Radiyo Umucyo (102.8) yagize ati” Kubera igihe cya Covid-19 tudashobora guteranira hamwe, tuzakoresha uburyo buri live kuri Channel yacu ya Youtube Agakiza TV, tuzakoresha Facebook, tuzakoresha Radio Umucyo 102.8, abadashobora kubikurikira ku buryo bw’ikoranabuhanga, bazifashisha radio. Tuzanakoresha Zoom aho tuzabamenyesha Code tuzakoresha”.

    Muri iki gihe umuryango wugarijwe n’amakimbirane cyane, atari mu miryango isanzwe gusa ahubwo n’iyagikristo. Ibi bikagaragazwa n’ubutane(divorce) bwazamutse cyane hagati y’abashakanye, ibintu bigaraza ko hakenewe inyigisho z’umuryango ku buryo buhoraho.

    Video yose wayisanga hano:

    [email protected]
    http://dlvr.it/RdcY4c

  • Burundi: Imyaka 16 irashize abantu 166 bo mu bwoko bw’Abanyamurenge biciwe mu Gatumba #rwanda #RwOT

    Hari ku itariki ya 13 ukwezi kwa Munani 2004, ubwo Abanyamulenge 166 bicirwaga mu nkambi ya Gatumba, hafi y’umurwa mukuru w’u Burundi. Umutwe wa FNL, w’inyeshyamba zonyine zari zisigaye zikirwana wemeye ko ariwo wishe abo bantu, ariko usobanura ko washakaga gutera ikigo cya gisirikatre kiri hafi aho.

    Nyuma y’iminsi itatu abantu bagera ku 2000, bitabiriye umuhango wo kubaherekeza. Barimo uwari Perezida Domisiyani Ndayizeye, na Visi Perezida wa Congo Azarias Ruberwa nawe ukomoka mu bwoko bw’Abanyamulenge.

    Ruberwa yaragize ati: “ Ku itariki ya 13 Kanama, abateye bahisemo kwica Abanyamulenge, Abatusti b’Abanyekongo bahungiye mu Burundi kuva mu kwezi kwa gatandatu, ntibagira icyo batwara abandi badahuje ubwoko kandi bari hamwe”.

    Prezida Domisiyani Ndayizeye, yavuze ko abakoze ayo mahano bari bagamije kubangamira amahoro no gusubiza igihungu mu ntambara. Mu muhango wo gushyingura, hari Abatutsi bigaragambije baririmba indirimbo zamagana jenoside n’Intumwa z’Umuryango w’Abibumbye mu Burundi.

    Abitabye Imana, n’ubwo buri wese yahawe isanduku ye, bahambwe mu mva rusange, basezerwaho n’abantu bashenguwe n’umubabaro. Bahambwe nyuma y’iminsi itatu bishwe. Ijwi rya amerika ritangaza ko byari biteganijwe ko abahashyinguwe by’agateganyo bategereje kuzasubizwa kuruhukira iwabo muri Congo.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com
    http://dlvr.it/RdcY7P